Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ku bugeze ku kigero cya 90% bagaruza amafaranga ya VUP yari yaranyerejwe n’abayobozi.
Abayobozi b’Uturere mu Ntara y’Iburengerazuba baranengwa kuba nta gahunda ngenderwaho Transit Center zabo zigira.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kansi muri Gisagara barasaba kwegerezwa amazi mu mudugudu batujwemo.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko baterwa isoni n’inyubako umurenge wabo ukoreramo kubera gusaza.
Abaturage b’Akagari ka Nyamirama mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, bakusanyije ubushobozi bageza umuriro mu biro by’akagari kugira ngo serivisi bahabwa zihute.
Mu giterane “Rwanda Shima Imana” cyabereye mu Karere ka Rusizi, abanyamadini bavuze ko iyo abayobozi bahagurutse bagahamya Imana, bihesha umugisha igihugu.
Perezida Paul Kagame ni we wa mbere wakoresheje pasiporo Nyafurika, ubwo yinjiraga muri Tchad, aho yitabiriye irahira rya Perezida Idriss Déby.
Perezida Kagame yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Idriss Déby wa Tchad, kuri uyu wa mbere tariki 8 Kanama 2016.
Tariki 6/8/2016, mu Murenge wa Huye bijihije isabukuru y’imyaka 30 y’ubufatanye bw’Intara ya Castre mu Bufaransa n’Umurenge wa Huye.
Hasubizimana Jean Claude w’imyaka 23, afite impano yo gushushanya ahamya ko imwinjiriza nibura ibihumbi 300 ku kwezi.
Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly, yasuye studio ya KT Radio aho iri gukorera muri Expo 2016 aboneraho kuganiriza Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko bugiye gushyiraho imyaro izwi, hagamijwe guca akajagari mu ngendo n’uburobyi bwo mu Kivu.
Nyuma y’umwaka umwe Kampani David&Family itangije ubukerarugendo bwa kawa, abafasha abakerarugendo bavuga ko bwatangiye kumenyerwa kandi bwinjiza amafaranga atari makeya.
Abaturage barasabwa gukumira inkongi z’umuriro birinda gutwika amashyamba n’ibindi byateza umuriro kugira ngo birinde impanuka zakwangiza ubuzima bwabo n’ubwibintu byabo.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare barashishikarizwa gusubira ku muco wo kwizihiza umuganura kuko ari ipfundo ry’ubumwe bw’Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buravuga ko bugiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango, 300 bazimurwa mu manegeka no mu miturire y’akajagari.
Abanyamakuru bamaze ukwezi biga gufotora mu kigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today basojeamasomo, maze bahamagarirwa kubyaza umusaruro ibyo bize.
Sergent Major Nsabimana Edson witandukanyije na FDLR avuga ko FDLR yacitse integer, kubera kuraswaho abayobozi basigara ku masengesho bizera ko azabarinda.
Shema Deve wandika akanatunganya filime ndetse akanaziyobora, arahabwa amahirwe yo kwegukana igihembo cya filime ngufi nziza, kubera iyo yakoze yise “Running.”
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buratangaza ko bwimuye abanyamabanga nshingwabikorwa ngo hagambiriwe kugirango batizanye ingufu.
Perezida Paul Kagame yahamagariye inzego zishinzwe iperereza n’umutekano ku isi gukorera hamwe, kugira ngo zinoze inshingano zazo zo kurinda ubuzima, kwimakaza umutuzo n’ubukungu.
Abakora inkweto bari mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ribera i Kigali, ngo biteguye kongera ubwiza n’udushya mu byo bakora kugira ngo bazibe icyuho kizaterwa na caguwa nizihagarikwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke burasaba ababyeyi kwongera imbaraga mu burere buhabwa abana b’abangavu kuko inda zitateganyijwe zongeye kuhagaragara kandi nyinshi.
Abapolisi 308 muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, harimo ba Komiseri ba Polisi umunani, ba ofisiye bakuru 38, ba ofisiye bato 62, ba su ofisiye 156 n’abapolisi bato 44.
Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD) ku munsi waryo wa gatatu, ryabereye i Mukarange mu Karere ka Kayonza kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Kanama 2016.
Guverineri w’Iburengerazuba, Cartas Mukandasira, yijeje aborozi bo mu Ntara y’Iburengerazuba bambuwe agera mu miliyoni 48 ko agiye kubakurikiranira ibibazo.
Abakunzi ba KT Radio bayumvaga ku nyakiramajwi zabo, bashimishijwe no kuyisanga muri Expo2016 irimo kubera i Gikondo, birebera imbonankubone abanyamakuru bayo bari mu kazi.
Abayobozi b’Uturere mu Ntara y’Iburengerazuba basabwe kwirinda amakosa mu kubaka Imidugudu y’Icyitegererezo.
Kuva ku wa Mbere tariki 1 Kanama kugeza kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Kanama 2016, u Rwanda rwakiriye inama mpuzamahanga y’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari biteza imbere ubuhinzi mu cyaro muri Afurika, Aziya na Pasifica n’abafatanyabikorwa babyo (AFRACA).
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwatanze itariki ntarengwa ya 15 Kanama 2016 ngo buri karere kabe kagaragaje urutonde rw’abayobozi batwaye amafaranga muri gahunda ya VUP batarishyura.