Umushinjacyaha wa Repuburika, Martin Ngoga, aratangaza ko abemeye kugaruza umutungo wa Leta bari bashinzwe ariko raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta ikagaragaza ko waburiwe irengero batazakurikiranwa n’amategeko.
Kwegura kw’abayobozi b’uterere n’ab’imirenge batowe muri manda nshya guteye impungenge zikomeye zisaba gufatira ingamba hakiri kare; nk’uko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yabitangarije Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA).
Umuyobozi mukuru wa police, Emmanuel Gasana, ari kumwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma, Musoni Portais, kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, batangije ibikorwa bya police mu karere ka Gatsibo bubaka amazu y’abatishoboye.
U Rwanda ni cyo gihugu muri Afurika cyashoboye gukora neza gahunda yo kubarura ubutaka bwacyo. Ku isi ni urwa kabiri nyuma y’u Buholande’ nk’uko bitangazwa n’ umuyobozi mukuru wungirije w’ishami rishinzwe ubutaka no kubupima, Eng. Didier Giscard Sagashya.
Umukobwa witwa Nyiransabimana Beline w’imyaka 17 utuye mu mudugudu wa Ryagashaza, akagari ka Bunyonga, umurenge wa Karama mu karere ka Kamonyi yitabye Imana azira igikatsi yanyweye tariki 05/06/2012.
Nyuma y’iyegura ry’uwari umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Nyangezi Bonane, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, kuri uyu wa 07/06/2012 yasuye abanya Gicumbi abasaba gukomeza gukora muri ibi bihe by’inzibacyuho.
Imiryango itegamiye kuri Leta ikorera muri ntara ya Kivu irashinja umutwe wa FDLR kwaka umusoro abaturage batuye mu karere ka Lubero mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Abadepite bo muri Zambiya baje kureba ukuri ku makuru avugwa ku Rwanda biyemeje kuba abavugizi barwo ku mpunzi z’Abanyarwanda zikiri iwabo, bazikangurira gutahuka zigafatanya n’abandi Banyarwanda kubaka igihugu.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zongeye gutangaza ko zishyigikiye gahunda z’umuryango mpuzamahanga zigamije kwambura intwaro no kurwanya umutwe wa FDLR kubera ibikorwa bihohotera abaturage ba Congo ukora.
Baganahe Ildephonse, umuhinzi wa kawa wo mu karere ka Gakenke ntiyishimiye amafaranga miliyoni n’ibihumbi 200 yahawe n’akarere ngo atere izindi kawa nyuma yo kumusaba gutema izo yari yarateye mu isambu y’akarere.
Mbyariyihe Emmanuel n’umufasha we batuye mu karere ka Gatsibo bibera mu nzu igaragara ko itameze neza nyuma yo kwirukanwa mu nzu bari bacumbikiwemo na mukuru we wanamwambuye amafaranga ibihumbi 20 yari guheraho yubaka.
Abadepite bo muri Zambia bari mu rugendo shuri mu Rwanda bishimiye uko basanze u Rwanda banatangaza ko nibasubira mu gihugu cyabo bazageza ukuri basanze mu Rwanda ku mpunzi zigataha kuko basanze mu Rwanda hari umutekano.
Ikamyo ya rukururana yo mu gihugu cya Tanzaniya, ku mugoroba wa tariki 06/06/2012, yarenze umuhanda igeze ahitwa mu Kintama mu murenge wa Gakenke, akarere ka Gakenke ku bw’amahirwe ntiyagira umuntu ihitana.
Sheebah Karungi, Umugandekazi uririmba mu itsinda rya ‘Obsession’ yafungiwe ijoro ryose muri week-end ishize ku kibuga cy’indege i Kigali, azira guteza akavuyo abandi bagenzi bari bagendanye mu ndege.
Mpazimaka Patrick w’imyaka 30 afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango azira kuba yarahaye lifuti umukobwa witwa Mukazirikana Antoinette w’imyaka 17 akamurenza aho yajyaga akamujyana iwe akamufata ku ngufu.
