Mu gihe u Rwanda rwitegura inama mpuzamahanga ibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwingenge,Umuyobozi w’ikigo gishinzwe imiyoborere (RGB), Prof. Anastase Shyaka avuga ko u Rwanda rufite isomo ku miyoborere myiza na Demokarasi ruzasangiza abashyitsi bazarusura.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye irasabira ibihano abantu 14 bagira uruhare mu guhungabanya umutekano muri Congo harimo abayoboke ba FDLR umunani. Bashinjwa ubusahuzi bw’amabuye y’agaciro no gukora ibikorwa byo guhohotera abaturage.
Mu kwitegura isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge, impugucye muri politiki, abarimu muri kaminuza n’abandi bafite amateka akomeye, tariki 30/06/2012, bazitabira inama izabera mu nzu y’inteko Nshinga amategeko yiga ku iterambere ry’u Rwanda na Afurika muri rusange.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, avuga ko ubutumwa bwiza bwamamaye buvuye i Gahini mu karere ka Kayonza bwabaye imbuto nziza ku mibanire y’Abanyarwanda n’Abanya-Uganda.
Jim Clancy, umwe mu banyamakuru babonye ibihembo byinshi kubera gutara amakuru aho bikomeye nko mu bihe by’intambara na Jenoside, atangaza ko mu kazi yakoze n’ahantu henshi yakoreye Jenoside yo mu Rwanda iri mu byamushavuje.
Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro bajya gusiba amazima y’Abatutsi baroshywe mu mugezi wa Nyabarongo mu gihe cya Jenoside. Ayo mazina yari yanditse ku rwibutso ruri ku mugezi wa Nyabarongo mu murenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye kuri Congo yashyizwe ahagaragara nta ruhare rw’u Rwanda igaragaza mu ntambara ibera muri icyo gihugu, nubwo hari hashize iminsi ibitangazamakuru bivuga ko u Rwanda rushobora kuba rufasha abarwanyi ba M23.
Abakozi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda, tariki 23/06/2012, basuye abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Bisesero babagezaho inkunga y’inka 4 n’amafaranga ibihumbi 300 byo kurihira abantu 100 ubwisungane mu buvuzi.
Amakuru mashya aravuga ko umuyobozi wa FDLR, Straton Musoni, yakoreshaga telefoni yo mu biro bya Minisitiri w’Ubutabera w’igihugu cy’u Budage, mu kuyobora ibikorwa by’inyeshyamba za FDLR, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Umuyobozi w’karere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias, arasaba ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere (JADF) gukora ibikorwa bifatika cyane cyane ibihundura imibereho y’abaturage, kuko akarere ka Gakenke kari mu turere 10 twa nyuma mu gihugu mu kugira abaturage bakennye.
Abayobozi b’inzego z’ibanze barakangurirwa kugira imikoranire myiza n’itangazamakuru n’imwe mu nzira yafasha abayobozi gukemura ibibazo no gukosora amwe mu makosa arebana n’ubuyobozi n’abaturage.
U Rwanda, u Burundi na Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bigiye gufatanya kubaka urugomero rw’amashyanyarazi rushya rwa Rusizi ya Gatatu binavugurure izari zisanzweho, arizo Rusizi ya Mbere n’iya Kabiri.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko butazagabanya ibiciro by’imva mu irimbi rya Rusororo kubera ko gushyingura mu buryo bwa kijyambere bihenda kuko byangiza ibidukikije; kandi ko i Rusororo atariho honyine hashyingurwa.
Kubera itandukaniro rinini rishingiye ku bukire hagati y’abatuye Kigali, Ministiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yasabye ubuyobozi bw’umujyi gukuraho icyo cyuho, hibandwa ku gutanga iby’ibanze biranga umujyi ku batuye icyaro.
Nyuma yo kumurika uko ingengo y’imari y’umwaka ushize yakoreshejwe, tariki 20/06/2012, abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu bemeje ingengo y’imari y’umwaka 2012/2013 ingana na miliyari 11, miliyoni 675, ibihumbi 880 n’amafaranga 787.
