Road Show ya Primus Guma Guma Super Star II (PGGSS II) yabereye i Musanze tariki 09/06/2012, umuririmbyi King James ni we wahagurukije abafana ku buryo bugaragara, aho abafana bamwishimiye babyina kandi baririmba indirimbo ze.
Itangishaka Emmanuel w’imyaka 34 y’amavuko utuye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi ya Busasamana akekwaho gusambanya umwana w’imyaka itanu umugore we yabyaranye n’undi mugabo mbere y’uko babana.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma, Musoni Portais, aratangaza ko Abanyarwanda babishatse polisi yahagarika ibikorwa byo gutanga amapingu ku banyabyaha igatanga ibikorwa by’amajyambere birimo gutanga inka, inzitiramibi no kubakira abatishoboye.
Nzabakira Renny, umucuruzi w’Umunyarwanda, yegukanye itike y’indege ya Turkish Airlines izamujyana aho ashatse mu burayi akamara iminsi itatu arara mu hoteli ashatse. Ibi bihembo byatanzwe na MTN Mobile Money yabishyikirijwe tariki 09/06/2012.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kiri muri gahunda yo kugenzura abacuruzi bo mu mujyi wa Kigali batitabira gutanga inyemezabuguzi (factures) z’ibyo bagurishije, nyuma yo kubona ko imisoro ku nyongeragaciro (TVA) itazamuka nk’uko biteganijwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Leta y’ u Rwanda, Louise Mushikiwabo, aranenga kubangama k’umuvugizi wa Leta ya Congo wahaye agaciro ibinyoma by’abashinja u Rwanda ko rushyigikiye abarwanya Leta ya Congo.
Abayobozi bakuru barimo Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali na Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi n’itsinda ry’Abadepite n’Abasenateri, bashimye akarere ka Rutsiro kashoboye kubaka urwibutso rwa Jenoside rujyanye n’igihe kandi nta nkunga basabye.
Komite y’akarere ka Nyamasheke ishinzwe gucunga Ibiza itegerejweho guhindura byinshi mu mikorere yayo, nyuma yo guhugurwa ku kurwanya Ibiza, yagenewe na Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no kurwanya Ibiza (MIDIMAR).
Imikino y’igikombe cy’Uburayi izaragurwa n’inyamaswa eshanu: inzovu ebyiri, ingurube, inka n’akanyamaswa kiswe Fred ko mu bwoko bwa pitois. Utu tunyamaswa dufite uburyo butandukanye tubasha kwerekana ikipe iri butsinde kandi akenshi biba byo nk’uko byagenze mu gikombe cy’isi muri 2010.
Komisiyo y’igihugu y’ubutaka iratangaza ko hari bamwe mu Banyarwanda bamaze gufatwa bigana ibyangombwa by’ubutaka bashaka kwiba amafaranga y’amabanki.
Umunyamerika ufite imyaka 69 yategetswe n’urukiko kwishyura amadolari ya Amerika ibihumbi 900 (mafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 553) umukecuru w’imyaka 49 bakoranye imibonano mpuzabitsina akamwanduza indwara yandurira mu mibonano mpuzabitsina kandi umukecuru yari yamuhaye agakingirizo akoresha, umusaza akabyanga.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwamurikiye inteko rusange ibikorwa birimo kugerwaho bigamije ahanini imiturire ijyanye n’igihe, kubaka ibikorwaremezo hamwe no gukoresha ikoranabuhanga; mu rwego rwo gutanga servise nziza.
Abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star II barakomereza ibirori by’umugoroba i Rubavu kuri Tam Tam Beach, ubwo baba bamaze gutaramira i Musanze.
Komite y’akarere ka Nyamasheke ishinzwe gucunga Ibiza itegerejweho guhindura byinshi mu mikorere yayo, nyuma yo guhugurwa ku kurwanya Ibiza, yagenewe na Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no kurwanya Ibiza (MIDIMAR).
Impunzi z’Abanyekongo zihunga imirwano iri mu Burasirazuba bwa Congo zari mu nkambi ya Nkamira, zigiye kwimurirwa mu ya Kigeme mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza asaba ko nta mpunzi ziba hafi y’umupaka.
Ubutaka bw’impfubyi za Jenoside Leta yubakiyemo abatishoboye nyuma y’i 1994, ubwo bamwe muri abo bana bari bataramenya ubwenge, bukomeje guteza ikibazo kuko abenshi aho bakuriye batangiye gusaba ko imitungo yabo igaruza.
