Ngirinshuti Alfred wo mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke yahaye Bavugirije Jean na Ndabuhuye Leonidas inzu ebyiri zifite agaciro ka miliyoni 3 n’ibihumbi 700 mu rwego rwo kubashimira ko bamuhishe muri Jenoside yakorewe abatutsi yo muri Mata 1994.
Umuryango uhuza ibihugu by’Afurika y’iburasirazuba (EAC) ugiye gutangiza umushinga ugamije kunoza serivise z’ubuzima aho imiti yujuje ubuziranenge izajya igezwa ku bihugu bigize uwo muryango ku buryo bwihuse.
Abasirikare bakuru bagera kuri 36 biga mu ishuri Kenya Defense Staff College ryo muri Kenya bari mu Rwanda mu rwego rwo kwigira ku bunararibonye bw’igisirikare cy’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ku isi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza bwatangaje ko abagoronome bahawe amapikipiki y’akazi bakayagurisha bagiye gukurikiranwa kuko ari ukunyereza umutungo wa Leta; nk’uko umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John, abivuga.
Umusore Nsabimana Olivier bakunze kwita “Roy” wamenyekanye cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana (Gospel Music), arimo gutegura igitaramo cyo kumurikira abakunzi be album ye ya mbere yitwa “umubisha ni nde?” mu kwezi kwa kane uyu mwaka.
Qatar Airways, isosiyeti itwara abantu ikoresheje indege yo muri Leta ya Qatar, yatangiye imyiteguro yo gutangira ingendo zayo za buri munsi mu Rwanda kuva tariki 21/03/2012.
Kuva uyu munsi tariki 19/03/2012, Perezida Kagame yatangije umwiherero wa 10 w’akanama k’abajyanama be (PAC) kuri Muhazi mu karere ka Gatsibo.
Gare y’akarere ka Nyabihu irimo kubakwa mu murenge wa Mukamira ije gusubiza ikibazo cya parking yari yarabaye ntoya kubera ko aka karere kagendwa n’imodoka nyinshi, ikibazo cyo kubura aho abagenzi n’abacuruzi baruhukira ndetse no kubura aho umuntu ategera imodoka hazwi.
Mu kagari ka Nyarwaya ,umurenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi isambu ya Leta yibasiwe n’inkongi y’umuriro batazi icyawuteye utwika hegitari zigera muri eshatu.
Imbuto Foundation, tariki 18/03/2012, yahembye abakobwa bo mu turere twa Nyamasheke na Rusizi barangije amashuri abanza, icyiciro rusange ndetse n’amashuri yisumbuye batsinze neza kurusha abandi.
Nyuma y’amatora muri Primus Guma Guma igice cya kabiri (PGGSS 2) abahanzi icumi bazahatanira umwanya wa mbere baramenyekanye ndetse n’imibare ibaranga.
Umuyobozi w’ikigega mpuzamahanga cy’imali (FMI), Christistine Lagarde, aratangaza ko hari ibimenyetso bigaragaza ko ubukungu bw’isi bugenda busubira ku murongo nubwo hakiri utubazo.
Abakinnyi, abatoza ndetse n’abakunda umupira w’amaguru ku isi bakomeje gusengera Patrice Muamba bamwifuriza gukira, dore ko amerewe nabi cyane mu bitaro byitwa London Chest Hospital biri i Londres.
Umusore w’imyaka 20 witwa Desire Nsabiyumva yatawe muri yombi tariki 18/03/2012 mu karere ka Rulindo azira gukora kanyanga. Yafashwe nyuma y’uko urwego rushinzwe umutekano mu baturage mu murenge wa Murambi rutanze amakuru kuri polisi.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Ruhango bafashe ingamba ko bagiye guhangana n’ikibazo cy’ubukene bashishikariza abaturage guhinga mu buryo bugezweho bujyanye n’ikoranabuhanga.
Etincelles FC yasanze Kiyovu Sport mu rugo kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo iyihatsindira ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona wabaye ku cyumweru tariki 18/03/2012.
Mu matora y’umuryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyarugenge yabaye tariki 17/03/2012, Nkusi Charles, umuyobozi w’umudugudu w’Ingenzi mu Kiyovu, yatorewe kuyobora komite ngenzuzi y’uwo muryango. Yungirijwe na Kamuru Charles na Odette Uwantege.
