Kuri uyu wa Gatatu tariki 24/07/2013 mu Karere ka Gakenke hatangijwe ku mugaragaro umushinga “Umugore arumvwa” wa Care International ifatanyije na Haguruka ugamije kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Umuryango w’Abibumbye wagaragaje icyizere ufitiye u Rwanda muri gahunda z’ubukungu, uhuriza hamwe inkunga zanyuraga mu miryango yayo itandukanye. Ku ikubitiro watanze miliyoni 400 z’amadolari y’Amerika azakoreshwa mu myaka itanu.
Niyodusenga Christine ufite imyaka 10 na Uwamahoro Chance w’imyaka 7 bose bo mu kagali ka cyome mu murenge wa Gatumba akarere ka Ngororero bitabye Imana saa munani tariki 24/07/2013, baguye mu mugezi wa Nyabarongo.
Kompanyi ikora ibikorwa byo gucunga umutekano w’abantu n’ibintu yitwa RGL (Rwanda Garden and Landscaping Security Company) igiye gutanga akazi ku bantu 200 bavuye ku rugerero bazwi ku izina ry’Inkeragutabara, mu bikorwa byo gucunga umutekano.
Mu ruzinduko rw’umunsi umwe umuyobozi w’intara y’Amajyepfo Munyantwari Alphonse yagiriye mu karere ka Ruhango abaturage bamugaragarije ibyishimo baterwa na Leta y’ubumwe kuko yatumye bashobora kwigeza ku bikorwa by’iterambere kandi mu gihe gito.
Mu gihe bikunze kubera abantu urujijo ukuntu uturere duhiga imihigo nyuma tukavuga ko twayesheje ku gipimo gisaga 100%, Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, avuga ko ibi bishoboka kandi atari ugukabya ahubwo ko biterwa n’imbaraga nyinshi abantu bagenda bashyira mu mihigo no kwiyumvamo inshingano (…)
Ihuriro ry’abagore bo muri Congo, u Rwanda n’u Burundi (La synergie des femmes pour la paix et reconciliation des peoples des grands lacs d’afrique) ngo rimaze gutera intabwe ishimishije kuko ngo basigaye bambukiranya imipaka badafite ubwoba kuko ngo baba bafite bagenzi babo basangayo.
Umukiristu wavuze mu izina ry’abandi mu muhango wo kwimika Mgr Antoine Kambanda tariki 20/07/2013 yavuze ko umushumba babonye aziye igihe kandi ko adakwiye guterwa ikibazo n’ibibazo bikiri muri iyi diyosezi kuko abakiristu n’abapadiri bahinduye imyumvire.
Nyuma y’igenzura ry’imihigo y’umwaka wa 2012-2013 mu karere ka Ngororero, abakozi b’ako karere bashimiwe ko hari imihigo imwe nimwe bahiguye kugipimo kiruta kure icyo bari barihaye.
Amapfa yibasiye imwe mu mirenge igize akarere ka Kayonza, ndetse n’indwara y’uburenge yamaze amezi hafi atandatu muri ako karere kakanashyirwa mu kato ngo nibyo byatumye ako karere kesa imihigo ku gipimo cya 95,3% aho kuba 100% nk’uko bari babyiyemeje.
Kuva tariki 22-28/07/2013 mu karere ka Nyamagabe hazatahwa ibikorwa byagezweho mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013, iki cyumweru kigasozwa n’isuzuma ry’imihigo rizakorwa n’itsinda riturutse ku rwego rw’igihugu.
Abagize umudugudu wa Kanserege ya kabiri mu murenge wa Gikondo mu karere ka Kicukiro tariki 21/07/2013 basuye urugomero rwa Ntaruka mu karere ka Burera mu rwego rwo kurebera hamwe uburyo hakumirwa ikibazo cy’inkongi y’umuriro imaze iminsi ibera mu turere dutandukanye mu gihugu.
Abakozi ba sosiyete zifite inkomoko muri Afrika y’Epfo, bizihije isabukuru y’amavuko ya Nelson Mandela tariki 18/07/2013 basiga irange ku ishuri Groupe Scolaire de Bisate, riherereye mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze.
Guhanahana amakuru no kunoza serivise zihabwa abaturage hagamijwe iterembere ryabo nizo ntego zihawe n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare ubwo basozaga umwiherero w’iminsi ibiti tariki 19/07/2013.
Umusore w’Umunyarwanda witwa Samuel yafatiwe mu mujyi wa Goma taliki 20/07/2013 n’ingabo za Congo zimutwikisha amakara ubundi ziramubohera amaboko inyuma ziramukubita zimusaba kwemera ko ari umusirikare w’u Rwanda.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR), Antoine Ruvebana, yatangaje ko u Rwanda ruri gukora ibishoboka ngo impunzi z’Abanyecongo bari mu nkambi ya Nkamira babone aho bajyanwa kuko aho bari babayeho nabi.