Minisiteri ifite gucyura impunzi mu nshingano (MIDMAR) yasabye intumwa z’Inteko Nshingaamategeko ya Zambiya ziri mu Rwanda, gufasha gukangurira impunzi z’Abanyarwanda gutahuka ku bushake no gukumira abazangisha u Rwanda.
Abakozi bakora mu karere ka Gatsibo bakomeje kwibwa mudasobwa zigendanwa bakoresha mu kazi. Kuva ukwezi kwa Gicurasi kwatangira hamaze kwibwa mudasobwa enye zigendanwa; zibwa banyirazo bazisize mu biro bakoreramo.
Polisi y’u Rwanda igiye kwakira imyitozo y’abayobozi ba posite za polisi mu muryango w’ubufatanye bw’abakuru ba polisi mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAPCCO) kubera ko ari yo iyoboye uwo umuryango.
Mugenzi Celestin w’imyaka 43 afungiye kuri sitasiyo ya polisi i Kigabiro mu karere ka Rwamagana akekwaho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 12 umugore we mushya yatahanye yaramubyaye ahandi.
Umusore w’imyaka 21 ukora akazi ko kogosha mu mujyi wa Gakenke yahaye gahunda indaya ebyiri bose bibaviramo kurara mu buroko kubera umutekano muke byateye aho acumbitse.
Mu gihe Ministeri ifite iterambere ry’imiryango mu nshingano iri mu gikorwa cyo gushakira imiryango ababa mu bigo, abana baba mu mihanda (bitwa inzererezi) bavuga ko bataye imiryango yabo kubera ibibazo birimo ubukene no gufatwa nabi mu bigo.
Nyuma yo gutezwa imbere mu bundi buryo burimo kwigishwa imyuga, kubakirwa amazu, kwigishwa kwihangira imirimo n’ibindi, Inkeragutabara zarangije amashuri yisumbiye zirakangurirwa kujya kwiga muri kaminuza kugirango zirusheho kongera umusaruro zitanga.
Abaturage bagera kuri 30% bemeza ko abayobozi b’imidugudu babasaba ko bahurira mu kabari mu gihe bashaka ibyangombwa; nk’uko ubushakashatsi bwakozwe na Trasperency Rwanda bubitangaza.
Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Nyangezi Bonane yeguye ku mwanya w’umuyobozi w’Akarere. Yabitangarije abakozi bose b’akarere ndetse n’inzego nyobozi zishinzwe umutekano zikorera muri aka karere ku mugoroba wa tariki 04/6/2012.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza n’impunzi, Gatsinzi Marcel aratangaza ko tariki 10/06/2012 inkambi ya Kigeme izatangira kwakira impunzi z’Abanyekongo zikomeje guhunga intambara mu burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Ibiyobyabwenge bitandukanye bifite agaciro kagera ku mafaranga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 675 n’amafaranga 200 byamenewe mu murenge wa Cyanika wo mu karere ka Burera tariki 04/06/2012 ubwo hakomezaga ibikorwa bya “Police Week” mu rwego rw’igihugu.
Mukabandora Jeannette w’imyaka 30 yatawe muri yombi azira umwana yibye abaturanyi agira ngo abeshye umugabo we ko yabyaye.
Mu muhango wo gusoza amahugurwa y’ibyumweru bibiri y’abakozi b’umuryango w’abibumbye yaberaga i Kigali, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda rurajwe ishinga no gushaka amahoro aho atari.
Ishuli ryisumbuye rya EAV-Mayaga riri mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza ryugarijwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside ishingiye ku bikorwa n’inyandiko zisesereza bamwe mu banyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside biga muri icyo kigo.
Gilbert Nzeyimana ucururiza i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali ari mu maboko ya polisi azira gutera urubwa polisi y’igihugu ayibeshyera ibintu bitari byo.