Ubumenyi buke ku itegeko ry’uburinganire ndetse n’umuco wo guhishira, kuri bamwe mu batuye akarere ka Kamonyi, nibyo bituma hari ahakigaragara ibibazo by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Nubwo ababyeyi bo mu karere ka Karongi cyane cyane muri karitsiye bita mu Cyumbati bahagurukiye abana babona imodoka ihise bakayurira, abana bo wagira ngo ntibumva kandi ingaruka bazibonera n’amaso yabo.
Umugore n’umugabo basangiraga urwagwa mu kabari muri karitsiye (quartier) izwi ku izina ryo mu Cyumbati, mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi, tariki 17/03/2012, barasinze bararwana maze uje kubakiza arakubitwa.
Ababyeyi bari ku isoko rya Rugogwe mu karere ka Huye tariki 17/03/2012 batangaje ko hari imibyinire idakwiriye Abanyarwandakazi. Ibyo babikomoje ku mibyinire y’abakobwa bari bazanye naTigo mu gikorwa cyo kwamamaza iyi sosiyete no kugurisha bimwe mu byifashishwa muri serivisi itanga.
Abarema isoko rwo ku gasantere ka Rugogwe mu karere ka Huye baracyafite ingeso yo gusangirira ku muheha kubera ibigage n’imisururu banywa.
Richard Tardy, umutoza w’ikipe y’igihugu y’abaterengeje imyaka 20 yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 20 azitabaza mu mukino wa gicuti wo kwishyura afitanye na Uganda uzabera i Nakivubo muri Uganda ku wa gatatu tariki 21/03/2012.
Police FC ikomeje kwicara ku mwanya wa mbere nyuma yo kunganya na APR FC ubusa ku busa, mu mukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona wabaye tariki 17/03/2012 kuri stade Amahoro i Remera.
Rwabukambiza Justin, umugabo w’imyaka 46 utuye mu kagali ka Busanza, Umurenge wa Kanombe , akarere ka Kicukiro, kuva tariki 16/03/2012, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata akekwaho kugurisha imodoka ya Benzinge Ben.
Mu nama y’inteko y’abagize umuryango RFP-Inkotanyi mu karere ka Nyamasheke yateranye tariki 17/03/2012, abayitabiriye batoye komite ngenzuzi ndetse na komisiyo ngengamyitwarire mu muryango wa RPF-Inkotanyi.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John, asanga mu gihe abaturage badashishikarijwe kugabanya imbyaro nta terambere akarere ka Kayonza muri rusange kageraho. Impuzandengo y’ibarura riheruka igaragaza ko mu karere ka Kayonza umubyeyi umwe abyara nibura abana batanu.
Abahanzi Danny, Bull Dog,Young Grace, Jay Polly, Just Family, Emmy, Dream Boys, Rider Man, King James na Knowless nibo bazakomeza mu cyiciro cya kabiri cya Primus Guma Guma super Star season 2.
Umugore utuye i Nyanza yakubitiye umugabo we ku gasantere bita “Arete” gaherereye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye, tariki 17/03/2012, amuziza ko atamufasha guhahira urugo.
Umutwe w’inyeshyamba wo muri Kongo uvuga ko uharanira kubohoza ubutaka bwabo witwa Raia Mtomboko utera ibice birimo impunzi z’abanyrwanda akenshi biba bigenzurwa n’inyeshyamba za FDLR abo ufashe ukabica rubozo; nk’uko bitangazwa na bamwe mu Banyarwanda batahuka.
Umucamanza Nyirabirori Annonciata n’umwanditsi w’urukiko Nyirangorane Anastasie birukanywe ku mirimo yabo burundu bazira amakosa akomeye bakoze mu kazi kabo; nk’uko bitangazwa na Kaliwabo Charles umuvugizi w’inkiko.
Abanyamuryango b’umuryango wa RPF-Inkotanyi bo mu karere ka Nyamasheke barishimira intambwe bateye muri uyu mwaka ushize wa 2011, kuko bageze kuri byinshi mu bice bitandukanye.
Abaturage bo mu Kagari ka Gihengiri mu Murenge wa Mukama ho mu Karere ka Nyagatare barasaba ubuyobozi kubongerera ibigo by’amashuri abanza, kuko kuba abenshi muri abo baturage batuye kure y’amashuri bituma abana babo banga ishuri.
Umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko witwa Uwizeyimana Elysée Nadia akambitse imbere y’inzu y’iwabo n’utwe twose, nyuma yo kwirukanwa na se umubyara. Avuga ko azahava ari uko umubyeyi we amusobanuriye aho yerekeza.
Umugabo w’imyaka 38 y’amavuko witwa Fulgence Simbyondora afungiye kuri Station ya Polisi ya Zaza mu Karere ka Ngoma, nyuma yo gufatanwa ibiro 12 by’urumogi mu gicuba cy’amata ashaka kujijisha abashinzwe umutekano.
Zimwe mu nkiko zo mu gihugu zahawe abayobozi bashya izindi zihabwa abacamanza bashya, nk’uko byemejwe mu Nama Nkuru y’Ubucamanza y’iminsi itanu iyobowe Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege, yari iteraniye ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ikirenga.
Umutoza n’abakinnyi ba APR FC baratangaza ko bishimiye ko umunyezamu wabo wa mbere, Ndoli Jean Claude, yakize imvune. Bidahindutse ashobora no kwitabazwa ku mukino uyihuza na Police FC kuri uyu wa Gatandatu, nk’uko umutoza wayo Ernie Brandts yabitangaje.
Umuhanzi w’Umunyarwanda Mugisha Benjamin “The Ben”, ubarizwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yamaze gusinya amasezerano y’umwaka umwe n’imwe mu mazu ashinzwe ibikorwa by’abahanzi n’ubuhanzi bwabo muri Amerika ya Mavaka Music Label.
Umurambo wa Ngendahimana Eric wiciwe muri Uganda, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 16/03/2012, nibwo wagejejwe ku mupaka uhuza iki gihugu n’u Rwanda. Inzego za polisi hagati y’ibihugu byombi nizo zahererekanyije umurambo ku rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka.
Umudugudu wa Kinini umaze kuba icyitegererezo mu midugudu igize akarere ka Rulindo kubera uburyo abawutuye bitabiriye ubworozi bw’inkoko, bukabafasha muri gahunda zo kwiteza imbere.
Abanyarwanda bagera ku 158 n’Umunyekongokazi umwe, kuri uyu wa Gatanu tariki 16/03/2012 bambutse umupaka wa Rusizi bava mu mashyamba ya Congo banyuze muri Bukavu y’Amajyepfo.
Uruhinja rw’icyumweru kimwe rwatoraguwe mu musarane w’umukecuru witwa Bonifride Nyiransabimana, utuye mu Mudugudu w’Isangano akagali ka Rugali umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa Kane tariki 15/03/2012.
Perezida wa komisiyo y’igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, Sayinzoga Jean, aremeza ko nta mwuga uruta indi. Yabitangarije abamugaye bahoze ari ingabo kuri uyu wa Gatanu, ubwo bahabwaga impamyabushobozi z’amahugurwa bari bamazemo amezi atandatu.
Akarere ka Burera karateganya kubyaza umuyaga umuriro w’amashanyarazi kuko muri ako karere hakunze kuba umuyaga mwinshi kandi igihe cyose.
U Rwanda na Tanzaniya byasinye amasezerano yo korohereza abacuruzi bakorera ubucuruzi bwabo ku mipaka ya Tanzaniya n’u Rwanda (simplified trade regime). Abacuruzi bakora ubucuruzi buto kuri uwo mupaka bongerewe amasaha yo gukora ava kuri 12 ajya kuri 16 ku munsi.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru kuri Radio Maria Vincent de Paul Ntabanganyimana aratenganya kumurikira abakunzi be alubumuye ya mbere «Ngwino urebe” mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka; nk’uko yabidutangarije.
Abayobozi, abakozi n’abakorerabushake ba komisiyo ishinzwe amatora mu Rwanda, tariki 15/3/2012, bakoze umuganda udasanzwe ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Ntarama.
Abagize Ikirezi Group itanga Salax Awards baratangaza ko gahunda izaba yateganyijwe ku munsi wo gutanga ibihembo igomba gukurikizwa uko yagenywe kabone nubwo abahanzi bazahembwa batinda kuhagera.
Ubuyobozi bwa banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) burashima imirimo yo gutunganya igishanga cya Rurambi butera inkunga kuko izakemura ikibazo cy’ibiribwa.