Geradine Mukakabego yongeye kubonana n’abana be babiri yari amaze amezi agera kuri atatu yarasize mu gihugu cya Zambia. Ubwo yazaga kureba uko mu Rwanda hameze, yafashe icyemezo cyo kudasubirayo ahubwo asaba ko bazamuzanira abo bana yari yarasizeyo.
Imirimo yo kubaka parikingi nshya yo mujyi yo mujyi wa Kigali yari yarahagaze igiye gusubukurwa nyuma yo kuvugurura igishushanyo mbonera cyayo kikajyana n’icyo Umujyi wa Kigali uteganya.
Abagore babiri n’abana babiri bahitanywe n’inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo kuwa 09/05/2012 igeza mu masaha ya mu gitondo cyo kuwa 10/05/2012 mu murenge wa Jomba mu Karere ka Nyabihu.
Nubwo ari ibihugu bitandukanye cyane ku iterambere ry’umupira w’amaguru, birashoboka ko impera za shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda byamera nk’ibyabaye muri shampiyona ya Espagne (La Liga) muri uyu mwaka.
Akarere ka Ngoma katangiye umushinga w’uruganda rubyaza umusaruro imyanda iva mu mujyi wa Kibungo mu rwego rwo kurengera ibidukikije. Uwo mushinga watangiye kwigwaho mu 2008 uzarangira mu 2013 utwaye akayabo k’amafaranga miliyoni 120.
Kuva kuwa gatatu tariki 09/05/2012, hari amakuru avuga ko umuhanzi Emmy wari mu bahanzi 10 bahatanira Primus Guma Guma Super Star 2 yaba yarerekeje ku mugabane w’Amerika ku cyumweru tariki 06/05/2012 ngo akaba yarajyanye n’umuryango we wose.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare bwahagaritse by’agateganyo umwe mu baganga babyo igihe cy’ukwezi kubera ko atubahirije inshingano ndetse n’amahame agenga umwuga w’ubuganga mu Rwanda.
Hari ikizere ko Desire Mbonabucya watsinze ikizamini cy’abahagararira inyungu z’abakinnyi (football agent) cyakozwe muri Werurwe nawe ashobora kujya ku rubuga rwa FIFA nka mugenzi we, Muhombo Jean-Pierre; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga wa FERWAFA.
Inyeshyamba za FDLR n’abarwanyi ba Mai-Mai bafashe ku ngufu abagore bane bo mu duce twa Lubero na Walikale mu majyepfo y’iburasizuba bwa Kanyabayonga muri Kivu y’Amajyaruguru mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki 08/05/2012.
Ministeri ishinzwe imirimo y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC) igiye gutangiza gukangurira Abanyarwanda gushyira mu bikorwa gahunda z’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kuko byagaragaye ko abaturarwanda batitabira gahunda z’uwo umuryango nk’uko bikwiye.
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Hiace yabuze feri igonga igipangu cy’Ibitaro bikuru bya Gisenyi, abantu babiri bahita bitaba Imana abandi babiri barakomereka bikomeye mu gitondo cya tariki 10/05/2012.
Umutoza wa Police FC, Goran Kopunovic, aratangaza ko adatewe ubwoba na Marine FC benshi bavuga ko ikunze gutesha igikombe amakipe ahanganye na APR FC. Police ifite umukino na Marine kuwa gatandatu tariki 12/05/2012 i Rubavu.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, biteganyijwe ko azasura ingomero z’amashanyarazi zo mu turere twa Gakenke na Musanze kuwa gatanu tariki 11/05/2012.
Abafite inganda mu Rwanda zikora ibicyenerwa mu buzima bwa buri munsi bagiye kujya bahuzwa n’abacuruzi bo mu gihugu cya Uganda mu rwego rwo gufasha ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kugera ku isoko ryo mu karere.
Imvura yaguye tariki 03/05/2012 imaze kwangiza hegitari 169 z’imyaka y’abaturage mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murundi, Murekezi Claude.
Abayobozi b’amadini bo mu karere ka Rulindo barasabwa gukangurira abayoboke babo kwitabira ubwisungane mu kwivuza kubera ko bafite ijambo rikomeye imbere yabo.
Mu rubyiruko ruba rufite imico itari myiza rujyanwa Iwawa kugororwa no kwigishwa imyunga, 95% bagaruka mu murongo; nk’uko byemezwa n’umuhuzabikorwa w’ikigo cya Iwawa, Niyongabo Nicolas.
