Mu rwego rwo gukomeza kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 tariki 25/11/2011 abantu 50 bo mu karere ka Gicumbi basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi.
Mu mpera z’igihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka, Niragire Albert, umwarimu ku kigo cy’amashuri abanza cya Nkuri mu karere ka Rutsiro, yabeshye ko yapfushije umwana we kugira ngo SACCO umuhe amafaranga 300.000.
Mu rwego rwo kurwanya indwara ziterwa n’imirire mibi, ikigo nderabuzima cya Rwankeri giherereye mu murenge wa Mukamira, akarere ka Nyabihu, cyatangije gahunda yo kujya cyigisha ababyeyi baturuka mu miryango irwaje indwara z’imirire mibi bakigishwa gutegura indyo yuzuye kandi hifashishijwe ibiribwa biboneka mu gace batuyemo.
Abaturage bo mu murenge wa Kinyababa akarere ka Burera barashimira uruhare rwa Police y’igihugu mu kubafasha kubungabunga ibidukikije batera amashyamba mu rwego rwo kubarinda isuri.
“Iyo umuryango ufite amahoro ugera no ku iterambere, urangwa n’ubuzima bwiza kandi n’abana baba abahanga kuko nta kiba cyabahungabanyije.” Uwo ni Hon. Mukakanyamugenge Jaqueline wabwiraga abaturage bo mu Murenge wa Rwaniro ibijyanye na gahunda y’iminsi 16 yahariwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Hari nyuma (…)
Abantu barindwi bakorera isosiyeti icukura amabuye y’agaciro yitwa RUDNIKI, bari barengeweho n’ikirombe bacukuragamo amabuye y’agaciro ya Coltan mu murenge wa Nyarusange, bamaze gukurwamo n’igikorwa cy’umuganda ku bufatanye bwa polisi y’igihugu ndetse n’ingabo.
Mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki ya 26 Ugushyingo 2011 polisi yo mu Karere ka Nyanza yabyukiye mu gikorwa cyo gusaka ahantu hakekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge birimo urumogi na Kanyanga biza ku isonga no guta muri yombi imburamukoro n’inzererezi zo muri aka karere.
Jennifer ntiyashoboye kwitabira ibirori byo guhabwa impamyabushobozi mu ishuri rikuru ryo mu mutara Umutara Polytechnic University kubera impanuka yakoze ubwo yajyagayo muri iki gitondo hamwe n’abari bamuherekeje. Nta muntu wapfuye. Abakomeretse barimo kuvurirwa mu bitaro bya Nyagatare abandi mu bitaro bw’umwami Faisal i Kigali.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, mu murenge wa Gisozi mu karere ka Gasabo, hatoraguwe umurambo w’umusore utaramenyekana uri mu kigero cy’imyaka 22 y’amavuko wishwe atemaguwe.
Ikinyamakuru The Daily News cyanditse ko kuri uyu wa gatatu mu ishuli ryitwa Orange River riri mu mujyi wa Fort Myers, muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika,umunyeshuri yasomye undi maze umwarimukazi agahamagaza polisi ariko polisi isanga nta cyaha kiri mubyo bakoraga.
Amaduka yo mu gace kitwa Sundsvall muri Suede yahisemo kujya yihanira abafashwe biba muri ayo maduka aho kubajyana kuri polisi.
Kuri sitasiyo ya police ya Sake mu karere ka Ngoma hafungiwe umusore witwa Biziyaremye Jean Bosco ukurikiranwaho kuba yarafatanwe urumogi mu murima we w’ibishyimbo yararuhinzemo.
Habineza Emmanuel wo mu murenge wa Mugesera, akagali ka Mugatare, kuva ejo ari mu maboko ya polisi kuri station ya Sake nyuma yo gufatirwa mu cyuho iwe mu rugo saa munani z’amanwa atetse kanyanga.
Ku nkengero z’ikiyaga cya Kidogo cyo mu Karere ka Bugesera, umurenge wa Rilima habonetse ibice by’umubiri w’umuntu wishwe n’ingona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru buremeza ko tariki 22/11/2011mu murenge wa Kibeho habonetse imibiri y’abantu 27 bazize Jenoside.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera barinubira ubujura bw’amatungo yabo yiganjemo inka burimo gukorwa n’abamwe mu baturanyi bo ntara ya Kirundo yo mu gihugu cy’u Burundi.
Raoul Gisanura Ngezi usanzwe ari umuyobozi wungirije w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yamaze gutorerwa kujya muri komite y’ubuyobozi bwa CECAFA mu matora yebereye i Dar es Salaam muri Tanzania ku wa gatatu.
