Bamwe mu bitandukanyije n’umutwe w’inyeshyamba za FDLR bari mu kigo cya Mutobo mu karere ka Musanze barashishikariza izindi nyeshyamba zo muri uwo mutwe zasigaye mu mashyamba ya Kongo gutaha kuko mu Rwanda hari umudendezo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba abubaka urugomero rwa Musarara ruri mu karere ka Gakenke kwihutisha imirimo ku buryo mu mezi abiri yaba yarangiye kugira ngo abaturage babone umuriro w’amashanyarazi Leta yabasezeranyije.
Abagabo bane bafungiye kuri Sitasiyo ya polisi ya Kirehe kuva tariki 11/06/2012 nyuma yo gufatanwa urumogi bavuga ko bari bagiye kurugurisha kugira ngo bikenure dore ko banavuga ko barubonamo agafaranga gatubutse.
Umunyarwandakazi witwa Clarisse Iribagiza azaba ari muri Amerika kuva tariki 13-30/06/2012 mu nama izahuza urubyiruko rukiri ruto rwagaragaje ubuhanga mu bijyanye no kwihangira imirimo, umubano no kwiteza imbere ku mugabane wa Afurika.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, aratangaza ko raporo zishinja u Rwanda guhungabanya uburenganzira bwa muntu nta kuri zifite. Ngo iyo izo raporo ziba zifite ukuri Abanyarwanda bari kuba baratsinzwe.
Abantu benshi batuye n’abaturutse hirya no hino mu gihugu bafite ibibazo by’uburwayi, bahitamo kurindira icyumweru cya mbere cya buri kwezi kugira ngo bagane ahitwa mu rugo kwa Yezu Nyirimpuhwe basengerwe, mu karere ka Ruhango, kuruta uko bagana kwa muganga.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, aratangaza ko ibihugu bikoresha ibiyobyabwenge ari ibifite abaturage bihebye, mu gihe mu Rwanda ntabihebye ahubwo bafite icyerekezo gisobanutse mu bukungu n’imibereho myiza.
Uhagarariye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) mu Rwanda, Neimah Warsame, arashima Leta y’u Rwanda kuba iri gushyira imbaraga nyinshi mu kubaka inkambi ya Kigeme yatangiye kwakira impunzi zihunga imirwano iri kubera muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Club Sports de Mille Collines irasaba urubyiruko kugera ikirenge mu cy’Abasesero kuko isanga Abasesero bafite amateka akomeye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.
Amazu 80 Croix Rouge yubakiye Abanyarwanda batahutse bava muri Tanzaniya n’abandi batishoboye yatashywe tariki 09/06/2012 mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe.
Impunzi zikomoka muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo zigera ku 141 zari zisanzwe zicumbikiwe mu Nkamira mu karere ka Rubavu zageze mu nkambi ya Kigeme iri mu karere ka Nyamagabe aho zigiye kuba mu gihe cy’ubuhungiro bwazo cyose.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma, Musoni Portais, aratangaza ko Abanyarwanda babishatse polisi yahagarika ibikorwa byo gutanga amapingu ku banyabyaha igatanga ibikorwa by’amajyambere birimo gutanga inka, inzitiramibi no kubakira abatishoboye.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Leta y’ u Rwanda, Louise Mushikiwabo, aranenga kubangama k’umuvugizi wa Leta ya Congo wahaye agaciro ibinyoma by’abashinja u Rwanda ko rushyigikiye abarwanya Leta ya Congo.
Komisiyo y’igihugu y’ubutaka iratangaza ko hari bamwe mu Banyarwanda bamaze gufatwa bigana ibyangombwa by’ubutaka bashaka kwiba amafaranga y’amabanki.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwamurikiye inteko rusange ibikorwa birimo kugerwaho bigamije ahanini imiturire ijyanye n’igihe, kubaka ibikorwaremezo hamwe no gukoresha ikoranabuhanga; mu rwego rwo gutanga servise nziza.
