Umusore witwa Manirakiza Emmanuel yapfuye azize pisine yo kuri Hotel Lapalisse i Nyandungu mu mujyi wa Kigali, ubwo yarohagamamo arimo koga, ku cyumweru tariki 15/07/2012.
U Rwanda rwanze kwakira abarwanyi 29 bo mu mutwe M23 bari bazanye n’abarwanyi barindwi bahoze muri FDLR baje baherekejwe n’ingabo z’umuryango w’abibumbye zishinzwe amahoro muri Congo (MONUSCO) hamwe n’itangazamakuru ryo muri Congo.
Umuyobozi w’ihuriro ry’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda yasabye urubyiruko rwarangije amahugurwa y’icyiciro cya gatanu kuri politiki n’imiyoborere myiza kuzavamo abayobozi beza b’ejo hazaza bubaka kandi baharanira guteza imbere igihugu cyabo n’Abanyarwanda muri rusange.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, bageze Addis Ababa muri Ethiopia mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 15/07/2012 aho bitabiriye inama rusange ya 19 y’umuryango w’Afurika yunze ubumwe (AU).
Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep Toyota Rav 4 yavaga i Kigali yerekeza i Karongi yataye umuhanda mu ikorosi ry’ahitwa mu Rugabano yiryamira mu mugende tariki 14/07/2012 saa 17h30 maze kuyikuramo bimara iminota 20 izindi zitabasha gutambuka.
Bamwe mu bagore bakora imirimo ya Leta ndetse n’ababavugira mu karere ka Muhanga barasaba ko uburenganzi bw’umugore wabyaye bwajya bwubahirizwa akajya abona ikiruhuko gito cyo konsa umwana.
Hakizimana Felicien w’imyaka 26 yagwiriwe n’igiti cyo kumanikaho insinga z’amashanyarazi ahita apfa kuwa gatandatu tariki 14/07/2012, ahagana mu masaa tanu za mugitondo.
Mu murenge wa Mururu ho mu karere ka Rusizi barishimira ibyo bagezeho birimo kubaka amashuri, korozanya, guhuza ubutaka, isuku n’ibindi; byatumye uva ku mwaka wa 17 mu mirenge 18 igize aka karere, ukagera ku mwanya wa gatatu.
Akagali ka Nyanza niko kegukanye umwanya wa mbere mu gikorwa cyo kwesa imihigo y’umwaka wa 2011-2012 ku rwego rw’umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, mu muhango wabaye tariki 13/07/2012, ugamije kumurikira abaturage ibyagezweho ku bufatanye bwabo n’ubuyobozi.
Abana n’ababyeyi barerera ku ishuri ribanza ryo ku Muhima, mu mujyi wa Kigali, bavuga ko batewe ubwoba n’amadayimoni ari misarani y’icyo kigo, yiyereka abana akabarigisa cyangwa akabagirira nabi, iyo bagiye mu bwiherero. Ariko ubuyobozi bw’icyo kigo bukabihakana bwivuye inyuma.
Umugabo witwa Bikorimana Fabien aratangaza ko yaburiye irengero irengero umugore we, nyuma y’uko baherukanaga mu gitondo cyo kuwa Kane tariki 12/07/2012, umunsi atangaza ko yamuburiyeho.
Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, atangaza ko gahunda ya Leta yo guha urubuga abikorera mu gushora imari mu ikoranabuhanga, biri mu bizafasha u Rwanda kugira iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga.
Umuzamu w’ikigo cy’ishuri ryisumbuye Indangaburezi, Vedaste Gakumba, yakubiswe n’abanyeshuri batatu yari yangiye gusohoka mu ikigo kuko nta mpushya bari babifitite, bimuviramo kujyanwa kwa muganga.
Abagore bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera bibumbiye mu ishyirahamwe “Abaharanira Amahoro” biyemeje gukangurira abantu batandukanye igikorwa cy’ubumwe n’ubwiyunge kugira ngo nabo babashe kwishyira hamwe biteza imbere.
