Imodoka ifite purake zo muri Congo 4160AC/19 yafatiwe ku mupaka munini w’u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu taliki 26 /o9/2013 ihetse ibiro 375 by’amabuye y’agaciro ya Coltan yari igiye kwinjiza mu Rwanda.
Nubwo ikirere cyari cyaramutse hasa n’ahariho ibicu biremereye ndetse bikaza kubyara imvura mu masaha ya mu gitondo na nimunsi, ibyo ntibyaciye intege Abadiventiste b’umunsi wa karindwi bo ku itorero rya Gahogo na Gitarama kwitabira umuganda ku bwinshi.
Mu muganda rusange wabaye tariki 28/09/2013, Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi na bamwe mu bayobozi b’akarere ka Rutsiro bifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati mu gikorwa cyo guhanga umuhanda mushya wa kilometero imwe n’igice.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yifatanyije n’Abanyagicumbi mu muganda rusange wabereye mu murenge wa Shangasha tariki 28/09/2013 ahasijijwe ikibanza ndetse bikorera n’amabuye yo gukora umusingi ndetse bikorera n’ibiti bizakoreshwa mu kubaka amashuri.
Ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatangiza ukwezi kwahariwe umuganda kuri uyu wa Gatatandatu tariki 28/09/2013 mu Karere ka Gakenke, yatangaje ko umuganda ugira uruhare mu kwihutisha iterambere, abantu bose bakuze bakaba bagomba kuwitabira.
Bamwe mu batuye umurenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi bemeza ko ko kuba hariho imyanya yihariye y’abadepite bahagarariye abagore, bifasha mu kumvikanisha no kumenyekanisha ibibazo by’umwihariko bagira.
Inzu ya mbere yo kwifashishwa n’abanyamyuga (cyangwa abanyabukorikori) bo mu Karere ka Huye iri gukorerwa imirimo ya nyuma. Igisigaye ni ukureba abazayifashisha mu bikorwa byabo.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Eugene Kayiranga Muzuka, aratangaza ko bitarenze ukwezi kwa 02/2014, umuhanda wo mu cyarabu wangiritse uzaba wamaze gusanywa. Ibi bikaba biri buhe icyizere abaturage bari bamaze igihe binubira uko uyu muhanda utitabwaho.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatangirije mu Murenge wa Ruli wo mu Karere ka Gakenke igikorwa cyo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi izamara imyaka igera kuri itatu.
Ikiraro gihuza akarere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu bigaragara ko cyari kimaze gusaza cyateje imbogamizi kuko nta modoka ipakiye imizigo iri kuhanyura kubera ko ibyuma byari bigifashe byacitse kubera gusaza.
Abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR bemeye gufata ingamba zo kuva muri uwo mutwe baratangaza ko ngo baruhutse imirimo y’agahato FDLR yari imaze igihe ibakoresha, kuko ngo bakoraga bakaruha cyane kandi ngo ntibabone inyungu z’imirimo bakoze.
Mu mihigo 68 y’uyu mwaka akarere ka Nyarugenge kamurikiye abafatanyabikorwa kuri uyu wa gatanu tariki 27/9/2013, harimo kongera ibikorwa by’ubukungu, kwisuzuma mu miyoborere myiza ndetse na gahunda zitandukanye mu mibereho myiza, zirimo iyo kuremera abantu bo mu mujyi igishoro, yiswe gir’ubucuruzi.
Bamwe mu bakozi bakoze ku nzu y’ubucuruzi ya Koperative Ubumwe Bwishyura iri mu mujyi wa Karongi baravuga ko bamaze imyaka ibili bishyuza amafaranga bakoreye ariko ubuyobozi bwa Koperative ngo ntibushaka kubishyura.
Mu nama yamuhuje n’abafasha b’abaperezida ba Africa ndetse n’imiryango itandukanye, yateguwe n’umuryango George W Bush Institute na World Vision, Madame Jeannette Kagame yavuze ko u Rwanda rutazazuyaza mu gushyigikira impinduka zose ziruteza imbere.
Amatora y’abayobozi b’Urwego rwo kwigenzura kw’abanyamakuru (media self-regulation body) yabaye kuri uyu wa kane tariki 26/9/2013, aho Fred Muvunyi, Cleophace Barore na Ntirenganya Emma Claudine batsindiye kuyobora urwo rwego, nta nenge n’imwe abanyamakuru baganiriye na Kigali Today bayavuzeho.
