Mu mwaka wa 2011-2012 Leta yungukiye urwego rushinzwe amagereza (RCS) amafaranga miliyoni 40 nka 10% baba bemerewe kubera ibikorwa bibyara inyungu abagororwa bakoze bikinjiriza Leta amafaranga. RCS itangaza ko n’ay’uyu mwaka ari hafi kubageraho.
Urubyiruko rugera ku 1200 ruvuye mu maparoisse yose agize diyosezi Gatolika ya Kibungo barahurira muri Paroisse ya Rukira muri forum izaberamo ibikorwa nko gusenga, gukangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge ndetse no kurutoza kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Abanyarwanda 77 bari barahungiye mu ntara ya Kasai muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakiriwe ku mupaka w’u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu tariki 30/07/2013.
Niyonsaba Jerome wari umukozi w’akarere ka Nyamasheke ushinzwe ubugenzuzi bw’imbere mu karere (internal auditor) yirukanwe burundu mu bakozi b’aka karere nyuma yo guhamwa n’amakosa y’agasuzuguro gakabije ndetse no kwiha inshingano zinyuranyije n’inyungu z’akazi yakoraga.
Umusaza Mujyemana ubana n’umugore we bose bageze mu zabukuru, baracumbitse nta mikoro bafite, ariko kuri ubu barashimira igikorwa cy’urubyiruko rw’abasukuti rwitanze rukaba rurimo kububakira inzu.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abakirisitu Gatolika gushyigikira gahunda za Guverinoma zigamije iterambere ry’umuturage ariryo ry’igihugu muri rusange, cyane ko iri dini rifite abayoboke benshi mu gihugu.
Impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu nkambi ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe ziri gukurwa mu mazu ya Shitingi zikubakirwa inzu zikomeye kurushaho hagamijwe kuzituza mu buryo buziha umutekano n’umutuzo.
Ministiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe, yavuguruje ibivugwa ko Ingabo zari iza RPF-Inkotanyi, ndetse na nyuma y’aho zibaye Ingabo z’u Rwanda, ko zishe Abahutu mu Rwanda no muri Kongo.
Abafite ubumuga bwo kutabona bo mu karere ka Rubavu bifatanyije n’abandi mu bikorwa by’umuganda bisoza ukwezi maze babumba amatafari yo kubakira umuturage utishoboye nawe ufite ubumuga bwo kutabona mu murenge wa Rubavu.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Celestin, arasaba Abanyarwanda bajya muri Congo cyane cyane mu mujyi wa Goma kugabanya ingendo bahakorera kuko n’abayobozi baho ntacyo bashaka gukora ku ihohoterwa Abanyarwanda bakorerwa mu mujyi wa Goma.
Ubutumwa bwo kugira umutima ufasha, urukundo n’ubwitange nibwo bwagarutsweho mu gikorwa cyahuje Abaislam bo mu karere ka Nyagatare n’abarwariye mu itaro by’aka karere aho basangiye ifunguro rizwi ku ifutari tariki 28/07/2013.
Ibi ni ibyagarutsweho n’abayobozi bifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Nkingo, umurenge wa Gacurabwenge, mu muganda wabaye tariki 27/7/2013; aho bibukijwe kwita ku ndangagaciro zibereye Umunyarwanda kuko ari byo bizatuma bagera ku mibereho myiza yo soko y’iterambere nyakuri.
Urubyiruko rukwiye kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere kuko arirwo mbaraga z’igihugu, nk’uko bivugwa n’abagize itsinda ry’urubyiruko rya YCEG (youth Challenge Entertainement Group) ryo mu karere ka Kayonza.
Ubwo abagize Inama Njyanama y’akarere ka Karongi bagiranaga ikiganiro n’ibitangazamakuru 10 byo mu Rwanda tariki 26/07/2013 bagaragaje ko bishimira ko abaturage b’ahahoze hitwa Kibuye, ubu batakiri mu bwigunge bari barahejejwemo na Repubulika ya mbere n’iya kabili.
Guverineri w’intara y’Uburengerazuba yifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi mu muganda rusange usoza ukwezi kwa Nyakanga aboneho akanya ko gusaba Abanyakarongi guha agaciro ubutumwa bahabwa nyuma y’umuganda.
