Abanyekongo b’Abatutsi bahungiye mu Rwanda bari mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi barasaba umuryango mpuzamahanga gukora ibishoboka byose abababiciye abavandimwe n’inshuti bagashyikirizwa ubutabera.
Itsinda ry’abayobozi b’Akarere ka Gicumbi ryagiriye uruzinduko rw’umunsi umwe mu karere ka Kabare ko mu gihugu cya Uganda mu rwego rwo kwiga uburyo bwo kunoza umutekano w’uturere twombi.
Impunzi z’abanyarwanda 272 zabaga muri Kongo-Kinshasa zatahutse mu Rwanda ku bushake tariki 25/05/2012. Gutahuka zabifashijwemo na Komisiyo yo Gucyura Impunzi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (CNR) ifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe Impunzi (UNHCR).
Abapolisi bakuru 40 baturuka mu Rwanda, u Burundi, Sudani y’Amajyepfo no muri Somalia bashoje amahugurwa yo kubongerera ubumenyi bwo guhangana n’ibibazo bitandukanye bigaragara mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.
Imvura nyinshi imaze amezi abiri igwa mu karere ka Gakenke yahitanye abantu batatu bagwiriwe n’amazu n’inkangu ndetse n’amazu agera kuri 225 arasenyuka.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko mu gihe kitageze ku kwezi amabwiriza agenga ubumenyingiro mu Rwanda azaba yemejwe kugira ngo abiga imyuga n’abayikora bahabwe agaciro.
Amatara mashya arimo gushyirwa ku mihanda yo mu mujyi wa Butare yibasiwe n’abajura bari kwiba bimwe mu byuma biyagize bakajya kubicuramo ibindi bikoresho bitandukanye bagurisha mu isoko; nk’uko bitangazwa n’abashinzwe gukora ayo matara.
Abatuye imirenge ya Kinigi na Nyange mu karere ka Musanze ituriye umwuzi wa Rwebeya barasabwa gufata neza Gabiyo (Gabions) zubatse muri uwo mugezi, zigabanya umuvuduko w’amazi awumanukamo aturuka ku kirunga cya Sabyinyo mu gihe cy’imvura.
Simba Gold Corp, sosiyete ikora ishoramari mu gucukura amabuye y’agaciro, yatangaje ko izatangira gucukura zahabu mu Rwanda muri Kamena uyu mwaka mu mushinga yise Miyove Gold Project mu karere ka Gicumbi.
Impunzi z’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda ziri hirya no hino mu Rwanda no mu Burundi, tariki 25/05/2012, zizibuka ku nshuro ya cyenda ubwicanyi bwakorewe Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda mu karere k’ibiyaga bigari.
Ubuke bw’abakozi mu mirenge igize Intara y’Amajyepfo ni kimwe mu bitera imikorere mibi w’iyi ntara; nk’uko bitangazwa na Guverineri, Alphonse Munyantwali.
Umuyobozi w’Intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, arahamagarira abaturage n’abayobozi muri iyo Ntara kongera umuvuduko mu bikorwa by’iterambere, bakarenza kwihuta basanganywe, ndetse aho bishoboka abantu bakavuduka bakirukanka.
Gakumba Didas wo mu mudugudu wa Nyarwahi, akagari ka Nyarurama, umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi nyuma y’imyaka ingera kuri itandatu kwihishe inkiko Gacaca.
Biteganyijwe ko Perezida Paul Kagame ari bugeze ijambo ku bakuru b’ibihugu n’izindi nzobere ziteraniye mu nama igamije kwiga ku iterambere rirambye muri Afurika ibera muri Botswana tariki 24-25/05/2012.
Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu karere ka Rubavu (CNJ Rubavu) iratangaza ko yishimiye ibyo yagezeho 2011-2012 kubera inkunga yahawe n’uburyo Leta y’u Rwanda ibazirikana muri gahunda zayo zose.
Minisitiri w’Intebe wungirije w’Ubushinwa, Hui Liangyu, yagiranye ikiganiro na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa gatatu tariki 23/05/2012.