Ubwo Abanyarwanda 24 bageraga ku mupaka wa Rusizi ya 1 tariki 26/09/2013 bavuye muri Congo bishimiye kongera kugera mu gihugu cyabo ndetse bavuga ko bumva bongeye kugira agaciro nk’ak’Umunyarwanda.
Umuyobozi w’ikigo CCSME (Competence Center For Small And Medium Enterprises) kigisha imishinga iciritse mu karere ka Rubavu yahuye n’abaturage bamushinja kubambura amafaranga no kubahemukira abasobanurira uko ikibazo kimeze.
Abayobozi b’utugali ndetse n’abashinzwe imibereho myiza mu tugali twose tugize akarere ka Ngoma bahawe amagare mu rwego rwo kwishimira ko akarere ka Ngoma kabonye amanota meza mu mihigo ishize y’umwaka wa 2012-2013.
Nyuma yo kwizezwa kwishyurwa imyaka yabo yangijwe hatunganywa imihanda muri quartier ya Gihorobwa mu mujyi wa Nyagatare, abaturage bavuga ko iki gikorwa cyatinze mu gihe akarere kari katangaje ko bazishyurwa ku mafaranga y’ingengo y’imari ya 2013-2014.
Itsinda ry’ingabo zavuye mu bihugu bya ICGLR rishinzwe kugenzura imipaka y’u Rwanda na Congo ryongeye kwemeza ko undi musirikare wa Congo yinjiye ku butaka bw’u Rwanda binyuranyije n’amategeko kandi yasubijwe igihugu cye.
Abahinzi bahinga mu gishanga cya Rugeramigozi mu karere ka Muhanga bibumbiye muri koperative KIABR, barashinja uruganda rw’umuceri rwa Gafunzo Rice rwo mu karere ka Ruhango kubariganya ibyabo.
Banki y’Abarabu ishinzwe iterambere muri Afurika (BADEA) yahaye Leta y’u Rwanda inguzanyo y’igihe kirekire (ifatwa nk’inkunga) ya miliyoni 10 z’amadolari y’Amerika, agenewe gusana umuhanda Huye-Kitabi.
Mu namarusange ya 68 y’Umuryango w’Abibumbye yateranye i New York tariki 25/09/2013, Perezida Paul Kagame yavuze ko hari ibyakozwe ibihugu bigira aho biva n’aho bigera ariko ngo haracyari ibindi bikenewe gukorwa kugira ngo imigambi y’iterambere y’ikinyagihumbi (MDGs) igerweho.
Abaturage batuye mu ga centre ka Muremure mu murenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango, baratangaza ko guhera muri Mata uyu mwaka bari mu bwigunge kubera ikiraro cy’umuhanda Runyombyi-Muremure uva muri centre ya Muyunzwe ugana muri centre ya Muremure cyacitse.
Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yasabye Abanyarusizi kwiyambura ibyo bitwikiriye bitagaragara bishobora kubatandukanya, bakareba mu cyerekezo kimwe bagahagurukira gukorera ku ntego bahangana n’abashaka gusenya u Rwanda.
Gutanga umusanzu mu kigega Agaciro Development Fund (AgDF) birakomeje, aho kuri uyu wa 25/9/2013, urubyiruko rworohereza abafatabuguzi ba MTN kubona servisi zayo, rwatanze amafaranga y’u Rwanda 2,661,000. Ministeri y’imari yabyishimiye, ivuga ko AgDF kagamije gukumira ihungabana ry’ubukungu bw’igihugu.
Capolari Karala wo mu ngabo za Congo yafatiwe mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu taliki 24/9/2013 saa18h30 afite imbunda n’amasasu arenga 85 kandi ari wenyine.
Abayobozi batandukanye bagize intara y’iburasirazuba hamwe n’ingabo n’abapolisi basuye inkambi ya Kiyanzi, tariki 24/09/2013, banageza ku baturage imfashanyo zirimo imyenda n’ibindi bitanndukanye.
Umuyobozi w’Umuryango “Art For Peace”, Bamporiki Edouard arakangurira urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke kugira ubutwari bwo kuvuga ukuri ku mateka mabi yabababaje nk’Abanyarwanda kuko ngo gutinyuka kuvuga ibyababaje Abanyarwanda ni umuti ukomeye wo kubisohokamo.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi, minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi, polisi y’igihugu ndetse n’akarere ka Nyamagabebashyize, tariki 23/09/2013, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kubaka ikigo cyo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (One stop center) hafi y’inkambi icumbikiye (…)