Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’izindi nzego zikorana na yo batangije uburyo bushya bw’ikoranabuhanga buzarinda abaturage gusiragira hirya no hino basaba serivise.
Donald Kaberuka n’umuherwe Moise Katumbi bari mu nararibonye zizitabira ikiganiro mpaka kizabera i Kigali, kigamije gusesengura icyo Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe umariye Abaturage.
Perezida wa Zambia Edgar Lungu arakorera uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda, guhera kuri uyu wa Gatatu kugeza kuwa Kane.
Abasirikare bakuru bo mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bayoboye urwego rw’ubuvuzi, bari mu Rwanda mu gihe cy’iminsi itanu, aho baje kuganira ku bijyanye n’uko ubwo buvuzi bwatera imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwaburiye amadini n’amatorero ko buzafunga insengero zitubahirije ibisabwa bitarenze ku wa gatatu w’iki cyumweru.
Akimanizanye Bernadette yafatiye umugabo we mu buriri bwabo asambaniramo n’undi mugore aramubabarira, none urugo rwabo ni intangarugero mu mudugudu.
Bamwe mu bagore n’abakobwa bavuga ko bakoraga itangazamakuru bavuga ko nyuma y’igihe kirekire bakora itangazamakuru bataryiyumvamo, kuri ubu imyumvire imaze guhinduka.
Abasirikare batatu barasiwe ku butaka bw’u Rwanda kuwa 13 Gashyantare 2018 bashyikirijwe igisirikare cya Congo.
94.3% by’abakora muri Leta bemeza ko batswe ruswa ishingiye ku gitsina cyangwa izindi nshimishamubri zerekeye kuri ibyo.
Minisitiri wa Siporo w’u Bufaransa, Laura Flessel, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yanenze amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi ntagire icyo akora ngo ihagarikwe, kandi byari mu bushobozi bwayo.
Abamotari baremeza ko icyifuzo cyabo cyasubijwe nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo kujya bishakira icyangombwa cyo gutwara abagenzi bikava mu makoperative, aho kubona ibyo byangombwa byajyaga bitinda bikabateza igihombo bacibwa amande.
Abarimu bo mu Karere ka Nyagatare barashinja ubuyobozi bw’Akarere kubahatira kwegura ku kazi, babakangisha gufungwa no kugirirwa nabi mu gihe banze gushyira mu bikorwa icyifuzo cy’akarere.
Ku mugoroba wo kuwa 12 Gashyantare 2018 Amazu 36, ibikoni 6 ubwiherero 5 n’urusengero rwa ADEPER Ntoma, byasenywe n’imvura yari yiganjemo umuyaga n’urubura, yaguye mu tugari dutandukanye two mu murenge wa Rwimiyaga ho mu Karere ka Nyagatare.
Perezida wa Gabon Ali Bongo Ondimba yageze mu Rwanda, aho aje mu ruzinduko rw’akazi, ahita yakirwa na Perezida Kagame.
Bamwe mu bantu bari barabaye imbata y’Inzoga n’ibiyobyabwenge bakagororwa bakabicikaho, babicishije mu ndirimbo baratanga inama yo guhangana n’ibishuko bibiganishaho. Iyumvire iyo nama.
Radio Amazing Grace yitandukanyije n’ibitekerezo bya Pasiteri Niyibikora Nicolas watutse abagore akabandagaza, ubwo yari mu kiganiro cy’Iyobokamana muri iyi Radiyo.
Perezida Paul Kagame avuga ko ibigo by’ubwishingizi ku mugabane w’Afurika bikiri inyuma mu mikorere bigatuma abaturage ari bo babigenderamo, akemeza ko binakeneye kuvugurura imikorere.
Dr Nsigayehe Erneste umukozi w’Akarere ka Gatsibo uyobora ishami ry’ubuhinzi, ubworozi, amashyamba n’umutungo kamere, arahumuriza abaturage bo muri aka Karere kubera ibinyabwoya bimaze iminsi byarabibasiye.
Imibare ituruka muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’umurimo, igaragaza ko Umujyi wa Kigali uza ku isonga mu gukoresha abana imirimo y’Ingufu, ugereranyije n’izindi Ntara.
Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco, NRS, igaragaza ko hari benshi mu rubyiruko ruvanwa Iwawa kugororwa ariko rukazahagarurwa kubera gusubira kwijandika mu biyobyabwenge.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’inama nkuru y’itangazamakuru, Peacemaker Mbungiramihigo, yemeza ko abagore bakora itangazamakuru bashoboye, ariko bakwiye gukanguka, bakerekana ko bashoboye nka basaza babo bakora umwuga umwe.
Madame Jeanette Kagame wari muri Amerika, aho yitabiriye isengesho ry’abayobozi muri iki gihugu, yavuze ko Abanyarwanda bishimye kuruta uko bigeze kwishima mu bihe byashize.
Uwamahoro Bonaventure atorewe kuyobora akarere ka Nyamagabe, atsinze M.Louise Nduwayezu ku majwi 324 kuri 13
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Gashyantare 2018, mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Nyamirambo, Akagali ka Kivugiza, hatangiye ibikorwa byo kubaka ibitaro by’aka karere.
Madame Jeannette Kagame yahamagariye abatuye isi kwimakaza urukundo, ubwo yigishaga mu isengesho ry’abayobozi bakuru ba Leta zunze Ubumwe za Amerika, i Washington.
Madamu Jeannette Kagame ari mu ruzinduko i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ku butumire bw’icyo gihugu, aho ari bwitabire ibirori n’amasengesho yo gusabira igihugu mu muhango uzwi nka “National Breakfast Prayer”.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burashinja bamwe mu babyeyi guhishira abahohotera abana bakiri bato bakabatera inda.
Umuryango Pro-Femmes Twese hamwe ndetse n’indi miryango iharanira iterambere ry’umugore, yamaganiye kure imvugo ipfobya ikanatuka umugore yakoreshejwe n’Umupasiteri witwa Niyibikora Nicolas.
Imiryango itari iya Leta (NGOs) irimo gutegura imurikabikorwa mu rwego rwo kugaragariza rubanda ibyo bakora ndetse n’uruhare rw’iyo miryango mu iterambere ry’igihugu.
Abazatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo wa Ruhuha ho mu Murenge wa Mamba, bavuga ko viziyo 2020 bagiye kuyigeramo muri 2018, kubera ubwiza butatse uwo mudugudu bazaturamo.