Imodoka ya taxi minibus itwara abagenzi yagonganye na FUSO mu murenge wa Nyakiriba, mu karere ka Rubavu mu ma saa tanu za mu gitondo tariki 13/07/2012 abantu batanu bahita bitaba Imana abandi 14 barakomereka.
Hari uturere twaranzwe no guhiga imihigo idafatika mu gihe utundi twananiwe gukora iganamigambi rihamye; nk’uko bigaragara muri raporo y’abari bashinzwe gukora igenzura ku mihigo mu turere.
Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu bihugu bigize akarere k’ibiyaga bigari basinye amasezerano yo gushyiraho ingabo zo guhashya imitwe yitwaza intwaro ihungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Congo.
Mu nama yiga ku ikoreshwa ry’umutungo kamere n’ibiribwa ku isi, Perezida Kagame yatangaje ko hacyeneye ubufatanye bw’abashoramari mu kuzamura ibihugu bikiri mu nzira y’iterambere mu gukoresha neza umutungo kamere n’ubuhinzi kugira ngo abaturage bashobore kugira imibereho myiza.
Akagari ka Mucyimba ni ko kaje ku isonga mu imurikabikorwa ry’umwaka 2011-2012 ry’utugari icyenda rugize umurenge wa Rugabano, akarere ka Karongi. Uwo muhango wo kumurika ibikorwa by’umurenge (open day) wabaye tariki 12/07/2012.
Sena y’u Rwanda yemeye umushinga w’itegeko rishyiraho ibigenerwa abanyapolitiki birimo amafaranga yo kwakira abashyitsi, koroherezwa mu ngendo ndetse no kubona amacumbi kuri bamwe; byiyongera ku mishahara bahabwa izazamuka guhera muri uku kwezi kwa Nyakanga.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Gatsibo hamwe n’izindi nzego zifite ibyo zikora muri ako karere ziramurikira abaturage ibyo zibagezaho mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa uburyo bagera kubyo bifuza mu iterambere n’imibereho myiza.
Abaturage batuye umurenge wa Butare mu karere ka Rusizi barasaba inzego zibishinzwe ko zabakura mu bwigunge baterwa no kutumva radiyo cyangwa ngo barebe television dore ko nta muriro w’amashanyarazi bagira.
Perezida Paul Kagame ari mu bitabiriye inama yari igamije kuganira uburyo abagore n’abakobwa miliyoni 120 bo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bagerwaho na gahunda zo kuboneza urubyaro.
Tariki 11/07/2012 abagize komite nyobozi y’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyanza bakoranye inama yo kunoza imyiteguro y’imyaka 25 uwo umuryango umaze ushinzwe.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda urakangurira abagore n’abakobwa kumenya uburenganzira n’inshingano zabo mu rwego rwo gukumira ingaruka ziba ku buzima bwabo n’abana babo.
Umubare w’ababyeyi bakoresha uburyo bwo kubineza urubyaro bugezweho wavuye kuri ugera ku 10% muri 2005 bigera kuri 45% muri 2012. Kimwe mu bimenyetso cy’igabanuka ry’ubwiyongere bukabije mu Rwanda, mu gihe isi ihangayikishijwe n’ubwiyongere bukabije bw’abayituye.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu mu Rwanda yageneye Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha (Community Policing Commitees) zo mu Ntara zose n’umujyi wa Kigali, telefone igendanwa mu rwego rwo kujya zitanga amakuru vuba kandi mbere y’uko icyaba kiba.
Kuri uyu munsi isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga w’abayituye, Umujyi wa Kigali wasabye abawutuye kubyara bake, gukoresha neza umutungo kamere w’ubutaka ndetse no kurengera ibidukikije.
Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yemeje ko guhera tariki 18/07/2012 imirenge yose igize akarere ka Rubavu izaba ifite abanyamabanga nshingwabikorwa bashya; nk’uko umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Sheikh Bahame Hassan, yabitangaje.
Abitandukanyije n’inyeshyamba zo mu mashyamba ya Kongo bagera kuri 309 bari bari mu ngando mu kigo cya Mutobo, mu karere ka Musanze basubijwe mu buzima busanzwe kugira ngo bakomeze bakorere u Rwanda mu buryo butandukanye.