Ubuyobozi bw’Umujyi wa Reims mu Bufaransa wahaye umudari w’ishimwe Umufaransa Alain Gauthier, kubera ibikorwa byo gukurikirana abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bihishe mu Bufaransa.
Umugoroba umwe muri 2008 ubwo Ruzindana Egide w’imyaka 30, yari avuye ku kazi ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali. Yahuye n’abana bo mu muhanda bazwi nka “Mayibobo” bicaye hafi ya Hoteli Novotel Umubano banywa ibiyobyabwenge bya “Kore” kugira ngo barwanye inzara.
Imwe mu miryango ya Sosiyete sivile ngo ntikunda ko amafaranga ikoresha agaragara kandi aba yaragenewe abaturage nubwo atava mu ngengo y’imari ya Leta.
Gatabazi JMV Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru arasaba abatuye umurenge wa Shingiro mu karere ka Musanze kwirinda amakimbirane yo soko y’ubukene, avuga ko umuryango udashobora kuvukamo intwari uhora mu makimbirane.
Abenshi mu bafungiwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barimo abasirikare bakuru n’abari abayobozi bakomeye. Iyo biregura bavuga ko batari bafite ubushobozi buhagije bwo kurinda interahamwe kwica Abatutsi.
Col Albert Rugambwa uyobora ingabo zikorera mu turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Rwamagana, yasabye urubyiruko kwitegura kumenera igihugu amaraso, ngo kuko amaraso ariyo kiguzi cya nyacyo cyacyo.
Abanyarwanda bose babyukiye mu gikorwa cyo kwibuka intwari zitangiye igihugu, igikorwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze ashyira indabo ku gicumbi cy’Intwari.
Mu 1959 ubwo impinduramatwara yakorwaga na Parimehutu yacaga ibintu, umwe mu rubyiruko rwari ruriho icyo gihe yahawe inshingano zo kuyobora bagenzi be b’urubyiruko, babaga muri Parimehutu.
Hari amakuru yemeza ko Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron ashobora kuza mu Rwanda mu kwezi kwa Kane uyu mwaka.
Harabura amasaha make ngo u Rwanda rwizihize umunsi w’Intwari, ariko Abanyarwanda baba muri Leta ya Indiyana no muri Michigan bamaze kuwizihiza.
Perezida Kagame asanga abantu badakwiye gufata Afurika mu isura ya ruswa kuko ari ikibazo kiri ku isi yose, ariko akongeraho ko hakenewe ubushake n’ingamba zo kuyica muri Afurika.
Mu masaa yine z’ijoro yo kuri uyu wa 28 Mutarama, ahakorerwa amasabune muri Gereza ya Huye hafashwe n’inkongi, Polisi itabara bwangu harazimywa.
Hari Abanyafurika n’abayobozi bakomeye ku isi batangiye kugaragaza uburyo biteze byinshi kuri Perezida Paul Kagame uzatangira kuyobora Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) ku mugaragaro kuwa Mbere.
Abagore bo mu Karere ka Nyamasheke barimo gutaka kubera abagore bafite amafaranga babatwarira abagabo, bigasenya ingo n’imiryango.
Padiri Mudahinyuka Charles wari umwe mu bahanzi bakomeye wamamaye mu ndirimbo yakunzwe cyane “U Rwanda rw’ejo” kuri uyu wa gatanu yitabye Imana azize uburwayi.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko Amerika yafashije u Rwanda mu rugendo rw’iterambere rwatangiye, anizeza ko iyo mikoranire izakomeza ku mpande zombi.
Benshi mu rubyiruko barangije za kaminuza bavuga ko batanyurwa n’imitangire y’akazi kuko ngo hari ababaka ruswa batayitanga n’akazi ntibakabone bikabaheza mu bushomeri.
Perezida Paul Kagame, uri mu nama yiga ku bukungu bw’isi i Davos mu Busuwisi, yagiranye ikiganiro kigufi na Perezida w’Amerika Donald Trump.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse avuga ko mu cyumweru cyahariwe ubufasha bw’amategeko abagabo bazigishwa kudakubita abagore bitwaje ubusinzi.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB ruravuga ko imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta itagifatwa nk’abagiraneza, ko ahubwo isigaye ifatanya na Leta mu guteza imbere igihugu mu nguni zose z’imibereho bityo igafatwa nk’abafatanyabikorwa.
Mazimpaka Patrick umwe mu batangije Umuryango wa FPR Inkotanyi yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Mutarama 2018.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi igihagarikwa hari abamusabye kugabanya u Rwanda mo za leta nto kugira ngo zitandukanye amoko.
Senateri Jim Inhofe wo muri Sena ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, yagiranye ikiganiro na bagenzi be kivuga aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze rwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse n’uruhare Perezida Paul Kagame yabigizemo.
Mu biganiro birimo guhuza abakuru b’ibihugu bitabiriye Ihuriro ngarukamwaka rya 48 ryiga ku bukungu ku isi (WEF 2018) i Davos mu Busuwisi, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri muri iyi nama, azagirana ikiganiro na Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika Donald Trump.
Perezida Kagame yageze i Davos mu Busuwisi, aho yitabiriye ihuriro ngarukamwaka rya 48 ryiga ku bukungu ku Isi. Iri huriro ryitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu n’abayobozi b’ibigo bitandukanye by’ubukungu.
Guverinoma y’u Rwanda yahakanye amakuru amaze iminsi akwirakwizwa mu bitangazamakuru ko rwasinyanye na Leta ya Isiraheli mu ibanga amasezerano yo kwakira abimukira iki gihugu kidashaka ku butaka bwacyo.
Umwana Nkunda Amahoro wamamaye cyane ku makaye yo mu mashuri abanza, amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ubu yabaye umusore utagira uko asa.
U Rwanda na Tanzania byamaze kwemeza bidasubirwaho imirimo yo kubaka umuhanda wa Gari ya moshi uzava Isaka ukagera i Kigali izatangira mu Kwakira 2018.
Harerimana Fatou, Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena, arasaba abagore kudakoresha uburenganiza bwabo mu guhohotera abagabo.
Abagenagaciro ni abantu bashinzwe guha agaciro imitungo itimukanwa (Amazu n’amasambu) kugirango beneyo babashe guhabwa inguzanyo mu ma banki, cyangwa se bahabwe ingurane, bimurwe kuri iyo mitungo kubw’inyungu rusange.