Sosiyete sivile isanga umuturage ataragira uruhare rusesuye mu bimukorerwa, byagira ingaruka ku ishyirwamubikorwa ry’imwe mu mihigo aba agomba kugiramo uruhare.
Leta y’u Rwanda ngo yafashe icyemezo cyo kutazongera kugurira hanze ibikoresho bikenerwa kandi hari ibikorerwa mu Rwanda bisa na byo.
Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD/AfDB) yahaye u Rwanda inguzanyo igera kuri miliyari 17,5Frw yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi III.
Abinjiye bushya mu rwego rwa DASSO mu Karere ka Rulindo, basabwe kurangwa n’ikinyabupfura kugira ngo basohoze inshingano zo kunganira akarere, bacunga umutekano.
U Rwanda rugiye kohereza abaruhagarariye mu myitozo ya gisirikare yo mu bihugu by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) izabera muri Kenya kuva tariki 20 Werurwe kugeza tariki 4 Mata 2016.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga barifuza ko igiciro baguraho ibyuma bitanga ingufu za Mobisol byagabanyuka.
Ubuyobozi bwa REG sitasiyo ya Nyagatare burihanganisha abishyuye ifatabuguzi ry’umuriro ntibawuhabwe kuko ngo byatewe n’ibura rya cash power.
Umuryango ‘Rwanda Women’s Network (RWN)’ watangije umushinga witwa ‘Indashyikirwa’ uzafasha abagore gusobanukirwa ihohoterwa ribakorerwa no kurirwanya kuko hari abarikorerwa ntibabimenye.
Abaturage b’Akarere ka Nyamasheke basabwe gutinyuka bakarwanya ikibi uko cyaba kimeze kose bagamije kwimakaza umuco w’amahoro no gukumira jenoside.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Musoni James, arakangurira inganda za sima zo mu Rwanda n’izo mu karere kongera ubushobozi kuko hari isoko rinini.
Abaturage bahawe akazi mu kubagara ibyayi mu Murenge wa Buruhukiro n’abubatse uruganda rutunganya icyayi rwa Mushubi, bamaze imyaka itatu batarahembwa.
Mu Kagari ka Kiniha, Umurenge wa Bwishyura, Akarere ka Karongi, umugabo witwa Harerimana Deny yasanzwe mu bwanikiro bw’ibigori yapfuye.
Abatuye mu midugudu y’icyitegererezo ya Ntebe na Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi muri Rwamagana bavuga ko kuyituzwamo byabavanye mu bwigunge.
Inama Nyafurika mu by’ubukungu iteraniye i Kigali kuva none, tariki 14 Werurwe 2016, irafata imyanzuro irimo uwo guhesha agaciro ibikomoka kuri uyu mugabane, no guteza imbere ubuhahirane.
Imvura irimo umuyaga n’inkuba yahitanye umuntu, isenya amazu 11 y’abaturage n’ibiro bya kamwe mu tugari two mu Karere ka Karongi.
Abayobozi n’abayoboke b’ishyaka PSP bavuga ko batemeranywa n’abanyamahanga bavuga ko mu Rwanda nta bwisanzure bwa politiki buhari kandi ngo biteguye kubarwanya.
Three Hills igizwe na Eric Mucyo, Jackson Kalimba na Irakoze Hope barisegura ku bakunzi babo bari barababuze babizeza ko bitazasubira.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke burasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge kujya babwiza ukuri abaturage ku bibakorerwa, kugira ngo birinde ko babashinja kubabeshya.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bo mu Karere ka Kamonyi basanga kutagira amashanyarazi bitubya umusaruro kuko bituma badakoresha ikoranabuhanga ngo ryihutisha imirimo.
Perezida Kagame yatangaje ko nubwo ruswa idateze gucika burundu mu bantu, ariko idakwiye kwihanganirwa yaba ku bayitanga n’abayihabwa.
Akarere ka Gasabo gatangaza ko ibikorwa by’abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG) n’abakuru barangije kwiga (GAERG), ngo bigaragaza ishusho nyayo y’uko Igihugu cyibohoye.
Nyampinga w’u Rwanda 2016, Umutesi Jolly yishyuriye abatishoboye 1000 bo mu Karere ka Karongi ubwisungane mu kwivuza.
Perezida Kagame yasabye abayobozi bo mu Rwanda kutihanganira umuco wo kunanirwa kuzuza inshingano, ahubwo bagaharanira guhindura ibitagenda neza.
Nyirubutungane Papa Francis yagize Padiri Anaclet Mwumvaneza, umushumba wa Diyosezi ya Nyundo mu Ntara y’Iburengerazuba.
Urwunge rw’Amashuri “Fawe Girls School” ruri ku Gisozi muri Gasabo, rusanga kuba inyubako nyinshi zarwo zitagerekeranije, bituma ubutaka budacungwa neza.
Umuryango Never Again Rwanda (NAR) watangije itsinda ry’ibiganiro i Fumbwe mu Karere ka Rwamagana rigamije gufasha abaturage kurushaho gushyikirana n’abayobozi.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru arasaba aba-DASSO bo mu karere ka Burera kutishongora ku muturage ngo bamuhohotere kandi ariwe bakesha umurimo bakora.
Muri raporo Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu 2014-2015 yagejeje ku badepite, byagaragaye ko kurangiza imanza biza ku isonga mu bibazo bibangamiye abaturage.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable, yashimiye abaturage b’i Musambira ko bamutoye, na bo bamusaba kuzabaha ibyo yabijeje.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje abangirijwe ibyabo mu bikorwa by’ahazanyura umuhanda Pfunda-Karongi kubabarurira ibyangijwe bakishyurwa.