Mu gihe mu Rwanda harimo gutegurwa Inama Nkuru y’Abana ku nshuro ya 10 izatangirizwa ku rwego rw’igihugu mu Karere ka Gicumbi tariki 03/11/2014, abana ndetse n’ababyeyi bo mu Karere ka Karongi bafite ibyo basaba byazaganirwaho byafasha umwana wo mu cyaro.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Ngororero zivuga ko ikibazo cy’iyimuka ry’abana bava mu karere bajya ahandi hantu hatazwi impamvu cyaba gifitanye isano n’ibyaha by’icuruzwa ry’abantu (Human Trafficking), ubu hakaba barimo gushakishwa impamvu z’uko kugenda n’abababifitemo uruhare.
Mu gihe guhera kuwa 25 kugeza kuwa 31/10/2014, mu Rwanda ari icyumweru cyahariwe kuzigama, kuri uyu wa 30/10/2014 abantu 18 barimo abagabo n’abagore bahawe inyoroshyangendo zigizwe n’igare n’igikapu kuri buri umwe bizaborohereza kurushaho kunoza umurimo wabo w’ubukangurambaga bashishikariza abaturage hirya no hino mu (…)
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku mapikipiki mu Ntara y’Amajyaruguru na bo bakoze urugendo rwo kwamagana filime “ Rwanda: Untold Story” yakozwe n’igitangazamakuru BBC bavuga ko ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisiteri ishinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) irasaba abaturage kwitabira icyumweru cyo kubaburira ko basabwa uruhare rukomeye mu kwirinda ingaruka z’ibiza, aho bazibanda ku migenzereze yo kwirinda inkongi z’imiriro kugeza ubu zimaze kwangiriza benshi.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba urubyiruko rwo mu Rwanda kugarura umutima wo gukunda igihugu, bakabigira umuco, bakaba igisubizo cy’ibibazo bitandukanye u Rwanda rufite, bakarwanya icyo yise “gutekinika”.
Ubwo abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari 6 tugize umurenge wa Gatore basinyaga imihigo y’utugari kuwa gatatu tariki 29/10/2014, Jean Claude Byukusenge ushinzwe igenamigambi mu karere ka Kirehe, yabasabye kwegera abaturage bagafatanya kwesa imihigo kuko yasinywe mu izina ryabo.
Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi bakoreshejwe na Rwiyemezamirimo witwa Evariste bakunze kwita Surambaya bubaka amazu ya Guest house yo ku Nkombo yubakishwa n’akarere ka Rusizi, bazindukiye ku biro by’akarere kuwa 28/10/2014, basaba ubuyobozi ko bwabishyuriza uwo rwiyemezamirimo amafaranga bakoreye kuko (…)
Kuvugurura no kwemeza inyandiko ijyanye n’uburenganzira bw’umwana mu bikorwa byo kubungabunga amahoro bizagira uruhare runini mu guteza imbere uburenganzira bw’umwana no kumukorera ubuvugizi.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abakozi b’akarere ka Ngororero bafite aho bahuriye n’ubutaka, abatanga amasoko, abayobozi b’ibigo by’amashuri, ibitaro n’abandi kutagwa mu makosa yo kurya ruswa bitwaje ko batari bazi ko ariyo, ndetse no kudashaka kwigwizaho imitungo mu buryo butemewe n’amategeko.
Abayobozi bo mu karere ka Gatsibo barasabwa gukorera hamwe bagatahiriza umugozi umwe, birinda icyazatuma bongera kuza ku mwanya wa nyuma mu mihigo akarere kaba karahize imbere y’Umukuru w’igihugu.
Ababyeyi b’impuhwe bo mu karere ka Rwamagana bazwiho kwakira no gufasha abana baba batereranywe n’ababibarutse, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28/10/2014, bateraniye mu rugo rwa mugenzi wabo wakiriye uruhinja mu ntangiriro z’uku kwezi kwa 10, kugira ngo bamuhembe nk’umubyeyi wibarutse umwana.
Mu nama yahuje abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Nyamasheke, mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere bwanenze ubuyobozi bw’umurenge wa Kagano bwohereje raporo y’ibikorwa bugaragaza ko byakozwe mu gihe ibyo bikorwa bitaranakandagira.
Nyuma y’uko raporo ya Banki y’isi izagaragaza isura y’ishoramari mu mwaka utaha wa 2015, ishyiriye u Rwanda ku mwanya wa 46 ku isi mu bihugu 189, u Rwanda rurasaba ibisobanuro ku mpamvu zatumye iyo banki irusubiza inyuma kandi umwaka ushize rwari ku mwanya wa 32.
Mu nama yahuje abayobozi bo mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Nyamasheke, mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bw’akarere bwanenze abayobozi batanga raporo zituzuye, izindi zidakurikije amabwiriza ngenderwaho kugira ngo amakuru akenewe yose agaragare, ndetse hanengwa cyane ubuyobozi bw’umurenge wa Kagano bwohereje (…)
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’inama y’abaminisitiri, Stella Ford Mugabo avuga ko buri Munyarwanda akwiye guhaguruka agafatanya n’abandi kurwanya icyorezo cya Ebola ndetse n’icuruzwa ry’abana ryugarije ibihugu bya Afurika harimo n’u Rwanda.
Umusaza witwa Kadiguza John arasaba ko yahabwa uburenganzira bwo gusubiza beneyo amafaranga yari yahawe agurishije ubutaka agasubirana ubutaka bwe.
Mu gihe byari biteganyijwe ko mu kwezi kumwe haba hagiyeho aho abashoferi bazajya baruhukira bava cyangwa bajya mu karere ka Nyamasheke, kuri ubu ntabwo birabasha gukunda kubera ko amafaranga atarabasha kuboneka.
Kuri uyu wa Mbere tariki 27/10/2014, impuguke za gisivili na gisirikare 22 zikomoka mu bihugu umunani byo muri Afurika y’uburasirazuba bifite ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye igihe cyose (EASF) ziteraniye mu Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy), mu Karere ka Musanze mu mahugurwa yo kunoza (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza burashimira ishuri rikuru rigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) kubera ubufatanye ryagaragaje mu kubakira Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya.
Abasivili 42 baturuka mu bihugu umunani by’Afurika, kuri uyu wa Mbere tariki 27/10/2014 batangiye amahugurwa mu Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy) riri mu Karere ka Musanze abategurira imyitozo-ngiro yo kugarura amahoro izabera muri Etiyopiya (EASF CP-X 2014).
Umuryango nyarwanda uharanira iterambere ry’abantu Citizen for Development Network (CDN) umaze gutangizwa mu Rwanda n’Abanyarwanda bavuga ko bagiye gukora ibishoboka agatsiko k’ibihugu bicye biyoboye umuryango w’abibumbye (UN) kagahinduka.
Umunyarwanda w’imyaka 27 wari waraburiwe irengero, nyuma y’umwaka urenga yashoboye kugaruka mu Rwanda avuye muri gereza yitwa Trois ZULU iri muri Kinshasa, umurwa mukuru wa Kongo, aho yari afungiye yitwa umusirikare w’u Rwanda.
Mu rugendo akorera mu bihugu by’abarabu mu rwego rwo gushaka ubucuti n’ubufatanye bw’ibihugu, taliki ya 26/10/2014 Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakiriwe n’igikomangoma cyo mu bihugu byunze ubumwe by’Abarabu Gen. Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan.
Depite Berthe Mujawamariya wifatanyije n’abatuye akarere ka Kirehe mu kwizihiza umunsi w’umugore wo mu cyaro yavuze ko umugore wo mu cyaro atunze benshi kandi ngo ni nawe utunze umubare mu nini w’abaturage bo mu mujyi.
Abanyamuryango batanu nba FPR-Inkotanyi mu murenge wa Byimana, akarere ka Ruhango, bagaragaje ubwitange mu guteza imbere umuryango bashimiwe mu ruhame maze biyemeza gukomeza gukora ibikorwa byo guteza imbere umuryango wa FPR-Inkotanyi kuko bazi aho wabakuye. Hari ku cyumweru tariki ya 26/10/2014, ubwo abanyamuryango ba (…)
Abatuye mu karere ka Nyaruguru barasaba abayobozi kujya babegera kenshi bakumva ibibazo byabo kandi bakanabikemura, badategereje kubegera mu gihe cy’ukwezi kw’imiyoborere myiza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi burasabwa gukomeza gushyira imbere umuco w’imiyoborere myiza barangwa no kumurikira abaturage ibibakorerwa kugira ngo babashe kubigiramo uruhare. Ibi akarere ka Rusizi kabisabwe mu muhango wo gusoza imurikabikorwa ry’akarere wabaye tariki ya 24/10/2014.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), Dr Patrick Ndimubanzi yashimiye abagore bo mu kagari ka Nyakabuye mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bakora ububoshyi bw’agaseke, abasaba kutabyihererana ahubwo bagahaguruka bakabyigisha abandi.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Oda Gasinzigwa arashishikariza abagore bo mu cyaro kutazigera basubira inyuma mu rugendo rw’iterambere kuko aribo bagize iterambere ry’u Rwanda.