Abasirikare 78 bahoze mu mutwe w’inyeshyamba wa FDLR bagarutse mu Rwanda, bazanywe n’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umunryango w’Abibumbye muri Congo (MONUSCO), mu gikorwa cyayo cyo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ku rugerero.
Guhera ku manywa yo kuwa gatanu tariki 20/01/2012 abantu bongeye kumva Radio Salus ivugira ku mirongo yari isanzwe ikoreraho, ariyo 97.0 MHz FM mu majyepfo no ku 101.9 MHz mu mujyi wa Kigali.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, atangaza ko umuyobozi nyawe adashobora kugira umutekano igihe cyose umuturage ayobora adatekanye.
Abanyamadini basanga nabo ari uruhare rwabo rwo gukangurira abaturage zimwe muri gahunda za leta ziganisha ku iterambere, zirimo gufasha gusobanurira abaturage akamaro ko kwakira neza ababagana.
Ubwo hasozwaga ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Rulindo, tariki 20/01/2012, hagaragaye abaturage batarasobanukirwa na gahunda yo guhinga ibigori mu mwanya w’amasaka, ndetse n’ibihano bahabwa uwarenze uwarenze kuri ayo mabwiriza.
Abanyeshuri biga mu kigo cya College Karambi kiri mu murenge wa Kabagari wo mu karere ka Ruhango baratangaza ko kuba ikigo bigamo kitagira amazi bigira ingaruka ku buzima no ku myigire byabo.
Mu nama cyagiranye n’ishyirahamwe ry’abatwara abagenzi mu Rwanda, tariki 19/01/2012, ikigo ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) cyatangaje ko kigiye kumanura ibiciro by’ingendo.
Ubwo bibukaga abakozi ba BRALIRWA 36 bishwe n’abacengezi ku Gisenyi (Rubavu) tariki tariki 19/01/1998, abasigaye bo mu miryango y’izi nzirakarengane yibumbiye mu ishyirahamwe “Girimpuhwe” bashimiye BRALIRWA ukuntu ikomeje kubatera inkunga.
Abanyarwanda batahutse tariki 18/01/2012 i Rusizi bava muri Congo baravuga ko icyemezo gikuraho ubuhunzi ku Banyarwanda ntacyo cyari kibabwiye kuko n’ubundi ubuzima babagamo butari ubw’abantu bafite uburenganzira bw’impunzi.
Umuvugizi w’ingabo z’igihugu, Col. Joseph Nzabamwita, yatangaje ko guhagarikwa kw’abasirikare bakuru bane (4) bo mu ngabo z’igihugu n’icyo bakurikiranyweho ntaho bihuriye n’ibyavuzwe mu cyegeranyo cyasohowe n’umuryango w’abibumbye ku itariki 30 ukuboza 2011, cyavugaga ko u Rwanda na bimwe mu bihugu byo muri aka karere (…)
Nyuma yo gushyirwa mu majwi n’abaturage batishimiye imikorere ye, Niyonshuti Gilbert, umuyobozi w’akagari ka Kigasha mu murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo yirukanywe ku mirimoye kubera ruswa.
Ubwo umuyobozi w’intara y’amajyepfo, Alphonse Munyentwari, yasuraga abaturage bo mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza, tariki 18/01/2012, bamugaragarije ko batakivuza induru kubera inzara nk’uko mu myaka ishize byari bimeze muri ako gace.
Abanyarwanda 132 batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Tariki 18/01/2012, bakiriwe mu nkambi yakirirwamo impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi.
Gusoza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu ntara y’amajyaruguru byabereye mu mu murenge wa Kaniga wo mu karere ka Gicumbi maze umuyobozi w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, yasabye abayobozi kwegera abo bayobora.
Kuva tariki 17/01/2012, Lt. Gen. Fred Ibingira, Brig. Gen. Richard Rutatina, Brig. Gen. Wilson Gumisiriza na Col. Dan Munyuza bahagaritswe ku mirimo yabo by’agateganyo, maze bahita bafungirwa mu ngo zabo bazira imyitwarire mibi.
Minsitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Agnes Karibata, asanga abikorera bakwiye gushora imari yabo no mu bikorwa bifasha abahinzi kugurisha ibihingwa beza. Abitangaje mu gihe hirya no hino mu gihugu hari abacuruzi binubira ko batabona aho bagurisha umusaruro wabo.
Umugabo witwa Rudasingwa Gaspard utuye mu kagari ka Mbati mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi aremera ko yishe umugore we Nyiramana Beltilde. Hari hashize amezi arenga atandatu nta uzi aho uwo mugore aba.
Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama, ejo, yatangaje ko raporo y’umucamanza w’Umufaransa, Marc Trevidic, iganisha ku kurangiza ibirego bimaze imyaka itandatu biregwa aba ofisiye icyenda bakuru b’u Rwanda ku kuba bararashe indege ya Habyarimana.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yitabiriye irahira rya Perezida Ellen Johnson Sirleaf wa Liberiya ahagarariye Perezida Kagame.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Amakoperative mu Rwanda (RCA) cyatangiye umukwabu wo guca mu Rwanda amakoperative ya baringa agera ku 150.
Gatera Jean Bosco utuye mu kagali ka Nyabagendwa umurenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera arasaba indishyi ingana n’amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi 500 ku bantu bamuririye imbwa ebyiri zamurindiraga urwuri.
Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe imiturire ku isi (UN Habitat), Dr. Joan Clos, ashima uburyo u Rwanda rwita ku miturire ruteza imbere imijyi ifite isuku.
Abagabo batanu bari mu maboko ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bazira kwiba imbwa y’umuturanyi wabo maze bakayotsamo za mushikake (brochettes) bakaziha abaturage bababwira ko ari inyama z’ihene.
Nyuma yo kwivuguruza ku buhamya yatanze ku mucamanza w’Umufaransa, Jean Louis Bruguiere, muri 2008, hari amakuru mashya agaragaza ko ibintu byose Abdul Ruzibiza yavuze byari ibihuha ibindi ari ibihimbano. Ruzibiza yari agamije kwibonera Visa imugeza i Burayi.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, Anastase Murekezi, yavuze ko abarimu n’abasirikare bagiye kwitabwaho ku kibazo cy’imishahara ku buryo buri myaka itatu imishahara yabo izajya yongerwa bigendeye ku buryo bitwara ku kazi.
Mu gikorwa cy’amasengesho y’abayobozi bakuru cyabaye kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yasabye abantu kutaba intashima ahubwo bagashimira Imana ibyo yabahaye kuko mu gushima bivamo guhabwa. Avuga ko Imana itakorera umuntu buri cyose yifuza ahubwo ko imuha ibyangombwa byo gukora ibyo akeneye.
Minisitiri w’Urubyiruko, Nsengimana Philbert, arashimira Abagide uruhare bagira mu guteza imbere umunyarwandakazi bahereye ku bana bato.
Akarere ka Huye kiyemeje ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2011-2012 amafaranga azava mu misoro n’amahoro azaba angana na miliyoni 804, ibihumbi 263, n’amafaranga 625.
General Leodomir Mugaragu, umwe mu bayobozi bakuru bo mu mutwe wa FDLR umuryango mpuzamahanga ufata nk’umutwe w’iterabwoba, kuwa Gatanu ushize yishwe n’umwe mu ngabo yo mu mutwe wa Mai Mai nawo ukorera mu mashyamba ya Congo.
Nyirambonigaba Ancile, umupfakazi w’imyaka 36 n’abana be batanu barimo impanga ebyiri z’amezi atanu batuye mu mudugudu wa Gahenerezo wo mu murenge wa Huye wo ma karere ka Huye, bamaze amezi abiri bibera mu kiraro cy’ingurube.