Umushinga “STRIVE FOUNDATION-RWANDA” ukora ibikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kubahiriza uburinganire watangiye ibikorwa byawo mu Karere ka Gisagara.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Gisagara bateguye imurikabikorwa rigamije kwereka abatuye ako karere bimwe mu bikorerwa iwabo kandi bifitiye akamaro abaturage, ndetse bikaba byaranagaragaye ko bamwe muri aba baturage hari ibyo batari bazi ko bikorerwa iwabo.
N’ubwo Komisiyo y’Igihugu y’amatora ivuga ko yamenyesheje gahunda z’amatora abaturage, ibinyujije mu matangazo no mu nzego zibahagarariye, bamwe mu baturage b’akarere ka Kamonyi batangaza ko hari gahunda zo kwiyamamaza batamenya, bigatuma batazibira.
Abaturage bo mu gace ka Kibumba na Kamahoro two muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no mu nkengero zaho batangiye guhungira mu Rwanda batinya imirwano ibasatira.
Dr Rick Warren, Pasiter w’Umunyamerika ufasha amatorero atandukanye mu Rwanda kubaka amahoro, yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’Igihugu kuri uyu wa Gatanu tariki 30/08/2013, aho avuga ko umuyobozi mwiza agomba kuba umunyakuri kandi agaharanira ko abo ayobora bamwizera.
Bahoza Matumwabili, umwe mu Bakongomani baherutse kugirira impanuka y’imodoka mu murenge wa Nzahaha, arashima Leta y’u Rwanda ko nyuma yo gusurwa n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’igihugu bakanabaha ubufasha mu kwivuza, ubu yakize agiye gusubira iwabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwahaye Pastor Rick Warren isambu iri ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, bumwemerera no kuzamuha indangamuntu Nyarwanda yo mu karere ka Karongi kubera ubushuti uwo mu pasiteri w’Umunyamerika afitanye n’akarere by’umwihariko.
Mukagasana Vestine uherutse guhitanwa n’igisasu cyavuye ku butaka bwa Congo kikagwa mu Rwanda, washyinguwe mu cyubahiro n’abaturage benshi bo mu karere ka Rubavu.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko gahunda nshya yo gutega imodoka yatangijwe mu mujyi wa Kigali ifite intego yo kudatinza abagenzi ku byapa byo gutegeraho byibura iminota itarenze itanu ku mihanda migari n’iminota 30 mu mihanda yo mu makaritsiye.
Kuri uyu wa 30/08/2013, Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Boniface Rucagu, yatangije ku mugaragaro itorero ry’igihugu mu nzego z’imirimo ku rwego rw’akarere ka Ngoma.
Kuva tariki 29/08/2013, ku mipaka yombi ihuza Gisenyi n’umujyi wa Goma, Abanyarwanda bagabanyije kwambuka batinya guhohoterwa n’Abanyecongo ahubwo ingendo zihariwe n’Abanyecongo baza gufata ibintu Gisenyi bagasubirayo..
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane akaba n’Umuvugizi wa leta y’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yahakanye ko u Rwanda rwinjiye ku butaka bwa Congo.
Assistant Inspector of Police Narcisse Kagabo wayoboraga Police Station ya Gihango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana tariki 29/08/2013 azize indwara.
Minisitiri w’Intebe wa Tanzaniya, Mizengo Pinda, yamenyesheje Inteko ishingamategeko y’icyo gihugu ko Perezida Kikwete yasabye Perezida Museveni wa Uganda ko yaba umuhuza akamushyikiranya na Perezida Kagame.
Nyuma y’urupfu rw’umuntu umwe abandi bagakomereka kubera ibisasu byarashwe mu mujyi wa Rubavu, kuri uyu wa 29/08/2013, ngo bitewe n’ingabo za Kongo ku bufatanye na FDLR, Leta y’u Rwanda yatangaje ko itacyihanganiye “ubwo bushotoranyi”, ikaba ndetse yohereje ibimodoka by’intambara 20 byo kwirwanaho.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko ingendo zo mu mujyi zigiye kurushaho gukorwa neza, nyuma y’aho kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 usinyaniye amasezerano y’imikorere n’amakompanyi atwara abagenzi.
