Bamwe mu baturage batishoboye bo mu Karere ka Rulindo bahabwa inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP baravuga ko yabafashije kwiteza imbere.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara batujwe ku midugudu mu mirenge itandukanye barahamya ko bimaze guhindura imibereho yabo ku buryo batatekerezaga, aho bamaze kunguka byinshi mu bijyanye n’imibereho, ndetse bakaba banazamuka mu iterambere.
Abayobozi b’Umurenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe bamurikiye abaturage ibibakorerwa bagiramo uruhare, babagaragariza ibyo bateganya gukora mu gihe kiri imbere, kandi banabashishikariza kurushaho kugira uruhare mu bibakorerwa batanga ibitekerezo kubikenewe kurusha ibindi.
Perezida wa Repubulika,Paul Kagame, yashubije urubyiruko rwamubajije icyakorwa kugira ngo abanyarwanda benshi bari ku bucucike bwo hejuru babashe kubona imirimo, ko bagifite amahirwe menshi mu mirimo itarabona abayikora mu Rwanda, ndetse ko bajya gukorera no mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) n’ahandi.
Twabahitiyemo amwe mu mafoto yagize ibihe by’ingenzi mu biganiro mu matsinda hagati ya Perezida Kagame n’urubyiruko, aho twamubajije ibibazo bitandukanye bari bafite.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu biganiro n’urubyiruko rw’abanyarwanda ruba hirya no hino ku isi, i Dallas muri Texas muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri uyu wa 23 Gicurasi 2015, yabibukije ko aho baba bari hoseku isi bagomba kumenya ko ari Abanyarwanda kandi bagaharanira icyateza imbere “igihugu bahaweho umurage”.
Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame arakangurira urubyiruko rw’u Rwanda kurangwa n’ibitekerezo bitanga ibisubizo kandi rukareba kure aho rwifuza ko igihugu kigera, baba abari mu Rwanda cyangwa abari hanze yarwo.
Abayobozi batandukanye bamenyesheje urubyiruko ruteraniye i Texas muri Amerika mu ihuriro ryitwa Youth for Rwanda, ko u Rwanda rubakeneye mu gukemura ibibazo bijyanye n’ingufu ndetse n’ubumwe n’ubwiyunge.
Ministiri Mushikiwabo ushinzwe ububanyi n’amahanga na Francis Kaboneka w’Ubutegetsi bw’Igihugu, bamenyesheje rubyiruko rugera kuri 700 ruturutse hirya no hino ku isi, ruteraniye muri Kaminuza ya Texas Christian University muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ko u Rwanda rukeneye imbaraga zabo kandi rushaka kubatega amatwi.
Bamwe mu bagabo batuye mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke baravuga ko kuva gahunda y’umugoroba w’ababyeyi yatangira hari byinshi imaze kugenda ihindura mu miryango yabo, kuko henshi batakibana mu makimbirane nkayo babagamo mbere.
Urubyiruko rubarirwa mu magana rw’Abanyarwanda baturutse hirya no hino ku isi bateraniriye i Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika, aho rugiye kuganirizwa byinshi bikubiye mu mateka u Rwanda ruvuyemo mu myaka 20 ishize, aho rugeze rwiyubaka n’aho rugana, baratangaza ko bamaze kumenya ayo mateka neza.
I Dallas muri Leta ya Texas ho muri Leta Zuze Ubumwe z’Amerika ahateraniye urubyiruko rw’Abanyarwanda rugiye kuganira na Perezida Kagame kuri uyu mugoroba wo ku wa 23 Gicurasi 2015 ibyishimo ni byose kandi ngo uretse Ikinyarwanda nta rundi rurimi rurimo kuhavugwa. Umunyamakuru wa Kigali Today Fred Mwasa atubereyeyo aya (…)
Mu karere ka Nyagatare hatangiye igikorwa cyo gupima abana kugira ngo hamenyekane imikurire yabo bityo abagaragaweho ikibazo cy’imirire mibi bafashwe gukura neza. Iki gikorwa kikazafasha abana bamwe bagaragazaga ukugwingira muri aka karere.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa Croix-Rouge mu Karere ka Gisagara, kuri uyu wa 21 na 22 Gicurasi 2015, hateguwe umuganda w’abakorerabushake b’uyu muryango maze bubakira inzu umuturage wo mu Murenge wa Kansi utishoboye utagiraga aho aba.
Kuri wa 22 Gicurasi 2015, intumwa z’ibihugu by’ Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, EAC, zigizwe n’abamisiriri w’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda no muri Uganda zasuye impunzi z’Abarundi zo mu Nkambi ya Mahama mu rwego rwo kumenya neza igitera ubwo buhunzi hanashakirwa hamwe umuti w’icyo kibazo.
