Kwizera Mohamed uri mu kigero cy’imyaka 37 y’amavuko utuye mu mududugudu wa Kinama, akagari ka Musamo,umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana guhera tariki 14/05/2012 akurikiranyweho icyaha cyo kwihisha inkiko Gacaca.
Hagendewe kuri raporo mpuzamahanga zigenda zigaragaza intambwe igaragara u Rwanda rwateye mu kurwanya ruswa, Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda y’uko u Rwanda rwaza mu bihugu 10 bya mbere ku isi birwanya ruswa.
Mafisango Patrick wakiniraga ikipe y’igihugu (Amavubi) na Simba yo muri Tanzaniya yitabye Imana Imana azize impanuka kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012 saa kumi za mu gitondo mu mujyi wa Dar Es Salaam.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yakiriye inama y’ihuriro ry’inteko zishinga amategeko rifite inshingano zo kurwanya ruswa (APNAC). Abayitabiriye bararebera hamwe ibyo u Rwanda rwagezeho mu gukorera mu mucyo no guhanahana amakuru, nka zimwe mu nzira zo kurwanya ruswa.
Umushumba w’imyaka 25 y’amavuko waragiraga inka z’uwitwa Nzayisenga Obed utuye mu murenge wa Kintobo mu karere ka Nyabihu yatoraguwe mu mugezi wa Kinoni hagati y’akarere ka Nyabihu na Musanze yapfuye kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yatangije ubufatanye na banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) mu rwego rwo gufasha abafatabuguzi bayo kwigurira telefone zigezweho zo mu bwoko bwa BlackBerry (smart phones).
Ndacyayisenga Gratien wo mu mudugudu wa Gikomero, akagari ka Mubumbano, umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yatemye Nsengimana Gaspard w’imyaka 18 amuziza ko yahira imigozi y’ibijumba mu murima we.
Umwanditsi w’ibitabo ukomoka muri Senegali witwa Boubacar Boris DIOP atangaza ko igihugu cye kitagomba kwinjira mu kibazo cya Ingabire kuko byaba ari ubusazi n’icyasha kidasibangana kuri Senegali mu maso y’Afurika n’isi yose.
Nyuma y’icyumweru kirenga Emmy wari mu marushanwa ya PGGSS 2 agiye muri Amerika, ubuyobozi bwa Bralirwa na East African Promotors (EAP) bwemeje ko asimburwa n’itsinda Urban Boys kandi rigafata numero 1 Emmy yari afite.
Ubutaka bungana na hegitari ebyiri bwo ku gasozi ko mu mudugudu wa Kibingo, umurenge wa Rwaza mu karere ka Musanze bugenda burigita uko iminsi ishira ku buryo bumaze kumanukaho metero zirindwi z’ubujyakuzimu.
Uwumugisha Boniface w’amezi atanu y’amavuko mwene Mukansigaye Eugenie utuye mu mudugudu wa Mabera, akagari ka Rwoga, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yitabye Imana tariki 16/05/2012 atwitswe na matora yatwitswe na mukuru we.
Simbarikure Francois w’imyaka 26 y’amavuko yagiye kwiba inka mu mudugudu wa Bwangacumu mu kagari ka Nyamagana umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango tariki 16/05/2012 abaturage bamuta muri yombi baramukubita bamutera icyuma mu nda amara arasohoka.
Minisiteri ifite kwita ku mpunzi mu nshingano zayo (MIDIMAR), tariki 16/05/2012, yakiriye umusore w’Umunyekongo w’imyaka 25 witwa Boniface Zihire umaze ibyumweru bibiri yokejwe ibirenge n’abantu batazwi bamushinja ko ari umusirikare.
Impunzi z’Abanyekongo zigera kuri 33 zirimo imiryango itandukanye zari zicumbikiwe ku murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16/05/2012 mbere y’uko zimurirwa mu nkambi ya Nkamira iri mu karere ka Rubavu.
Abanyeshuri 10 b’Abanyarwanda barangije amashuri yabo muri University of Arkansas at Little Rock (UALR) muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baravuga ko biteguye guhita bashyira mu bikorwa ibyo bize kugira ngo bafatanye n’abandi Banyarwanda kubaka igihugu cyabo.
Abaturage bo mu kagari ka Kagenge mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera batewe n’imvubu yatorotse pariki mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16/5/2012 ariko abashinzwe umutekano babatabara ntawe iragirira nabi.
Imbogo zigera ku ijana zo muri parike y’Akagera, kuri uyu wakabiri tariki 15/05/2012, zatorotse parike zangiza imyaka myinshi y’abaturage, ndetse zinakomeretsa umuntu umwe; nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murundi, Murekezi Claude yabitangaje.
Minisitiri ufite umutungo kamere mu nshingano ze, Kamanzi Stanislas, afitanye inama n’abayobozi b’Intara y’Iburengerazuba kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012 ku cyicaro cy’Intara mu karere ka Karongi; nk’uko amakuru yizewe neza agera kuri Kigali Today abitangaza.
Ku butumire bwa Perezida Barack Obama, Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) azitabira inama ya 38 y’ibihugu umunani bikize ku isi (G8) izabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika tariki 18-19/05/2012 ndetse anakirwe mu biro bya Perezida wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (White House).
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yahaye UNICEF/Rwanda ibihumbi 50 by’amadorali y’Amerika (arenga miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda) byo gufasha impunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda.
Minisitiri w’Intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba ko imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Gashashi ruri mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yakwihutishwa abaturage bakabona umuriro w’amashanyarazi vuba.
Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’u Rwanda na Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, bazahurira i Kigali ku nshuro ya gatanu tariki 17-18/05/2012 mu rwego rwo kongera kuganira ku buhahirane buhoraho hagati y’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, kuri uyu wa gatatu tariki 16/05/2012, yifatanije n’abaturage b’utugari twa Gasura na Nyamitanzi mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu mu muganda wo gusubiranya ibikorwa byangijwe n’ibiza byatewe n’imvura imaze iminsi ihagwa.
Ibihugu byo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba hamwe na Sudani bitaraniye i Kigali mu nama bihererekanya ubunararibonye n’imbogamizi bihura nazo mu guteza imbere ishoramari n’imishinga.
Amagaju yarangije shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru itsinze Kiyovu Sport igitegokimwe ku busa mu mukino wabereye i Nyagisenyi tariki 15/05/2012. Igitego cyahesheje Amagaju intsinzi cyatsinzwe na Bangamwabo Karim ku munota wa 70.
Munyentwari Jean wari umwarimu mu kigo cyigisha imyuga cya Kavumu mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi i Busasamana mu karere ka Nyanza akekwaho gushaka kwicisha umugore we bashakanye.
Mu rwego rwo kunoza imikoranire myiza hagati y’u Rwanda na Uganda, itsinda ry’abasirikare ba Uganda basuye abasirikare b’u Rwanda bakorera mu karere ka Gicumbi (division ya 2 ya RDF) barebera hamwe uko umutekano w’ibihugu byombi uhagaze.
Ubwo yari agiye mu Budage guhura na Chancelier Angela Merkel kuwa kabiri tariki 15/05/2012, Perezida w’u Bufaransa, François Hollande, byabaye ngombwa ko agarukira mu nzira nyuma y’uko iyo yarimo Falcon 7X yakubiswe n’inkuba.
Bamwe baturage batuye mu kagari ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza ho mu karere ka Musanze baratangaza ko nta yandi mazi bashobora kunywa uretse amazi ari muri ako gace aryohereye avubuka mu butaka bita “amakera”.
Ishyirahamwe ry’imikino rizaba ritarabona ubuzima gatozi tariki 30/06/2012 ntirizongera gufashwa nk’uko byemerejwe mu nama y’inteko rusange ya komite y’igihugu y’imikino Olympique yabereye i Rubavu tariki 12/05/2012.
Igitego cya Sebanani Emmanuel “Crespo” wahoze ari umukinnyi wa APR FC nicyo cyahaye APR FC igikombe cya 13 ubwo Mukura yansindaga Police FC igitego kimwe ku busa tariki 15/05/2012 mu mukino wabereye ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali.
Mu gihugu hose, biteganyijwe ko uyu munsi tariki 16/05/2012 ndetse no kuwa gatandatu tariki 19/05/2012 hakorwa umuganda udasanzwe mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’ibiza bimaze iminsi bihitana abantu n’ibintu bigasenya amazu n’ibikorwa remezo.
Biteganyijwe ko abaturage 2000 bazabona amashanyarazi mu gihe kitarenze amezi atanu nyuma y’uko imirimo yo kubaka urugomero ruto rw’amashanyarazi ruri mu kagari ka Kayenzi, umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi isubukuwe.
