Ejo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagiriye uruzinduko mu mujyi wa Masdar muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu aho yaganiriye na bamwe mu bayobozi baho bamubwira aho ibihugu bigize Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu bigeze mu iterambere ry’ingufu ziyongera ndetse no mu ikoranabuganga.
Kuva taliki 11/11/2011 mu karere ka Musanze hatangiye imurikagurisha rizamara iminsi 10 ryitabiriwe n’abashoramari 171 bavuye mu bihugu 8.
Nyuma y’ibibazo by’urusobe byagaragaye muri pariki y’akagera birimo kuba inyamaswa zitera abaturage zikabonera ndetse zikabica hamwe n’ibibazo by’abaturage bigabiza pariki bagatega. Minisitiri ufite munshingano ze ubucuruzi Kanimba Francois taliki ya 12 Ugushyingo yasuye pariki y’akagera kugira ngo arebe aho gucyemura ibyo (…)
Mu rwego rwo kumenyesha Abanyarwanda batuye muri Senegal n’inshuti zarwo gahunda z’u Rwanda, ambasade y’u Rwanda mu gihugu cya Senegal yateguye amahugurwa yo gusobanura uburyo politiki zo mu Rwanda zishyirwa mu bikorwa no kumenyesha andi makuru atavugwa.
Ku wa gatanu tariki ya 11/11/2011 umuhanzi w’umunyarwanda Jean Paul Samputu yatanze ikiganiro mu nama mpuzamahanga ibera i Beirut muri Liban.
N’ ubwo amaze imyaka 17 avugwa cyane muri politiki y’ u Butaliyani, kuri uyu wa gatandatu tariki 12/11/2011, Silvio Berlusconi yeguye nabi ku mwanya wa minisitiri w’ intebe, kuko imyigaragambyo y’ abamutegekaga kwegura vuba na bwangu, yari yose imbere y’ inyubako y’ umukuru w’ igihugu.
Mu rwego rwo kwitegura umukino wo kwishyura uzahuza u Rwanda na Eritrea i Kigali kuri uyu wa kabiri, umutoza w’Amavubi Milutin Micho yongereye imbaraga mu ikipe ye ashiramo abandi bakinnyi batanu batari bagaragaye mu mukino ubanza wabereye Asmara ku wa gatanu aho amakipe yombi yanganyije igitego kimwe kuri kimwe.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2011, Espoir, ikipe y’umupira w’amaguru ibarizwa mu karere ka Rusizi yakinnye umukino wa gicuti n’ikipe yitwa Brezil yo mu mujyi wa Goma muri repubulika iharanira demokarasi ya Kongo(DRC). Ikipe ya Espoir akaba ariyo yari yatumiye ikipe ya Brezil muri uyu mukino warangiye ari 1-0 (…)
Hudu Munyemana na Gervais Munyanziza nibo basifuzi b’abanyarwanda batoranyjijwe kuzasifura imikono ya CECAFA y’ibihugu izabera i Dar es Salaam muri Tanzania kuva tariki 25 Ugushyingo kugeza 10 Ukuboza.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 11 ugushyingo mu mujyi wa Huye habaye igitaramo cyo kwakira abanyeshuri bashya ba kaminuza ndetse n’abasohotse mu bizamini bya leta birangiza amashuri yisumbuye.
Ku bufatanye bwa polisi y’igihugu n’izindi nzego z’umutekano zikorera muri wa Nyamiyanga mu karere ka Kamonyi, hatewe ibiti 3500 ku buso bungana na haegitari eshanu n’igice. Ibi biti byatwe mu muganda wabaye kuri uyu wa gatandatu, ahubakwa ikigo nderabuzima cya Nyamiyaga. Abitabiriye uwo muganda basabwe kugira uruhare mu (…)
Ejo sena y’u Rwanda yemeje ko Habimana Augustin ahagararira u Rwanda mu Burundi; Ben Rugangazi agahagararira u Rwanda muri Tanzaniya, naho Uwamariya Odette akaba guverineri w’intara y’uburasirazuba.
Abaperezida b’ibihugu by’u Rwanda n’u Bushinwa bahererekanyije ubutumwa bwo gushimirana ku myaka 40 ishize ibihugu byombi bifitanye umubano ushingiye kuri politiki.
Nyuma yo kumurikirwa imihigo itaragezweho mu karere ka Gicumbi, minisitiri w’ubuzima, Bingwaho Agnes, yasabye abayobozi b’ako karere guhiga ibyo babasha guhigura.
