Umubiligi witwa Julien Nyssens wabaye mu bategetsi bitwaga Administrateur de Territoire mu gihe cy’ubukoloni mu Rwanda yasohoye igitabo kivuga ku Rwanda hagati y’umwaka w’1948 kugeza mu mwaka w’1961.
Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, tariki 03/07/2012, yizihije isabukuru y’imyaka 234 igihugu cyayo kimaze kigobotoye ingoyi ya gikoloni. Ambasaderi wayo yashimiye u Rwanda umubano wihariye ibihugu byombi bikomeje kugirana.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari kumwe n’umufasha we, Jeannette Kagame, kuri uyu wa 03/07/2012 bagiriye uruzinduko ku kigo cy’amashuri cy’abakobwa cya Gashora Girls Academy riherereye mu karere ka Bugesera.
U Rwanda na Turukiya byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere, harimo gushyiraho za ambasade mu bihugu byombi, kurwanya iterabwoba n’ibyaha byambukiranya ibihugu, ndetse n’ishoramari mu nzego zitandukanye.
Bamwe mu bakozi n’abayobozi b’uturere barasaba ko gahunda ya decentralization y’ingengo y’imari ya Leta yakwihutishwa ikagezwa no ku mirenge kugira ngo uturere tubone umwanya wo gutekereza ibindi bikorwa by’iterambere.
Umusazi uri mu kigero cy’imyaka 29 yuriye ipoto y’amashanyarazi mu kagari ka Musamo, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango mu ma saa kumi n’imwe z’igitondo tariki 03/07/2012 kumukuramo birananirana aza kuyimanukamo saa tatu n’igice.
Rukundo Fréderic, umuyobozi ushinzwe amasomo mu rwunge rw’amashuli ya Nyagasozi rwubatse mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yakinguye ibiro bye asangamo inyandiko idasinye ihembera ingengabikerezo ya Jenoside.
Vedaste Munyagisenyi w’imyaka 22 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere kuva tariki 01/07/2012 akekwaho kwica Silas Tegejo w’imyaka 32 na we wakoraga akazi k’ubukarani amukubise igitiyo mu mutwe kubera amakimbirane bari bafitanye.
Abagabo batatu baturutse mu mujyi wa Bury St. Edmunds mu Bwongeleza, baje ku magare mu rwego rwo gukusanya inkunga yo kugura ibikoresho by’imikino byo mu mashuri b’abana babana n’ubumuga, bageze i Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki tariki 02/07/2012.
Uko iminsi igenda yicuma niko abana bari hagati y’imyaka 12 na 15 bagenda biyongera mu mujyi wa Rusizi. Bavuga ko bata imiryango yabo baje gushaka amafaranga mu mujyi.
Prof. Byanafashe Deo wigisha amateka muri kaminuza nkuru y’u Rwanda avuga ko bimwe mu byatumye ubwigenge bw’Abanyarwanda butagerwaho neza, ariko uko bwashyizwe mu maboko y’abayobozi batari biteguye kubukoresha.
Mu gihe cy’icyunamo cy’iminsi 100, mu karere ka Gatsibo hakozwe ibikorwa byinshi bifata mu mugongo abacitse ku icumu rya Jenoside birimo gusana amazu yari yarangiritse, kuboroza no kubakira abadafite aho kuba,byatwaye amafaranga miliyoni 10.
Mu kwizihiza isabukuru y’ubwigenge n’iyo kwibohora, Abaturage bo mu murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi bongeyeho agashya bavuga ko babohotse no mu myumvire none ubu bakaba baragezweho n’iterambere ritari ryarigeze riharangwa mbere ya 1994.
Abaturage basabwa kuzatanga amakuru y’ukuri ku bibazo bazabazwa mu ibarura rusange ry’abaturage ryegereje kugira ngo intego yaryo igerweho nk’uko byateganyijwe, mu rwego rwo kuzamura imiberehomyiza n’iterambere by’abaturage.
Umusore w’Umunyekongo w’imyaka 18 y’amavuko witwa Patrick Cyubahiro yahohotewe n’abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bamushinja kuba Umututsi ukomoka mu Rwanda.
