Bamwe mu rubyiruko rwaretse ibiyobyabwenge bemeza ko kuva babiretse abantu basigaye babaha icyizere bakabaha akazi; ariko ngo hari bagenzi babo bakirunywa kando ngo ntibatinyuka kubabwira ngo barureke.
Abagize inama y’igihugu y’urubyiruko yo mu Karere ka Huye bahuriye muri kongere ya 5, tariki 02/06/2012, bigira hamwe ibyagezweho banarebera hamwe ibyo bateganya kuzakora mu minsi iri imbere.
Kwizihiza ku nshuro ya 18 umunsi wo kwibohora bizaba tariki 01/07/2012 (umunsi usanzwe wibukwaho igihe u Rwanda rwaboneye ubwigenge) mu rwego rwo kwisuzuma aho u Rwanda rugeze rukosora ibibi rwanyuzemo guhera mu mwaka wa 1962 ubwo rwabonaga Ubwigenge.
Bayibayi agatadowa ni gahunda y’umwihariko akarere ka Ngororero katangije, aho ubuyobozi buvuga ko abaturage bakwiye kugera ku iterambere ryo kubona urumuri rutari uruturuka ku matara ya gakondo yitwa “Agatadowa” kacyishwa na petelori cyangwa mazutu.
Ikibazo cy’amazi meza akiri macye mu karere ka Ngororero gikomeje kuza imbere mu biganiro byinshi bitangwa mu nama z’akarere ariko ntikibonerwe umuti, bitewe n’imterere y’akarere kagizwe ahanini n’imisozi ihanamye.
U Rwanda rwiyemeje gushyira mu bikorwa byose byabungabunga amahoro no kuyagarura aho Atari, nk’uko byemejzwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, mu gikorwa cyo gusoza amahugurwa yahuzaga abayobozi b’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, kuri uyu wa Gatanu tariki 01/06/2012.
Fondasiyo y’Abanyamerika yitwa Cummings Fondation imaze gutanga amadorali ibihumbi 500 yo gufasha imiryango nyarwanda itishoboye mu kwiteza imbere. Iyo nkunga, Cummings Fondation iyinyuza mu ishami ryawo ryitwa Institut pour la Justice Mondiale.
Inteko Ishingamategeko, umutwe w’Abadepite irasaba Abanyarwanda kutihunza inshingano zo kwita ku bana ndetse n’abasheshe akanguhe, kuko kutabitaho bigaragara nko guta indangaciro ku muryango nyarwanda.
Hari impapuro zavumbuwe ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumye (UN), zigaragaza ko mu bubiko bw’ingabo za mbere ya Jenoside harimo intwaro za misile zaturutse mu Bufaransa zishobora kuba zarakoreshejwe mu kurasa indege ya Habyarimana.
Umushinga CREDI-Rwanda wahaye Abanyagatsibo indogobe esheshatu zo kunganira abagore n’abana mu gukora imirimo y’ubwikorezi cyane cyane iyo kuvoma amazi kuko abaturage bafite amazi meza hafi muri ako karere ari 55%.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yamaganye uwo ari we wese washaka kubangamira ubusugire bw’akarere u Rwanda ruherereyemo yaba abatavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa imiryango mpuzamahanga.
Nambaje Aphrodis niwe watorewe kuba umuyobozi mushya w’akarere ka Ngoma mu gikorwa cy’amatora cyabaye kuri uyu wa kane tariki 31/05/2012. Aje gusimbura Niyotwagira Francois weguye ku mirimo ye mu mpera z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka.
General Bosco Ntaganda arahakana amakuru avugwa n’umuryango w’abibumbye ukorera muri Congo (MONUSCO) avuga ko Leta y’u Rwanda ifasha ingabo ze.
Abantu babiri bitabye Imana, undi umwe arakomereka cyane mu mpanuka eshatu zabereye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali mu ijoro ryo kuwa kabiri tariki 29/05/2012.
