Umugore w’imyaka 42 y’amavuko witwa Séraphine Nyiransabimana wo mu mudugudu wa Kabarima mu kagali ka Gasiho mu murenge wa Minazi yarohowe mu mugezi wa Nyarutovu tariki 20/05/2012 yitabye Imana nyuma y’umunsi umwe abuze.
Alexis Muyoboke, umujyanama (manager) w’itsinda Urban Boys aratangaza ko afite ikizere ko abahanzi be bazegukana insinzi muri PGGSS 2 nubwo bagiyemo nyuma.
Mukandori Odette w’imyaka 36 y’amavuko wo mu mudugudu wa Burima, akagari ka Burima, umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango afungiye kuri polisi ya Kinazi guhera tariki 20/05/2012 akurikiranyweho icyaha cyo kubyara umwana akamuta mu myanda.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, asanga abayobozi Umuryango w’Abibumbye (UN) wohereza mu butumwa butandukanye ku isi bakwiye kuba ijwi ry’abaturage basanze kandi bakongererwa ubumenyi mu miyoborere.
Abasirikari bakuru 25 bahuriye i Kigali mu mahugurwa agamije kubongerera ubumenyi mu kubungabunga amahoro ku isi. Ayo mahugurwa yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 21/05/2012 yateguwe n’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kubungabunga amahoro ku isi.
Nyuma yo gukwirakwiza amashanyarazi mu mirenge igize akarere ka Ngoma harimo n’ibyaro, hari abantu babeshya abaturage ko batumwe n’ikigo gishinzwe gutanga amazi, umuriro w’amashanyarazi ,isuku n’isukura (EWSA) ngo bakore amashanyarazi maze bakabaca amafaranga.
Igitero FDLR yateye mu gace ka Tchambutsha mu birometero 100 mu majyepfo ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru mu ijoro rishyira tariki 17/05/2012 cyahitanye abasivili bagera kuri 13 bo mu bwoko bwa Waloa Loanda.
Didier Drogba niwe wabaye intwari ku gikombe cya UEFA Champions League 2012 kuko yatsinze igitego cyo kunganya ndetse na penaliti y’intsinzi kandi avuga ko uwo mukino ari bimwe mu bihe bikomeye mu mupira w’amaguru yari ategereje.
Abarokotse Jenoside bo mu karere ka Kamonyi basaba ko imva zashyinguwemo imibiri y’abazize Jenoside nyuma gato ya Jenoside zakorerwa neza kuko byagaragaye ko zitangiye gusenyuka.
Umucungamari (comptable) w’umurenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma, Rwabagabo Olivier, yakoze impanuka ubwo yari atwaye moto akagongana n’imodoka yo mu bwoko bwa Dyna tariki 15/05/2012 ahita apfa.
Umugore witwa Charitine Mukankuranga utuye mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo akurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira umwana we w’imyaka 2 witwa Uwase, amukubise igiti inshuro ebyiri mu mutwe.
Uwahoze ari Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Ndikumana Hamad (Katauti), n’umunyezamu Ndayishimiye Jean Luc (Bakame) ntabwo batoranyijwe n’umutoza Milutin Micho mu bakinnyi yajyanye nabo muri Tuniziya kwitegura umukino uzahuza u Rwanda na Algeria tariki 02/06/2012.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali, yasabye abakinnyi b’ikipe y’igihugu kuzaharanira ishema ry’u Rwanda mu mukino bafitanye na Algeria mu rwego rwo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
Urugaga rw’abagore baharanira amahoro mu Rwanda bifatanyaje n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umuryango hagamijwe gushishikariza Abanyarwanda gutekereza ku buringanire mu muryango kuko amahoro y’umuryango ava mu bufatanye bw’abawugize kandi bikagira uruhare mu iterambere ryawo.
Abunzi babiri bo mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma batawe muri yombi na Polisi mu ntangiriro y’iki cyumweru bakekwaho kwaka ruswa y’amafaranga 10.000 umuturage bamwizeza kumuhesha isambu yaburanaga.
Umurambo w’umwana utazwi imyirondoro watoraguwe mu mugezi wa Mwogo uherereye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 19/05/2012.
