Imfurayase Patience, umukobwa uzwi cyane muri showbiz nyarwanda, yashatse gutwika inzu y’iwabo harimo ababyeyi be n’abavandimwe be ariko polisi irahagoboka.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu mu muryango w’abibumbye, Susan Rice, yatangaje ko igihugu cye cyatabaye muri Libiya kubera kwanga kongera gukora ikosa ryo kudatabara igihugu cye cyakoze ubwo mu Rwanda habaga Jenoside.
Ushinzwe ibikorwa mu ishami ry’umuryango wabibumbye ryita ku bana (UNICEF), Nicholas Alipui, ejo yatangaje ko yatunguwe n’intambwe u Rwanda rumaze gutera mu gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina. Alipui yabitangaje ejo ubwo yasuraga ikigo Isange One Stop Center gukorera ku Kacyicu mu mujyi wa Kigali.
Umuryango w’umugabo witwa Elissa Uwitonze wategetswe gutaburira umurambo kugirango ujyanywe kwa muganga hamenyekane icyamwishe. Ejo nibwo ibitaro bya Nyanza byemereye umuryango we gusubirana umurambo.
Olive Dusingizimana yitabye Imana azize inkuba yamukubanye n’abavandimwe be batatu ejo mu ma saa munani z’amanywa mu mudugudu wa Batura, akagari ka Karenge, umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi.
Abagabo 3 barengwa kunyereza amafaranga miliyoni zisaga 31 z’ibitaro bya Kibuye bemerewe kubonana n’abashinzwe ibaruramutungo (audit) mbere y’uko urukiko rukomeza urubanza.
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yatangaje ko ejo ambasaderi w’icyo gihugu muri UN, Susan Rice, yageze mu Rwanda mu ruzinduko w’iminsi ine.
Umuyobozi wa komine ya Dieulefit mu Bufaransa, madamu Christine Prietto, aratangaza ko kuba igihugu cye cyaratije umurindi abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenocide yakorewe abatutsi mu 1994 byaribikwiye kubera isomo amahanga.
Ubwo yakoraga ikiganiro n’abanyamakuru ku nshuro ya mbere, umuyobozi w’akarere ka Muhanga yatangaje ko kuba atajyaga akorana ikiganiro n’abanyamakuru atari ukwimana amakuru ahubwo ko ari igihe cyari kitaragera.
Umujyanama muri minisiteri y’ubutabera, Jacqueline Musiitwa, ni umwe muri batatu babonye igihembo cya Foundation Mo Ibrahim. Yabonye iki gihembo kubera uruhare yagize mu guteza imbere ubucuruzi, imiyoborere ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta.
Abayobozi b’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (ORINFOR) bitabye banatanga ibisobanuro imbere y’akanama k’inteko ishingamategeko kagenzura imikoreshereze y’imari mu bigo bya Leta.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abantu n’ibintu (ONATRACOM) cyemereye imbere ya komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’amafranga ya Leta ko cyagize igihombo cya miliyari zigera kuri enye biturutse ku micungire mibi yakozwe n’ubuyobozi bwaranjirije uburiho.
Umutwe w’ingabo z’Umuryango w’abibumbye ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) watangaje ko inyeshyamba za Mai- Mai zaraye zivuganye Colonel Jean Marie Vianney Kanzeguhera wari uzwi cyane ku izina rya Sadiki, wari umuyobozi w’umutwe wa FDLR mu ntara ya Kivu.
U Rwanda ruzitabi inama iziga ku bibazo bigaragara mu gutwara abantu n’ibintu muri Afurika izabera muri Angola kuva tariki 24-25 ugushyingo.
Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Congo Brazzaville, Denis Sassou N’guesso, yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu mbere aho yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame.