Kuri uyu wa kane tariki 21/06/2012, umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana yatangaije ku mugaragaro imurikabikorwa ry’ibikorwa binyuranye by’iterambere n’imibereho myiza bikorerwa muri ako karere.
Inzu ya Kankindi Constance w’imyaka 77 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Butansinda, akagali ka Butansinda, akarere ka Nyanza yatwitswe n’abagizi ba nabi bimwe mu byo atunze bihinduka umuyonga ubwo yari yagiye gutera intabire y’imyumbati.
U Rwanda rukomeje gahunda yo kwiyamamariza kuzahagararira umugabane wa Afurika mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano ku Isi, mu matora azaba mu Ukwakira 2012.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Louise Mushikiwabo, aremeza ko Leta Congo nta bushake ifite bwo kurangiza ibibazo ifite, akanihanangiriza iki gihugu gukomeza guhohotera Abanyarwanda, nk’uko baherutse kubikorera abagera kuri 11.
Prof. Esron Munyanziza, umwarimu wa kaminuza nkuru y’u Rwanda wa azize urupfu rutaramenyekana yashyinguwe tariki 20/06/2012 mu irimbi ry’i Ngoma mu karere ka Huye.
Abagore bitandukanyije n’abacengezi mu gihugu cya Congo bagatahuka mu Rwanda, barahamya ko ububi n’ingaruka z’amacakubiri babibonye ku buryo nta muntu wakongera kubameneramo ahembera amacakubiri.
Vianney Maniraguha w’imyaka 19 yatawe muri yombi kuwa kabiri tariki 19/06/2012 azira gutera icyuma mugenzi webakorana muri resitora witwa Elisa Habimana mu karere ka Nyarugenge.
Abasore 11 baturutse muri Kongo bageze ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo i Rubavu tariki 20/06/2012 bavuga ko bafashwe bugwate n’abasirikare ba Kongo mu gihe cy’ukwezi bakubitwa, batwikwa umubiri batanarya.
Nyuma y’inkuru y’umugabo wihakanye umwana yabyaye kubera ko yavutse ari Nyamweru, Kigali Today yegereye banyamweru hirya no hino mu gihugu berekana ko nabo ari bantu nk’abandi. Bavuga ko uretse uruhu rutandukanye, ntacyo abandi bantu babarusha kuko bashobora gukora imirimo bakora.
Guhera mu kwezi kwa 07/2012 ibiciro by’umuriro w’amashanyarazi birahinduka, aho mu ngo zisanzwe igiciro kizava ku mafaranga y’amanyarwanda 112 kuri Kilowati kikagera ku 134, hakiyongeraho umusoro kikagera ku 156, nk’uko ubuyobozi bw’ Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imirimo ifitiye igihugu Akamaro (RURA) byabitangaje.
Abanyamabanga nshingwabikorwa n’abacungamutungo b’imirenge yo mu Ntara y’Amajyepfo bagenewe amahugurwa yo kubategura ku gucunga ingengo y’imari kubera ko guhera muri Nyakanga 2012 imirenge izagenerwa ingengo y’imari iruta iyo yari isanzwe ihabwa.
Ubuyobozi bw’akakarere ka Muhanga bwemereye urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura uko imihigo ishyirwa mu bikorwa ko hari aho bwagize intege cyane cyane mu iyubakwa ry’imihanda yo mu mujyi.
Nyuma y’iminsi icumi impunzi zikomoka muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo zitangiye kwimurirwa mu nkambi ya Kigeme, izisaga 2040 nizo zimaze kugera muri nkambi kandi zitaweho neza; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’iyi nkambi.
Kwitonda Albert ukora umwuga w’ubushoferi yakubiswe n’umunyamabanganshingwa bikorwa w’akagari ka Gishweru, umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango tariki 18/06/2012, bituma ajya kwivuza.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda arasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari twose two mu Rwanda gufata iya mbere mu gushyira mu bikorwa imihigo biyemeje.