Mu rwego rwo kwitegura isuzuma ry’imihigo y’akarere rizakorwa n’urwego rw’igihugu mu mpera z’umwaka w’ingengo y’imari 2014/2015; kuri uyu wa 22 Gicurasi 2015, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwasuye ibikorwa imirenge yagezeho ku bufatanye n’abaturage.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza Dr. Alvera Mukabaramba aributsa abaturage ko ibyiciro by’ubudehe bitashyiriweho guha imfashanyi abaturage ahubwo ko ari ibyo gufasha leta mu igenamigambi rirambye.
Prof Munyandamutsa Naasson, Umuyobozi w’umuryango utegamiye kuri Leta witwa Never Again Rwanda, ukora ibikorwa byo kwimakaza umuco w’amahoro, ukanaharanira ko Jenoside itazasubira mu Rwanda ndetse n’ahandi hose ku isi, atangaza ko buri sosiyete yose ku isi, igira abayobozi ikwiye.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari two mu Karere ka Ngororero baravuga ko inzego zibakuriye ari zo zatumaga batekinika raporo, ariko ngo ubu biyemeje guca ukubiri na byo.
Umuyobozi w’Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA), Col. Jill Rutaremara atangaza ko ubutumwa bw’amahoro bwo muri iki gihe bugomba kubakira ku bufatanye bw’abasirikare, abapolisi n’abasivili kugira ngo bugere ku nshingano yabwo.
Mu Kagari ka Cyasemakamba, mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma mu Mujyi wa Kibungo, iduka ry’ibikoresho byo mu gikoni ry’uwitwa Kazubwenge ryibasiwe n’inkongi y’umuriro muri aya ma saa sita n’igice z’amanjywa zo kuri uyu wa 22 Gicurasi 2015.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango iravuga ko yifuza umusenateri uzabahagararira neza mu Nteko Inshanga Amategeko/umutwe wa Sena, ko agomba kuba ari uwabafasha gukomeza gushyiraho amategeko abumbatira ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho, ndetse no gukomeza kubiteza imbere.
Abashoferi n’abakanishi ba sosiyete itwara abagenzi ya Horizon Express mu Rwanda kuri uyu wa 21 Gicurasi 2015 basoje amahugurwa y’ibyumweru bibiri bari bamaze mu kigo cy’imyuga cya IPRC Kavumu kiri mu Karere ka Nyanza bigishwa uburyo barushaho kuba abanyamwuga nyabo.
Itsinda ry’abanya-Suede basuye Ishuri Rikuru ry’Amahoro ( Rwanda Peace Academy) kuri uyu wa 21Gicurasi 2015 bashimye intambwe u Rwanda rwateye mu gushyira mu bikorwa amahame akubiye ku mwanzuro wa 1325 w’Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye ugamije kuzamura umugore no guteza imbere uburenganzira bwe.
Intumwa zo mu gihugu cya Uganda zibumbiye mu itsinda ry’abayobozi mu nzego zifite aho zihurira n’imibereho myiza y’abaturage, kuri uyu wa kane tariki 21/5/20015 zasuye Akarere ka Gatsibo, rukaba rwari urugendo rugamije kureba uko abatuye aka karere biteza imbere mu rwego rw’imibereho myiza.
Perezida wa Sena, Bernard Makuza aratangaza ko inteko rusange y’inteko ishinga amategeko izafata icyemezo ku gukoresha referandumu abaturage ku bijyanye no guhindura ingingo y’101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda; ubwo Inteko ishinga amategeko izaba iri mu gihembwe cyayo gisanzwe, kizatangira mu kwezi kwa Kamena 2015.
Nyuma y’aho abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari bagiriye mu itorero bagashishikarizwa kurushaho kuba umusemburo w’iterambere ry’aho bayobora, abo mu Ntara y’Amajyepfo biyemeje gukira indwara z’imikorere mibi bari barwaye.
Rutayisire John utuye mu Kagari ka Karenge, Umurenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, avuga ko abangamiwe n’ubuzima bwo kuba mu nzu y’icyumba kimwe abanamo n’abana 12 harimo babiri bafite ubumuga bwo mu mutwe, nyuma yo kubuzwa kwagura inzu ye kuko ngo atuye mu manegeka.
Umugore witwa Hugette Mireille, yibarutse umwana w’umuhungu nyuma y’iminsi itatu amaze ageze ku butaka bw’u Rwanda mu Karere ka Rusizi ahunga umutekano muke uri mu gihugu cye cy’u Burundi.
Mu gihe ku isaha ya saa cyenda z’amanywa kuri uyu wa 21 Gicurasi 2015, mu cyumba cy’Inteko Ishinga Amategeko, Umuyobozi w’Inteko/Umutwe wa Sena aza kuvuga ku cyifuzo cy’abaturage basaba ko Itegeko Nshinga rihinduka, abaturage bo mu Karere ka Ngororero babyutse iya maromba na bo bajyana ku Ngoro y’Inteko inyandiko zisaba ko (…)