Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda barifuza ko amasezerano u Rwanda rufitanye n’umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu (HRW) yaseswa niba utemeye gusaba imbabazi.
Hari abaturage bo mu mirenge 10 igize Akarere ka Bugesera bamaze imyaka 11 basiragira ku mafaranga y’ingurane ku mitungo yabo yangijwe hakorwa imiyoboro y’amazi.
Perezida Paul Kagame yageze i Brazzaville mu Murwa mukuru wa Congo Brazza, aho agiye kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bo mu karere k’ibiyaga bigari.
Perezida Paul Kagame yahawe igihembo gihabwa abantu bakoze ibikorwa by’indashyikirwa, ahishura ko ibyo yagejeje k’u Rwanda byagezweho kubera ubufatanye n’abandi Banyarwanda.
Komisiyo y’abakozi ba leta igaragaza ko ikibazo cy’ubusumbane bw’imishahara ku bakozi ba leta kirimo kuvugutirwa umuti nubwo idatanga igihe nyacyo kizakemukira.
Muri gereza ya Rubavu abagororwa batangiye kwandika igitabo kigaragaza amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko bizagamburuza abayipfobya.
Abatuye mu tugari twa Kimisagara, Katabaro na Kamuhoza mu Murenge wa Kimisagara bamaze amezi atanu nta mazi bafite kubera itiyo yayazanaga yacitse.
Abiga n’abakorera iruhande rwa Kaminuza ya Kigali babangamiwe n’umunuko w’amazi mabi aturuka mu nyubako ya Kigali Heights mu masaha y’ijoro.
Iyo witegereje hirya no hino ku isi, usanga hari abantu bakora ibikorwa bibangamira abandi babyita uburenganzira bwabo, cyangwa se abandi bakamburwa uburenganzira bwabo ntibabimenye.
Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta igaragaza ko mu mitangire y’ibizamini by’akazi hakigaragaramo uburiganya ku buryo hari n’abemererwa gukora ibizamini by’akazi batujuje ibyangombwa.
Umuvunyi mukuru, Anastase Murekezi atangaza ko adashira amakenga zimwe mu nkiko zigira bamwe mu bashinjwa ibyaha bya ruswa abere kandi haba hari ibimenyetso byayo bifatika.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu iherutse kugaragaza ibinyoma bikubiye muri Raporo y’Umuryango Human Rights Watch ishinja inzego z’umutekano z’u Rwanda kwica abashinjwa ubujura.
Jean Bosco Nzirabatinyi yishimira imyumvire mishya akesha kureka guhohotera umugore we, ariko akicuza igihe yataye kuko byakenesheje umuryango wose kandi yari afite ubushobozi.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kimihurura, burashimangira ko imikoranire myiza ibaranga ariyo yatumye begukana umwanya wa mbere mu Karere ka Gasabo.
Ubuyobozi bwa polisi ya Nyamagabe, buvuga ko iyo hagize abafungwa barwarira aho babafungira bategereje kuburana batabasha kubavuza.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yagaragaje ibinyoma biri muri Raporo y’Umuryango Human Rights Watch ishinja inzego z’umutekano z’u Rwanda kwica abashinjwa ubujura.
Nk’uko bigaragara kuri iyi foto iheruka gushyirwa ahagaragara n’umuryango mpuzamahanga witwa "Human Right Watch (HRW)" uharanira uburenganzira bwa muntu, ngo abo bantu bishwe n’inzego z’umutekano w’igihugu abandi baburirwa irengero.
Muhawenimana ufite imyaka 30 y’amavuko,ashimishijwe n’uko atazongera gutegereza abamuterura kugira ngo agere aho ashaka kujya.
Iteganyagihe mu Rwanda riracyabangamiwe n’uko guhanahana amakuru hagati y’Ikigo gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) na Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) bitaranoga.
Imvura nyinshi yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 12 Ukwakira 2017, yateje inkangu zangije umuhanda wa kaburimbo Gakenke-Musanze.
Abagenzi baturuka mu ntara bahangayikishijwe n’ingendo zo muri Kigali kubera amakarita akoreshwa mu modoka zitwara abagenzi azwi nka "Tap and Go".
Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame yasabye ababyeyi kongera kwita ku burere bw’umwana, kuko uburere bw’ibanze buhera mu rugo, anagaruka ku mirimo idakwiye ikoreshwa abana.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko amakuru yavugaga ko umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mupenzi George afunze ari ibihuha kuko ubu ari mu kazi.
Lt Gen (Rtd) Romeo Dallaire wayoboraga ingabo z’umuryango w’abibumbye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda arasaba ko abajya mu butumwa bw’amahoro gushyira imbere ubushishozi.
Imvura yaraye iguye yahitanye abantu batatu bo mu mirenge ya Bugarama na Muganza,isenya inzu z’abaturage, inangiza imyaka mu mirima.
Lt Col Innocent Munyengango niwe wagizwe Umuvugizi mushya w’ingabo z’igihugu (RDF), asimbuye Brig Gen Safari Ferdinand wari umaze igihe gito akora ako kazi mu buryo bw’agateganyo.
Abagore bafungiye muri gereza ya Nyamagabe bagaragaza ibyishimo baterwa no kuba basigaye batunga umusatsi, bakarimba nk’abandi.
Ubuyobozi bw’iposita y’u Rwanda butangaza ko nubwo haje ikoranabuhanga hari abantu batandukanye bagikoresha iposita cyane cyane abohereza ubutumwa bupfunyitse.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bo mu Mujyi wa Kigali bagiye guhabwa ibishushanyo mbonera by’aho bayobora kugira ngo imyubakire y’akajagari icike.