Indashyikirwa mu bumwe n’ubwiyunge zo mu Karere ka Rwamagana zirasaba abaturage kwimakaza ubumuntu kugira ngo ubwiyunge bwuzuye bugerweho.
Umuryango wo mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara uherutse kubyara impanga eshatu uravuga ko nta bushobozi ufite bwo kurera abo bana, ukaba usaba ubufasha.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza buravuga ko inyubako nshya akarere kari kubaka izagabanya ubucucike bw’abakozi mu biro bwabangamiraga imitangire ya serivisi.
Ministeri y’Abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) yasabye abakoresha mu nzego zose, kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2015, kwirinda kuvunisha abakozi.
Perezida Paul Kagame yageze muri Maroc mu nama ahuriramo n’abandi bayobozi bakomeye ku isi biga ku iterambere ry’ubukungu bw’Afurika.
Urwego rushinzwe umutekano w’abaturage (DASSO), rugiye kubakira umuturage utishoboye inzu ifite agaciro ka miliyoni 1,5 mu Karere ka Gatsibo.
Umuryango Handicap International wahaye igare ry’ababana n’ubumuga umwana wo mu Karere ka Kirehe umaze imyaka 14 arwaye, nyuma y’ubuvugizi Kigali Today yamukoreye.
Abagera kuri 400 bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda barifuza guhuzwa nabo bahemukiye kugira ngo babasabe imbabazi.
Mu gutangiza icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge, mu karere ka Kirehe ho mu murenge wa Mushikiri abaturage bishimiye aho bageze mu bumwe n’ubwiyunge.
Inama ijyanye no gutegura amatora y’inzego z’ibanze ari imbere, yabereye mu Karere ka Rulindo ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru.
Abagura kawa y’u Rwanda barashima ubwitange bw’abayihinga nk’uko babivuze ubwo bahuraga na Koperative Twongere umusaruro ihinga kawa i Rwimishinya.
Abagore bikorera basaga 100 bishyize hamwe barimo gushaka ibyangombwa ngo bitangirize ikigo cy’imali mu rwego rwo gukemura ibibazo bahuraga na byo.
Abatuye mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Murenge wa Huye, barasabwa gufata amazi y’imvura yo ku mazu n’ayo mu mirima kuko asenyera abaturanyi.
Ubuyobozi bwa Polisi ishami ryayo rikorera mu karere ka Ruhango, burasaba abakora akazi ko kwikorera imizigo, kugira amakenga mu kazi.
Ubuyobozi w’Akarere ka Gicumbi buravuga ko bwihaye gahunda ko muri 2018 abaturage bose bazaba batuye mu midugudu.
Kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2015, mu Kagari ka Gihara ho mu murenge wa Runda, hatashywe umuyoboro w’amazi wa kilometero 31 usongera 11% ku basanzwe bafite amazi meza.
Abacururiza muri Karitsiye Mateus basaba Umujyi wa Kigali kubasonera, igihe cyo kwimuka kikazaba nyuma y’iminsi mikuru isoza umwaka.
Ubuyobozi ndetse na bamwe mu batuye Karongi batangaza ko gahunda ya “House to house” basanga izagira uruhare rukomeye mu iterambere.
Mu karere ka Gicumbi indwara ya bwaki yagabanutseho abagera ku 9% kubera gahunda ya Girinka yabafashije kubona amata baha abana.
Abatuye isentere za Bwishyura na Rubengera zo mu karere ka Karongi, barasabwa kureka kubaho nk’abatuye mu dusantere ahubwo bakabaho nk’abatuye umujyi.
Abakora inkweto ziciriritse bo mu murenge wa Kiramuruzi, bavuga ko bataratera imbere n’ubwo bamaze imyaka itari mike bakora uyu murimo.
Abarokotse Jenoside n’abafite ababo biciwe muri Kiliziya ya Nyange muri Ngororero bishimiye ko noneho imirimo yo kuhubaka urwibutso yatangijwe.
Mu gikorwa cyo gutangiza Icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunjye mu Karere ka Gicumbi abaturage batangaza ko iterambere bamaze kugeraho barikesha ubuyobozi bwiza.
Ngirabega Emmanuel, umwarimu ku Rwunge rw’Amashuri rwa Nyagatare, amaze amezi 5 adahembwa akarere kakavuga ko katari kazi icyo kibazo.
Abatuye Akarere Nyanza basabwe kuvana isomo kuri 17 biswe abarinzi b’igihango kubera uruhare bagize mu kurwanya amacakubiri na Jenoside.
Abashoramari banini mu by’imiturire bagiye guhurira mu nama izabera i Kigali, igamije ku bahuza no kubereka amahirwe ari muri Afurika y’Iburasirazuba.
Donald Kaberuka wahoze ayobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere (AfDB), atangaza ko imibare ku izamuka ry’ubukungu bw’Afurika mu myaka ishize ari ukuri.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Kamonyi bavuga ko kwiyongera kw’abashoramari bitabagabanyiriza ikibazo cy’ubushomeri kuko bizanira abakozi.
Mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cy’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Gicumbi abaturage batangaza ko iterambere bamaze kugeraho barikesha ubuyobozi bwiza.
Binyuze mu guhemberwa muri SACCO, abahinzi bo mu makoperative atandukanye ahinga umuceri mu bishanga bya Mwogo bamenye kudasesagura no kwizamira.