Mu karere ka Nyanza bahimbaje isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge n’imyaka 18 rumaze rwibohoye basaba abaturage kurushaho kwihesha agaciro muri byose; nk’uko Murenzi Abdallah umuyobozi w’ako karere yabisabye.
Abaturage b’i Rwamagana bitabiriye ibirori by’umunsi w’Ubwigenge wizihirijwe rimwe n’uwo kwibohora bashimangiye ko nta Munyarwanda n’umwe wakongera kwemerera uwo ari we wese gusubiza u Rwanda mu mateka y’imiyoborere n’imibereho mibi byaruranze.
Ijambo Perezida Kagame yavuze ku munsi wo kwizihiza imyaka 50 y’ubwigenge, hamwe n’imyaka 18 ishize u Rwanda rwibohoye, ryibanze ku guha inshingano Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko, kugira ngo mu myaka 50 iri imbere igihugu kizabe cyageze ku ntera ishimishije.
Imiryango ibanye neza irasabwa gutanga ubuhamya mu bikorwa bitandukanye bikorerwa mu midugudu cyane cyane umuganda n’akagoroba k’ababyeyi kugira ngo ihohoterwa ribera mu ngo ricike.
Perezida wa IBUKA, Dr. Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko kuba abadafite ubushobozi bwo kwishyura imitungo y’abandi bangije mu gihe cya Jenoside bazakora imirimo nsimburagifungo (TIG) ntacyo bizamarira abacitse ku icumu.
Abaturage 15,748 bo mu turere twa Nyamasheke na Rusizi nibo bagezweho n’ubuvuzi bwatangwaga n’inzobere mu kuvura indwara zitandukanye zo mu bitaro bya Gisirikari mu gikorwa cyiswe army week cyashojwe tariki 30/06/2012.
Itsinda rishinzwe gusuzuma uko imihigo yashyizwe mu bikorwa mu turere rirashima akarere ka Burera kubera ko imihigo myinshi mu yo kari karahize karayishyize mu bikorwa, imike isigaye akaba ariyo igomba kongerwamo ingufu.
Umubare w’abaturage batuye mu mu kagali ka Ruyenzi umurenge wa Runda akarere ka Kamonyi bagera ku mazi meza baracyari bacye, bigatera akavuyo, n’ubwo Ikigo cy’igihugu gitanga ingufu, amazi n’isukura (EWSA) cyarangije kuhayobora amazi.
Urubyiruko rurakangurirwa kugira uruhare mu guhangana n’ubwiyongere bukabije bw’abaturarwanda, kuko imibare igaragaza ko buri mwaka u Rwanda havuka abana bangana n’abaturage batuye akarere kamwe k’igihugu.
Amarushanwa yateguwe n’uruganda rw’inzoga Skol yashojwe mu nangiriro z’ukwezi kwa 06/2012, hari abaturage bavuga ko aya marushanwa yasojwe badahawe ibihembo batsindiye.
Akarere ka Nyanza kahariye igice kinini cy’ingengo y’imali y’umwaka utaha wa 2012-2013 kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kugira ngo barusheho kubaho neza banihuta mu iterambere rirambye kuri buri wese.
Insakazamajwi za Radio “Icyerekezo” y’umurenge wa Runda, zibangamiye bamwe mu batuye Akagari ka Ruyenzi ho mu karere ka Kamonyi, aho amajwi yazo abangamira umutekano w’ingo zabo harimo kubuza abana gusinzira no kudakurikira neza izindi Radiyo bashatse kumva.
Guverineri w’Intara y’u Burengerazuba yiseguye kuri komisiyo y’abakozi ba Leta avuga ko amakosa mu micungire y’abakozi yagaragaye mu turere twa Rutsiro, Rubavu na Nyabihu atabaye ku bushake ahubwo byatewe no kutamenya kubahiriza amategeko agenga imicungire y’abakozi.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe, aravuga ko Abanyarwanda bakwiye gukomeza gufatana urunana mu bikorwa byose bakora kuko aribwo bazabasha gutera imbere kandi mu gihe gito.