Amabara n’imiterere y’ibirango by’amapeti ya Polisi y’u Rwanda biragaragara ko byahinduwe, nubwo ubuyobozi bwayo ngo bubifata nk’ibisanzwe.
Ikamyo ifite purake za Uganda yagonze akabari gaherereye mu murenge wa Nyungo ahitwa Pfunda mu Karere ka Rubavu, ihitana umwana.
Kigali Today yatangiye guhugura abanyamakuru ku gufata amafoto y’umwuga, muri gahunda igamije kuziba icyuho cyabonekaga mu mwuga w’ubufotozi utari unoze.
Ndutiye Thoegene wari utuye mu mudugudu wa Muhororo mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Gihombo bamusanze mu mugozi yapfuye.
Mu Karere ka Kamonyi hashyizweho itsinda ryo kubarura amazu ameze nka Nyakatsi, kugira ngo bene yo bafashwe kuba heza.
Nyiragwaneza Theodosie, umubyeyi w’imyaka 30 ukomoka mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, yibarutse abana batatu ku wa 31 Ukwakira 2015, ubuyobozi bwemera kumuremera inka.
Ikigo cy’u Rwanda gishizwe Ubuzima (RBC) gitangaza ko 38% by’abana bari munsi y’imyaka itanu bafite ikibazo cy’imirire mibi ibakururira kugwingira.
Igitabo cya Francois Soudan “Conversations with President of Rwanda” giherutse gushyirwa ahagaragara kivuga ku buzima bwite bw’umukuru w’igihugu Paul Kagame.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango FPR Inkotanyi mu ishuli rikuru rya INILAK, ishami rya Nyanza ruravuga ko ibyiza u Rwanda rugezeho bifite impamvu ibitera.
Abana bamwe bo mu murenge wa Mushubati ho mu karere ka Rutsiro bajya gucukura umucanga bakurikiye amafaranga bahabwa n’abawushaka.
Imfungwa n’abagororwa bari muri gereza ya Nyakiriba basabye Abanyarwanda kwitabira ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge kuko nabo bagize uruhare muri Jenoside babitangiye.
Umunyamategeko muri Komisiyo ishinzwe ivugururwa ry’Amategeko (RLRC), asanga kuvugurura itegeko mboneza mubano biziye igihe, kuko iryari risanzweho ryasumbanishaga umugore n’umugabo.
Abaturage b’umudugudu w’Akayange ka mbere Akagari ka Nyamirama barishimira ko begerejwe amazi batagiraga haba ku mvura cyangwa ku zuba.
Nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango mu kwezi kwa Kanama 2015, imiryango 378 iracyugarijwe n’ihohoterwa rikabije.
Abaturage batuye mu Mudugudu witwa “Nyakatsi” mu Kagari ka Gahama mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirege ngo bababajwe n’iryo zina kuko ribatera ipfunwe ndetse rinabakereza mu guhabwa serivisi.
Kuri uyu wa 01 Ugushyingo 2015 mu cyobo kimenwamo imyanda mu Bitaro bya Kirehe hatahuwe mudasobwa ikoreshwa muri serivise ishinzwe ububiko bw’ibitaro.
Mu Murenge wa Gishyita ho mu Karere ka Karongi inkuba yaraye ikubise inka ebyiri n’ingurube bihita bipfa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangije igikorwa cyo gukora umuhanda uzajya unyuzwamo n’amakamyo mu kwirinda impanuka z’ibikamyo bigonga Ibitaro bya Rubavu.
Bamwe mu basenyewe n’ibiza mu Murenge wa Gikonko muri Gicurasi 2015 ntibarabasha gusana kubera amikoro make, bagasaba ubufasha.
Bujara Pierre wiga umwaka wa nyuma w’amashuri yisumbuye kuri GS Gahima mu Karere ka Ngoma, avuga ko imyaka ye 58 itamuca intege ku kuba yakomeza gushaka ubumenyi.
Umuganda rusange usoza ukwezi k’Ukwakira 2015 witabiriwe n’abantu benshi, bamwe muri bo babura icyo bakora.
Mu murenge wa Muhima umuganda ngarukakwezi w’Ukwakira 2015, wibanze ku isuku y’ahakunze kwitwa Poids Lourd banahatera indabo.
Mu muganda kuri uyu wa gatandatu, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yasabye abaturage gutwikiriza ubutaka bw’igihugu bwose ibimera.
Mu kagari ka Horezo mu murenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi habereye impanuka y’imodoka abantu 8 bahita bapfa umwe arakomereka.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Rubengera, muri Karongi ngo ntibazi irengero rya televiziyo zahawe Utugari ngo bajye bareberaho amakuru.
Rwamakuru wari ushinzwe umutungo wa FDLR muri Kivu y’Amajyepfo yasanze umutekano w’u Rwanda uruta kure ubutunzi bwa FDLR yari ashinzwe.
Abatuye ahubatse Umudugudu w’igiti cy’umuvumu baravuga ko bamaze gutera intambwe mu bumwe n’ubwiyunge kuburyo ntawe ukirebera undi mu ndererwamo y’amoko.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Gakenke ntibarasobanukirwa n’akamaro ko kuganiriza abana ku buzima bw’imyororokere abenshi bakabiterwa n’imyumvire.
Imihanda ihuza imijyi ihuza ibihugu bigize umuryango wa CEPGL yananiye SAFKOKO, ibikorwa byo kuyubaka byasubukuwe isoko rihawe abandi bayikora bayirangiza.