Aba Ingénieurs bari bashinzwe gukurikirana imirimo y’ubwubatsi bw’ibigega bya biogaz mu mashuri yisumbuye mu rwego rwa stage itangwa na RDB barashinja EWSA kubashyiraho amananiza igamije kwanga kubishyura amafaranga ya stage bagomba kwishyurwa.
Sett Manfred, umudage wo mu muryango wa Dr Richard Kandt utuye mu kagari ka Shangi, umurenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke ararega abaturage baturanye kumurengera ariko abo baturage nabo bamurega kuba ariwe wabarengereye.
Nzabirinda Boniface ari mu maboko ya polisi aregwa icyaha cy’ubwambuzi bushukana, nyuma yo kubeshya ko ari umukozi wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) agasaba Hakizimana Aimable amafaranga ibihumbi 200 kugira ngo azamufungurize se ufunze.
Abana b’imfubyi za Jenoside zitujwe mu mudugudu w’Amizero wo mu kagari k’Urugero, umurenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera barasaba ubutabazi bwihuse kuko amazu barimo yatangiye gusenyuka kandi bakaba nta bushobozi bafite bwo kuyasana.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge burakangurira Abanyarwanda kwirinda kwegera cyangwa kwambuka umugezi wa Nyabarongo mu gihe amazi yayo yiyongereye. Muri uku kwezi kwa Gicurasi, hamaze gutoragurwa imirambo y’abantu itanu muri uwo mugezi.
Abacuruza ibiyobyabenge bahawe amezi atandatu yo kuba baretse ubwo bucuruzi bufatwa nk’icyaha gihanwa n’amategeko mu Rwanda, kuko nyuma yaho bazahanywa bikomeye.
Abasirikare bari mu rwego rw’aba-officiers bagera kuri 36 baturutse mu bihugu byo muri Afurika y’Uburasirazuba, Malawi na Australia bari guhabwa amasomo ku kuba indorerezi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi by’umuryango w’abibumbye (UN).
Biteganyijwe ko mu muganda w’ukwezi uzaba tariki 26/05/2012, Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame azifatanya n’Abanyagatsibo mu gutangiza igikorwa cyo kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Kuri uwo munsi, mu Rwanda hose hazatangira gahunda yo gushishikariza abaturage guhagarika gukoresha ibiyobyabwenge.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, asanga abayobozi Umuryango w’Abibumbye (UN) wohereza mu butumwa butandukanye ku isi bakwiye kuba ijwi ry’abaturage basanze kandi bakongererwa ubumenyi mu miyoborere.
Abasirikari bakuru 25 bahuriye i Kigali mu mahugurwa agamije kubongerera ubumenyi mu kubungabunga amahoro ku isi. Ayo mahugurwa yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012 yateguwe n’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kubungabunga amahoro ku isi.
Nyuma yo gukwirakwiza amashanyarazi mu mirenge igize akarere ka Ngoma harimo n’ibyaro, hari abantu babeshya abaturage ko batumwe n’ikigo gishinzwe gutanga amazi, umuriro w’amashanyarazi ,isuku n’isukura (EWSA) ngo bakore amashanyarazi maze bakabaca amafaranga.
Urugaga rw’abagore baharanira amahoro mu Rwanda bifatanyaje n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umuryango hagamijwe gushishikariza Abanyarwanda gutekereza ku buringanire mu muryango kuko amahoro y’umuryango ava mu bufatanye bw’abawugize kandi bikagira uruhare mu iterambere ryawo.
Abagize umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 biga mu ishuli ryisumbiye rya Nyanza mu karere ka Nyanza basanye inzu y’umukecuru ushaje cyane Nyirantashya kuri uyu wa gatandatu tariki 19/05/2012.
Umuntu umwe yitabye Imana n’amazu agera 127 arangirika mu karere ka Ruhango kubera ikibazo cy’ibiza kimaze iminsi kibasiye udece dutandukanye tw’igihugu; nk’ko bitangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango.