Abatuye i Kabusanza mu Murenge wa Simbi bise Yeruzaremu umudugudu w’icyitegererezo wubatswe iwabo kuko ngo ubereye ijisho kandi uzababera isoko y’amajyambere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko kuba Kiliziya Gatolika na Leta y’u Rwanda bisenyera umugozi umwe bikorera Abanyarwanda ari amahirwe adakwiye gupfushwa ubusa.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyahaye ibihembo abantu 10 bo mu nzego zitandukanye kubera ubudashyikirwa bagaragaje mu gutanga serivisi.
Nyuma yo kubagezaho inkuru y’umuhango wo gutangaza uburyo uturere twitwaye mu mihigo y’umwaka w’ingengo y’imari 2016-2017, n’uwo gusinya imihigo y’uwa 2017-2018 wabaye kuri uyu wa 6 Ukwakira 2017, Kigali Today irabagezaho amafoto ya ba Meya basinyanye imihigo na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Abatuye Akarere ka Rubavu bavuga ko umwanya wa nyuma akarere kabo kabonye mu mihigo y’umwaka wa 2016-2017 wabazwa abayobozi kuko bo ibyo basabwa babikora.
Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko PTE Nshimyumukiza Jean Pierre na PTE Ishimwe Claude bashinjwa kwica Ntivuguruzwa Aime Yvan, bafungwa burundu.
Perezida Paul Kagame yashimye impinduka z’imihihigo y’uturere buri mwaka ariko yongeraho ko adashimishwa n’uburyo abaturage bakoresha mitiweri batakirwa uko bikwiye.
Akarere ka Rwamagana ni ko kahize utundi turere mu mihigo ya 2016/2017 n’amanota 82.2%, gakurikirwa na Musanze yagize 81,28% na Huye yagize 80.55%.
Hashize imyaka ibiri n’igice Perezida Paul Kagame akebuye abayobozi b’uturere bari bitabiriye umwiherero w’abayobozi wari uteraniye i Gabiro mu Karere ka Gatsibo ku nshuro ya 12.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwafashe icyemezo cyo gufunga urusengero rw’itorero ryitwa Redeemed Gospel Church Rwanda (Itorero Abacunguwe) kubera ko rutujuje amabwiriza agenga imyubakire.
Mu ntangiriro z’umwaka wa 2017, Umujyi wa Kigali watangije umushinga wo kwagura imihanda minini y’umujyi izagabanya akajagari ikagira n’uruhare mu kuzamura ubukungu.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Nduba muri Gasabo bahamya ko kuba mu itsinda "Humura", bakaganira ku byababayeho byatumye bakira ibikomere.
Umuryango w’umusaza Sebarinda Leonard utuye i Ntarama mu Karere ka Bugesera, uri mu byishimo nyuma yo kubona umwana wabo wari warabuze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bakekaga ko yamuhitanye.
Hirya no hino mu Rwanda usanga abaturage basaga 98%, bose bemera Imana kandi bose babarizwa mu madini atandukanye.
Abakozi batandatu b’utugari tugize Akarere ka Kamonyi basezeye ku kazi, nyuma y’inzu zubatswe mu kajagari mu gihe cy’amatora ariko zikaza gusenywa.
Itsinda ry’abanyeshuri 20 b’Abanyamerika, ryaje mu Rwanda gusobanuza imfungwa zikora imirimo nsimburagifungo(TIG), uko zageze ku butabera bwunga mu gihugu cyazo.
Perezida Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda batanze ubuzima kugira ngo urugamba rwo kubohora u Rwanda rugere ku ntsinzi, abizeza ko ubuzima bwabo butagendeye ubusa.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda uri mu rugendo mu Burayi yaganiriye na Ambassaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar ku buryo ibikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) byagera muri icyo gihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye guhana abatishyura mitiweri ku bushake n’ababagandisha.
Karere ni umupira wabaga ukozwe mu mashashi azirikishije ibirere cyangwa mushipiri. Ubajije benshi mu rubyiruko ndetse na bamwe mu bagabo b’ibikwerere, wasanga abatarakinnye uwo mupira wakinirwaga cyane mu muhanda, ari mbarwa.
Ibirego bya David Himbara byagaragaye ko ari nta shingiro bifite nyuma y’uko bari bishyuye asaga miliyoni 370Frw ngo bahabwe umwanya wo kurega u Rwanda kuri Kongere ya Amerika.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza n’impunzi De Bonheur Jeanne d’Arc arasaba abaturage kwirinda ibiza mu gihe bubaka bakibuka kuzirika ibisenge by’inzu zabo.
Kigali Today, mu gushakisha ukuri nyako, yakomeje iperereza ryimbitse ku nkuru yari yanditswe ku wa 31 Kamena yavugaga ko Théophile Ndagijimana – Animateur w’ikigo cy’amashuri cy’i Kansi (Groupe Scolaire Saint François d’Assise) yaba akorana imibonano mpuzabitsina na bamwe mu banyeshuri b’abahungu.
Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu no kugarura amahoro mu Banyarwanda, ingabo z’u Rwanda zatangiye ibikorwa byo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Igisirikare cy’u Rwanda cyohereje ingabo 140 n’imodoka z’intambara muri Centrafurika, mu gikorwa cyo kunganira izihasanzwe mu kubungabunga amahoro.
Tribert Ayabatwa Rujugiro, umuherwe w’Umunyarwanda yishyuye ibumbi 440$ kugira ngo ashobore kugera imbere y’Inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika, ayisobanurire ibibazo afitanye n’u Rwanda.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente atangaza ko mu rwego rwo gushakira imirimo urubyiruko n’abagore hagiye guhangwa imirimo myinshi izabaha amafaranga.
Perezida Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola mu muhango w’irahira rya Perezida João Lourenço uherutse gutsinda amatora muri icyo gihugu.
Inzu y’uwitwa Tabu Marie Claire utuye mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro, ibyarimo bimwe birashya.
Guhera mu kwezi k’Ukuboza uyu mwaka, serivisi nyinshi zatangirwaga mu mirenge ziratangira kumanurwa mu tugari, kugira ngo bigabanyirize abaturage gusiragira mu buyobozi.