Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro za ba minisitiri bashya barimo uw’Uburezi n’uw’Ikoranabuhanga, kuri uyu Gatatu tariki 13 Ukuboza 2017.
Abagize akanama k’umutekano k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) bateraniye mu Rwanda barebera hamwe uburyo intamba zahashywa kuri uwo mugabane.
Guhera mu ntangiriro z’umwaka wa 2018, nta mugenzi ujya mu ntara aturutse i Kigali uzongera kwishyura amafaranga mu ntoki nk’uko byari bisanzwe bikorwa.
Banjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko u Rwanda rwageze kuri byinshi rubikesha imiyoborere rwazaniwe na FPR Inkotanyi ku buryo hari ibihugu byinshi bya Afurika byarwigiraho.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 11 Ukuboza 2017, Perezida Kagame yageze mu gihugu cya Ghana aho agiye kwitabira inama yiga ku ntego z’iterambere rirambye (SDGs).
Minisitiri w’Intebe, Dr Eduard Ngirente yabwiye urubyiruko rwa Kiliziya Gatolika ko ruzarushaho kugira ubuzima bwiza nirwirinda kwiyandarika no kurarikira ibintu.
Bamwe mu bana bakurwa mu muhanda bagasubizwa mu miryango yabo bongera gusubira mu muhanda kuko ngo ibyo bahunze mu miryango bongera kubisangamo.
Minisitiri w’ingabo Gen James Kabarebe yeretse urubyiruko Ibihumbi 5400 ruteraniye mu Ihuriro ry’urubyiruko rwa Kiliziya Gatolika i Rubavu, impamvu bagomba gukunda igihugu.
Umuryango w’abasukuti n’abagide mu Rwanda uvuga ko utemeranya n’abafite imyumvire ivuga ko abasukuti (Scouts) cyangwa abagide (guides),bafite aho bahuriye n’uburara ahubwo ngo bagakwiye kuba abanyacyubahiro.
Madame Jeannette Kagame umuyobozi wa Imbuto Foundation yongeye guhemba urubyiruko rwabaye indashyikirwa mu bikorwa bitandukanye, kandi bigafasha abandi banyarwanda.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu Bamporiki Edouard yatangaje ko agiye gukora ubushakashatsi ku gitera abantu gukora Jenoside.
Kavakure Jean Baptiste w’imyaka 60 ahamya ko imyaka yose amaze atwara abagenzi kuri moto aharanira gukurikiza amategeko no kugira isuku mu kazi akora.
Bamwe mu baturage bubakiwe amashyiga ya Biyogazi bavuga ko ubwo buryo bwabafashije gucika ku kwangiza ibiti ariko by’umwihariko imyotsi yababangamiraga bagitekesha inkwi.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko burimo gushaka abikorera bawufasha kubonera abashomeri akazi.
Nubwo mu Kiyaga cya Kivu hagaragaramo ubwato bwinshi butwara abantu n’ibintu, ariko hari bamwe mu batwara ubwo bwato batabifiteho ubumenyi buhagije.
Madame Jeannette Kagame yifashishije ubutumwa buri mu ndirimbo ya Rugamba Sipiriyani yitwa Ikivi, agira urubyiruko inama yo gutera ikirenge mu cya bakuru babo bababanjirije bakagirira akamaro igihugu.
Amazi ava mu misarani, mu bwogero no mu gikoni byo muri Gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere ntazongera gupfa ubusa kuko agiye kujya ahindurwa maze akoreshwe indi mirimo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ba rwiyemezamirimo bakiri bato bakwiye kwitabwaho kuko ari bo Afurika itezeho ahazaza hayo.
Minisitiri w’intebe, Dr Ngirente Edouard avuga ko guha agaciro abana no kubitaho ari intego u Rwanda rwihaye.
Impaka zabaye ndende hagati y’Abadepite ku ngingo ivuga ku gusambanya umwana, mu gihe noneho abakoze icyo gikorwa bose ari abana.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu, itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’intebe rivuga ko Perezida Kagame yakuyeho uwari Minisitiri w’Uburezi Dr Musafiri Papias Malimba na Nsengimana Philbert wari Minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho.
Nsengimana Philbert wari Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho na Musafiri Papias Malimba wari Minisitiri w’Uburezi basimbuwe ku myanya bariho.
Abasenateri bagize komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari bavuga ko mu ngendo bakoze mu gihugu, basanze imicururize y’amashanyarazi akomoka ku mirasire irimo akajagari.
Umushumba w’Itorero Rivival Temple, Rev Godfrey Gatete avuga ko umubiri n’ibindi bigaragara atari ibyo kwitabwaho kuruta imitima y’abantu.
Mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda hari umushinga w’amategeko ateganyiriza ibihano bitandukanye abanyamakuru bazagaragarwaho no gusebanya.
Umunyamabanga wungirije wa Leta y’Amerika ushinzwe Africa, Donald Yamamoto, ategerejwe i Kigali ku matariki ya 13 na 14 Ukuboza 2017, akazagirana ibiganiro na Perezida Kagame ugiye kuyobora Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU).
Mpayimana Phillipe wari umwe mu bakandida biyamamarizaga kuyobora u Rwanda muri Manda ya 2017-2024 ntabashe kwegukana uyu mwanya, yashyize hanze indirimbo yifuriza Noheri nziza n’umwaka mushya muhire abamushyigikiye.
Umuvunyi mukuru w’u Rwanda Anastase Murekezi avuga ko bagiye gukoresha ikoranabuhanga mu guhuza amakuru y’inzego zitandukanye kuri ruswa n’imitungo ivugwaho ruswa.
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame basangiye ibirori bya Noheli n’abana barenga 200, igikorwa cyabaye no mu rwego rwo kwifatanya na bo muri izi mpera z’umwaka.
Diyosezi gatolika ya Kibungo yatashye kiriziya ya katedarari yuzuye itwaye miliyoni zirenga 436Fw, yavuye mu bwitange bw’abakilisitu n’umuganda batanze.