Abagabo batuye mu kagali ka Ndekwe Umurenge wa Remeramu Karere ka Ngoma, bashinja abagore babi kwitwaza uburinganire bagakora ibikorwa biteza amakimbirane mu ngo.
Abatuye mu Kagari ka Rwanza mu Murenge wa Save muri Gisagara barasaba kwishyurwa ingurane z’ibyabo byangijwe hacibwa imihanda mu myaka ine ishize.
Abayobozi mu nzego zitandukanye zigize Akarere ka Karongi basanga uburyo bushya bwo guhiga hifashishijwe ikoranabuhanga buzatanga umusaruro kurushaho.
Nubwo hashize umwaka hatangirwa amasomo y’imyuga, urubyiruko ruhamya ko kutagira umuyoboro wa internet bituma Ikigo cy’Urubyiruko cya Kamonyi kitagendwa cyane.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamasheke yakoze umukwabu wo gufata abantu bananiranye bazwi ku izina ry’“ibihazi” inafata bimwe mu biyobyabwenge n’ababigurishaga.
Itorero rya ADEPR mu Karere ka Rubavu ryatangije ibikorwa byo gushishikariza urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge no kwirinda imitwe yitwaza intwaro.
Maj. Sabimana Iraguha uzwi ku mazina ya Mugisha Vainqueur wari ukuriye abarinda Umuyobozi Mukuru wa FDLR FOCA, Gen. Mudacumura, yafashwe n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Nyaminga w’u Rwanda 2016, Miss Mutesi Jolly, yifatanyije na ’Association Mwanukundwa’ maze atangiza ku mugaragaro ikigega kizarihira kaminuza abana batishoboye.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki 13 Kanama 2016, isiganwa ry’imodoka rizwi nka Rwanda Mountain Gorilla Rally ryakomeje ku munsi waryo wa Kabiri, rizenguruka imihanda Nemba – Ririma yo mu Karere ka Bugesera.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), by’umwihariko izikora mu bijyanye n’indege, zashimiwe n’Intumwa y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), ku bw’ubunyamwuga mu kazi kabo.
Gervais Biziramwabo wari Visi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Huye yeguye ndetse n’Inteko Rusange ya Njyanama irabimwemerera.
Nyuma y’imyaka itandatu Perezida Kagame na Perezida Kabila bahuye, kuri uyu wa 12 Kanama 2016 bongeye guhurira mu Mujyi wa Rubavu baganira ibyateza imbere ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burizeza abaterwa impunge n’ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo ko mu kubagenera serivisi hazajya habanza gushishozwa ku bushobozi bwabo.
Nyirabagirishya Hillary na Kanyenduga Florien bavuga ko ibanga ryatumye barambana imyaka 66 nk’umugabo n’umugore babikesha gusenga no kumenya kubahana
Ibiciro by’ibicuruzwa byiganjemo ibyaturutse mu mahanga byagabanutse cyane mu minsi igana umusozo w’Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 19 ribera i Kigali.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere Prof Shyaka Anastase aratangaza ko kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage bitagira abayobozi abamarayika ahubwo biha imbaraga umuturage.
Gusobanukirwa n’uko ubuvugizi bw’ibibazo abaturage bahura nabyo bukorwa, bigiye gufasha sosiyete sivile n’inzego z’ibanze za leta kubonera umuti ibyo bibazo.
Mu Karere ka Burera umuturage ufashwe abiba amasaka ahagenewe ibindi bihingwa baramuhagarika kandi bakamuca amande y’amafaranga ibihumbi 10.
Abikorera mu Karere ka Rubavu bajabura umucanga mu mugezi wa Sebeya bakawugurisha abubatsi, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’akarere ku musoro bashyiriweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buhangayikishijwe n’ikibazo cy’ubwitabire buke bw’abatanga ubwisungane mu kwivuza kandi ngo abiganje ni abataraboneje urubyaro ndetse n’ababyara mu mihana.
Abatuye Akagari ka Birenga mu Murenge wa Kazo w’Akarere ka Ngoma bavomaga ibirohwa bishimiye ko bahawe amazi meza hafi yabo.
Mu mpera za 2015, imirenge icyenda y’Akarere ka Ruhango yari imaze gukwirakwizwamo amashanyarazi, ariko hari abatayakoresha kubera ikibazo cy’ubukene.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko bwahagurukiye abayobozi b’inzego z’ibanze bagira uruhare mu kuroba bitemewe n’amategeko.
Abantu bagera kuri 210 bo mu Ntara y’Iburasirazuba barangije kwiga imyuga, bahawe ibikoresho bazifashisha mu gushyira mu ngiro imyuga bize.
Abayobozi b’Akarere ka Karongi batangaza ko nyuma yo kwibonera ibyiza byinshi bigize Umudugudu wa Mbuganzeri byabahaye isomo, bakaba biyemeje nabo kuwugira.
Bamwe mu rubyiruko rutuye hafi y’aho imurikagurisha ribera bihangiye umurimo wo kurinda imodoka bakabona amafaranga abafasha gukemura bimwe mu bibazo.
Leta y’u Rwanda yiyemeje korohereza abafite ubumuga kubona imirimo, kugira ngo nabo bafashwe kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo.
Abaturage b’i Nyabihu bavuga ko iterambere ryarushaho kuzamuka mu gihe kuboneza urubyaro byakwitabirwa neza.
Abarundi bakora ingendo mu modoka zitwara abagenzi bambuka umupaka w’Akanyaru mu Karereka Nyaruguru, baravuga ko kuba igihugu cyabo cyarahagaritse imodoka zitwara abagenzi, byabagizeho ingaruka zikomeye.
Abaturage 40 bangirijwe n’intambi zimena amabuye mu gukora umuhanda Karongi-Rubavu bijejwe ingurane y’ibyangijwe.