Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Vision Jeunesse Nouvelle bo mu karere ka Rubavu bafatanyije n’umuryango Hope Ethiopian Rwanda, tariki 18/05/2012, basuye inkambi ya Nkamira irimo impunzi z’Abanyekongo bagamije kubaka ikizere n’ibyiringiro by’ubuzima mu rubyiruko ruba muri iyo nkambi.
Abaturage bo mu mudugudu wa Ryabitana, akagari ka Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge, tariki 16 na 19/05/2012 bafatanyirije hamwe gukora umuganda wo gusana umuhanda no kubaka ibiro by’akagari byari byarangijwe n’ibiza.
Perezida wa Sena, Dr. Ntawukuriryayo Jean Damascene aherekejwe n’abasenateri, kuri uyu wa gatandatu tariki 19/05/2012, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Cyabingo, mu Karere ka Gakenke mu muganda wo gukora amaterasi.
Abaturage bo mu kagali ka Nkomero, mu murenge wa Mukingo, mu karere ka Nyanza, bamaze icyumweru nta serivizi babona kubera ko ibiro by’ko kgli byafunze nta mukozi ugikora.
Umuhanda wo mu Karere ka Gakenke wasibanganyijwe n’imvura yaguye ari nyinshi ikuzuza umugezi wa Mukungwa nawo ukamena mu muhanda, wari wagoranye kuwunyuramo aho byasabaga ko abagenzi bahekwa ku mugongo n’abasore bakoreraga amafaranga.
Abafite mu nshingano zabo kubungabunga amaparike n’ubukerarugendo mu bihugu bihuriye kuri Pariki y’i Birunga, bahangayikishijwe n’uko ishobora kuzangizwa n’intambara iri kubera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Hatangijwe gahunda yiswe “Ubufatanye Bushya mu kwihiza mu biribwa”, igamije kongera ingufu mu bikorwa byo kwihaza mu biribwa bibanda ku ishoramari rishingiye ku buhinzi, guhanga udushya no guha uruhare rugaragara abikorera.
Umugore witwa Donata Tuyisabe ukomoka mu murenge wa Mushubati akarere ka Rutsiro, ahanganye n’umusore amushinja ko yamwibye amashuka ubwo yazaga ku musura agasanga yanitse.
Imvura yaguye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18/05/2012, yasize yishe abana babiri b’abahungu inasenya amazu agera kuri 74, mu mirenge irindwi igize akarere ka Gakenke.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Benz igonze itagisi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace hafi saa moya z’uyu mugoroba ariko Imana ikinze ukuboko kuko nta muntu uhasize ubuzima uretse batanu bakomeretse cyane.
Inteko ishinga amategeko imitwe yombi, kuri uyu wa gatanu tariki 18/05/2012, yatoye abadepite icyenda bazahagararira u Rwanda mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EALA).
Nyuma y’imyaka 10 atagaragara muri politiki, Pierre Celestin Rwigema, wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, yagiriwe icyizere n’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda atorerwa guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga amategeko ya Afurika y’Uburasirazuba (EALA).
Umuryango w’Abibumbye (UN) ufatanyije na Leta y’u Rwanda bari kwigira hamwe igenamigambi ry’imyaka itanu ry’ibikorwa UN izakorera mu rwanda guhera 2013 kugeza 2018.
Kubera intambara ikomeje guca ibintu hagati y’ingabo za Leta ya Kongo n’inyeshyamba ziyirwanya, umubare w’impunzi zihunga iyi ntambara ziza mu Rwanda ukomeje kwiyongera kandi zishimira uko zakirwa iyo zigeze mu Rwanda.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo barashima ubuyobozi ko butegura inteko y’akarere ihurizwamo ibiganiro hagati y’abaturage n’abayobozi hamwe n’abafatanyabikorwa bigatuma haba impinduka mu bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza mu karere.
