Bahizi Apollinaire w’imyaka 76 na Ndatimana Theogène wari ufite imyaka 21 bose bo mu kagari ka Mwendo umurenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bitabye Imana mu buryo butunguranye mu cyumweru gishize.
Abasirikare 357 bo mu mutwe wihariye bakoranaga n’ingabo za Congo mu kurwanya imitwe yitwaza intaro irimo FDLR, bageze mu Rwanda aho bari baherekejwe n’umubare utari muto w’ingabo za Congo, zikuriwe na Br. Gen. Bauma Abamba Lucien uyobora ingabo muri kivu y’Amajyaruguru.
Kapiteni Caliste Kanani, umwe mu basirikari batandatu ba FDLR batahutse ku bushake, aremeza ko yishimye kandi bimuvuye ku mutima kubona amaguru ye yongeye gukandagira ku butaka bw’u Rwanda.
Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru mu batarengeje imyaka 17 yanyagiwe na Nigeria ibitego 5-0, mu mikino wa gicuti wabereye kuri UJ Esuene Stadium i Calabar muri Nigeria kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012.
Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, yageze mu murwa mukuru wa Ethiopia, Addis Ababa, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/09/2012, aho yitabiriye umuhango wo guherekeza bwa nyuma Meles Zenawi, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.
Umuryango “Never again” uharanira uburenganzira bwa muntu no kubaka amahoro, wasabye urubyuruko usanzwe ufasha rw’abagore n’abakobwa kwikorera, aho gukesha amaramuko abantu b’abagabo; kuko ngo bibaviramo gusuzugurwa ndetse n’ihohoterwa.
Abacuruzi bo mu karere ka Muhanga barangije itorero i Nkumba mu karere ka Burera, baratangaza ko iryo torero barijyiyemo ku bushake bwabo ntawe ubibahatiye.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatanze inkunga ingana na miliyoni 387 z’amafaranga y’u Rwanda, mu kigega Agaciro Development Fund, ubwo hizihizwaga umunsi w’abasora wizihirijwe ku rwego rw’igihugu mu karere ka Musanze.
Abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda bategereje ku mupaka wa Kabuhanga, ingabo z’igihugu ziri mu mutwe udasanzwe wa "Special force" ziri butahuke zivuye muri Congo aho zari mu bikorwa byo guhashya FDLR.
Amakipe atatu yonyine mu makipe arenga 10 y’u Rwanda yari yitabiriye imikino ihuza amakipe y’ibigo by’amashuri yo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (FEASSA) abera i Bujumbura, niyo yabashije kugera ku mukino wa nyuma.
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, arashimira Abanyarwanda bose uburyo babadukanye ibakwe bagashyikira ikigega cyo kwihesha Agaciro, nk’uko yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/09/2012.
Mu karere ka Gicumbi hatangjwe ubuhinzi bwa Pome mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’aka karere, gasanzwe kari ku isonga mu turere dufite buhinzi n’ubworozi bwateye imbere mu Rwanda.
Abaturage n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyamasheke beretswe ibyo babashije kugeraho muri 2011/2012, banerekwa ibikubiye mu mihigo basabwa kwesa muri 2012-2013, mu nteko y’akarere yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012.
Urwego rushinzwe gukurikirana abajyanama b’ubuzima n’ubukangurambaga mu by’ubuzima ku Bitaro bya Nyagatare, rurasaba abajyanama b’ubuzima kongera ingufu mu biganiro bizamura imyumvire y’abaturage mu kwirinda indwara no kubungabunga ubuzima bwobo.
Mukakamari Marie Claire w’imyaka 27 yafashwe n’inzego z’umutekano afite udupfukika 50 tw’urumogi yajyaga acururiza aho atuye mu mudugudu wa Gitwa, akagari ka Munini umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango.
Ikigo cya Leta gishinzwe imiyoborere Myiza (RGB) kirateganya gukorana n’itangazamakuru, kugira ngo rigifashe gusobanurira abaturage ibijyanye no gukemura ibibazo. Ibi bishingirwa ko rifite ubushobozi bwo kwegera abaturage benshi mu gihe gito.
Inama y’Abaminisitiri iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012, yishimiye ko u Rwanda rwegukanye umwanya wa mbere, mu bihugu bigize umuryango wa “Commonwealth" byateje imbere gahunda yo kugeza uburezi kuri bose.