Imikorere n’ibikoresho bya Laboratwari y’Ibitaro bya Gisirikari bya Kanombe, byayishyize ku rwego rw’inyenyeri Enye, bituma iza mu bihangange mu mikorere mu gutanga ibisubizo yizewe ku rwego rw’isi.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho kuburanisha abashinjwa Jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda (TPIR), kuwa kane w’iki cyumweru rwanzuye Bernard Munyagishari, wahoze muri guverinoma yateguye Jenocide azaburanishirizwa mu Rwanda.
Akarere ka Huye kabimburiye uturere dutanu twatsinze amarushanwa yateguwe Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA) mu kugaragaza umwihariko no guhanga udushya, kubera abaturage biyubakiye santeri y’ubucuruzi yabafashije kubona aho bakorera.
Abasirikare bakuru (officiers) 36 baturutse mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, Malawi na Australia bashoje amasomo bahabwaga mu rwego rwo kubagira indorerezi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi by’umuryango w’abibumbye (UN).
Ubuyobozi bw’Urukiko rw’Ikirenga n’ubw’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda burimo kwitegura igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya kane abari abakozi b’izi nzego zombi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu rugo rwa Murekeyimana Sylvain utuye mu mudugudu wa Munini akagari ka Munini umurerenge wa Ruhango, mu karere ka Ruhango hatoraguwe intwaro ebyiri zo mu bwoko bwa Gerenade tariki 08/06/2012.
Abantu 44 bamaze kugezwa aku bitaro bya Remera Rukoma, bazira kunywa igikatsi, umutobe n’inzoga byengewe mu rugo rwa Mushumba Vincent. Ibitaro bya Rukoma byemeza ko ibimenyetso by’ubarwayi bwabo bigaragaza ko bariye ibintu byanduye.
Umushinjacyaha wa Repuburika, Martin Ngoga, aratangaza ko abemeye kugaruza umutungo wa Leta bari bashinzwe ariko raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta ikagaragaza ko waburiwe irengero batazakurikiranwa n’amategeko.
Umushinwa umwe yakomeretse ubwo imodoka yabo yaterwaga ibuye n’umwana uri mu kigero cy’imyaka 9 ubwo yari avuye kwiga ku kigo cy’amashuli abanza cya Mukingo mu karere ka Nyanza ahagana saa sita z’amanywa tariki 08/06/2012.
Abaturage bo mu murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke bahagaritse imirimo mu gihe cy’amasaha nk’abiri ku gicamutsi cyo ku wa kane tariki 07/06/2012 ubwo bakubitaga bakuzura baje kureba kajugujugu yari yaguye muri uwo murenge.
Kwegura kw’abayobozi b’uterere n’ab’imirenge batowe muri manda nshya guteye impungenge zikomeye zisaba gufatira ingamba hakiri kare; nk’uko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yabitangarije Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA).
Ubushakashatsi bwerekanye ko imyenda izambarwa n’abakinnyi ba Pologne, Espagne, Ubudage, Uburusiya, Ukraine, Ubutariyani, Ubufransa, Ubuholandi na Portugal ikoze mu miti irenze urugero ku buryo ishobora kwangiza ubuzima bw’umuntu.
Nyuma yo gutangiza club irwanya ibiyobyabwenge ku kigo cy’amashuri cya Gatore, umunyeshuri wo kuri icyo kigo witwa Ndayishimiye Hamis wigeze kunywa urumogi arakangurira urundi rubyiruko kureka kunywa ibiyobyabwenge kuko ari bibi ku buzima.
Abakozi b’uruganda rukora inkweto mu gihugu cya Zimbabwe batangaje ko barambiwe gukorera inkweto ebyiri buri kwezi aho guhembwa amafaranga. Ubwo buryo bwo guhembwa bari bamazemo imyaka ibiri.
Umugabo witwa William Masvinu uherutse gutorerwa kuba mubi kurusha abandi mu mujyi wa Harare muri Zimbabwe ahangayikishijwe n’uko abamamaza birengagiza ikamba yahawe ryo kuba mubi kurusha abandi kandi ashaka ko iryo kamba ryamubyarira n’agafaranga.
Umuyobozi mukuru wa police, Emmanuel Gasana, ari kumwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma, Musoni Portais, kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, batangije ibikorwa bya police mu karere ka Gatsibo bubaka amazu y’abatishoboye.
Urugereko rw’ibanze rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyirweho u Rwanda (ICTR) rwafashe umwanzuro wo kohereza urubanza rwa Bernard Munyagishari kubanishwa mu Rwanda. Iki cyemezo cyizaba ntakuka, urugereko rw’ubujurire na rwo nirucyemeza.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, arasaba Abanyarwanda kuzayishyigikira ubwo izaba ikina na Benin ku cyumweru tariki 10/6/2012, bakareka guca intege abakinnyi kuko baheruka kunyagirwa na Algeria ibitego bine ku busa.
