Mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, ku wa 05 Mata 2015 hageze abagore babiri n’abana 4 bahunze bava mu gihugu cy’u Burundi.
Imvura yaguye ku cyumweru tariki 5 Mata 2015, yarimo umuyaga mwinshi usambura inyubako y’Akagari ka Mugina gaherereye mu Mudugudu wa Mugina, mu Murenge wa Mugina inangiza bikoresho byari biri mu biro birimo n’impapuro.
Nyuma y’ aho imiryango 186 ikuriwe muri "ntuye nabi" (mu manegeka no muri nyakatsi), bakubakirwa umudugudu, mu Murenge wa Kibilizi ho mu Karere ka Gisagara, baratangaza ko ubu bashishikariye kurwanya imirire mibi babikesha uturima tw’igikoni bubakiwe.
Umushinga RV3CBA ukorera mu Kigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere muri Minisiteri y’Umutungo Kamere ngo ugiye kubakira amazu 200 abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bari batuye mu manegeka.
Uwizeyimana Abdoul Kalim uyobora Akarere ka Rwamagana yatorewe kuba Umukuru w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’aka karere mu matora yakozwe n’inteko rusange y’uyu muryango mu Karere ka Rwamagana, ku wa Gatandatu, tariki 4 Mata 2015 i Rwamagana.
Abaturage bo mu Kagari ka Kabusanza ho mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye, bishimira ko kwibumbira muri “Koperative Duharanire Gufumbira” ihinga imyumbati byabagejeje ku bikorwa bibiri binini ari byo kugurirana inka no kwigurira ishyamba rya hegitari.
Mu gihe inzego z’ubuyobozi n’iz’ubuzima badahwema gukangurira Abanyarwanda ububi bwo gusangirira ku muheha, bamwe mu batuye mu Murenge wa Musambira baracyatsimbaraye kuri uwo muco, aho usanga mu tubari umwe arangiza gusoma agahereza mugenzi we.
Abaturage bakoresha iteme rya Rwankuba rihuza Akarere ka Huye n’aka Gisagara barasaba ko ryakubakwa kuko kuba ryarasenyutse bituma ubuhahirane budashoboka muri utu duce twombi.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Oda Gasinzigwa, arasaba Abanyarwanda kwitabira ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, bagaragaza abakora ibyo byaha kugira ngo bicike burundu.
Abakirisitu Gaturika bo mu Karere ka Gicumbi bemeza ko kwizihiza Pasika ari tegeko Yezu Kirisitu yasize ategetse intumwa ze ubwo yasangiraga nazo bwa nyuma.
Intore z’Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba zitangaza ko mu byo zimirije imbere, nyuma yo gusoza itorero, ari ukujya mu mirenge aho zituye zikarwanya icyo aricyo cyose cyahungabanya umutekano w’u Rwanda zitangira amakuru ku gihe.
Mu rwego rwo gukomeza kurwanya kanyanga igaragara cyane mu Karere ka Burera, ubuyobozi bw’ako karere bwafashe gahunda yo kwifashisha bamwe mu bahoze bayicuruza bazwi ku izina ry’Abarembetsi, batanga amakuru ndetse banashishikariza abandi bayicuruza kubireka.
Mugabushaka Pierre Claver wayoboraga Umurenge wa Muyumbu na Mushindaji Gaharaba Fred wayoboraga Umurenge wa Musha, yo mu Karere ka Rwamagana, ntibakiri abayobozi b’iyi mirenge nyuma yo kwegurira rimwe tariki ya 2 Mata 2015 ku mpamvu ziswe “izabo bwite”.
Bamwe mu baturage batuye mu gishanga cya Rwabuye giherereye mu Kagari ka Gatobotobo mu Murenge wa Mbazi, Akarere ka Huye baravuga ko bahangayikishijwe n’uburyo mu gihe cy’imvura iki gishanga cyuzura amazi, ku buryo anabasanga mu ngo zabo, nyamara kandi ngo akarere karakomeje kubabwira ko kagiye kuhabimura hakaba ntakirakorwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku aratangaza ko hari uburiganya buba hagati y’abayobozi n’abaturage, bikagira ingaruka mbi ku mitangire ya serivisi kuko usanga baba abayobozi baka ruswa, baba abaturage bamenyereye ko bagura serivisi bose baba batagamije inyungu rusange.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwakoze igikorwa cyo gukusanya inkunga ya miliyoni 136 z’amafaranga y’u Rwanda yavuye mu nzego z’ubuyobozi bwite bwa leta, abacuruzi, abanyenganda, abacuruzi b’bikomoka kuri petelori, amahoteli n’abandi bakora imirimo zitandukanye, bakorera muri Gasabo cyangwa bahatuye.