Bamwe mu batuye akagari ka Rugenge, umurenge wa Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge barasaba ko ahimuwe abaturage (mu Kiyovu cy’abakene) ubu habaye ibihuru byihishamo abateza umutekano muke byasimbuzwa imyaka yera vuba mu gihe hagitegereje inyubako zahagenewe.
Abakozi batunganyije aharimo gushyirwa ubusitani rusange mu mujyi wa Karongi barashima umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bwishyura kuba yarabashije kubishyuriza akarere amafaranga bari bamaze imyaka ibili yose bategereje.
Asezeranya imiryango 16 harimo itanu yabanaga itarasezeranye, umuyobozi w’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi, Niyonsaba Cyriaque, yabasabye ko batagomba gufata gusezerana nk’umuhango urangirira aho basezeraniye.
Umulisa Laurence utuye mu karere ka Nyanza yitabye polisi ikorera mu karere ka Nyanza tariki 29/05/2012, nyuma yo kuregwa n’umuvandimwe we amuhora ko yavuze ko yabyaye abana akabihakana ndetse abandi akaba abafata nabi.
Mu Rwanda hagiye gutangira ikigo mpuzamahanga nkemurampaka, kizajya gifasha mu gukemura impaka zigaragara mu bucuruzi, ahanini zishingiye ku kutumvikana mu kubahiriza amasezerano abantu bemeranyijweho.
Ingabire Agnes w’imyaka 22 utuye mu mudugudu wa Nyagihama, akagari ka Burima, umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi azira gukuramo inda ariko we avuga ko atazi aho iyo nda yari atwite yagiye.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwatangaje ko abatuye ku misozi ihanamye (ku manga) hamwe n’abatuye mu bishanga bagomba kuhimuka mu buryo bwihuse badategereje ingurane, kuko aho batuye nta bikorwa bigamije inyungu rusange umujyi wahateganyirije.
Abakora imirimo ijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu karere ka Ngororero bemeje ko bagiye kuvugurura imikorere ku bijyanye n’umutekano w’abakozi ku kazi, kubashakira ibikoresho bibarinda impanuka, kubahugura mu bikorwa by’ubutabazi bw’ibanze, kubungabunga ibidukikije no kwirinda gukorera mu kajagari.
Guverinoma y’Ubuyapani yageneye Minisiteri yo Gukumira Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) inkunga ya miliyoni 172 z’amafaranga y’u Rwanda zizakoreshwa mu gusana inkambi ya Kigeme, iherereye mu karere ka Nyamagabe, mu ntara y’Amajyepfo.
Ababamaje gahunda ya SIMBUKA ya Banki y’abaturage y’u Rwanda mu ishami rya Nyanza barasaba kwishyurwa amafaranga bakoreye nk’uko bari barabisezeranyijwe.
Komisiyo ishinzwe imibereho myiza mu Nteko Ishinga amategeko irasaba Ministeri ifite imibereho myiza mu nshingano gushyiraho gahunda yo gushyingura mu buryo bworoheye buri wese kuko ibiciro by’amarimbi bihanitse cyane.
Ministeri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) yatangaje ko igiye kubaka no kugura amazu yo gukoreramo mu rwego rwego rwo kurinda Leta gutanga amafaranga arenga miliyari ennye buri mwaka yo gukodesha aho ibigo byayo bikorera.
Umuvugizi wa Leta ya Congo Minisitiri Lambert Mende, yatangaje ko ibihuha bivuga ko u Rwanda rufasha umutwe uyirwanya M23, bimaze iminsi bivugwa ntabyo bazi ahubwo ko Leta ye iri kwikorera iperereza.
Umugore n’umugobabo baraye barwanye, bapfuye inkono y’inyama kugeza aho umwe muri bo akomereka ku munwa, mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere rishyira kuwa Kabri tariki 29/05/2012.
Umunyarwandakazi, Depute Julianna Kantengwa, yatorewe kuba Visi Perezida wa Kane w’Inteko Ishinga amategeko Nyafurika (PAP), atsinze Umunyakenya ku majwi 89 kuri 59.