Ishyaka rya Green Party rimaze iminsi ryemewe gukorera mu Rwanda riratangaza ko n’ubwo ritabashije kwitabira amatora y’abadepite azaba mu kwezi 09/2013, bafite ikizere cy’uko bazanitabira ay’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri 2017.
Kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 saa 9h15 igisasu kivuye mu bice bya Congo kiguye iruhande rw’isoko rya Mbugangari mu mujyi wa Rubavu gihitana umubyeyi naho umwana yari ahetse ndetse n’undi muntu barakomereka ndetse kinasenya inzu.
Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur bo muri Rwanbatt 36 ikorera i Kabkabiya, tariki 26/08/2013, bateye inkunga abana 22 babishyurira amafaranga y’ishuri y’umwaka wose, ndetse banabaha bimwe mu bikoresho by’ishuri birimo amakayi n’amakaramu.
Abaturage bagana ibigo bitanga servisi byaba ibya Leta ndetse n’ibyigenga mu karere ka Nyagatare baratangaza ko hakiri utubazo mu mitangire ya servisi.
Kuri uyu wa gatatu tariki 28/10/2013, i Nyakinama mu karere ka Musanze, hashojwe amasomo yahuje abashinzwe umutekano n’abasivili baturuka mu bihugu bitandatu byo mu karere, ku bijyanye n’uko ubutabera bwagarura amahoro mu bihugu byahuye n’intambara.
Abanyarwanda 30 biganjemo abana n’abagore bavuye mu mashyamba ya Kivu y’Amajyepfo muri Congo bagarutse mu Rwanda tariki 27/08/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi I.
Umuyobozi wungirije wa komisiyo y’igihugu y’amatora, Ndahiro Kansanga Marie Odette, arasaba Abanyarwanda bazitabira amatora kuzatora neza umukandida bumva ari ingirakamaro kuko ngo uzatora imfabusa azaba nawe yigize imfabusa.
Kuva saa 11h55 zo kuri uyu wa 28/08/2013, ibisasu bitatu bimaze kugwa mu Rwanda bivuye muri Kivu y’Amajyaruguru aho ingabo za Congo (FARDC) zihanganye n’inyeshyamba za M23 mu bice bya Kanyarucinya.
Ubwo yatangizaga gahunda y’ibiterane byiswe “Rwanda Shima Imana” bizakorerwa hirya no hino mu gihugu, umuvugabutumwa w’Umunyamerika, Pastor Rick Warren, yatangaje ko gahunda yo gukorera ku ntego ari icyifuzo cy’Imana ku Rwanda n’Abanyarwanda
Abapfakazi ba Jenoside bibumbiye mu muryango AVEGA Agahozo mu ntara y’Uburengerazuba barizezwa ko ibibazo bagifite bizakemuka kuko uwo muryango ugifitanye umubano mwiza n’abaterankunga; nk’uko byemezwa na Mukandori Dancile, Visi Prezidante wa AVEGA ku rwego rw’igihugu.
Abanyarwanda bongeye gusubira gukorera i Goma nyuma y’ubwoba bwinshi batewe n’imyigaragambyo yabaye taliki 24/08/2013 ikagira n’Abanyarwanda ihitana.
Bamwe mu batuye mu karere ka Muhanga barasaba Leta ko yashyiraho ikigo ngororamuco cy’abakobwa b’inzererezi kuko nabo bamaze kurembya Abanyarwanda benshi.
Minisiteri ishinzwe guhangana n’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) igiye gutangiza uburyo bwo gutanga amakuru byibura mbere ho amasaha atatu, ku mvura ishobora kugwa cyangwa ibiza bishobora kwitura ku baturage.
Abasenateri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bayobowe na Senateri Graham Lindsey bageze mu Rwanda kuri icyi cyumweru taliki 25/08/2013 mu rugendo bagirira mu karere haganirwa ku cyatuma umutekano ugaruka mu karere k’ibiyaga bigari.