Polisi y’igihugu yatangiye kwegereza abatwara ibinyabiziga, service yo kubisuzumira ubuziranenge kizwi nka “Controle technique”. Iyi gahunda yatangirijwe mu karere ka Huye mu kigo cy’imyuga cya IPRC-South ahahoze hitwa muri Ecole des Sous Officier (ESO).
Nyuma y’imyaka itatu Diyosezi Gatorika ya Kibungo itagira umushumba, kuri uyu wa 20/07/2013 uherutse kugenywa na papa Francois yimitswe ku mugaragaro kuba musenyeri wa diyosezi gatorika ya Kibungo.
Guhera mu masaa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uyu wa gatandatu tariki 20/07/2013, amwe mu maduka yo mu mujyi rwagati wa Kigali hitwa muri ‘quartier Mateus’, yibasiwe n’inkongi y’umuriro itaramenyekana impamvu.
Ertharin Cousin, umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa (WFP/PAM), kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 20/07/2013 yageze mu Rwanda anyuze mu karere ka Rubavu, aravuye muri Congo mu rugendo rwo kureba uburyo impunzi ziri mu nkambi ya Mugunga ya mbere zibayeho nyuma y’imirwano imaze iminsi ibera mu nkengero (…)
Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, arasaba abayobozi bose b’inzego z’ibanze kubahiriza indagaciro zabafasha kugera ku musaruro bifuza no kuba intangarugero kubo bayobora; harimo kugira intego, kurara aho bayobora, kwirinda ruswa, guharanira impinduka, kwirinda ubusinzi no kutiyandarika.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, John Mugabo, avuga ko amatara yashyizwe ku mihanda y’umujyi wa Kayonza azatuma ubucuruzi muri uwo mujyi bukorwa amasaha 24 kuri 24.
Bamwe mu baturage binubira serivisi bahabwa nabo baratungwa agatoki ko kurushya abo bakeneyeho serivisi bigatuma rimwe na rimwe bahabwa nabi ibyo basabaga. Ibi bikaba mu gihe mu Rwanda hakomeje gahunda zitandukanye zo kurebera icyaba gitera serivisi zitanoze henshi.
Abanyarwanda bakorera mu mujyi wa Goma mu gihugu cya Congo bashoboye gukomeza ibikorwa byabo nyuma yuko tariki 18/07/2013 bari batinye kwambuka kubera gutinya ibikorwa by’ihohoterwa abaturage bo mu mujyi wa Goma bafatanyije n’inzego z’umutekano bakorera Abanyarwanda.
Gahunda Men Care+ y’umuryango RWAMREC ngo izafasha guhashya ihohoterwa ryo mu miryango, aho izaganira n’abagabo hagamijwe kubakangurira ibyiza byo kwita ku muryango we, ndetse no kuwurinda amakimbirane agera no ku ihohoterwa.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari tugize Akarere ka Gakenke baje ku biro by’akarere kabo biteguye gukurikirana ikiganiro cy’imbonenkubone (live) n’abayobozi bakuru hakoreshejwe ikoranabuhanga bakanatanga ibitekerezo ariko ntibyakunda kubera umuriro wabuze igihe kigera ku masaha ane.
Nyuma y’uko mu karere ka Kirehe habereye impanuka ikomeye igahitana abantu batandatu naho abandi 15 bagakomereka, tariki 18/07/2013, Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye abarwariye mu bitaro bya Kirehe anihanganisha ababuriye ababo muri iyi mpanuka.
Nyuma yo kwerekwa mu nyandiko ibyo akarere ka Rulindo kakoze mu rwego rwo kwesa imihigo y’umwaka 1012-2013, kuri uyu wa 17/07/2013 itsinda rigenzura imihigo ryagiye aho ibyakozwe biri maze bashima ko ibyo beretswe mu nyandiko byakozwe koko.
Mu nama yahurije hamwe Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) n’abagize komite nyobozi na njyanama mu nzego z’ibanze kuri uyu kane tariki 18/07/2013, hagaragajwe ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze barutanwa mu mafaranga bahabwa, ndetse ntibabone n’umwanya uhagije wo gukora, kubera guhozwa mu nama.
Abahagarariye ingabo muri ambasade y’Ubudage, Ububiligi, Ubufaransa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Tanzaniya kuri uyu wa kane tariki 18/07/2013 bageze aharashwe ibisasu n’ingabo za Congo zifashijwe n’ingabo z’umuryango w’abibumbye (MONUSCO).