Kuri uyu wa gatanu tariki 25 Ugushyingo 2011, ku nshuro ya mbere Kaminuza Politekiniki y’Umutara igiye gutanga imyabushobozi ku banyeshuri barenga 400 bayirangijemo amasomo yabo y’icyiciro cya mbere cya kaminuza.
Amavubi ashobora kuzahura n’akazi gakomeye muri CECAFA yatangiye kuri uyu wa gatanu, kuko agomba kuzahangana na Zimbabwe yajemo ku munota wa nyuma ikaba yasimbuye Namibia yavuyemo bitunguranye.
Uwahoze ari umuvugizi w’inteko ishingamategeko y’umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba (EALA), Abdulrahman Kinana, arakangurira abagize iyi nteko kwita ku birebana n’imiyoborere myiza ndetse no gukurikirana ibikorwa by’iterambere bigamije kuzamura urwego rw’imibere rw’abatuye ibihugu bigize umuryango.
Amarushanwa yo gusiganwa ku magare Tour du Rwanda 2011 ejo yari ageze ku munsi wa gatanu. Umubirigi Smet Guy wo mu ikipe yitwa FRANDERS AVIA niwe wanikiye abandi akurikirwa n’Umunyarwanda Ruvogera Obedi ariko ariko umunyamerika Rosskopf Joseph niwe ukiri ku mwanya wa mbere muri rusange.
Umuyobozi muri UNICEF ushinzwe imirire, Dr. Nicholas Alipui, ashima u Rwanda mu kurwanya imirire mibi ibangamira imikurire y’umwana. Yabitangaje igihe yatangizaga inama yiga ku mirire y’iminsi 2 yatangiye tariki 21/11/2011 i Kigali.
Abaguverineri ba za banki nkuru zo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’iburasirazuba bateraniye mu nama yiga ku kibazo cy’ifaranga rimwe muri aka karere yari iteraniye i Bujumbura, bavuze ko bidashoboka mu mwaka wa 2012.
Marius Els, umworozi wo muri Afurika Yepfo, yishwe n’imvubu yari yoroye mu gikingi cye. Iyi mvubu yatangiye kuyorora ifite amezi atanu gusa akaba ndetse yarakundaga kuyigereranya n’umwana we.
Mu mudugudu wa wa Karambi, akagari ka Bumba, umurenge wa Gihango akarere ka Rutsiro,mu ijoro ryakeye ryo kuwa gatatu rishyira kuwa kane habereye ubwicanyi bwakorewe Nsanzimana Etienne w’imyaka 21 y’amavuko.
Tariki 23/11/2011 ubushinjacyaha bwasabiye umuganga wa Michael Jackson, Conrad Murray, igifungo cy’imyaka itatu kubera uburangare yagize mu kuvura nyakwigendera Jackson.
Abashakashatsi batangaza ko abanywatabi bashobora gutakaza 1/3 cy’ubushobozi bwo kwibuka buri munsi.
Umukuru wa polisi IGP Emmanuel K. Gasana aratangaza ko hari gahunda yo gukwirakwiza ibigo bishinzwe kwakira ibirego by’ahagaragaye ihohoterwa mu gihugu hose. Yabitangaje ubwo yasurwaga n’umuyobozi mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF) tariki 23/11/2011.
Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abantu ya Rugali Express yaguye ku Ruyenzi ahagana mu ma saa kumi z’umugoroba. Nta muntu n’umwe yahitanye keretse bake bakomeretse ku buryo bworoheje.
Inteko rusange y’umutwe w’abadepite, kuri uyu wa kane tariki 24/11/2011, yatoye itegeko rishyiraho kandi rikagena inshingano, imiterere n’imikorere y’ibitaro bya gisirikare bya Kanombe (KMH).
Abagize itsinda Just Family baratanga ko amafaranga azava mu kumurika alubumu yabo ya kabiri “IBINDIMO” azafasha abantu bo muri Somaliya. Ibirori byo kuyimurika bizabera muri Sport View hotel i Remera kuri uyu wagatanu tariki ya 25 ugushyingo 2011.
N’ubwo u Rwanda ruheruka gutsinda Eritrea ibitego 3 kuri 1 mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, u Rwanda rwasubiye inyuma imyanya ibiri ku rutonde rwa FIFA rugaragaza uko amakipe y’ibihugu akurikirana ku isi. Ubu u Rwanda ruri ku mwanya wa 114.
Imfurayase Patience, umukobwa uzwi cyane muri showbiz nyarwanda, yashatse gutwika inzu y’iwabo harimo ababyeyi be n’abavandimwe be ariko polisi irahagoboka.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu mu muryango w’abibumbye, Susan Rice, yatangaje ko igihugu cye cyatabaye muri Libiya kubera kwanga kongera gukora ikosa ryo kudatabara igihugu cye cyakoze ubwo mu Rwanda habaga Jenoside.
Mu gice cya kane cy’isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda (Rubavu-Muhanga), Umunyamerika Kiel Reijnen ukinira Team Type 1 yongeye kubasiga.
Ushinzwe ibikorwa mu ishami ry’umuryango wabibumbye ryita ku bana (UNICEF), Nicholas Alipui, ejo yatangaje ko yatunguwe n’intambwe u Rwanda rumaze gutera mu gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina. Alipui yabitangaje ejo ubwo yasuraga ikigo Isange One Stop Center gukorera ku Kacyicu mu mujyi wa Kigali.
Itsinda ry’abapolisi bane bo muri Tanzaniya bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda riratangaza ko ryatunguwe n’uburyo urwego rwa polisi mu Rwanda rudakozwa ruswa. Aba bapolisi bari mu Rwanda mu rwego rwo kwiga uburyo bwo guhangana n’ibyaha bitandukanye.
Umuryango w’umugabo witwa Elissa Uwitonze wategetswe gutaburira umurambo kugirango ujyanywe kwa muganga hamenyekane icyamwishe. Ejo nibwo ibitaro bya Nyanza byemereye umuryango we gusubirana umurambo.
Olive Dusingizimana yitabye Imana azize inkuba yamukubanye n’abavandimwe be batatu ejo mu ma saa munani z’amanywa mu mudugudu wa Batura, akagari ka Karenge, umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi.
Umugabo witwa Twizerimana Jean Pierre utuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu yishe umugore we, Nyirarukundo, wari utwite inda y’amezi atatu. Ibi byabaye mu saa mbiri z’ijoro tariki 21/11/2011;bari bamaranye amezi ane babana.
Abashumba bakunze kwitwaza inkoni n’imihoro bagaragara mu murenge wa Bigogwe hafi y’ishamba rya Gishwati bakomeje guhungabanya umutekano w’abaturage. Ibi bimaze igihe kirenga amezi 2; bigaragara cyane cyane iyo umuntu anyuze hafi y’aho abo bashumba baragiye.
Abagabo 3 barengwa kunyereza amafaranga miliyoni zisaga 31 z’ibitaro bya Kibuye bemerewe kubonana n’abashinzwe ibaruramutungo (audit) mbere y’uko urukiko rukomeza urubanza.
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yatangaje ko ejo ambasaderi w’icyo gihugu muri UN, Susan Rice, yageze mu Rwanda mu ruzinduko w’iminsi ine.
Umuyobozi wa komine ya Dieulefit mu Bufaransa, madamu Christine Prietto, aratangaza ko kuba igihugu cye cyaratije umurindi abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenocide yakorewe abatutsi mu 1994 byaribikwiye kubera isomo amahanga.
Mu gice cya gatatu cy’isiganwa ryo kuzenguruka u Rwanda ku magare, ikipe y’u Rwanda yitwa Karisimbi ni yo yabaye iya mbere.
Tariki 21/11/2011 hagati ya saa yine na saa tanu za mu gitondo, umukobwa w’imyaka itatu n’igice yapfiriye mu mudugudu wa Kabuga mu kagari ka Kinazi umurenge wa Kinazi ho mu karere ka Ruhango azize impanuka.
Kuri uyu wa gatatu ikipe y’igihugu Amavubi yahagurutse I Kigali yerekeza muri Tanzania mu mikino ya CECAFA izatangira ku wa gatanu. Umutoza Milutin Micho witwaje abakinnyi 20 yasize yijeje Abanyarwanda kuzabashimisha.
Ubwo yakoraga ikiganiro n’abanyamakuru ku nshuro ya mbere, umuyobozi w’akarere ka Muhanga yatangaje ko kuba atajyaga akorana ikiganiro n’abanyamakuru atari ukwimana amakuru ahubwo ko ari igihe cyari kitaragera.
Leta ya Zimbabwe iratangaza ko idacumbikiye, Protais Mpiranya, Umunyarwanda uregwa kuba yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994. Uyu mugabo ashakishwa n’urukiko mpuzamahanga rwashyiriwe ho u Rwanda (ICTR).
Seif al-Islam uherutse gufatwa mu mpera z’icyumweru gishize ngo yagambaniwe n’umwe mubanyalibiya bibera mu butayu (nomades) wagombaga kumucikisha.