Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Louise Mushikiwabo, uri mu ruzinduko rw’akazi i Kinshasa, mu biganiro yagiranye na Perezida Joseph Kabila kuri uyu wa Kabiri, yamutangarije ko u Rwanda rushyigikiye igihugu cye mu kugarura umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.
Igisirikare cya Danmark kizafasha icy’u Rwanda gushyiraho umutwe w’ingabo zizajya zitabara mu gihe havutse ibibazo by’umutekano cyangwa ibiza mu karere; nk’uko bikubiye mu masezerano impande zombi zasinyanye kuri uyu wa kabiri tariki 19/06/2012.
Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abanyamakuru yashimangiye ko intambara ibera muri Kongo Kinshasa ari ikibazo Kongo yifitiye kidaterwa n’u Rwanda; nk’uko raporo y’Umuryango w’Abibumbye iherutse gutangaza.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ishuri rikuru Gaturika rya Kabgayi (ICK ) guhera mu mwaka wa 2000 kugeza muri 2010, bugashyirwa ahagaragara muri Kamena 2012, bugaragaza ko abaturage ba karere ka Ruhango abagera kuri 93.5 % batabona amazi meza.
Ikibazo cy’inzara, icy’icumbi n’umuhanda werekeza ku kigo nderabuzima cya Jomba utakiri nyabagendwa ku binyabiziga ni bimwe mu bibazo by’ingutu abaturage batuye uwo murenge bafite nyuma y’ibiza byagwiriye akarere ka Nyabihu.
Mugabo Eric washinze itorero ryitwa Redmud Gospel Church ndetse n’Umunyamerika witwa Charles wamuteye inkunga ku bikoresho no kubwiriza basubiranyemo none ubuyobozi bahagaritse iryo torero.
Prof Esiron Munyanziza wigishaga mu ishami ry’ubuhinzi muri kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yitabye Imana tariki 18/06/2012 ariko icyo yazize ntikiramenyekana.
Ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 18/06/2012 abagore bacuruza imboga ku isoko rya Muhanga barwanye bapfa igitunguru cy’amafaranga 50.
Amande y’amafaranga miliyoni imwe niyo ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro w’amashanyarazi, isuku n’isukura (EWSA) cyaciye akarere ka Ngoma kubera ubujura bw’umuriro bwakorewe ku nyubako y’isoko rikuru rya Ngoma riri mu maboko y’akarere.
Mu rwego rwo gufasha impunzi zakuwe mu byabo n’intambara kumva ko hari uzitanyeho, Leta y’u Rwanda ifatanyije n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye wita ku mpunzi (UNHCR) barategura kwizihiza umunsi mpuzamahnga w’impunzi uzizihirizwa mu Nkambi ya Gihembe tariki 20/06/2012.
Ndacyayisenga Patrick w’imyaka 6 na Nishimwe Joyce w’imyaka 3 bo mu mudugudu wa Gacuriro akagari ka Nyakabungo mu murenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango bagwiriwe n’inzu tariki 17/06/2012 umwe ahita apfa undi agwa mu bitaro.
Umuvugizi w’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki (FPP) Dr Mukabaramba Alvera atangaza ko igikunze gukurura amakimbirane mu mitwe ya politiki ari abantu bashaka gushyira imbere inyungu zabo kurusha inyungu rusange.
Itangishaka Fils wari utuye mu mudugudu wa Mucubi, akagari ka Ntenyo, umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, yaguye mu mugezi witwa Ururumanza tariki 18/06/2012 mu gihe cya saa sita z’amanywa ahita apfa.
Umunsi w’umwana w’umunyafurika ku rwego rw’akarere ka Nyanza wizihirijwe mu murenge wa Mukingo mu kigo cy’abana bafite ubumuga cya HVP Gatagara bakangurirwa kumenya uburenganzira bwabo.
Igikorwa cyo kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurika, Akarere ka Huye kagikoreye muri ADAR-Tubahoze, ishyirahamwe ry’abantu 11 biyemeje kurera abana bafite ubumuga bwo mu mutwe. Abakora iki gikorwa bagaragaje ko bakeneye ko Leta ibashyigikira mu kurera aba bana akenshi ababyeyi babo baba badashaka.
