Mu gihe inama ya Transform Africa igeze ku munsi wayo wa kabiri, twabahitiyemo amwe mu mafoto yaranze ibihe by’ingenzi ku munsi wa mbere, ubwo yatangiraga kuri uyu wa mbere tariki 19 Ukwakira 2105.
Bamwe mu bagabo bo mu Karere ka Burera baragaya bagenzi babo bahohotera abagore babo babaziza ko bamaze kwiteza imbere.
Umunyamategeko Me Nkongoli Laurent, Komiseri muri Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu, avuga ko buri muyobozi akwiye gusoma indahiro ye uko atangiye akazi.
Kuva kuri uyu wa 19 Ukwakira 2015, abakozi b’Akarere ka Kamonyi batangiye gukorera mu biro bishya byubatse i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge.
Umucuruzi Mudenge Seleman arishyuza ibihumbi 980,Theobard Ruhumuriza uyobora Elite General Contractors company, washeshe amasezerano n’Akarere ka Ngoma yo kwagura isoko rya Kibungo 2014.
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe umugore, urubyiruko rufatanyije n’abandi baturage, bubakiye umugore banaremera abandi batishoboye tariki 17/10/2015.
Lt. Col. Ntibibaza Gerard wari ushinzwe igice cy’abarwanyi muri FDLR, abasaba gutaha mu Rwanda kuko yasanze ibyo baharanira byaramaze kugerwaho.
Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wo muCcyaro, ku wa 17 Ukwakira 2017, bamwe mu bagore ba Tabagwe banenzwe isuku nke n’ubusinzi.
Umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wizihirijwe murenge wa Muyira ku rwego rw’Akarere ka Nyanza wasize uhwituriye abagore kutiyandarika.
Abaturage batishoboye baremerwa ngo bagomba gukurikiranwa hakarebwa niba bashyira mu bikorwa inama bagirwa, badategereje guhora bahabwa ahubwo ibyo bahawe bakabibyazamo umusaruro.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Burera batangaza ko kimwe mu bibazo basigaranye ari icyo kutamenya gusoma no kwandika bigatuma badatera imbere.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi bizera ko korozanya muri gahunda ya Girinka bizafasha abakiri mu murongo w’ubukene kubateza imbere.
Urugaga rw’abagore bo mu Karere ka Rutsiro rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi rwatangiye mitiweli abagore 100 batishoboye runaremera undi umwe inka.
Depite Astrid Schimitt wo mu gihugu cy’Ubudage ubwo yari i Kansi ku wa 16 Ukwakira 2015 yavuze ko umubano mwiza hagati y’abantu ari ipfundo ry’iterambere rirambye.
Mu muhango wo kwizihiza Umunsi w’Umugore wo mu Cyaro wabereye mu Karere ka Gicumbi ku rwego rw’igihugu abagore bashimiwe uruhare rwabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umubyeyi witwa Mpombetsendora Gertrude aratangaza ko ahereye ku gikoma yacuruzaga amaze kugera ku gishoro kirenze miliyoni y’amanyarwanda.
Abaturage barashishikarizwa gukora cyane, bongera amasaha y’akazi bakareka utubari kugira ngo barusheho kubona umusaruro uhagije kandi babashe no kwiteza imbere.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gatsibo, baragaragaza ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’ibicanwa bidahagije bigatuma basigaye biyambaza ibitsinsi by’ibiti.
Ndayitegereje Ndagije watashye nyuma y’imyaka itandatu aba muri FDLR, avuga ko kuwubamo ari ukuba mu bucakara, agasaba abawurimo kwibwibohora.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango bwatangije ikinyamakuru buvuga ko kigamije kuzamura imyumvire y’abaturage bo muri uwo murenge.
Abaturiye isoko y’amazi ya Samuko yo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe barinubira ko batakibona amazi meza.
Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu, CLADHO, urashaka uburyo hashyirwaho itumanaho ryo kumva abana no kubarinda ihohoterwa.
Abagore bo mu cyaro bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro ubatera ishema.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba Abanyarwanda kwitandukanya n’abakora ihohoterwa rishingiye ku gitsina bagahobotera abagore n’abana.
Bimwe mu bikorwa by’iterambere bigaragara mu karere byubatswe n’abafatanyabikorwa. Ubuyobozi buhamya ko umusaruro uturuka muri ibyo bikorwa biteza imbere abaturage.
Abaturage bari baratujwe mu isambu y’uwitwa Ngirira Mathieu ariko ubuyobozi bukabasaba ko bayivamo, bamaze kwandikira Perezida Kagame basaba kurenganurwa.
Nyuma yo kuganira n’abibumbiye muri za koperative z’ubuhinzi mu Karere ka Gatsibo, ubuyobozi bw’akarere burabizeza ko badakwiye guhangayika kuko isoko ngo rihari.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu barakangurirwa kwita ku biteganijwe mu gishushanyo mbonera cy’umujyi aho kuzahomba.
Ubuyapani ngo buzakomeza gufatanya n’u Rwanda muri gahunda yo kwegereza amazi meza abaturage mu rwego rwo kurushaho kunoza isuku n’isukura.
Abakobwa 15 babyariye iwabo, mu Kagari ka Rurengeri muri Nyabihu barimo kwiga kudoda bagamije kubaka ahazaza habo no kwirinda kuzasabiriza.