Umuhanzikazi Butera Jeanne uzwi ku izina rya Knowless yakoze impanuka mu gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 23/05/2012 ahita ajyanywa mu bitaro by’umwami Faycal biri mu mujyi wa Kigali.
Minisiteri y’Umuco na Siporo irahamagarira Abaturarwanda kuzitabira igikorwa cy’Isiganwa Mpuzamahanga ry’Amahoro, rizaba kuri iki Cyumweru tariki 27/05/2012.
Umushinjacyaha mukuru mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, amaze gusaba urukiko gushyiraho itsinda ry’abacamanza rizasuzuma ko urubanza rwa Lieutenant Colonel Munyarugarama Pheneas rwakoherezwa mu Rwanda.
Indaya zo mu mujyi wa Nyanza zabyutse zigaragambya tariki 23/05/2012 zamagana mugenzi wazo witwa Dusabe Marie Ange ukora kuri Bar Idéal wanze kwita ku bana 7 yabyaye ku bagabo banyuranye.
Minisitiri w’Intebe wungirije w’Ubushinwa, Hui Liangyu, yagiranye ikiganiro na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa gatatu tariki 23/05/2012.
Mugabo François, umukozi ushinzwe irangamimerere n’ibibazo by’abaturage mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke akurikiranyweho gushyingira ku nshuro ya kabiri umugore witwa Nyirantawuzuzakira Clémentine; nk’uko byemezwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanjongo, Ndindayino Jean Claude.
Inyeshyamba za FDLR na Mai-Mai zishe abasivili barenga 100 mu cyumweru gishize mu duce twa Ufamandu ya mbere n’iya kabiri mu karere ka Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru.
Abagize ishyirahamwe ry’abacamanza n’abanditsi b’inkiko mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAMJA) bateraniye i Kigali mu nama yo kurebera hamwe uruhare n’ubushobozi bw’ubutabera mpuzamahanga mu gukurikirana abakoze ibyaha.
Aba Ingénieurs bari bashinzwe gukurikirana imirimo y’ubwubatsi bw’ibigega bya biogaz mu mashuri yisumbuye mu rwego rwa stage itangwa na RDB barashinja EWSA kubashyiraho amananiza igamije kwanga kubishyura amafaranga ya stage bagomba kwishyurwa.
Mugabo w’umuganga ( docteur en chirurgie) wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika witwa Emil Chynn yashyizeho igihembo cy’amadorari ibihumbi icumi ku muntu wese wazamubonera umugore babana nyuma gusanga atazibashiriza gukurikiza imico gakondo y’iwabo ikoreshwa mu gushaka umugore.
Umukobwa w’imyaka 25 y’amavuko wiga nijoro mu mwaka wa gatatu mu ishami ry’icungamutungo muri INILAK Nyanza Campus, ku mugoroba wa tariki 22/05/2012 yasabye lifuti maze aho kumujyana mu mujyi wa Nyanza imukomezanya mu karere ka Ruhango.
Bunani Jean Pierre w’imyaka 36, kuva tariki 21/05/2012, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Gisozi mu karere ka Gasabo azira gufatanwa ibyangombwa by’ibihimbano n’ibindi bikoresho by’ibihimbano.
Sett Manfred, umudage wo mu muryango wa Dr Richard Kandt utuye mu kagari ka Shangi, umurenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke ararega abaturage baturanye kumurengera ariko abo baturage nabo bamurega kuba ariwe wabarengereye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, Nshimiyimana Jean Damascene, aranyomoza amakuru avuga ko umusore witwa Shumbusho Pierre uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu mudugudu wa Mabunga, akagari ka Mubumbano yatemye se umubyara agiye kumwanurira imyumbati yari yanitse hejuru y’inzu.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Tunisia, Sami Trabelsi, yatangaje ko abakinnyi yahamagaye mu mukino wa gicuti uzabahuza n’u Rwanda bakeneye imyiteguro ikarishye no kubashyira ku murongo umwe kuko bamwe bari no mu biruhuko.
Nzabirinda Boniface ari mu maboko ya polisi aregwa icyaha cy’ubwambuzi bushukana, nyuma yo kubeshya ko ari umukozi wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) agasaba Hakizimana Aimable amafaranga ibihumbi 200 kugira ngo azamufungurize se ufunze.