Abakozi ba Banki y’abasirikare izwi ku izina rya Zigama Credit Saving Society ( ZIGAMA CSS), tariki 16/06/2012, bagabiye inka eshanu abapfakazi ba Jenoside yakorewe abatusti batuye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.
Abantu batatu bakomerekeye mu mpanuka yabereye mu isantere ya Kidaho, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 17/06/2012 ubwo “Taxi Mini Bus” yo mu bwoko bwa HIACE yagongaga “Bus” nini ya KBS (Kigali Bus Services).
Abana b’Ingagi 19 bakiri bato nibo biswe amazina, mu muhango wo “Kwita Izina” wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 16/06/2012 mu Kinigi, mu karere ka Musanze mu ntara y’amajyaruguru.
Inkeragutabara zirashimirwa ubufatanye zikomeza kugaragaza mu kubungabunga umutekano no gufasha mu bindi bikorwa by’iterambere, ariko hakizerwa ko ubwo bufatanye buzakmeza, nk’uko ubuyobozi b’Umujyi wa Kigali bubitangaza.
Ministiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, arasaba urubyiruko kurushaho kunoza no kwagura ibyo rukora, kugira ngo rurusheho kwiteza imbere.
Abagabo batatu n’ababaherekeje bahuriye ku biro bya Polisi station ya Muhanga ahari inka ubuyobozi bwafashe nyuma y’uko yibwe kuwa Gatatu w’iki cyumweru, baburana buri wese avuga ko ari iye.
Nyuma y’amezi agera kuri atanu barangije kubaka ibyumba by’amashuri ku rwunge rw’amashuri rwa Gishubi mu murenge wa Gishubi, ngo kugeza ubu ntibasobanurirwa neza impamvu amafaranga bakoreye mu mezi atatu ya nyuma y’iki gikorwa batayahembwe.
Minisiteri y’Abagore n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), irakangurira ababyeyi gukunda abana babo batitaye kuko bavutse kuko ari uburenganzira bwabo. Ibitangaje igihe yitegura gusoza icyumweru imaze ikangurira abantu kwita ku bana n’umuryango.
Politiki nshya yo kurwanya ruswa urwego urwego rw’Umuvunyi rwashyizeho nta gishya izanye uretse kunganira ibyari bisanzwe bikorwa mu kurandura ruswa; nk’uko bitangazwa n’Umuvunyi w’agatenganyo, Augustin Nzindukiyimana.
Niyonsaba Jonas uri mu kigero cy’imyaka 27 aratangaza ko yiyemeje kwitandukanya n’inyeshyamba za FDLR FOCA ku bushake bwe ngo yiteze imbere anateza imbere u Rwanda rwamubyaye.
Umutoni Josiane utuye mu karere ka Gakenke amaze imyaka ibiri yirwanaho ashaka ibitunga umwana yabyaye nyuma yo kwimwa indezo na Mbonigaba babyaranye amuziza ko yabyaye nyamweru. Nubwo urukiko rwemeje ko Mbonigaba agomba kwita ku mwana, kugeza na n’ubu ntacyo amuha.
Guverinoma y’u Rwanda irateganya gukuriraho abakene amafaranga 1000 atangwa n’umuturage igihe agiye gufata ibyemezo bya burundu by’ubutaka yatijwe na Leta iyo bumaze kubarurwa no kwandikwa mu bubiko bwabugenewe.
Abanyamadini bo mu karere ka Kayonza barasaba guhabwa imfashanyigisho ku burere mbonera gihugu no kwegerwa n’abayobozi kugira ngo babashe guha inyigisho nziza abayoboke b’amadini yabo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994 baranenga ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga ko imfubyi za Jenoside zirera zisurwa cyane ari izo mu mujyi gusa, ab’ahandi bagasa n’aho bibagiranye.
Mu karere ka Nyanza hatangiye gutangwa icyemezo cy’umugayo kigenewe abayobozi bafite imikorere mibi mu nzego z’ibanze; nk’uko byagaragaye mu muhango wo gutanga ibyemezo by’ishimwe n’umugayo wabaye tariki 14/06/2012.