Kuri uyu wa gatanu tariki 11/11/2011 ikinyamakuru Ishema cyongeye kuboneka ku isoko nyuma y’amezi arenga abiri kidakora. Mu ntangiriro z’ukwezi gushize (16/10/2011) nibwo ubuyobozi bw’iki kinyamakuru bwatangaje ko kigiye gusubukura ibikorwa byacyo kuko imbogamizi zose cyari gifite zitakiriho.
Itangazo ryatanzwe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Louise Mushikiwabo, rivuga ko guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gufunga za konti zose z’ambasade y’igihugu cy’u Bubiligi ziri i Kigali tariki 10/11/2011.
Abatuye umujyi wa Kibungo, ubarizwamo kaminuza y’ubuhinzi, uburezi na tekinoloji (INATEK), baratangaza ko kuva aho iyi kaminuza itangiriye byatumye imirimo myishi ivuka maze ubushomeri bukagabanyuka.
Umukuru w’ishyaka rihanganye n’iriri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Etienne Tshisekedi, ejo yasubiye muri Congo avuye muri Afrika yepfo.
Amajwi y’agateganyo yaraye atangajwe aragaragaza ko perezida wa Liberiya, Ellen Johnson-Sirleaf, azatsinda amatora ku kigereranyo cya 90,8% by’abitabiriye amatora mu kiciro cya kabiri.
Muri raporo yashyizwe ahagaragara n’itsinda ry’inganda ryitwa GSMA (Groupe Speciale Mobile Association) biragaragara ko Afurika iri ku isonga mu kugura no gukoresha itumanaho rya telefoni zigendanwa (telephone mobile) igakurikirwa na n’umugabane w’Aziya.
Abaturage 140 bo mu murenge wa Nyagihanga mu karere ka Gatsibo bahawe ihene 140 za kijyambere zikamwa zifite agaciro k’amafaranga 3.535.000 zatanzwe na minisiteri ishinzwe ibiza no gucyura impunzi ifatanyije n’umuryango mpuzamahanga wita ku bimuka no gufasha abatishoboye (international organization for Migration).
Ejo umusozi wararidutse ufunga umuhanda wa kaburimbo wa Mukamira-Ngororero. Iyi nkangu ikaba yarabereye mu mudugudu wa Rwinkingi akagari ka Nyundo mu murenge wa Rambura.
Mu nteko rusange y’umutwe w’abadepite yateranye ejo tariki 10/11/2011, abadepite batoye itegeko rigena imikoreshereze y’ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nkabyo mu Rwanda.
Monique Mukaruliza, minisitiri w’u Rwanda mu muryango w’Afrika y’iburasirazuba (EAC), ejo yatangaje ko u Rwanda na Uganda birimo kwiga uburyo servisi z’abinjira n’abasohoka hagati y’ibihugu byombi zahuzwa.
Amajwi y’agateganyo yaraye atangajwe aragaragaza ko perezida wa Liberiya, Ellen Johnson-Sirleaf, azatsinda amatora ku kigereranyo cya 90,8% by’abitabiriye amatora mu kiciro cya kabiri.
Nyuma y’iminsi itari mike bari mu biganiro, Ubugereki bufite minisitiri w’intebe mushya, Lucas Papademos, wahoze yungirije umukuru wa banki y’uburayi (European Central Bank).
Ku mupaka w’u Burundi n’u Rwanda mu gace ka Nemba mu Murenge wa Rweru, Abarundi barenga 1000 binjira mu Rwanda guhaha no gupagasa mu rwego rwo gushaka ibitunga imiryango yabo.
Ubwo yasuraga u rwanda mu minsi ishize, umunyamakuru Nick Aster wandikira urubuga rwa internet www.gawker.com rwo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yatangajwe n’uko yabonye u Rwanda.
Abakinnyi b’ikipe ya Mukura VS bamaze igihe babaho mu buryo budasanzwe dore ko kuva shampiyona yatangira aba bakinnyi bagera kuri 21 basigaye baba hamwe, bakarya kimwe ndetse bakagendera no ku mategeko aho bacumbitse ku i Taba mu mujyi wa Huye.
Nyuma y’aho abunganira Munyenyezi Béatrice bagerageje kwanga ko abatangabuhamya b’abanyarwanda baza muri uru rubanza, abategarugori 4 nibo bemerewe kuzatanga ubuhamya mu rubanza. Umucamanza Steven McAuliffe niwe wafashe icyo cyemezo tariki ya 9/11/2011 mu mujyi wa Concord, muri leta ya New Hampshire.
Kuri uyu wa kane James Kimonyo uhagarariye u Rwanda muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, arasura Kaminuza ya Arkansas aho ari bwitabire ibirori bijyanye n’umuco wo kurambagiza no gusaba mu Rwanda rwo hambere byateguwe n’abanyeshuli b’abanyarwanda bahiga.