Polisi y’igihugu iri mu gikorwa cyo gupima ku bushake ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ku bantu batandukanye, barimo abasirikare, abapolisi na local defences, abashinzwe community policing mu tugari ndetse n’imiryango yabo hamwe n’abandi bose babyifuza bo mu karere ka Ngororero.
Imyitozo Rayon Sport yagombaga gutangira kuwa mbere tariki 21/05/2012 yahagaritswe n’ibiganiro hagati y’iyo kipe n’umuterankunga SORAS biri gutera intambwe ishimishije aho kuba ibirarane by’imyishahara; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga wa Rayon Sport, Gakwaya Olivier.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rubavu, Christopher Kalisa, n’abakozi babiri ba gereza nkuru ya Nyakiliba na rwiyemezamirimo umwe bari mu maboko y’ubutabera bakekwaho kunyereza umutungo wa Leta no gukoresha impapuro mpimbano.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) kigiye gutera inkunga ibigo byigisha imyuga bihanga udushya tugamije guteza imbere imirimo ifite isoko muri iki gihe.
Abana b’imfubyi za Jenoside zitujwe mu mudugudu w’Amizero wo mu kagari k’Urugero, umurenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera barasaba ubutabazi bwihuse kuko amazu barimo yatangiye gusenyuka kandi bakaba nta bushobozi bafite bwo kuyasana.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) kirasaba ko hashyirwaho itegeko rihuriweho n’ibindi bigo bishinzwe igenzura mu rwego rwo kubahiriza ubuziranenge bw’ibicuruzwa.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), tariki 21/05/2012, rwasubukuye urubanza rudasanzwe rw’umunyemari Félécien Kabuga, humvwa ubuhamya bumushinjura buzakoreshwa igihe azaba ari mu maboko y’ubutabera.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kigali mu karere ka Nyarugenge burakangurira Abanyarwanda kwirinda kwegera cyangwa kwambuka umugezi wa Nyabarongo mu gihe amazi yayo yiyongereye. Muri uku kwezi kwa Gicurasi, hamaze gutoragurwa imirambo y’abantu itanu muri uwo mugezi.
Abacuruza ibiyobyabenge bahawe amezi atandatu yo kuba baretse ubwo bucuruzi bufatwa nk’icyaha gihanwa n’amategeko mu Rwanda, kuko nyuma yaho bazahanywa bikomeye.
Nyuma y’iminsi amaso y’Amarundi ateye mu kigo cy’ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi riri mu karere ka Ruhango ubu noneho yadukiriye abaturage.
Perezida Dioncounda Traoré uyoboye igihugu cya Mali mu nzibacyuho, kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012, yakubiswe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe batishimiye ko ayobora.
Igitero cyagabwe n’inyeshyamba za FDLR n’umutwe wa Mai-Mai ku kigo cya gisirikare cya Luofa mu gitondo cyo kuwa mbere tariki 21/05/2012 cyasize abarwanyi bane ba FDLR na Mai-Mai bafashwe bunyago n’ingabo za Kongo-Kinshasa (FARDC).
Jerome Ndahayo w’imyaka 28 y’amavuko utuye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango nyuma yo gutabwa muri yombi azira kanyanga.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwemeye kumva umutangabuhamya wa nyuma w’ubushinjacyaha uzavuguruza ubuhamya bwa Augustin Ngirabatware wahoze ari Minisitiri w’Igenamigambi mu gihe cya Jenoside.
Abana babiri bo mu kagali ka Nyakina, umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bakoze impanuka kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012 bageze ahantu hitwa mu Kintama, mu Kagali ka Rusagara mu murenge wa Gakenke barakomereka.
Penaliti y’intsinzi yateye ku mukino wa nyuma wa Champions League ishobora kuba inshuro ya nyuma Didier Drogba akinnye yambaye imyenda y’ubururu ya Chelsea; nk’uko yabitangarije bagenzi be kuri iki cyumweru.
Nyuma yo kujya gukorera imyitozo muri Tunisia, kuri uyu wa gatatu tariki 23/05/2012, Amavubi arakina umukino wa gicuti na Libya mu rwego rwo kwitegura umukino w’amajonjora y’igikombe cy’isi uzahuza Algeria n’u Rwanda tariki 02/06/2012.
