Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, bagirana ibiganiro bigamije gukemura ibibazo bya dipolomasi hagati y’ibihugu byombi.
Mpayimana Philippe uherutse gutsindwa amatora ya Perezida yagaragaje ko yiteguye kwiyamamaza mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri uyu mwaka wa 2018.
Ishami ry’ikigo cy’Igihugu cy’ubwiteganyirize (RSSB) rikorera i Remera mu nyubako ya CSS Zigama, riravugwaho guha serivise mbi abarigana.
Byiringiro Yves umumotari wo mu kigero cy’imyaka 27 y’amavuko, yatsindiye moto ikorerwa mu Rwanda yitwa Inziza 125 ifite agaciro ka 1,290,000 Frw, atangaza ko ahise ava burundu mu cyiciro cy’abamotari bakorera abandi.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko iri kuganira n’inzego zitandukanye kugira harebwe uburyo imiturire idakomeza kubangamira ubutaka bwo guhinga.
Abanyamakuru batunguwe n’imvugo y’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Harerimana Frederic, ubuza abaturage kubwira itangazamakuru ibibazo bafite.
Mu Rwanda ntibimenyerewe kubona umubwirizabutumwa ari kwigisha bikagera aho ahimbarwa cyane akabyinira imbere y’abayoboke be.
Ap Paul Gitwaza ahamya ko ari impano y’Imana ku gihugu cy’u Rwanda, ku karere, muri Afurika ndetse no ku isi muri Rusange.
Gahunda ya Leta y’u Rwanda yo guhera viza ku Kibuga cy’indege cy’i Kanombe, abantu baturutse mu bihugu byose ku isi bagenderera u Rwanda yahise ishyirwa mu bikorwa guhera kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mutarama 2018.
Perezida Kagame yashimye ubushake n’ubwitange bwaranze Abanyarwanda mu mwaka 2017, bwatumye abashaka gusenya igihugu batabona aho bamenera.
Hirya no hino Abanyarwanda bari kwizihiza Ubunani mu buryo butandukanye aho bamwe biyemeje gutangira umwaka mushya wa 2018 bari mu nsengero abandi bo bari mu birori.
Mu munsi mukuru wo gusoza umwaka Perezida Kagame yakiriramo Abayobozi muri Guverinoma, mu nzego za Gisirikare na Polisi, inzego zitegamiye kuri Leta ndetse n’abahagarariye abikorera, abifurije umwaka mushya muhire abasaba gutarama kugeza bucyeye.
Umwaka wa 2017 urangiye hari abantu batandukanye bafite ibinezaneza kubera ibintu byiza byababayeho kuburyo badashobora kubyibagirwa mu buzima bwabo.
Polisi ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu ibageza ku mupaka wa Gatuna, uhuza iki gihugu n’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare buvuga ko 90% by’abakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina baba ari abana bari munsi y’imyaka 18.
Akarere ka Kirehe karavuga ko kagiye gushora hafi miliyari ebyiri mu gusana umuhanda w’ibirometero 35 wa Cyagasenyi-Gasarabwayi-Nganda utari nyabagendwa.
Senateri Richard Sezibera agaya abantu batiyubakira ubwiherero bagategereza kubikorerwa n’abaturutse ahandi.
Abana bari kumwe n’ababyeyi babo bafungiye muri Gereza ya Musanze bakorewe ibirori bya Noheli banemererwa amata ahoraho azabafasha kurwanya imirire mibi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe igororamuco ‘National rehabilitation Servise’ kiratangaza ko umwana wavuye muri icyo kigo giherereye Iwawa uzongera gusubira mu muhanda azajya akurikiranwa mu nkiko.
Maniraguha Drocella wabyaye abana batatu b’impanga kuri Noheli, agiye kugenerwa inkunga n’Akarere ka Rulindo.
Abakirisitu bavuga ko badatumira bagenzi babo b’abasilamu mu minsi mikuru ya Noheli n’ubunani, bitewe n’uko imyemerere ya kiyisilamu itemera kwizihiza iyo minsi.
Abana 500 barererwa mu kigo “Mwana Ukundwa” kiri mu Karere ka Huye bari mu byishimo kuko bahawe ibikoresho by’ishuri bazifashisha mu mwaka w’amashuri wa 2018.
Umuryango Mizero Care Organisation wifurije isabukuru nziza urubyiruko rutazi igihe rwavukiye n’abatagira ababifuriza isabukuru nziza.
Musenyeri Philippe Rukamba agaragaza ko ubworohera, kubabarira no kwakira abandi aribyo bigomba kuranga abakristu mu mwaka wa 2018.
Itorero Victorious Life Church ryahaye umunsi mukuru wa Noheli abana bo mu muhanda ndetse n’abandi bana baturuka mu miryango itishoboye basaga 500.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 25 Ukuboza 2017, umunsi abakirisitu bizihirizaho Noheri ibibutsa ivuka rya Yezu/Yesu, Umubyeyi witwa Maniraguha Drocella yabyariye abana batatu b’impanga mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali.
Minsitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Bufaransa budakwiye gukomeza guca iruhande uruhare rwarwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko u Rwanda rufite raporo simusiga igaragaza Abafaransa n’uruhare rwabo muri Jenoside.
Hari abagenzi baturuka hirya no hino mu ntara bajya mu zindi baraye muri Gare ya Nyabugogo bavuga ko babuze imodoka.
Ku mugoroba wo ku wa 24 Ukuboza hirya no hino abantu batangira gushyashyana, bitegura ibirori bya Noheri iba iri bube ku munsi ukurikira.
Maj Evariste Ndayishimiye uzwi nka Maj. Kizito, umwe mu bayobozi ba FDLR, wari wishyikirije MUNUSCO ngo imufasha gutaha mu Rwanda,byarangiye imushyikirije ingabo za Congo FARDC.