Nyuma y’uko umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, ashyize ahagaragara abakinnyi 18 bazakina umukino uzabahuza na Eritrea, ku isaha ya saa mbiri n’igice z’iki gitondo nibwo Amavubi yahagurutse I Kigali yerekeza muri Eritereya.
Igihugu cya Irani cyanenze ku mugaragaro raporo yakozwe n’ikigo mpuzamahanga gishinzwe kugenzura ingufu za nikereyeri (AIEA). Iyo rapport yashyizwe ahagaragara ku munsi w’ejo ivuga ko Iran yagerageje gukora intwaro za kirimbuzi mu ngufu za nikereyeri.
Muri tombola yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania kuri uyu wa gatatu, u Rwanda rwashyizwe mu itsinda rimwe na Tanzania mu mikino yo guhatanira igikombe cya CECAFA izatangira tariki 25 ugushyingo kugeza 10 ukuboza uyu mwaka.
Inama yari iteraniye i Kigali yigiraga k’u Rwanda mu kwiteza imbere nyuma y’ibihe rwanyuzemo yasoje abayitabiriye biyemeje gukurikiza zimwe muri gahunda u Rwanda rwakoresheje kugira ngo rube icyitegererezo.
Nyuma yo kubona ko abantu banyura mu karere ka Ngororero bagira ikibazo cyo kubona aho barara, ubuyobozi bw’ako karere bwafashe icyemezo cyo kubaka ahantu hagari (centre d’acuiel) hazajya hacumbikwa n’abashaka kukarara ku bushake bwabo cyangwa biturutse ku mpamvu z’akazi n’ingendo.
Umuhanzi Nshimiyimana Naason uzwi cyane ku izina rya Naason aravuga ko yakoranye indirimbo n’itsinda Dream Boyz mu rwego rwo gusimbura indirimbo bigeze gukorana ikabura itararangira.
Ejo nibwo minisitiri w’intebe w’Ubutariyani, Silvio Berlusconi, yatangaje ko azegura ku mwanya we igihe ingamba zo gukemura ibibazo by’ubukungu muri icyo gihugu zizaba zemejwe.
u Rwanda guhera ku itariki 7/11 kugera tariki 19 /11 rurakira amarushanwa mpuzamahanga y’umukino wa Tennis (ITF Men’s future), aya marushanwa arimo kubera ku bibuga bya Celcle sportif de Kigali (CSK).
Perezida w’u Bufaransa Nicolas Sarkozy n’uwa Leta Zunze Ubumwe z’America Barack Obama mbere yo kwinjira mu nama y’ibihugu 20 bikize kurusha ibindi ku isi G20 yabereye mu Bufaransa mu cyumeru gishize babanje mu nama y’umuhezo.
Nyuma y’imyaka 17 ruvuye mu bwicanyi ndenga kamere, u Rwanda ni intangarugero hirya no hino. Kuri iyi nshuro politiki zarwo zabaye irebero mu bihugu byinshi nk’uko byagaragaye mu nama yiga ku buryo bwo kubaka amahoro n’igihugu nyuma y’amakimbirane yiswe “Peace & State building: The Rwandan experience” iteraniye i Kigali (…)
Nyuma yo kubona ko igihingwa cy’ibireti kigenda kirushaho gucika mu turere gihingwamo, kigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku byoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) n’ishyirahamwe SOPYRWA biyemeje kongera guteza imbere iki gihingwa mu Rwanda.
Umutegatugori Sirleaf wari usanzwe ayobora Liberiya ubu niwe mukandida rukumbi mu cyiciro cya 2 cy’amatora kiba kuri uyu wa kabiri tariki ya 8/11/2011; nyuma y’aho uwo bari bahanganye mu matora, Winston Tubman, akuyeho kandidatire ye akanahamagarira Abanyariberiya kutitabira amatora.
Muganga wa Michael Jackson,Conrad Murray, yahamwe n’icyaha cyo kwica nyakwigendera atabigambiriye.
Umuryango Ibuka urengera inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994 urasaba ibihugu bicumbira Rusesabagina kumuhambiriza kuko ari ‘Umutekamutwe’
Mu gihe Amavubi yitegura kwerekeza muri Eritrea kuri uyu wa kane, umwe mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bari bategerejwe Daddy Birori ntaragaragara mu myitozo
Nyuma yo kwegura Kwa Pierre Munyangabe wari umuyobozi wungirije mu ishirahamwe ry’umukino wa basketball mu Rwanda FERWABA ku wa gatanu ushize, Shema Maboko Didier wari ushinzwe ubujyanama n’amategeko muri iryo shyirahamwe na we kuri uyu wa mbere yareguye.