Kalisa ukomoka mu murenge wa Gashanda mu karere ka Ngoma yagonzwe n’ikamyo nini ikururana ubwo yageragezaga kuyurira ashaka kwiba imifuka y’amakara yari ihetse hejuru yayo maze arahanuka agwa mu ipine ihita imunyura hejuru mu ijoro rya tariki 12/05/0212 ahagana saa sita z’ijoro.
Leta ya Zimbabwe yongeye guhakana ko idacumbikiye Umunyarwanda ukurikiranyweho icyaha cya Jenoside witwa Protais Mpiranya.
Abayobozi b’ibanze mu ntara y’Amajyaruguru baributswa ko bafite inshingano yo guteza imbere aho bayobora, bafatanya n’abayoborwa mu bikorwa bitandukanye by’iterambere.
Umugabo witwa Mvukiyehe Marc arashakishwa na polisi nyuma yo kugerageza guha abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda ruswa y’amafaranga ibihumbi ijana kugira ngo bamureke ajyane imodoka yari atwaye irimo amagerekani arenga ijana arimo Melace ikoreshwa benga inzoga itemewe ya kanyanga.
Nyirankiranuye Serafine w’imyaka 25 utuye mu murenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe yagwiriwe n’igiti cy’ipapayi cyari mu rugo iwabo ubwo imvura yagwaga ahita yitaba Imana ako kanya kuri uyu wa kabiri tariki 15/05/2012.
Abakuriye IBUKA mu mirenge igize akarere ka Nyabihu, basabye ko ubuyobozi bw’akarere kubishyuriza imitungo, bavuga ko imirenge n’utugari bisa n’aho byananiwe kubishyuriza.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga buremeza ko nta ngaruka ibiciro bishya byo gusura ingagi bishobora kuzagira kuri ba mukerarugendo, ubwo bizazamuka guhera mu kwezi gutaha.
Nyuma y’uko abagabo benshi bagaragarije impungenge zo kutamenya isaha nziza bashobora kuba batera akabariro, kugira ngo barusheho kunyura abagore babo, ikinyamakuru Women’s Health Magazine cyakoze ubushakashatsi kuri iki kibazo.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryamaze kwemeza ko mu mwaka w’imikino utaha amakipe azava kuri 12 nk’uko byari bisanzwe akagera kuri 14.
Ibitero bibiri inyeshyamba za FDLR zagabye tariki 11 na 13 uku kwezi ku baturage batuye mu duce twa Lingende na Upamando duherereye muri Kivu y’Amajyepfo, byasize bihitanye abasivili bagera kuri 26 binakomeretsa abandi 16.
Umushinjacyaha w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rukorera Arusha (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, tariki 09/05/2012 yashyikirije urukiko icyifuzo cyo kohereza mu Rwanda imanza za Aloys Ndimbati na Charles Ryandikayo.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukorera i La Haye rwashyizeho impapuro zita muri yombi Sylvestre Mudacumura uyobora umutwe wa FDLR-FOCA, ufatwa n’umutwe w’iterabwobwa n’umuryango mpuzamahanga.
Minisitiri w’Intebe, Habumuremyi Pierre Damien, kuri uyu wa kabili tariki 15 Gicurasi aratangira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y’Iburengerazuba.
Urugereko rwa mbere rw’iremezo mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rumaze gutangaza ko tariki 19/06/2012 ari bwo ruzasoma urubanza rwa Captaine Nizeyimana Ildephonse ufungiye Arusha muri Tanzania.
Mu mikino ya nyuma y’amajonjora mu irushanywa rihuje amakipe yabaye aya mbere ku mugabane wa Afurika, ikipe y’abagore ya Rwanda Revenue Authority (RRA) yabonye itike ya ¼ nyuma yo gutsinda ikipe ya KCB amaseti 3-1.
Abaturage, ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza hamwe n’inzego zishinzwe umutekano bafatanyirije hamwe gutwika no kumena ku mugaragaro litiro 231 za kanyanga, imifuka 15 y’inzoga zo mu bwoko bwa Vodka, ibiro 14 by’urumogi hamwe n’imifuka ibiri ya Chief Waragi.
Nsengiyumva Emmanuel utuye mu mudugudu wa Rugarama,akagari ka Cyendajuru mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye afungiye kuri sitasiyo ya poilisi ya Kirehe kubera kugurisha inka yahawe muri gahunda ya Girinka.