Inama Njyanama y’akarere ka Nyanza yemeje ko ikipe ya Rayon Sport ihabwa amafaranga yagenerwaga ikipe ya Nyanza FC ariko ikagaruka iwabo ku ivuko, mu nama yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012.
Imparirwakurusha z’Akarere ka Ngororero ziyemeje gushyira miliyoni 157,303,407 z’amafaranga y’u Rwanda mu kigega Agaciro Development Fund, bwo Inteko aka karere yatangizaga ku mugaragaro igikorwa cyo kugishyigikira, kuri uyu wa Gatanu tariki 31/8/2012.
Abahinzi b’Ikawa mu Rwanda barakangurirwa kongera ubwiza bw’ubuso buhyinzeho Kawa, nk’uko babisabwe mu muhango wo gusoza amarushanwa y’uburyohe bwa kawa, azwi nka “Cup of Excellence”, wabereye mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012.
Mu Rwanda hagiye gutangira gahunda yiswe 12+ izashobora kugera ku rubyiruko rw’abakobwa bari hagati y’imyaka 10 na 12, kumenya ubuzima bw’imyororokere no kwirinda ibyatuma bagwa mu bishuko byo gukora imibonano mpuzabitsina.
Ingabo z’u Rwanda zafatanyaga n’iza Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gucunga umutekano muri Kivu y’Amajyaruguru, ziratahuka kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/09/2012, nyuma y’ibiganiro byahuje ibihugu byombi n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura Amahoro muri Congo (MONUSCO).
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwaburiye abatwara ibinyabiziga kwitondera kugonga ibiti, n’ibindi biranga imihanda, nyuma yo gukorana inama na za sosiyete z’ubwishingizi, zinubira ko zitewe impungenge n’igihombo gituruka ku kugonga ibiranga umuhanda, kuko ngo bihenze cyane.
Uwitwa Bugabo Desire wo mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana yishe umugore we Mukamwiza bapfuye ko uyu mugore yamubazaga niba koko yarateye inda undi mugore nk’uko bivugwa aho batuye mu Kagari ka Munono.
Sitade umwami Mutara III Rudahigwa yakiniragaho umupira w’amaguru yubatse mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza ishobora kugirwa ahantu nyaburanga ikajya inakira imikino ikomeye iramutse itunganyijwe neza.
Mu gihe amakipe menshi yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yihaye gahunda yo kuzakinisha Abanyarwanda gusa muri shampiyona itaha, mu ikipe ya Etincelles bo bavuga ko uwo mushinga utahita ishyirwa mu bikorwa.
Abana bane batuye mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, kuwa kane tariki 30/08/2012, bafatanwe ingurube n’inkwavu 27 bibye ngo bashaka kwishyura umwenda bari bafitiye umucuruzi.
Umunya-Espagne ukinira ikipe ya FC Barcelone, Andres Iniesta, niwe wegukanye igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi ku mugabane w’Uburayi (best player in Europe) mu muhango wabereye i Monaco mu Bufaransa.
Kuri uyu wa gatanu tariki 31/08/2012, abaturage bo mu turere twa Nyamasheke, Nyabuhi na Karongi mu ntara y’Uburengerazuba batanze umusanzu wabo mu kigega Agaciro Development Fund.
Ibitekerezo Abanyarwanda bagenda bakora bigamije kunganira Leta mu iterambere biri mu bigaragaza ko bafite ubushake bwo kwiteza imbere batitaye ku nkunga bagenerwa n’amahanga; nk’uko bitangazwa na Edouard Munyamaliza, Umuyobozi wa Sosiyete Sivile mu Rwanda.
Bamwe mu bakuru b’imidugudu mu karere ka Muhanga, baratangaza ko bagiye bafite bamwe mu bacungagereza banze kubahiriza zimwe muri gahunda za Leta bakangisha akazi bakora.
Nyinshi mu mpunzi zahunze uburasirazuba bwa Congo ngo ntizahunze intambara ahubwo ngo zahunze ibikorwa by’ihohoterwa zikorerwa kandi hatabaye intambara, ababahohotera bakitwaza ko bavuga Ikinyarwanda kandi bakaba mu bwoko bw’Abatutsi.
Imirenge SACCO yose yo mu karere ka Rulindo ngo ifite gahunda yo guteza imbere akarere kayo mu rwego rwo kugafasha guhigura imihigo aka karere kahize ya 2012-2013.
