Inama njyanama y’Akarere ka Nyamagabe yafashe icyemezo cyo guhagarika Philbert Mugisha ku buyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe nyuma y’uko atawe muri yombi na Polisi y’igihugu.
Uruganda rwa SKOL rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwari rumaze icyumweru rwarashyize igorora abakiriya barwo n’abantu bitabiraga Tombola rwakoreshaga muri Tour du Rwanda.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2017, Perezida Kagame yatanze ku nshuro ya mbere impeta z’ishimwe ry’ubucuti ziswe “Igihango”.
Ikinyamakuru The Voice Magazine cyagize Madame Jeannette Kagame umugore w’umwaka, kinamugira Intwari muri Afurika, kubera ibikorwa biteza imbere abakene mu mu Rwanda.
Komisiyo y’Igihjugu y’Itorero (NIC) itangaza ko guhera umwaka utaha abanyeshuri barangije ayisumbuye bazajya bakora urugerero rutandukanye n’urusanzwe rwiswe Urugerero ruciye ingando.
Minisitiri w’ikoranabuhanga n’itumanaho, Nsengimana Philbert, yatangaje ko u Rwanda rugiye kugirana ubufatanye mu by’ikoranabuhanga n’igihugu cya Estonia.
Nyuma y’amezi uturere twa Kamonyi na Rubavu tutagira abayobozi kuri ubu twababonye nyuma y’amatora yabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 17 Ugushyingo 2017.
Abakozi bane b’Akarere ka Gicumbi bari mu maboko ya Polisi y’igihugu bakurikiranyweho icyaha cyo gutanga amasoko ya Leta binyuranije n’amategeko no gukora inyandiko mpimbano.
Inzoga ya SKOL isanzwe ikoreshwa mu muhango wo guhemba uwitwaye neza muri Tour du Rwanda ntabwo ari Champagne, ngo ni inzoga isanzwe yakorewe ibirori ariko itari ku isoko.
Perezida wa Estonia, Kersti Kaljulaid yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi basaga ibihumbi 250, bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, kuri uyu wa Kane tariki 16 Ugushyingo 2017.
Perezida wa Estonia, Kersti Kaljulaid uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yahuye na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire (RHA) kirateganya ko mu myaka irindwi iri imbere mu gihugu hose hazimurwa ingo ibihumbi 205 zizatuzwa mu midugudu y’icyitegererezo.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) ivuga ko ingengo y’imari ihabwa ari nke, itabasha gufasha abantu bose bahuye n’ibiza.
Hari amakuru amwe yavugaga ko Irene Uwoya uzwi nka Oprah yaje mu Rwanda gushyingura nyakwigendera Ndikumana Hamad Katauti, bahoze bakundana bakanabana.
Biragoye guhuza umuntu n’imyaka ye ariko iyo uhuye na Senateri Tito Rutaremara bikugora kurushaho.Rutaremara ni umwe mu basaza b’inararibonye wabaye umuyobozi mu bintu byinshi, harimo no kuba yari umwe mu bayoboye urugamba rwo kubohora igihugu.
SKOL, uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ ibidasembuye rukaba n’umuterankunga w’irushanwa rya Tour du Rwanda, rwadabagije Abanyarwanda ndetse n’inshuti zabo bitabiriye kuraba Tour du Rwanda, rubashyiriraho ibihembo bitandukanye byiganjemo amagare.
Mu Rwanda haje ikoranabuhanga ryo gupima uturemangingo (ADN), harebwa isano iri hagati y’abantu, rikazifashishwa cyane mu gukurikirana abatera inda bakazihakana.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura, WASAC, gihembye 1000,000frw, umwana witwa Rukundo Yasiri, wafotowe ari gusana itiyo y’ amazi yari yatobokeye aho atuye muri kigarama mu karere ka Kicukiro.
Abahagarariye inzego zitandukanye mu karere ka Huye barazaba ko habaho ikirango cyihariye cya Ndi Umunyarwanda, ukibonye wese kikamwibutsa iyi gahunda.
Ifoto ya Kigali Today yafatiwe mu muhanda wa Karongi-Rusizi mu gihe cya Tour du Rwanda 2016, yahesheje igihembo uwayifotoye ariwe Muzogeye Plaisir.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Imicungire n’Imikoreshereze y’Ubutaka kiravuga ko umuntu ufite ubutaka butamwanditseho bikorewe imbere ya noteri, buba atari ubwe.
Umujyi wa Kigali utangaza ko mu kwezi kwa Mutarama 2018, uzasubizaho ibyapa biranga nimero z’imihanda byibwe, hakazakoreshwa amafaranga miliyoni 30.
Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko ya Afurika y’Epfo bari mu ruzinduko rwo kureba uko bagenzi babo bo mu Rwanda bashyiraho amategeko.
Abarwanashyaka b’amashyaka PSR na UDPR barahamagarira Abanyarwanda kwamagana ibikubiye muri raporo zitandukanye z’u Bufaransa zirimo n’ubuhamya butangwa bugamije gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mujyi wa London mu Bwongereza aho yitabiriye ibirori yaherewemo igihembo cya "World Tourism Award 2017".
Umubare w’abarwanyi ba FDLR bataha mu Rwanda uriyongera uko iminsi ishira, abataha bakavuga ko biterwa n’imibereho no kubura ibyo baba bizejwe.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2017 Umupaka uhuza u Rwanda n’Umujyi wa Bukavu wafunzwe, kubera imirwano hagati y’ingabo za Congo FARDC, n’abapolisi barindaga Abbas Kayonga (Dada) wari ushinzwe kurwanya Magendu mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ministeri y’Urubyiruko itangaza ko igiye gukoresha urubyiruko kugira ngo ruhore rujya gukora umuganda no gususurutsa abatishoboye batujwe mu midugudu y’icyitegererezo.
Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) itangaza ko abana bafite ubumuga n’abatabufite boherezwa n’ababyeyi babo gusabiriza babavutsa uburenganzira bwabo.
Umuryango Nyarwanda wita ku muco wo kubaka amahoro AEGIS Trust, uratangaza ko kwigisha amahoro mu mashuri bizahindura urubyiruko rwa nyuma ya Jenoside.