Mu rwego rwo guteza imbere umwuga wo gutunganya ubwiza bw’umubiri, ishuri ryigisha gutunganya ubwiza bw’umubiri ryitwa “Universal Beauty Academy (UBA)” riri i Kimironko mu mujyi wa Kigali rizatangizwa mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.
Kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, mu rwibutso rwa Jenoside rwa Congo Nil ruri ku cyicaro cy’akarere ka Rutsiro harashyingurwa mu cyubahiro imibiri igera ku 1390 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Utubari tune twahagaritswe burundu naho utundi dutanu ba nyiratwo bahabwa igihe ntarengwa cyo kuba batuvuguruye muri gahunda ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwafashe yo guhagarika utubari dukorera mu mujyi wa Nyamagabe tutujuje ibyangombwa.
U Rwanda ni cyo gihugu muri Afurika cyashoboye gukora neza gahunda yo kubarura ubutaka bwacyo. Ku isi ni urwa kabiri nyuma y’u Buholande’ nk’uko bitangazwa n’ umuyobozi mukuru wungirije w’ishami rishinzwe ubutaka no kubupima, Eng. Didier Giscard Sagashya.
Umukobwa witwa Nyiransabimana Beline w’imyaka 17 utuye mu mudugudu wa Ryagashaza, akagari ka Bunyonga, umurenge wa Karama mu karere ka Kamonyi yitabye Imana azira igikatsi yanyweye tariki 05/06/2012.
Bwa mbere mu Rwanda hagiye gutangira igikorwa cyo kubarura ibigo by’ubucuruzi biciriritse 100 bya mbere. Iki gikorwa cyateguwe n’ikigo gifite ubunararibonye mu ibaruramari cyitwa KPMG, cyanatangije ubushakashatsi nk’ubu mu bindi bihugu bigize aka karere.
Muri gahunda ya Leta yo kurwanya imirire mibi, uruganda rutunganya ifu y’ibigori (MINIMEX) rusigaye rutunganya ifu rukayongeramo imyunyungugu n’intungamubiri.
Nyuma y’iyegura ry’uwari umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Nyangezi Bonane, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, kuri uyu wa 07/06/2012 yasuye abanya Gicumbi abasaba gukomeza gukora muri ibi bihe by’inzibacyuho.
Amakipe icumi aturutse mu bihugu bitandatu byo ku mugabane w’Afurika niyo yarangije kwemeza ko azitabira irushanwa ryo gusiganwa ku magare rizwi nka ‘Kwita Izina Cycling Tour’ riteganyijwe kuba tariki 09-10/06/2012.
Imiryango itegamiye kuri Leta ikorera muri ntara ya Kivu irashinja umutwe wa FDLR kwaka umusoro abaturage batuye mu karere ka Lubero mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Mudendezo Assa uzwi ku izina rya Assa Veejay, umwe mu basore bazwi mu kiganiro cy’indirimbo cyitwa “The Beat” kinyura kuri televiziyo y’u Rwanda akaba n’umunyamakuru kuri Rwandastar.net arahakana amakuru amuvugwaho ko yaba ari mu rukundo n’umuhanzikazi ukizamuka uzwi ku izina rya Sister Macky.
Ku bufatanye na Minisiteri y’uburezi n’umuryango witwa Power of a Pen wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Isaro Foundation yateguye amahugurwa ku myandikire mu mashuri yisumbuye ku barimu baturutse mu gihugu hose(umwe kuri buri karere).
Havugimana Ferdinand w’imyaka 27 na Nsengimana Damascene w’imyaka 22 bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 06/06/2012 bazira kwiba moto yo mu bwoko bwa Yamaha AG 100 mu karere ka Karongi.
Car Tang Shuquan, umugabo w’Umushinwa uvugwaho guca agahigo ko kuba mubi kurusha abandi ku isi yashyizeho igihembo c’amafaranga ibihumbi ijana by’amashinwa ku muntu ngo uzakora ubufundo (grimace) butuma aba mubi nk’ubwo we akora.
Abadepite bo muri Zambiya baje kureba ukuri ku makuru avugwa ku Rwanda biyemeje kuba abavugizi barwo ku mpunzi z’Abanyarwanda zikiri iwabo, bazikangurira gutahuka zigafatanya n’abandi Banyarwanda kubaka igihugu.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zongeye gutangaza ko zishyigikiye gahunda z’umuryango mpuzamahanga zigamije kwambura intwaro no kurwanya umutwe wa FDLR kubera ibikorwa bihohotera abaturage ba Congo ukora.