Gatsinzi Fidele Umunyarwanda wari warafashwe n’inzego z’iperereza za Uganda (CMI), zimushinja kuba maneko w’u Rwanda, yageze mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Ukuboza 2017 atabasha gukandagira kubera iyicarubozo yakorewe n’izo nzego.
Umucamanza w’umufaransa witwa Jean-Marc Herbaut yafashe icyemezo cyo guhagarika iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryari ryubuwe ku nshuro ya kabiri.
Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyafurika badakwiye kurambiriza ku mutungo kamere kuko abaturage ubwabo bafite imbaraga zazamura igihugu, nk’uko byagenze ku Rwanda.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bagize Inteko ishinga amategeko (FFRP) ryagiranye amasezerano n’Umuryango “Plan International-Rwanda” yo gufasha abakobwa gutinyuka no kwirinda ababashuka.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Ukuboza 2017, Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Sudani, yataramanye na Mugenzi we Omar El Bashir mu mugoroba wiganjemo imbyino gakondo zo mu gihugu cya Sudani.
Bamwe mu batunze imbwa mu Mujyi wa Kigali baravuga ko iyo zishaje hari abajya kuzijugunya mu nkengero z’uwo mujyi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Sudan aho ari bugirane ibiganiro na Perezida w’icyo gihugu Omer al-Bashir.
Inama y’Umushyikirano wa 2017 yari iteraniye i Kigali isoje hafashwe imyanzuro umunani igomba gushyirwa mu bikorwa mu gihe cy’umwaka.
Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo ababyeyi b’iki gihe bahangayikishijwe bikomeye n’ibiyobyabwenge byibasiye urubyiruko, avuga ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kubirandura burundu kuko bikomeje gufata indi ntera
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Edouard Bamporiki yibukije urubyiruko ko aho Abanyarwanda bicaye ubu hakomoka ku butwari no ku bwitange bw’abababanjirije, abasaba guca bugufi no kubigiraho kugira ngo bazatere ikirenge mu cyabo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yafunguye uruganda rukora ibikoresho by’ubwubatsi muri beto (Beton) bizorohereza abakora umurimo w’ubwubatsi.
Perezida Kagame Paul yanenze abagoreka Ikinyarwanda ku bushake, asaba urubyiruko kugira ubushake ndetse n’umuhate wo kukiga bakakimenya neza, kugira ngo hato kitazacika cyangwa se kigatakaza umwimerere.
Musenyeri Nzakamwita Servilien yasabye ko ibiruhuko bisoza umwaka w’amashuri, byashyirwa mu mpeshyi aho gushyirwa mu mpera z’umwaka, kuko hari gahunda zigenewe urubyiruko bibangamira.
Perezida Kagame, yatangaje ko muri uyu mwaka wa 2017 hashyizwe imbaraga nyinshi mu kongerera agaciro ibikorerwa mu Rwanda, bituma ibyatumizwaga mu mahanga bigabanukaho 3%.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo atangaza ko mu mwaka wa 2018 aribwo u Rwanda ruzatangira kwakira bamwe mu Banyafurika bagurishwaga mu bucakara mu gihugu cya Libya.
Atangiza inama y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 15, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi wazamutseho 8%.
Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda kimwe na Afurika nabyo byaremewe kubaho neza mu cyubahiro gikwiye, kimwe n’ibindi bihugu bibayeho neza ku isi.
Nyirazamani Louise ahangayikishijwe n’ubushobozi buke bwo kurera abana batatu yabyaye, kuko Leta yamushyize no mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe.
Inama Nkuru y’Umuryango FPR-Inkotanyi iyobowe na Paul Kagame, umuyobozi mukuru w’umuryango FPR- Inkotanyi, yari imaze iminsi iteranira ku Cyicaro cyayo giherereye i Rusororo, yasoje ifashe ingamba zikomeye zirimo guha Abanyarwanda iteramebre ribakwiye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bongeye gutora Paul Kagame ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’uyu muryango ku majwi 99,9%.
Perezida Paul Kagame akaba n’umuyobozi mukuru wa FPR-Inkotanyi avuga ko atajya yicuza buri cyemezo cyafashwe n’umuryango ahagarariye, kuko ibyafashwe byose byafashwe byari ngombwa.
Hon. Nkusi Juvenal ni umwe mu badepite bamaze igihe kinini mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, yibuka ibintu byinshi byaranze inteko ariko ngo ntazibagirwa uburyo mu 1994 inteko yose yakoreshaga mikoro ebyiri gusa.
Donald Kaberuka, umwe mu mpuguke mu by’ubukungu ku isi, avuga iki ari cyo gihe cyiza ku mugabane w’Afruika gushaka uko byizamura mu bukungu kuko politiki ya mpatsibihugu yabidindizaga iri kugenda ishira.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) itangaza ko ku matariki ya 30 na 31 Ukuboza 2017 nta muganda rusange uzakorwa.
Mme Seraphine Mukantabana, ni Umuyobozi w’ikigo gishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero (RDRC). Uyu muyobozi arahamagarira Abanyarwanda gushyigikira RPF-Inkotanyi mu rugamba rwo kurwanya icyatera ubuhunzi.
Paul Kagame umuyobozi mukuru w’umuryango FPR-Inkotanyi yavuze ko abanyamuryango batatiye amahame yawo byabaviriyemo ibibazo kuko abenshi bahindutse ibikoresho, ababakoresheje barangije barabajugunya.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bakora mu kigo cy’igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura WASAC, bagejeje amazi meza ku kigo cy’amashuri abanza cya Rugarama mu Murenge wa Nyamirambo.
Perezida Paul Kagame yavuze ko adashimishwa n’umuco umaze kugaragara muri bamwe mu Banyarwanda wo kumva ko hari urwego bagezeho bityo amahanga akwiye kuza kubigiraho.
Jean Philbert Nsengimana wari Ministiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho yatangaje ko n’ubwo avuye kuri uwo mwanya, azakomeza gufatanya n’iyi Ministeri guteza imbere imishinga ifite.
Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Gen James Kabarebe ntaziregura ku birego by’umucamanza w’Umufaransa umushinja hamwe na FPR kugira uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana Juvenal ku itariki 6 Mata 1994.