Ubushakashatsi bwakozwe ku bantu bo muri Australie bwagaragaje ko ibiro byinshi cyangwa ubunini bukabije ku bagabo bwaba butera kutabyara, ndetse n’indwara ya diyabeti.
Mu karere ka Karongi kimwe no mu tundi turere dufite imirenge ikora ku Kivu, haravugwa ikibazo cy’abantu binjira mu Kivu rwihishwa bakajya kuroba kandi kuroba byarahagaritswe by’agateganyo kugira ngo umusaruro w’amafi wiyongere.
Abasirikare bane bo mu mutwe wiyita FEAR (Forever Enduring Always Ready) baturuka mu ngabo za Amerika, nyuma yo kwivugana mugenzi wabo n’undi muntu umwe, bari bafite gahunda yo kwivugana Perezida Barack Obama.
Muri gahunda yo gutangiza ikigega ‘Agaciro Development Fund” akarere ka Ruhango katanze umusanzu usaga miliyoni 55 n’ibihumbi 791 ndetse umuturage umwe atanga inka muri icyi kigega.
Abagore batatu bishwe banizwe n’abantu bataramenyekana tariki 28/08/2012, mu kagali ka Nyamabuye, umurenge wa Gatsata mu karere ka Gasabo.
Mu ruzinduko Minisitiri w’ubuzima, Dr. Agnes Binagwaho, yagiriye ku bitaro bikuru bya Nemba mu Karere ka Gakenke tariki 30/08/2012, yahamagariye abikorera cyane cyane koperative z’abajyanama b’ubuzima kubaka amacumbi y’abaganga.
Ubwo yasuraga amwe mu makoperative y’urubyiruko mu karere ka Gatsibo, Minisitiri w’Urubyiruko, Nsengiyumva Philbert, yavuze ko urubyiruko rukwiye gutinyuka kwaka inguzanyo ama banki, rugashyira ingufu mu guhanga imishinga iruteza imbere.
Ubwo Minisitiri w’Intebe yafunguraga ku mugaragaro ishami ry’ishuli rikuru ry’abadivantiste rya Kigali (INILAK) riri i Nyanza yatangaje ko amashuli makuru na za kaminuza zo mu Rwanda agiye kujya akorerwa isuzuma kugira ngo harebwe ubuhanga bw’abanyeshuli zishyira ku isoko ry’umurimo.
Kuri uyu wa kane tariki 30/08/2012, hatangijwe icyumweru cyahariwe gushishikariza abaturarwanda kwita ku mutekano wabo. Iki gikorwa cyatangijwe na Minisitiri w’Intebe aherekejwe na minisitiri w’umutekano mu karere ka Gisagara umurenge wa Nyanza.
Mu rwego rwo kwihesha agaciro bagahesha n’igihugu banga agasuzuguro k’abaterankunga, abakozi bakora mu ngo bo mu karere ka Ngoma baratangaza ko batanze ibihumbi 200 mu "Agaciro Development Fund".
Hagiye gushyirwaho akanama kazaba gashinzwe gukurikirana ba Nyampinga mu buzima bwa buri munsi; nk’uko byatangajwe na Makuza Lauren ushizwe guteza imbere umuco muri Minisiter y’umuco na Siporo.
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yatangije gahunda yo gutanga umusanzu mu kigega “Agaciro Development Fund ” ku rwego mpuzamahanga, hakoreshejwe ikarita ya VISA.
Abajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Nyamagabe bamaze guhabwa uburenganzira bwo kujya batanga zimwe muri serivisi zo kuboneza urubyaro zari zisanzwe zitangirwa ku mavuriro.
Ubwo hatangizwaga ikigega Agaciro Development Fund mu karere ka Rusizi kuri uyu wa kane tariki 30/08/2012, byagaragaye ko n’abana bato ndetse n’abategarugori bamaze kumva akamaro k’icyo gikorwa kuko bitanze ku bwinshi.
Minisiteri y’ibikorwa remezo yashyizeho gahunda izagena uburyo abanamuryango ba koperative itwara abagenzi (Rwanda Federation of Transport Cooperatives (RFTC), bazajya bakorera mu nyungu imwe bakagabana ayo bakoreye.
Abatuye akarere ka Ngoma kuri uyu wa 30 Kanama 2012 ntibakanzwe n’ imvura yaramukiye ku muryango maze bayigendamo bajya kwihesha agaciro bashyigikira ikigega “Agaciro Development Fund”.