Kuwa gatandatu tariki 04/08/2012, polisi y’igihugu yataye muri yombi abantu babiri mu duce dutandukanye bafatanywe amafaranga y’amakorano.
Umuyobozi mukuru wa polisi y’igiuhugu, (IGP) Gasana Emmanuel yasuye abanyeshuri bari mu itorero mu kigo cya Gisirikari cya Gako abaganiriza ku birebana n’umutekano ariko yibanda cyane ku ruhare rw’abaturage mu gucunga umutekano (community policing).
Abanyafurika y’Epfo bizihije imyaka 50 ishize Nelson Mandela ashyizwe muri gereza na Leta ya gashakabuhake. Mandela yafunguzwe tariki 05/08/1962.
Umwongereza Andy Murray yegukanye umudari wa zahabu mu mikino Olympique irimo kubera mu gihugu cye, nyuma yo gutsinda numero ya mbere ku isi muri Tennis, Roger Federer, amaseti atatu ku busa ku cyumeru tariki 05/08/2012.
Mu isengesho ryo kwiyambaza impuhwe z’Imana ryabaye tariki 05/08/2012 kuri Kiliziya gatorika yo mu Ruhango habonetse umwana w’uruhinja, bigaragara ko nyina ashobora kuba yarutaye ku bushake.
U Rwanda kimwe n’ibindi bihugu bya Afurika byitabiriye imikino Olympique, rwitabiriye imurikabikorwa ryiganjemo umuco ryabereye ahitwa Hyde Park ku wa gatanu tariki 03/08/2012.
Uwase Francine wo mu karere ka Musanze niwe wabaye uwa mbere muri ba Nyampinga batatu bazahagararira Intara y’Amanyaruguru mu irushanwa ryo gushaka Nyampinga w’u Rwanda (Miss Rwanda) 2012.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aratangaza ko hari ibikorwa bimwe na bimwe akarere kari kahize mu mihigo bikaba byarazaririye kubera gutenguhwa na barwiyemezamirimo cyangwa abafatanyabikorwa batashyize mu bikorwa ibyo biyemeje.
Uwambajimana Felicien wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Gihinga, umurenge wa Gacurabwenge, yagitse imizinga y’inzuki mu biti by’amashyamba ya Leta no mu by’abaturanyi. Mu gihe cy’umwaka akuramo ibiro birenga 300 by’ubuki.
Depite Rwabuhihi Ezekias akaba n’umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Karongi aratangaza ko amahanga atagomba gukangisha u Rwanda imfashanyo kubera ibirego bidafite ishingiro ko u Rwanda rufite uruhare mu bibazo by’Abanyekongo.
Mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga 2012, hujujwe ibiraro bitandatu byubakiwe bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye batoranijwe mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza biyemeje ko isabukuru y’imyaka 25 FPR- Inkotanyi imaze ishinzwe isiga ibasigiye isura nziza y’abanyamuryango nyabo.
Abafundi babumba amatafari mu mu wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, barishimira uburyo bakize gukata icyondo bagahabwa imashini zibumba amatafari n’amategura, nyuma yo guhabwa amahugurwa yo gukoresha izo mashini.
Abamurikabikorwa mu imurkagurisha bagera kuri 200 bari guhugurwa uburyo bwo kwakira abakiliya, binyuze muri gahunda yiswe “Na yombi”. Gahunda yashyizweho n’Ikigo gishinzwe iterambere ry’u Rwanda (RDB) n’urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF).
Abakozi bakora ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda, bakora akazi kabo bambaye uturindantoki bahawe n’ubuyobozi bw’umupaka mu rwego rwo kubarinda kwandura indwara ya Ebola iri mu gihugu cya Uganda.
Abarimu batoranyijwe kuzakora mu gikorwa cy’ibarura riteganyijwe muri uku kwezi kwa Munani mu karere ka Nyamasheke, barizeza ko bazuzuza inshingano bahawe neza, nk’uko babyiyemereye mu gusoza amahugurwa bari bamazemo iminsi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 04/08/2012.
Umugabo witwa Vital Karibwende afungiye kuri Station ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza, nyuma y’uko atawe muri yombi agerageza gusagararira Minisitiri w’Intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien ubwo yari mu birori byo kwizihiza umunsi w’umuganura.
Abakoresha Gare ya Nyabugogo mu ngendo no mu kazi kabo, barifuza ko hakwiye ubutumwa bukangurira abantu kwirinda icyorezo cya Ebola, bitewe no kuba ari agace gahuriramo abantu baturuka ahantu henshi harimo na Uganda.
Abacikacumu ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari mu kigero cy’imyaka 40 na 45 no munsi ya 25, bakeneye ababegera kubera ihungabana batewe nayo, nk’uko ubushakashatsi bwakorewe mu turere twa Huye na Gisagara bwabigaragaje.
Mukamasabo Thabée, ari mu maboko ya Polisi kuri sitasiyo ya Kaduha, akurikiranyweho gukubita umukobwa we w’imyaka 14 bikamuviramo urupfu, tariki 30/07/2012, ubwo yari akimugeza mu rugo amuvanye aho yabaga.
Ndakaza Gerald, umwarimu wigisha mu ishuri ribanza rya Joma ry’i Gitwe, yibwe umushahara wose yari amaze guhembwa anatabwa muri yombi n’inzego z’umutekano, ubwo yari yagiye kwigera ijisho ikimansuro mu Ruhango, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 03/08/2012.
Ubuyobozi bwa Parike y’Akagera ku bufatanye n’ubuyobozi bw’imirenge ihana imbibe n’iyo parike n’inzego z’umutekano, basubije muri Parike imbogo 42 zari zimaze igihe gisaga ukwezi ziba hanze ya Parike.
Abanyamadini bo mu karere ka Kayonza barasabwa kubaka insengero nziza kandi zigezweho, bakajyana gahunda y’akarere yo gusukura umujyi wa Kayonza, nk’uko nitangazwa n’umuyobozi w’aka karere, John Mugabo.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Rwamagana zataye muri yombi umugabo ufite imashini ikora amafaranga. Hanagaragaye amafaranga y’amahimbano mu bantu barenga batanu muri aka Karere.
Dr. Habumuremyi yabwiye abari muri uwo muhango ko kwizihiza umunsi w’umuganura bishushanya gahunda za Guverinema y’u Rwanda. avuga ko zikubiyemo kwimakaza ubutabera, iterambere ry’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere myiza.
Pariki y’igihugu ya Nyungwe ni ishyamba cyimeza ribarizwa mu burengerazuba bw’amajyepfo bw’u Rwanda. Rifatanye na Pariki y’igihugu ya Kibira yo mu gihugu cy’u Burundi kandi rishobora kuba ari ryo shyamba ry’inzitane ryo mu misozi minini kandi miremire muri Afurika yose; ryari rifite ubuso bwa km² 924 mu mwaka w’i 2000.
Amazu akorerwamo ubucuruzi bunyuranye ari imbere ya Banki y’ubucuruzi y’u Rwanda (BCR), yahiye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 03/8/2012, azize intsinga z’amashanyarazi zo mu bikoni. Utubare tubiri twadutsemo iyo nkongi y’umuriro turitana bamwana.
Ubushinjacyaha bukuru buremeza ko mu rubanza rwa Cyrille Turatsinze, Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu, nta kagambane karimo ahubwo ko bushingira ku bimenyetso bifatika byemeza ko uyu muyobozi ahamwa n’icyaha cyo kwaka ruswa.
Ndayisaba Aimable, umukozi wa COGEBANQUE ari mu maboko ya polisi y’u Rwanda kuri station ya Kigabiro akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni esheshatu (6,400,000 Rwf) yari yahawe ngo ayakoreshe mu kazi kuwa gatatu tariki 01/08/2012.
Minisiteri y’Ubuzima irasaba Abanyarwanda kudaterwa ubwoba n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kigaragara muri Uganda, kubera ko ku ruhande rw’u Rwanda hafashwe ingamba zigamije ubwirinzi.
Jackson Niyomugabo, Umunyarwanda ukina umukino wo koga muri metero 50 (nage libre), yasezerewe mu mikino Olympique akiri ku rwego rw’amajonjora ku wa kane tariki 02/08/2012.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo yasuye abaturage bo mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara bakoze amaterase aherereye hejuru y’igishanga cya Rwasave nyuma bakamburwa na rwiyemezamirimo. Yabijeje ubufasha ngo icyo kibazo gikemuke.
Abantu batatu batawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Gakenke nyuma y’ubujura bwibasiye SACCO y’umurenge wa Kamubuga mu ijoro ryishyira kuwa kane tariki 02/08/2012.
U Rwanda ni cyo gihugu kiza ku mwanya wa mbere ku isi mu bihugu bifite abaturage batekanye. Mu mwaka wa 2011 Abanyarwanda basaga 92% bemeje ko bumva bafite umutekano usesuye; nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwakozwe n’ikigo Gallup Inc.
Mukarubega Donathile n’umugabo we ndetse na Tuyishimire Leontine, wakubiswe ifuni azira gusambana na Nemeyimana Joseph bakatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Gakenke igifungo cy’amezi atandatu kuri uyu wa gatanu tariki 03/08/2012.
Abagabo bane bo mu Murenge wa Rwiyamiyaga mu Karere ka Nyagatare bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare basinjwa gushaka kwivugana uwitwa Ndebakure Félicien, na we mu Murenge wa Rwimiyaga mu Kagari ka Ntoma, bakoresheje intwaro.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu 03/08/2012 mu Murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi hatwitswe ibintu bitandukanye byafatanywe abajura, abarobyi batemewe n’amategeko n’abandi bagizi ba nabi muri rusange.
Utugari umunani tugize umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi, tariki 02/08/2012, twamurikiye abayobozi ibikorwa tumaze kugeraho mu mihigo y’umwaka 2011-2012. Hamuritswe ibikorwa bijyanye n’imibereho myiza, ubukungu, ubuzima, iby’ubuhinzi n’ubworozi harimo na Girinka.
Hari abaganga bemeza ko amafaranga bahabwa yo kwitabira amahugurwa abunganira mu bijyanye no gukemura ibibazo by’urugendo, mu gihe hari abasanga akwiye kuvaho kuko ari intandaro yo kubibagiza inshingano zabo zo kwihugura.
Kuva aho mu karere ka Ruhango hatangiriye kuvugwa indwara y’inka yitwa Ubutaka tariki 23/07/2012, inka zigera ku munani zimaze gupfa.
Impamvu y’ingenzi yo kutagabanuka kw’ibiciro by’ibiribwa ku masoko, iterwa n’uko ibiribwa biva mu Rwanda bitajya ku masoko y’imbere mu gihugu gusa, ahubwo ko hari ibijya mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC) na Sudani y’Epfo.
Uwizeyimana Zakayo w’imyaka 30 yagiriwe n’ikirombe ubwo yacukuraga amabuye yo kubaka mu mudugudu wa Karambi akagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri ahita apfa mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 03/08/2012.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Cyrille Turatsinze, na mugenzi we Rwego Harelimana bahakanye icyaha bakurikiranyweho cyo kwaka ruswa ubwo bari imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuwa kane tariki 02/08/2012.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Nyamiyaga rwibumbiye mu makoperative aterwa inkunga na Global Fund ibicishije mu Nama y’Igihugu y’urubyiruko, rutunga agatoki abayobozi babo bafatanyije n’ubuyobozi bw’umurenge gutanga isoko ryo kubaka ibiraro by’ingurube ku buryo budakurikije amategeko.
Zambia yirukanye ku butaka bwayo umupadiri w’Umunyarwanda witwa Viateur Banyangandora azira kuba yarigishije mu misa ko abaturage bamwe ba Zambia ari abakene mu gihe abandi bakomeza gukira.
Umukozi mu kigega gifasha abacitse ku icumu rya Jenoside (FARG) atangaza ko icyo kigega cyahaye burusu abanyeshuri 4678 barangije amashuri yisumbuye muri 2011.
Kubera ikibazo cy’ubujura bwo mu ngo kimaze iminsi kigaragara mu mirenge imwe n’imwe yo mu mujyi wa Kigali, umurenge wa Nyarugunga wo mu karere ka Kicukiro wakoze inama y’umutekano yihutirwa yafatiwemo ingamba zigamije guca ubwo bujura.
Ndahimana Jean de Dieu uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Asa ni umwe mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana akaba afite ubuhanga bukomeye mu njyana ya Afrobeat ndetse n’injyana ya R&B na Pop.
Jackson Kalimba uherutse kugaragaza ubuhanga buhambaye muri Tusker Project Fame 5 araganira n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu tariki 03/08/2012 mu rwego rwo kubanyuriramo uburyo Tusker Project Fame 5 yagenze kuri we.
Elie Munyazikwiye w’imyaka 31 yatawe muri yombi tariki 01/08/2012 na Polisi y’igihugu nyuma yo gufatanwa inoti eshashatu z’amafaranga 5000 ashaka kuyabitsa mu gashami ka Banki y’Abaturage ya Gakenke.