Bwa mbere mu mateka yayo, Chelsea FC yegukanye igikombe gihatanirwa n’amakipe yabaye aya mbere ku mugabane w’Uburayi (Champions League) nyuma yo gutsinda Bayern Munich penaliti 4 kuri 3, mu mukino wabereye i Munich mu Budage tariki 19/5/2012.
Abagize umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 biga mu ishuli ryisumbiye rya Nyanza mu karere ka Nyanza basanye inzu y’umukecuru ushaje cyane Nyirantashya kuri uyu wa gatandatu tariki 19/05/2012.
Umuntu umwe yitabye Imana n’amazu agera 127 arangirika mu karere ka Ruhango kubera ikibazo cy’ibiza kimaze iminsi kibasiye udece dutandukanye tw’igihugu; nk’ko bitangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Vision Jeunesse Nouvelle bo mu karere ka Rubavu bafatanyije n’umuryango Hope Ethiopian Rwanda, tariki 18/05/2012, basuye inkambi ya Nkamira irimo impunzi z’Abanyekongo bagamije kubaka ikizere n’ibyiringiro by’ubuzima mu rubyiruko ruba muri iyo nkambi.
Abaturage bo mu mudugudu wa Ryabitana, akagari ka Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge, tariki 16 na 19/05/2012 bafatanyirije hamwe gukora umuganda wo gusana umuhanda no kubaka ibiro by’akagari byari byarangijwe n’ibiza.
Bazirasa w’imyaka 31 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Bukanka, akagali ka Kagoma, umurenge wa Gakenke yatwitse inzu ye tariki 18/05/2012 kubera ko umugore yanze kumuha amafaranga yo kunywera inzoga.
Umunyamabanga w’ishirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Gasingwa Michel, avuga ko buryo bubiri bwo kumenya niba igitego cyinjiye mu izamu buzakoreshwa buzagabanya ibibazo biri kugaragara mu mupira.
Imodoka ebyeri zari zitwaye abahanzi bo muri Primus Guma Guma bari baje kwiyereka abakunzi babo mu karere ka Nyagatare zagonganye tariki 19/05/2012 ahagana masaa mbiri n’igice z’umugoroba ariko ku bw’amahirwe nta wakomeretse.
Perezida wa Sena, Dr. Ntawukuriryayo Jean Damascene aherekejwe n’abasenateri, kuri uyu wa gatandatu tariki 19/05/2012, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Cyabingo, mu Karere ka Gakenke mu muganda wo gukora amaterasi.
Abaturage bo mu kagali ka Nkomero, mu murenge wa Mukingo, mu karere ka Nyanza, bamaze icyumweru nta serivizi babona kubera ko ibiro by’ko kgli byafunze nta mukozi ugikora.
Umuhanda wo mu Karere ka Gakenke wasibanganyijwe n’imvura yaguye ari nyinshi ikuzuza umugezi wa Mukungwa nawo ukamena mu muhanda, wari wagoranye kuwunyuramo aho byasabaga ko abagenzi bahekwa ku mugongo n’abasore bakoreraga amafaranga.
Ushinzwe uburezi mu ntara y’Amajyaruguru arasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye muri iyo ntara, kuba ku bigo bayobora kugira ngo bagenzure ibijyanye n’uburezi kuri ibyo bigo, bityo ireme ry’uburezi ryiyongere.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC buratangaza ko bugifitiye icyizere umutoza Ernie Brandts kandi ko azakomeza gutoza iyi kipe nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona cy’uyu mwaka, n’ubwo hari bamwe mu bafana bakomeje kunenga ubushobozi bwe.
Abafite mu nshingano zabo kubungabunga amaparike n’ubukerarugendo mu bihugu bihuriye kuri Pariki y’i Birunga, bahangayikishijwe n’uko ishobora kuzangizwa n’intambara iri kubera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Hatangijwe gahunda yiswe “Ubufatanye Bushya mu kwihiza mu biribwa”, igamije kongera ingufu mu bikorwa byo kwihaza mu biribwa bibanda ku ishoramari rishingiye ku buhinzi, guhanga udushya no guha uruhare rugaragara abikorera.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza Gatolika y’u Rwanda iherereye mu karere ka Gisagara, mu murenge wa Save, baratabaza ko umutekano wabo uhungabanywa n’abajujra babambura amatelefoni bagahohotera n’abakobwa.