Imbaraga zo kumvwa abahanzi n’abanyamakuru bafite zitezweho guhindura imyumvire y’abaturage no gukemura impaka zijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge, kuko ngo umuhanzi abonwa nk’umuhanuzi n’umuhuza, mu gihe umunyamakuru afatwa nk’umukangurambaga.
Abanyarwanda biganjemo abana n’abagore bambutse umupaka wa Rusizi ya mbere mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, bavuye mu mashyamba ya Congo. Batangaje ko batahutse kubera ubuzima bubi babagamo kandi igihugu cyabo gitekanye kinatera imbere.
Umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi Gatera Stanley yasohotse muri gereza nyuma y’umwaka afunze.
Urubyiruko ruri mu mashuri makuru na kaminuza ruravuga ko gutora abadepite bitakagombye gutorwa binyuze mu mitwe ya politike, ahubwo bakifuza ko umuntu wese wifuza kuba umudepite yakwiyamamaza ku gite cye.
Umuyobozi w’itsinda ririmo gusuzuma imihigo mu karere ka Nyamagabe, Sibomana Saidi, yatangaje ko imihigo ituma inzego zikora ariko ahanini ikaba igamije guhanga udushya dutandukanye, no kureba ubushobozi bw’abakozi.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADAF) b’akarere ka Gicumbi riramurika ibintu bitandukanye abafatanyabikorwa b’ako karere bafasha mu iterambere ryako. Iri murikabikorwa rizamara iminsi itatu ryatangiye tariki 26/07/2013
Hagiyeho itsinda rigamije gusuzuma ibyangombwa bisabwa abaturage mu bigo bya Leta kugira ngo ibyo bizagaragara ko bibangamira abaturage bikanabatinza mu kubona serivisi bifuza mu buryo bwihuse bikurweho.
Ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita kumiturire (UN Habitat), akarere ka Ngororero kagiye gutangira gahunda yo kwita ku mijyi no kuvugurura imiturire ndetse no gucunga neza ubutaka.
Abagororwa 109 bo muri gereza ya Nyanza bahawe impamyabumenyi ziri ku rwego mpuzamahanga mu bijyanye n’inyigisho y’igitabo cya Bibiliya kugira ngo ubwo bazaba barangije ibihano bakatiwe n’inkiko bazavemo abavugabutumwa, abapasiteri n’abandi bakozi b’Imana.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Madame Louise Mushikiwabo, asanga harabaye ibiganiro byinshi ku kibazo cya Congo, ku buryo noneho abantu bakwiye gutangira ibikorwa bifatika bigamije kurangiza ikibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Congo.
Abanyeshuri bo muri kaminuza ya Kenya Mount Kenya nabo bakusanyije inkunga y’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni ebyiri zo gufasha kubakira batishoboye basizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba, arasaba abagore bo mu murenge wa Gatsata babashije kwiteza imbere nyuma yo kuva mu mirimo yabandagazaga mu muhanda, gufasha bagenzi babo batarabona ayo mahirwe kugira ngo nabo bazamuke.
Abayobozi b’akarere ka Rwamagana baravuga ko noneho bizeye kuzaserukana umwanya mwiza mu kwesa imihigo 48 bari bahigiye Perezida wa Repubulika, dore ko mu myaka yashize ako karere kakunze kuza mu myanya iri inyuma ya 20.
Mu igenzura ry’imihigo y’akarere ka Rubavu 2012-2013, ubuyobozi bw’ako karere bwagaragaje imbogamizi buhura nayo irimo kuba bamwe mu baturage batitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza kubera gukoresha imiti ya magendu bagura mu mujyi wa Goma.
Abayobozi b’ihuriro ry’Inteko zishinga amategeko mu nama y’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR), bateraniye i Kigali kuva 24-25/07/2013, aho bajya impaka ku myanzuro bazashyikiriza abakuru b’ibihugu byabo, basaba ko habaho gukemura mu buryo bwa politiki, amakimbirane n’intambara bibera mu bihugu bigize ICGLR.