Kutubahiriza amasezerano hagati ya rwiyemezamirimo n’Akarere ka Nyamagabe ku nyubako y’ibiro by’akarere bigatuma kubaka bihagarara, bishobora gutuma impande zombi zigana inkiko.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatangiye guha imyenda abagororwa batitabwaho n’imiryango yabo; runasaba imiryango kujya isura abantu bayo bafunzwe.
Bitewe n’uko habayeho kwibeshya ku ngano y’amafaranga yo kubaka “Mukamira Guest House” mu Karere ka Nyabihu, bigiye gusaba irindi soko ngo yuzure.
Ibiro bya Polisi mpuzamahanga [INTERPOL] muri Espagne byohereje ubutumwa mu bihugu 190 iyo polisi ikoreramo bihagarika ikwirakwizwa ry’inyandiko zita muri yombi abasirikari 40 b’u Rwanda.
Abaturage b’Akagari ka Buhoro Umurenge wa Ruhango, baravuga ko bafite ubuzima bwiza nyuma yo kwigishwa guhinga akarima k’igikoni.
Nyuma y’isuzuma ryakozwe ku ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo, abayobozi b’ibanze basabwe gushyira imbaraga aho bakiri inyuma kugira ngo bazabashe kuyesa.
Abakora umwuga wo gucukura amabuye y’agaciro mu karere ka Gatsibo, baratungwa agatoki ko ari ba nyirabayazana mu gutuma ibidukikije byangirika.
Abaturage b’Akarere ka Kayonza bemeza ko bageze ku ntera ishimishije mu bumwe n’ubwiyunge, kuko nta mwiryane cyangwa ivangura rikibagaragaramo.
Abahataniye kuyobora imirenge n’umuyobozi bw’ushinzwe imari mu karere ka Nyanza ntibemera amanota babonye mu gihe RALGA igaragaza ko ari ayabo.
Abaturage bimuwe mu manegeka bo mu mirenge ya Muganza na Bugarama baravuga ko amazu bubakiwe ari kubasenyukiraho bagacumbikirwa n’abaturanyi babo.
Abakarasi bo muri gare ya Nyabugogo bakoze ikigorwa cyo gukusanya amafaranga ibihumbi 35 ngo bagoboke umugore n’amabana be bane batishoboye.
Minisitiri wa Congo ushinzwe Hydrocarbure yageze mu Rwanda gusinya amasezerano y’ubufatanye n’ u Rwanda mu kubungabunga ikiyaga cya Kivu.
Ubushakashatsi bwakozwe na RGB muri uyu mwaka, bugaragaza ko hakiriho serivisi abaturage bo mu Majyepfo bavuga ko badahabwa neza n’ubuyobozi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko ukudahuza umwaka w’ingengo y’imari n’abafatanyabikorwa biri mu bidindiza imihigo.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari two mu Ntara y’Amajyepfo, tariki 17/11 bashyikirijwe Telefone zigezweho bita smartphones bemerewe n’umukuru w’igihugu.
Abayobozi b’imijyi yo mu bihugu bigize akarere k’ibiyaga bigari, barasuzuma uburyo bakuraho imbogamizi zigaragara mu buhahirane bw’abaturiye imipaka.
Abakorerabushake batangiye gushyikiriza amakarita y’itora abaturage no kwandika abagejeje igihe cyo gutora kuri lisiti, kugira ngo batazacikanwa n’amatora y’inzego z’ibanze.
Mu nteko rusanjye yahuje inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Gicumbi, Minisitiri Francis Kaboneka yasabye abayobozi gufasha abaturage kunoza isuku mu ngo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyafashe toni 10 z’ikawa yaguzwe mu Rwanda, ijyanywe mu gihugu cya Ugande mu buryo bwa magendu.
Abatuye ahari gukorwa umuhanda uhuza Utugari 2 mu karere ka Rutsiro batangaza ko batunguwe no kubona umuhanda ukozwe bakarandurirwa imyaka batarabimenyeshejwe.
Nyuma yo guhugurwa mu kwihangira imirimo urubyiruko,mu karere ka Ngoma rutangaza ko hakiri urubyiruko rurangije amashuri rusuzugura imishinga y’igishoro gito.
Abaturage b’Umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, barishimira ko bamaze kubona amapoto y’umuriro, ariko ngo bifuza kumenya igihe bazacanira.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Butare mu Karere ka Rusizi Nsengimana Claver nawe yanditse asaba kwegura ku mirimo ya Leta.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe yasabye abashoferi bakorera mu muhanda Dar es-Salaam-Kigali kugabanya umuvuduko wo nyirabayazana w’impanuka zikomeje gutwara abantu.
Kuri uyu wa 15 Ugushyingo abagabo 3 bo mu murenge wa Karama Akarere ka Nyagatare bafunzwe bakekwaho kugaburira abaturage inyama z’imbwa.
Uruganda rushya rw’amazi rwubakwa mu Nzove ndetse no kongerera ubushobozi urwari ruhasanzwe bigiye gukemura burundu ikibazo cy’amazi mu mujyi wa Kigali.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, aratangaza ko abatuye uyu mujyi badakwiye guhangayikishwa n’impinduka zihagaragara kuko biri mu biranga iterambere.
Mu gusoza icyumweru cyo kumenyekanisha amahirwe yo kuba muri EAC, abaturiye umupaka wa Rusumo basabwe kuwugirira isuku batera ibiti banabungabunga ibikorwa remezo.
Abaturage baturiye umupaka wa Rusizi ya mbere na Bukavu bakomeje kwibaza impamvu ikiraro gishya gihuza ibihugu byombi kidakoreshwa kandi cyaruzuye.