Madame Jeannette Kagame yabwiye abagore ko ari bo bagomba kwishakamo ibisubizo bakoresheje amahirwe bafite ngo bateze imbere umuryango.
Ubufatanye no gukorera ku ntego byaranze Inkotanyi ngo ni byo byatumye zibasha kubohora igihugu ari yo mpamvu abagore bakagombye gukora nkazo mu rugamba barimo rwo kwiteza imbere.
Byajyaga bifatwa nk’umugani ko “Imana yirirwa ahandi igataha i Rwanda” ariko bimwe mu bimenyetso bigenda bigaragaza ko umugani ugana akariho.
Ibikorwa byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 Umuryango wa FPR Inkotanyi umaze ubayeho, Abaturage bo mu Kagali ka Gasagara mu Murenge wa Rusororo, Akarere ka Gasabo, barishimira ko bibasigiye Ikigo Mbonezamikurire kizajya cyita ku bana kikabaha uburere bufite ireme .
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yagaragaje ko mu bantu bose bari mu kazi mu Rwanda, abafite ubushobozi bukenewe mu kazi bakora barenga gato ½.
Abakora umwuga wo gusana ibikoresho by’ikoranabuhanga byapfuye baravuga ko batakibangamirwa n’ibitagikora kuko babigurisha ku nganda zo hanze.
Kayibanda Mutesi Aurore wabaye Miss Rwanda 2012 ari na wo mwaka musaza we Hirwa Henry yitabyemo Imana, yagaragaje ko agishavuzwa no kubura umuvandimwe we.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Uwizeyimana Evode avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu bike bifite amategeko yanditse mu ndimi nyinshi.
Abadepite banze kwakira intumwa yari yoherejwe n’umuyobozi w’ibitaro bya Rwinkwavu, bakeka ko yanze kubitaba nkana kugira ngo atisobanura ku bibazo yari ahamagariwe.
Abadepite bagize komisiyo ishinzwe imibereho y’abaturage, ntibanyuzwe n’Umyobozi mukuru wa RDB ndetse n’umwungirije batitabiriye ubutumire bw’inteko, bakohereza ababahagararira .
Mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abagore bafatwaga nk’abadashoboye mu bikorwa bitandukanye birimo n’imikino.
Mu bana 48 bari bifuje guhabwa amafaranga yasizwe n’ababyeyi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, batanu gusa nibo bamaze kubonerwa konti ziriho ayo mafaranga.
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu yatangaje ko igihugu cye kitegura gufungura bwa mbere Ambasade yacyo i Kigali mu Rwanda.
Abanyakenya baba mu Rwanda n’abahakorera bishimiye ko babonye Perezida nyuma y’urugendo rutoroshye rw’amatora yo mu gihugu cyabo yaranzwemo imvururu.
Mu birori byo kurahira kwa Perezida Uhuru Kenyatta, itorero ryo mu Rwanda ry’imbyino gakondo rizwi nk’Urukerereza ryasusurukije abitabiriye ibyo birori.
Mu kigo cya gisirikare cya Gabiro hatangijwe igikorwa kizamara icyumweru cyo gusenya no guturitsa ibisasu byarengeje igihe n’ibindi bishaje kugira ngo bitazateza impanuka.
Perezida Paul Kagame yitabiriye ibirori byo kurahira kwa mugenzi we wa Kenya, Perezida Uhuru Kenyatta, uzarahira kuri uyu wa kabiri tariki 28 Ugushyingo 2017.
Ku nshuro ya mbere, Padiri Ubald Rugirangoga yerekanye Filime igaragaza uruhare yagize mu kunga Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakobwa batuye mu Murenge wa Bugeshi, mu Karere ka Rubavu, baravuga ko bahangayikishijwe no kutabona abagabo kuko nta mikoro baba bafite.
Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe yagaragaje icyizere afitiye urubyiruko rwa FPR-Inkotanyi avuga ko abona rufite ishyaka nk’iry’urubyiruko rwabohoye igihugu ariko bakaba batandukaniye ku rugamba barwana.
Abaturage batishoboye bakora imirimo bagahembwa na VUP ngo bagiye kuzajya bahembwa hifashishijwe ikoranabuhanga kuko uburyo busanzwe butuma badahemberwa igihe.
Nk’uko bisanzwe buri wagatandatu wanyuma w’ukwezi, mu gihugu hose hakorwa umuganda rusage. Ahenshi uyu muganda wibanze ku gutera ibiti birwanya isuri, gusibura imihanda n’isuku muri rusange.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imari cya Zigama CSS buravuga ko bateganya kunguka miriyari umunani z’amafaranga y’u Rwanda muri uyu mwaka.
Perezida Paul Kagame yakiriwe n’igikomangoma cya Abu Dhabi Mohammad Bin Zayed, bagirana ibiganiro bijyanye n’umubano n’iterambere ry’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru butangaza ko abantu babiri bari mu maboko ya Polisi kuva ku mugoroba wo ku itariki 22 Ugushyingo 2017, bakekwaho uburiganya mu kugura ibirayi ku bahinzi baba babyejeje.
Abagize irondo ry’umwuga mu bice bitandukanye by’umugi wa Kigali batangiye guhabwa ubwishingizi bw’ubuzima buzajya bubafasha mugihe bahuriye n’impanuka mu kazi.
Itsinda ry’Abadepite icyenda bo muri Burkinafaso bari mu rugendoshuri mu Rwanda, banyuzwe cyane na gahunda Leta y’u Rwanda yashyizeho, zihuza abaturage n’abayobozi bakishakamo ibisubizo by’ibibazo bya bahura nabyo.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo yagaragaje ko u Rwanda rwemeye gucumbikira bamwe mu birabura bagurishwaga mu bucakara mu gihugu cya Libya.
Abana baturiye ikigo cyahoze kirererwamo impfubyi cyo kwa Gisimba mu Nyakabanda mu karere ka Nyarugenge bakiranye urugwiro Sonia Rolland Uwitonze, baramuririmbira maze nawe yerekana imvamutima ze.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro batangiye kubakira ababyeyi ikigo mbonezamikurire, muri gahunda z’ibikorwa bibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 umuryango FPR Inkotanyi umaze ubayeho.