Umugore witwa Mukabucyana Penina amaze imyaka itanu atabana n’uwari umugabo we w’isezerano witwa Ntakiyimana Ezechia, wamutaye ajya gushaka undi mugore kubera ko nyirabukwe atishimiye ko yabyaye abakobwa gusa kandi we yarashakaga abyara umuhungu.
Fawusitini Ndayisaba ukomoka mu karere ka Nyamagabe, umurenge wa Uwinkingi, yahimbiye umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame indirimbo, kuko amukesha kuba akiriho biciye mu miyoborere myiza.
Imiryango 100 y’abatishoboye bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, yashyikirijwe inkunga y’ihene 100 zatanzwe n’Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, Diyoseze ya Kibungo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Huye bemeza ko Perezida Paul Kagame akwiye gukomeza kuyobora igihugu, bashinigiye ku ijambo yigeze kuvuga ko nta wuhindura ikipe itsinda bakemeza ko nawe nk’umutoza wayo adakwiye guhinduka.
Eng. Protais Musoni ushinzwe iterambere ry’ubuyobozi mu Muryango wa RPF-Inkotanyi, yasabye Inteko rusange y’uyu muryango mu Mudugudu wa Gacuriro 2020, Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, gutanga inama zafasha indi midugudu n’utugari mu gihugu hose, kwitabira gukora uko babisabwa.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge (RSB), kuri uyu wa 02 Mata 2015, cyasuye uruganda ruzajya rutunganya umusaruro w’imyumbati n’ibigori mu Karere ka Ngororero nyuma y’aho rusuriwe n’abadepite bakanenga imashini zarwo zikozwe mu byuma bigaragara ko zatangiye kurwara umugese.
Polisi y’igihugu iri kongerera ubumenyi abakozi bakora muri ISANGE One Stop Center muri serivisi zo gufasha abagore n’abakobwa bahuye n’ihohoterwa, ku buryo bahuza imikorere n’ubumenyi mu kongera ubunararibonye mu kazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze busaba abagore baharitswe kwirinda amakimbirane bakemera gusangira umugabo mu ituze, ariko abakobwa batarashaka bakabuzwa guharikwa abagore bagenzi babo.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa aravuga ko ikibazo cy’ihohoterwa mu muryango nyarwanda gikwiye kurandurwa kugeza ubwo gihinduka amateka.
Mu gihe hari abayobozi binubira kuba hari abanyamakuru bagirana ikiganiro (interview) hanyuma bagatangaza agace batari biteze, Aimé Kajangana, umukozi w’urwego rw’Umuvunyi avuga ko abayobozi baha abanyamakuru amakuru baba bari bukoremo inkuru batabaha inkuru.
Uhagarariye igihugu cy’u Burundi mu Rwanda, Ntukamazina Aléxis aravuga ko agiye kuvuganira impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda bityo bakareka gukomeza guhunga, kuko imbonerakure bahunga zitari hejuru y’amategeko.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ngo muri we si umunyapolitiki nubwo ayikora. Ibi yabitangaje kuri uyu wa 2 Mata 2014, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru muri village Urugwiro.
Ubuyobozi bw’Ikigo cyongerera ubumenyi abafite ubumuga kirabibutsa ko badakwiye kubera umutwaro abakoresha cyangwa ngo abakoresha babafate nk’abadashoboye byabadindiriza imirimo ngo bitumen babima akazi cyangwa babima agaciro ku isoko ry’umurimo.
Abagiraga ibibazo by’ihungabana cyane cyane mu gihe cyo kwibuka abazize jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, nyuma yo gufashwa ndetse no guhugurwa ngo nabo biteguye gutanga ubufasha mu gihe cy’icyunamo ku bantu bazagira ihungabana.