Abasirikare bari mu rwego rw’aba-officiers bagera kuri 36 baturutse mu bihugu byo muri Afurika y’Uburasirazuba, Malawi na Australia bari guhabwa amasomo ku kuba indorerezi mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku isi by’umuryango w’abibumbye (UN).
Biteganyijwe ko mu muganda w’ukwezi uzaba tariki 26/05/2012, Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame azifatanya n’Abanyagatsibo mu gutangiza igikorwa cyo kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Kuri uwo munsi, mu Rwanda hose hazatangira gahunda yo gushishikariza abaturage guhagarika gukoresha ibiyobyabwenge.
U Rwanda ruzakoresha ingengo y’imari ya tiriyali imwe na miliyoni 374 mu mwaka utaha wa 2012/2013, nk’uko bigaragara mu mbanzirizamushinga yayo yamurikiwe Inteko Ishingamategeko imitwe yombi.
ECOBANK yatanze mudasobwa mu mirenge SACCO igize akarere ka Nyanza mu rwego rwo kuzifasha kunoza imikorere yazo no kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye impande zombi zashyizeho umukono muri Kanama 2011.
Umugore w’imyaka 42 y’amavuko witwa Séraphine Nyiransabimana wo mu mudugudu wa Kabarima mu kagali ka Gasiho mu murenge wa Minazi yarohowe mu mugezi wa Nyarutovu tariki 20/05/2012 yitabye Imana nyuma y’umunsi umwe abuze.
Alexis Muyoboke, umujyanama (manager) w’itsinda Urban Boys aratangaza ko afite ikizere ko abahanzi be bazegukana insinzi muri PGGSS 2 nubwo bagiyemo nyuma.
Mukandori Odette w’imyaka 36 y’amavuko wo mu mudugudu wa Burima, akagari ka Burima, umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango afungiye kuri polisi ya Kinazi guhera tariki 20/05/2012 akurikiranyweho icyaha cyo kubyara umwana akamuta mu myanda.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, asanga abayobozi Umuryango w’Abibumbye (UN) wohereza mu butumwa butandukanye ku isi bakwiye kuba ijwi ry’abaturage basanze kandi bakongererwa ubumenyi mu miyoborere.
Abasirikari bakuru 25 bahuriye i Kigali mu mahugurwa agamije kubongerera ubumenyi mu kubungabunga amahoro ku isi. Ayo mahugurwa yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012 yateguwe n’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kubungabunga amahoro ku isi.
Nyuma yo gukwirakwiza amashanyarazi mu mirenge igize akarere ka Ngoma harimo n’ibyaro, hari abantu babeshya abaturage ko batumwe n’ikigo gishinzwe gutanga amazi, umuriro w’amashanyarazi ,isuku n’isukura (EWSA) ngo bakore amashanyarazi maze bakabaca amafaranga.
Igitero FDLR yateye mu gace ka Tchambutsha mu birometero 100 mu majyepfo ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru mu ijoro rishyira tariki 17/05/2012 cyahitanye abasivili bagera kuri 13 bo mu bwoko bwa Waloa Loanda.
Didier Drogba niwe wabaye intwari ku gikombe cya UEFA Champions League 2012 kuko yatsinze igitego cyo kunganya ndetse na penaliti y’intsinzi kandi avuga ko uwo mukino ari bimwe mu bihe bikomeye mu mupira w’amaguru yari ategereje.
Abarokotse Jenoside bo mu karere ka Kamonyi basaba ko imva zashyinguwemo imibiri y’abazize Jenoside nyuma gato ya Jenoside zakorerwa neza kuko byagaragaye ko zitangiye gusenyuka.
Umucungamari (comptable) w’umurenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma, Rwabagabo Olivier, yakoze impanuka ubwo yari atwaye moto akagongana n’imodoka yo mu bwoko bwa Dyna tariki 15/05/2012 ahita apfa.
Umugore witwa Charitine Mukankuranga utuye mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo akurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira umwana we w’imyaka 2 witwa Uwase, amukubise igiti inshuro ebyiri mu mutwe.
Uwahoze ari Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Ndikumana Hamad (Katauti), n’umunyezamu Ndayishimiye Jean Luc (Bakame) ntabwo batoranyijwe n’umutoza Milutin Micho mu bakinnyi yajyanye nabo muri Tuniziya kwitegura umukino uzahuza u Rwanda na Algeria tariki 02/06/2012.