Kuva ejo mu Rwanda hari kubera inama y’iminsi 2 ihuje impuguke mu butwererane za Congo Brazzaville hamwe n’iz’u Rwanda. Inama igamije kureba uko ibi bihugu bitsura umubano mu by’ubwikorezi bw’indege, umuco, ubumenyi n’ikoranabuhanga.
Polisi y’igihugu iratangaza ko Nzabakirana Gratien (uwishe Siraguma Désiré) ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kagano.
Siraguma Désirè, umucuruzi mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, yaraye yishwe atemaguwe. Abavandimwe ba Siraguma bavuga ko yishwe na Nzabakirana Gratien amuziza ko yanze kumukopa inzoga.
Bamwe mu baturage batuye akagali k’Akaziba ho mu murenge wa Karembo akarere ka Ngoma tariki ya 17/11/2011 biriwe bifungiranye mu mazu bihisha abayobozi baka kagali ubwo bari mu gikorwa cyo kwishyuza umusanzu wo kubaka ibiro by’akagari.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kibuye hamwe n’ushinzwe ibaruramari (comptable) w’ibyo bitaro bari mu maboko ya polisi kuva tariki ya 17/11/201.
Perezida Paul Kagame arasaba ibihugu biri mu nzira y’amajyambere gushyira ingufu mu miyoborere myiza no gushyira ku murongo ibigo byabyo mu rwego rwo gushyiraho amahame abifasha kugera ku iterambere rirambye kandi ryubahiriza ibidukikije.
Kuva tariki ya 16 kugeza 18 ugushyingo, abasenateri n’abakozi bakuru ba Sena bari mu mwiherero i Rubavu aho barebeye hamwe inshingano za sena n’uko zizubahirizwa.
Imiryango iharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatusti mu Rwanda mu 1994 yibumbiye muri Ibuka ikomeje kunega umuryango Lantos Foundation kubera igihembo yahaye Rusebagina.
Umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Huye, Kayitesi Angelique, yatangaje ko guhera mu gihembwe cya kabiri cy’imihigo akarere ka Huye kazinjiza gahunda z’imiryango itegamiye kuri Leta mu mihigo yako.
Nyuma yaho u Rwanda rutorewe kuyobora umuryango w’akarere k’Afrika y’uburasirazuba ushinzwe kurwanya intwaro ntoya zikoreshwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko (RESCA: Regional Centre on Small Arms and Light Weapons), kuri uyu wa 4 tariki ya 17 ugushyingo 2011 nibwo u Rwanda rwakiriye ibinera n’ibiranganego by’uyu muryango (…)
Ihuriro ry’urubyiruko rw’abakirisitu ribera mu Rwanda buri mwaka riteganya ko buri wese mu baryitabiriye acumbikirwa n’umuryango w’abakirisitu bataziranye. Uru rubyiruko ruragaragaza isura nshya y’imibanire ishoboka hagati y’abakomoka muri ibyo bihugu.
Usibye kugera ikirenge mu cya Aissa Kirabo Kacyira asimbuye ku buyobozi bw’iyi ntara, guverineri mushya w’intara y’iburasirazuba, Uwamariya Odette, ngo yiteguye gukora cyane kugira ngo iyi ntara iyiteze imbere kurusha aho ayisanze.
Abagize umutwe wa Sena batangiye umweherero w’iminsi itatu mu karere ka Rubavu. Umwiherero watangiye uyu munsi ugamije kubahuza bakiga ku ngamba zatuma bagira akarusho mu kazi bakora.
Nyuma y’iminsi itatu umuyobozi w’ikigo cy’itangazamakuru gikorera mu Rwanda “The New Times Publications” ari mu maboko ya Polisi, yaraye arekuwe ubu akaba yasubiye mu kazi ke.
Kuva ku cyumweru tariki 13/11/2011 umuyobozi mukuru w’ikigo cy’itangazamakuru gikorera mu Rwanda “New Times Publications”, Joseph Bideri, ari mu maboko ya polisi. Kugeza na n’ubu hakaba hataramenyekana icyo azira.