Umugore witwa Donata Tuyisabe ukomoka mu murenge wa Mushubati akarere ka Rutsiro, ahanganye n’umusore amushinja ko yamwibye amashuka ubwo yazaga ku musura agasanga yanitse.
Imvura yaguye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18/05/2012, yasize yishe abana babiri b’abahungu inasenya amazu agera kuri 74, mu mirenge irindwi igize akarere ka Gakenke.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Benz igonze itagisi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace hafi saa moya z’uyu mugoroba ariko Imana ikinze ukuboko kuko nta muntu uhasize ubuzima uretse batanu bakomeretse cyane.
Imibiri y’abantu babiri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda imaze imyaka ibiri mu biro by’akagali ka Cyerezo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza itarashyingurwa mu cyubahiro.
Murekatete Jacqueline ukomoka mu mudugudu wa Nshuli, akagali ka Gitengure, amurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare afungiwe kiri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare ashinjwa kubyara umwana akamuta musarani mu ijoro rishyira tariki 18/05/2012.
Abavandimwe batatu bo mu kagari ka Ruhunga, umurenge wa Kibirizi mu karere ka Nyamagabe bakomerekejwe n’igisasu cya gerenade yo mu bwoko bwa ‘Stick’ bari batoraguye ku mugezi bavomaho.
U Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu ku isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ingoro z’umurage uba buri tariki 18 Gicurasi. Ku rwego rw’igihugu uwo muhango wizihirijwe i Rwesero ahubatswe ingoro y’ubuhanzi n’ubugeni mu karere ka Nyanza.
Inteko ishinga amategeko imitwe yombi, kuri uyu wa gatanu tariki 18/05/2012, yatoye abadepite icyenda bazahagararira u Rwanda mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EALA).
Nyuma y’imyaka 10 atagaragara muri politiki, Pierre Celestin Rwigema, wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, yagiriwe icyizere n’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda atorerwa guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga amategeko ya Afurika y’Uburasirazuba (EALA).
Mu rwego rwo kurwanya ubujiji mu ntara y’Amajyaruguru, hafashwe ingamba ko ukwezi kwa Kamena 2012 kuzarangira abaturage batuye iyo ntara batari bazi gusoma babizi ndetse n’abandi basigaye bari mu mashuri.
Polisi yo mu karere ka Nyagatare yatwitse toni eshanu n’igice z’ibiyobyabwinge byaturutse mu mirenge inyuranye y’ako karere cyane cyane ihana imbibi na Uganda.
Ubushinjacyaha burasabira Usengumuremyi Jean Marie Vianney, uhagarariye ishuri ryisumbuye rya E.S.S.T.R riri mu karere ka Ruhango, gufungwa ukwezi kubera icyaha cyo kuvogera urugo rwa Murerwa Furaha atabifitiye uburenganzira.
Shumbusho Pierre uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu mudugudu wa Mabunga, Akagari ka Mubumbano, Umurenge wa Kagano, tariki 17/05/2012, yatemye se umubyara witwa Shumbusho Ezechias ufite imyaka 50 bapfa kwanika imyumbati hejuru y’inzu.
Biteguwe na Talent Group, kuri uyu wa gatanu tariki 18/05/2012, Elion Victory, Khizz Kizito, Olivis, Paf G na Jack B barataramira abakunzi babo kwa Mutangana i Nyabugogo guhera 19h00.
Umuririmbyikazi Jennifer Lopez aza imbere ku rutonde rw’icyamamare ku isi; nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Forbes cyo muri Amerika.
Abaturage bo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero batunguwe no kubona ibagiro ryari muri uwo murenge ahitwa Kucyome ryarafunzwe kandi ryari rihamaze imyaka itari mike.
Umuryango w’Abibumbye (UN) ufatanyije na Leta y’u Rwanda bari kwigira hamwe igenamigambi ry’imyaka itanu ry’ibikorwa UN izakorera mu rwanda guhera 2013 kugeza 2018.