Impunzi z’Abanyekongo zihunga imirwano iri mu Burasirazuba bwa Congo zari mu nkambi ya Nkamira, zigiye kwimurirwa mu ya Kigeme mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza asaba ko nta mpunzi ziba hafi y’umupaka.
Ubutaka bw’impfubyi za Jenoside Leta yubakiyemo abatishoboye nyuma y’i 1994, ubwo bamwe muri abo bana bari bataramenya ubwenge, bukomeje guteza ikibazo kuko abenshi aho bakuriye batangiye gusaba ko imitungo yabo igaruza.
Akarere ka Huye kabimburiye uturere dutanu twatsinze amarushanwa yateguwe Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA) mu kugaragaza umwihariko no guhanga udushya, kubera abaturage biyubakiye santeri y’ubucuruzi yabafashije kubona aho bakorera.
Abasirikare bakuru (officiers) 36 baturutse mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, Malawi na Australia bashoje amasomo bahabwaga mu rwego rwo kubagira indorerezi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi by’umuryango w’abibumbye (UN).
Umushinjacyaha wa Repuburika, Martin Ngoga, aratangaza ko abemeye kugaruza umutungo wa Leta bari bashinzwe ariko raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta ikagaragaza ko waburiwe irengero batazakurikiranwa n’amategeko.
Kwegura kw’abayobozi b’uterere n’ab’imirenge batowe muri manda nshya guteye impungenge zikomeye zisaba gufatira ingamba hakiri kare; nk’uko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yabitangarije Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA).
Umuyobozi mukuru wa police, Emmanuel Gasana, ari kumwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma, Musoni Portais, kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, batangije ibikorwa bya police mu karere ka Gatsibo bubaka amazu y’abatishoboye.
U Rwanda ni cyo gihugu muri Afurika cyashoboye gukora neza gahunda yo kubarura ubutaka bwacyo. Ku isi ni urwa kabiri nyuma y’u Buholande’ nk’uko bitangazwa n’ umuyobozi mukuru wungirije w’ishami rishinzwe ubutaka no kubupima, Eng. Didier Giscard Sagashya.
Umukobwa witwa Nyiransabimana Beline w’imyaka 17 utuye mu mudugudu wa Ryagashaza, akagari ka Bunyonga, umurenge wa Karama mu karere ka Kamonyi yitabye Imana azira igikatsi yanyweye tariki 05/06/2012.
Nyuma y’iyegura ry’uwari umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Nyangezi Bonane, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, kuri uyu wa 07/06/2012 yasuye abanya Gicumbi abasaba gukomeza gukora muri ibi bihe by’inzibacyuho.
Imiryango itegamiye kuri Leta ikorera muri ntara ya Kivu irashinja umutwe wa FDLR kwaka umusoro abaturage batuye mu karere ka Lubero mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Abadepite bo muri Zambiya baje kureba ukuri ku makuru avugwa ku Rwanda biyemeje kuba abavugizi barwo ku mpunzi z’Abanyarwanda zikiri iwabo, bazikangurira gutahuka zigafatanya n’abandi Banyarwanda kubaka igihugu.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zongeye gutangaza ko zishyigikiye gahunda z’umuryango mpuzamahanga zigamije kwambura intwaro no kurwanya umutwe wa FDLR kubera ibikorwa bihohotera abaturage ba Congo ukora.
Baganahe Ildephonse, umuhinzi wa kawa wo mu karere ka Gakenke ntiyishimiye amafaranga miliyoni n’ibihumbi 200 yahawe n’akarere ngo atere izindi kawa nyuma yo kumusaba gutema izo yari yarateye mu isambu y’akarere.
Mbyariyihe Emmanuel n’umufasha we batuye mu karere ka Gatsibo bibera mu nzu igaragara ko itameze neza nyuma yo kwirukanwa mu nzu bari bacumbikiwemo na mukuru we wanamwambuye amafaranga ibihumbi 20 yari guheraho yubaka.