Guhererwa serivise ahantu hashaje byatumye abatuye Akagari ka Munazi, mu Murenge wa Save muri Gisagara biyubakiye ibiro by’akagari bifite agaciro ka miliyoni 19.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yikomye ababyeyi b’abana 870 barangije amasomo y’imyuga no kugororerwa ku Iwawa mu Karere ka Rutsiro.
Bugingo Jonas watomboye moto nshya muri Airtel avuga ko izamwinjiriza amafaranga akabona ibyo akenera ku ishururi ku buryo azarangiza adatezwe.
Ubushakashatsi ku ruhare rw’abaturage mu miyoborere bwakozwe n’ikigo Never Again Rwanda, bugaragaza ko abaturage benshi baheruka abajyanama babahagarariye mu gihe cy’amatora.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, isanga abagore ari bo bafite urufunguzo rwo kurwanya ubuharike kuko ari bo pfundo ryabwo.
Abaturage bagera ku 150 barashinja Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, kubambura amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni eshatu bakoreye mu guharura imihanda.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative COCOMANYA yahoze icururiza mu Isoko rya Nyabugogo barasaba gusubizwa amafaranga batanze yo kuryubaka.
Abaturage bo mu Murenge wa Kintobo muri Nyabihu barasaba ko umuhanda Rwankeri-Nyakiriba wakorwa vuba kugira ngo babashe kugeza umusaruro wabo ku masoko.
Sosiyete “AB Minerals Corporation” itunganya ikanavangura amabuye y’agaciro ya Coltan, igiye gushinga uruganda rwa mbere muri Afurika mu Rwanda bitarenze mu 2017.
Umwarimu ku ishuri ryo mu Murenge wa Rubengera muri Karongi, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu, nyuma yo gufatanwa kanyanga n’urumogi.
Bateri ya telefoni yateje inkongi y’umuriro muri butike yo mu Karere ka Ruhango, ikongokeramo ibicuruzwa bibarirwa mu bihumbi 600Frw.
Tegejo Silas wari umwaze umwaka ategereje umukuru w’Akarere ka Kamonyi ngo amugezeho akarengane yagize, yashumbushijwe indi nyuma yo kugaragaza ibyamubayeho.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe ntibavuga rumwe n’ubuyobozi ku byiciro by’ubudehe, kuko mu gihe cyo kubashyiramo hadakurikizwa amabwirizwa ajyanye n’ubushobozi bafite.
Bamwe mu bari abanyamurango ba koperative yo kubitsa no kugurizanya, Coopec-Dukire, yo mu Murenge wa Mushonyi muri Rutsiro bahangayikishijwe n’amafaranga bari barabikijemo kuko iyi koperative yahombye.
Abamotari bo muri Burera barasaba ubuyobozi kubakorera ubuvugizi bagahabwa ibyangombwa bibemerera gutwara abagenzi (Authorisation) kuko babyishyuye ntibabihabwe, bakaba bakora bihishahisha.
Abari abanyamuryango ba Koperative Zigama Bigufashe (KOZIBI) barizezwa ko ubuyobozi bugiye gukurikirana amafaranga yabo yanyerejwe.
Amakoperative y’abahinzi b’imboga n’inyanya mu gishanga cya Cyohoha ya ruguru mu Karere ka Bugesera, baravuga ko gukoresha imashini zuhira byatumye umusaruro wabo wiyongera.
Bamwe mu baturage bavuga ko hari abayobozi barutisha gahunda zabo iz’abaturage bikababangamira kuko bituma batagera ku byo biyemeje.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania batujwe mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bategereje amasambu bemerewe n’akarere bagaheba.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bavuga ko batangiye kwitegura amatora ya Perezida ateganyijwe umwaka utaha.
Abaturage bo mu duce tw’amakoro twegereye ibirunga i Nyabihu ngo bafite ikibazo cy’amazi adahagije gituma bavoma mu buvumo n’inzuzi.
Bamwe mu bamotari barashinjwa gutwara ibiyobyabwenge kuri moto bakajya kubicuruza hirya no hino mu Rwanda.
Abaturage bajuririye ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo ntibitabira kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza kuko bategereje ibyiciro bishya.
Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba ruravuga ko imurikagurisha ry’iyo ntara ari nk’ishuri abantu barimo kwigiramo ko gahunda ya “Made in Rwanda” ishoboka.
Abashinzwe irangamimerere mu mirenge yose igize Akarere ka Gatsibo, bemeza ko nta muturage uzongera gusiragizwa ku murenge ashaka ibyangombwa akeneye kuko byorohejwe.
Abaturage b’Akarere ka Kirehe bari bamaranye igihe kigera ku mwaka biogaz zidakora batangiye kuzisanirwa binyuze muri “Koperative Ireme ryo kurengera Ibidukikije”.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), ivuga ko kuzamura umusoro ku itabi bituma rihenda ku isoko bikaba byagabanya abarinywa bikabarinda indwara.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratangaza ko bugiye gukurikirana ikibazo cy’abaturage bavuga ko bakoze mu mirimo yo kubaka Uruganda rw’Amata rwa Mukamira ntibishyurwe.
Ibitaro bya Shyira mu Karere ka Nyabihu birimo kubaka inyubako nshya zizuzura zitwaye miliyari 4Frw mu rwego rwo gusimbuza izisanzwe, zubatse mu manegeka.