Gato Sano Alexis, umuyobozi wa gereza ya Mpanga iri mu karere ka Nyanza afungiye sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu karere ka Huye akekwaho kunyereza umutungo wa gereza yayoboraga.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari itwaye abantu batatu yakoze impanuka mu buryo butunguranye hafi ya sitasiyo ya lisansi iri Nyarutarama aho bakunze kwita kwa Ndengeye mu ma saa cyenda uyu munsi tariki 17/05/2012 ariko nta muntu wapfuye.
Ikigo cy’umuryango w’abibumbye gishinzwe ubutabazi (OCHA) cyatangaje ko inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR zimaze kwica Abanyekongo b’abasivili bagera kuri 50 kuva intambara ishyamiranyije ingabo za Leta ya Kongo n’iziyomoye ku gisirikari cy’igihugu itangiye mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Domitila Mukankundiye utuye mu murenge wa Rusiga mu karere ka Rulindo, aravuga ko ahangayikishijwe n’inzu ye yasenywe n’imodoka yayigonze, ubwo yataga umuhanda igeragezaga guca ku yindi.
Kwizera Mohamed uri mu kigero cy’imyaka 37 y’amavuko utuye mu mududugudu wa Kinama, akagari ka Musamo,umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana guhera tariki 14/05/2012 akurikiranyweho icyaha cyo kwihisha inkiko Gacaca.
Hagendewe kuri raporo mpuzamahanga zigenda zigaragaza intambwe igaragara u Rwanda rwateye mu kurwanya ruswa, Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda y’uko u Rwanda rwaza mu bihugu 10 bya mbere ku isi birwanya ruswa.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yakiriye inama y’ihuriro ry’inteko zishinga amategeko rifite inshingano zo kurwanya ruswa (APNAC). Abayitabiriye bararebera hamwe ibyo u Rwanda rwagezeho mu gukorera mu mucyo no guhanahana amakuru, nka zimwe mu nzira zo kurwanya ruswa.
Umwanditsi w’ibitabo ukomoka muri Senegali witwa Boubacar Boris DIOP atangaza ko igihugu cye kitagomba kwinjira mu kibazo cya Ingabire kuko byaba ari ubusazi n’icyasha kidasibangana kuri Senegali mu maso y’Afurika n’isi yose.
Ubutaka bungana na hegitari ebyiri bwo ku gasozi ko mu mudugudu wa Kibingo, umurenge wa Rwaza mu karere ka Musanze bugenda burigita uko iminsi ishira ku buryo bumaze kumanukaho metero zirindwi z’ubujyakuzimu.
Uwumugisha Boniface w’amezi atanu y’amavuko mwene Mukansigaye Eugenie utuye mu mudugudu wa Mabera, akagari ka Rwoga, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yitabye Imana tariki 16/05/2012 atwitswe na matora yatwitswe na mukuru we.
Minisiteri ifite kwita ku mpunzi mu nshingano zayo (MIDIMAR), tariki 16/05/2012, yakiriye umusore w’Umunyekongo w’imyaka 25 witwa Boniface Zihire umaze ibyumweru bibiri yokejwe ibirenge n’abantu batazwi bamushinja ko ari umusirikare.
Impunzi z’Abanyekongo zigera kuri 33 zirimo imiryango itandukanye zari zicumbikiwe ku murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16/05/2012 mbere y’uko zimurirwa mu nkambi ya Nkamira iri mu karere ka Rubavu.
Minisitiri ufite umutungo kamere mu nshingano ze, Kamanzi Stanislas, afitanye inama n’abayobozi b’Intara y’Iburengerazuba kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012 ku cyicaro cy’Intara mu karere ka Karongi; nk’uko amakuru yizewe neza agera kuri Kigali Today abitangaza.
Ku butumire bwa Perezida Barack Obama, Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) azitabira inama ya 38 y’ibihugu umunani bikize ku isi (G8) izabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika tariki 18-19/05/2012 ndetse anakirwe mu biro bya Perezida wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (White House).
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yahaye UNICEF/Rwanda ibihumbi 50 by’amadorali y’Amerika (arenga miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda) byo gufasha impunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda.