Nyakwigendera Musenyeri Misago Augustin azashyingurwa kuri uyu wa kane tariki 15/03/2012 muri Katederali y’Umuryango Mutagatifu ya Gikongoro.
Lt. Col. Idrissa Muradadi, umwe mu bayobozi bakomeye ba FDLR hamwe n’abamurindaga batatu bishyikirije ingabo za ONU zikorera muri Congo tariki 10/03/2012; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’ingabo za Congo.
Mu gikorwa cyo gukangurira abagabo kwikebesha, ibitaro bya Bushenge birateganya gusiramura abagabo bagera 840 baturutse ku bigo nderabuzima bitandukanye bikorana n’ibyo bitaro. Uyu mubare uhwanye n’ibikoresho ibi bitaro byahawe na Minisiteri y’Ubuzima bigenewe icyo gikorwa.
Abana babiri b’abahungu bagwiriwe n’inzu mu kagali ka Kamukina, umurenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo (aho bakunda kwita Kimicanga), mu ijoro rishyira tariki 13/03/2012 maze umwe muri bo ahita yitaba Imana ako kanya.
Leta ihangayikishijwe n’uko abagore biganje mu mirimo y’ubuhinzi ariko ntibagire uruhare ku musaruro wabwo. Mu mirimo y’ubuhinzi yose mu gihugu, abagore bagera kuri 86%. Ubuhinzi ubwabwo butanga 80% by’imirimo mu gihugu hose.
Nizeyimana Mohamed, wo mu murenge wa Kibungo akagali ka karenge umudugudu wa Amahoro, aherutse kwitaba Imana nyuma y’uko abantu bamutwaye amafaranga miliyoni 10 bavuga ko bazamukuriramo amadorari ibihumbi 100.
Urukiko rwo mu gihugu cya Guatemala rwemeje igihano kidasanzwe cyo gufunga uwitwa Pedro Pimentel imyaka 6060 azira kuba yaragize uruhare mu bwicanyi bukomeye bwakorewe imbaga y’abaturage mu mwaka wa 1982.
Nyuma yo gusezera ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe mu cyumweru gishize, Guillaume Soro yatowe ku bwiganze bw’amajwi kuyobora inteko nshingamategeko y’igihugu cya Côte d’ivoire kuwa mbere tariki 13/03/2012.
APR Basketball Club yegukanye igikombe gihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Play Off), nyuma yo gutsinda Kigali Basketball Club (KBC) amanota 110 kuri 69, ku mukino wa gatatu wahuje ayo makipe yombi kuri Petit Stade i Remera tariki 10/03/2012.
Abantu 60 harimo abapolisi bakuru baherutse gutabwa muri yombi mu bice bitandukanye by’igihugu cya Uganda bakekwaho gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni.
Mu kwezi kwa Munani k’uyu mwaka u Rwanda rurateganya ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire, igikorwa cyaherukaga gukorwa mu myaka icumi ishize.
Mu rwego rwo kubafasha kwivana mu bukene, urubyiruko 51 rukomoka mu miryango yasigajwe inyuma n’amateka mu karere ka Kirehe rwoherejwe kujya kwiga imyuga irimo ubudozi n’amashanyarazi mu rwego rwo kubongerera ubumenyi.
Masabo Etienne uvuka mu kagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yatakaje intoki ebyiri atemwe na nyina umubyara amuhoye isambu.
Umugabo witwa Ntambara Bosco yaraye yitabye Imana ubwo umugore we Nyirabahire Claudine afatanyije n’umwana babyaranye, Bitunguhari Felicien bamukubitaga isuka na n’icyuma bita fer a beton mu mutwe. Ubu Nyirabahire na Bitunguhari bafungiye kuri station ya Police ya Kigabiro mu karere ka Rwamagana.
Ingabire Victoire yongeye kwisobanura ku byaha aregwa, aho yavuze ko mu byaha bitandatu aregwa harimo ibyo atemera nk’icy’ingangabitekerezo ya Jenoside. Yisobanuye kuri uyu wa Mbere mu gihe hari hategerejwe ko hasomwa ibimenyetso byakuwe mu Buholandi.
Musenyeri wa Diyoseze ya Gikongoro, Musenyeri Misago Augustin yitabye Imana mu gitondo cy’uyu munsi tariki 12/03/2012 mu biro bye ubwo yari ku kazi kuri Diyoseze ya Gikongoro; nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’abepisikopi mu Rwanda, Mbonyintege Smaragde.
Dr Drew Pinsky, umuganga uzwi cyane muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, avuga ko kuba Angelina Jolie afite umubiri muto ari ibibazo by’imirire mibi.
Mu ntara y’Amajyaruguru hamaze kugaragara cyane umuco w’ubuharike utuma ubu hari n’ababyarana bafitanye amasano. Uwitwa Mukamukwiye Emerita yemeza ko amaze kubyarana n’abagabo babiri bafitanye isano mu muryango abitewe n’ikibazo cyo kutagira umugabo.
Kuri uyu wa mbere ubwo hizihizwaga umunsi w’umuryango wa Commonwealth (Commonwealth Day), uyoboye uwo muryango, umwamikazi Elizabeti wo mu Bwongereza yahamagariye ibihugu bigize uyu muryango kubyaza umusaruro imico itandukanye y’ibihugu byose byibumbiye muri uwo muryango.
Umubyeyi witwa Nyirabahire Venansiya utuye mu mudugudu wa Nyamugari mu kagari ka Gafunzo umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango, yishinganishije mu nzego z’ubuyobozi n’izumutekano kuko yabonaga ibibazo biri mu muryango yashatsemo bishobora guhitana ubuzima bwe.
Nyuma y’igihe gito igihugu cya Somaliya gisabye kwinjira mu muryango w’ibihugu bigize Afurika y’uburasirazuba (EAC), Perezida Kagame aratangaza ko Somaliya yari ikwiye kwemererwa kwinjira muri uwo muryango.
Leta y’u Rwanda yafashe gahunda yo guhagurukira ikibazo cyo kutakira neza abantu bagana ababaha serivisi (poor customer care). Iki kibazo gifatwa nk’imwe mu nzitizi zikomeye zabangamira abashoramari gushora imari yabo mu Rwanda.
Mbere gato y’uko Rayon Sport ikina na Police FC ku cyumweru, umutoza Jean Marie Ntagwabira yatunguwe no kubura Bokota Labama wagombaga kubanza mu kibuga kuri uwo mukino, bituma akinisha bamwe mu bakinnyi atari yateganyije.
Inama y’abaminisitiri y’igihugu cya Israel yateranye ku cyumweru tariki 11/03/2012 yemeje ko Belaynesh Zevadia ahagararira igihugu cye cya Israel mu Rwanda afite ikicaro i Addis Abeba muri Ethiopia.
Abayobozi b’akarere ka Bugesera n’ab’ibintara ya Kirundo mu gihugu cy’u Burundi, baratangaza ko imigenderanire myiza iri hagati y’ibihugu byombi irimo gutanga umusaruro ufatika, cyane cyane mu bijyanye no kubungabunga umutekano ndetse n’ubuhahirane.
Hashize iminsi havugwa urukundo hagati ya Young Grace na Kamichi, ndetse ko Young Grace yaba atwite inda yatewe na Kamichi. Ese ko ibi bintu ni ukuri? Ni ugusebanya? Cyangwa ni promotion bashaka? Dore uko bamwe babibona ndetse na ba nyiri ubwite icyo babivugaho.
Umuhanzi Chrispin yashyize ahagaragara alubumu ye “Adieu l’Afrique Shida” tariki 11/03/2012 muri Serana Hotel. Nubwo haje abantu bacye, Chrispin yatangaje ko bimushimishije kandi ko yumva intego ye yayigezeho 50%.
Abayobozi bakuru n’abayobozi mu by’ubucuruzi baturutse hirya no hino ku isi bagera kuri 200 bazahurira i Kigali mu nama izaba yiga ku guteza imbere ubucuruzi bukozwe mu bwumvikane muri Afurika.
Nyiransabimana Chantal ukomoka mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera amaze amezi agera kuri atatu mu bitaro bya Butaro kubera ko yabyaye impanga z’abana batatu batagejeje igihe. Arasaba ubufasha kuko nta mikoro yo kubarera afite.
Umugabo w’imyaka 32 y’amavuko witwa Patrick Semuhoza yatawe muri yombi na Polisi tariki 07/03/2012 akekwaho ubutekamutwe bugamije kwiba amafaranga ibihumbi 120 y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibikomoka ku buhinzi byoherezwa mu mahanga (NAEB) buratangaza ko uyu mwaka u Rwanda ruteganya kohereza hanze ikawa igera kuri toni 24.000 ivuye kuri toni 16.000 zoherejwe umwaka ushije wa 2011.
Police FC na Rayon Sport zagabanye amanota nyuma yo kunganya ibitego 2 kuri 2 mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku cyumweru tariki ya 11 Werurwe.
Ruzindana Edward uzwi ku izina rya Kongo utuye Cyabusheshe mu murenge wa Gitoki mu karere ka Gatsibo yishe Nshimiyimana Jean de Dieu, imfura ye y’imyaka 25, ubwo yari agiye gukiza se na nyina barwanaga bapfa amafaranga 5000 tariki 09/03/2012.
Amabuye y’agaciro acukurwa mu Rwanda ataboneka ahandi arimo gukorwaho ubushakashatsi bugamije kwerekana ko ayo mabuye koko acukurwa mu Rwanda.
Umukino wa gicuti wahuje ikipe Ruburikinya yo mu murenge wa Rubengera na Kivu Watt FC yo mu murenge wa Bwishyura tariki 10/03/2012 ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya ETO Kibuye warangiye amakipe yombi anganyije ibitego bibiri kuri bibiri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko guteza imbere siporo n’imyidagaduro ari inzira nziza yo kugeza abantu ku mubano mwiza urangwa n’ubusabane kandi bakagira ubuzima bwiza butuma bakorana umurava muri byose.
Umugabo witwa Ntageza Vincent w’imyaka 50 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa wa Nyarubare mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza yaratorotse nyuma yo guhohotera umukobwa we w’imyaka 18 y’amavuko ufite ibibazo byo mu mutwe akamutera inda.
Muri uku kwezi kwa Werurwe 2012 habonetse bana 47 bafite imirire mibi mu murenge wa Gotoki biyongera ku bana 56 bari babaruwe mu karere ka Gatsibo.
Nubwo bamwe mu Banyarwanda bavuga ko amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda (nine years basic education), bimaze kuboneka ko hari aho yigisha neza kurusha amashuri y’icyitegererezo. Abana bose bigaga mu ishuri rya Munini babonye amanota abemerera kwiga mu ishuri cy’icyitegererezo.
Nyuma y’igihe gito bageze mu Bubiligi, abakinnyi babiri b’Abanyarwanda Nirisarike Salomon na Rusheshangoga Michel babashije kwitwara neza mu mukino wabo wa mbere mu ikipe Antwerp FC.
Nyuma yo gutsindwa n’Isonga FC bigatuma ubuyobizi bw’ikipe ya APR FC bunenga imikinire yayo muri iyi minsi, iyi kipe yikosoye maze itsinda AS Kigali ibitego 2 ku busa mu mukino w’umunsi wa 15 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 10/03/2012.
Abazitabira ibirori bya Salax Awards 2011 bazataramirwa n’abahanzi batandukanye baba aba hano mu Rwanda ndetse n’abo hanze. Dore urutonde n’indirimbo buri muhanzi azaririmbira abazaba bitabiriye ibirori; nk’uko tubikesha Ikirezi Group.
Imbuto Foundation yahembye ba Malayika Murinzi baturuka mu karere ka Burera, Rulindo na Gakenke ndetse n’abana b’abakobwa bagize amanota meza kurusha abandi (Inkubito z’Icyeza) baturuka muri utwo turere.
Mu gihe bikunze kuvugwa ko abagore ari bo bahura n’ibibazo by’ihohoterwa, Umugabo witwa Karemera Viateur, atuye mu murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga yigeze guhunga urugo rwe kubera ahohoterwa yakorerwaga n’umugore we.
Abanyeshuri biga ibijyanye n’imiti bo mu Rwanda no muri Uganda bahuriye mu nama mpuzamahanga igamije kurwanya imikoreshereze mibi y’imiti hagamijwe kugira ubuzima bwiza ejo hazaza.
Ikamyo yari itwaye ibicuruzwa ibivanye i Kigali ibijyanye i Kamembe yaguye aho bita ku mukobwa mwiza mu karere ka Huye mu murenge wa Mbazi mu rukerera rwa tariki 10/03/2012. Ikamyo yangiritse ariko abari bayirimo bo bayivuyemo amahoro.
Abakoresha bo mu karere ka Ruhango barasabwa kubahiriza amabwiriza agenga umukozi, nk’uko babisobanuriwe mu mahugurwa y’umunsi umwe, yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 09/03/2012, agamije kubasobanurira itegeko ry’umurimo.
Rutahizamu wa Police FC n’Amavubi, Meddy Kagere, aratangaza ko iyi shampiyona nirangira azahita yerekeza hanze y’u Rwanda muri shampiyona ikomeye.
Umugabo witwa Ndayisaba Innocent wo mu kagari ka Gasharu mu Murenge wa Muko, kuri uyu wa Gatanu tariki 9/3/2012 yakubise umugore we Mukamusoni, amuziza ko yazanye umukozi wo kubakorera mu rugo.