Guhera kuri uyu wa kane tariki 10/05/2012, igiciro cya lisansi cyavuye ku mafaranga 1000 kuri litiro imwe kijya ku mafaranga 1030. Igiciro cya mazutu cyo cyagumye ku mafaranga 1000 kuri litiro; nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM).
Nyuma yo gutsinda Isonga FC ibitego 2 ku busa mu mukino wa shampiyona w’ikirarane wabereye kuri stade Amahoro tariki 09/05/2012, umutoza wa Rayon Sport, Jean Marie Ntagwabira, yavuze ko iyo ntsinzi yamufashije gutegura neza igikombe cy’Amahoro.
Abacamanza bo mu rugereko rw’ubujurire mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), tariki 08/05/2012, bafashe icyemezo cyo kohereza dosiye ya Ntaganzwa Ladislas kugirango naramuka atawe muri yombi azaburanishwe n’inkiko zo mu Rwanda.
Mukagatare Dative w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyabihanga, akagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, amaze umwaka n’igice acumbikiwe n’umuturanyi we Evelyn Mukakabaga nyuma yaho inzu ye imusenyukiyeho mu kwezi kwa 02/2011.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bahangayikishijwe cyane n’izamuka rya bimwe mu biciro by’ibiribwa. Bamwe mu baturage bavugako bafite impungenge z’uko ibiciro bizakomeza kuzamuka bikarenga ubushobozi bafite.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, asanga abayobozi b’ibihugu bya Afurika bakwiye gufasha abaturage bayobora kwiyungura mu bumenyi, kuko aribo mutungo wa mbere uyu mugabane ufite.
Kuri uyu mugoroba ruraba rwambikanye hagati ya Atletico Madrid na Athletic Bilbao mu mukino wa nyuma wa Europa League. Atletico Madrid iheruka gutwara iki gikombe cya mbere ku mugabane w’uburayi mu mwaka wa 2010, naho Athletico Bilbao irifuza kugitwara bwa mbere mu mateka yayo.
Gatete Fabien w’imyaka 30 afungiye kuri poste ya Polisi ya Nyamugari mu murenge wa Nyamugari, karere ka Kirehe azira kubura gitansi yakiyeho amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruzatangira kumva ibirego bishinja Leon Mugesera kuri uyu wa kane tariki 10/05/2012 isaa cyenda z’igicamunsi; nk’uko byatangajwe n’urwo rukiko uyu munsi tariki 09/05/2012.
Mu rwego rwo kunezeza ababagana no kunoza imikorere, guhera tariki 10/06/2012 Rwandair izongera ingendo zerekeza Johannesburg muri Afrurika y’Epfo uturutse i Kigali ndetse n’iziza i Kigali uvuye Johannesburg zive kuri enye zibe umunani mu cyumweru.
Kayijamahe utuye mu murenge wa Gitoki, akagari ka Cyabusheshe mu karere ka Gatsibo yashatse kwicisha umwana we isuka bapfuye iseri ry’imineke ariko Imana ikinga ukuboko aramukomeretsa gusa.
Rumwe mu rubyiruko rwahawe amahugurwa ku kurinda amakimbirane no kwiteza imbere binyuze mu mushinga USAID/IREX Youth for Change, rwemeza ko muri rusange ruhangayikishwa n’icyo gukora kurusha ibibatanya.
Binyuze muri ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazamakuru, u Rwanda rwakiriye inama y’umuryango w’itumanaho ku isi (International Telecommunication Union) ifite insanganyamatsiko ivuga iti “Isakazamakuru rikoresha ikoranabuhanga rigere kuri bose” (Equitable Access to ICT).
Umugabo w’umuhinzi wo mu gihugu cy’Ubuhinde witwa Kailash Singh amaze imyaka 37 atarakoza amazi ku mubiri we cyangwa ngo yiyogosheshe umusatsi, ubu ureshya na metero imwe na centimetero umunani (1,8 m) z’uburebure.
Umuyobozi wa polisi ya komisariya ya Yumbi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’abandi bantu babiri bivuganywe n’abakunzi b’umupira w’amaguru mu gace ka Punia mu ntara ya Maniema tariki 05/05/2012.
Minisitiri ushinzwe impunzi, Gatsinzi Marcel, arasaba abakurikiranira hafi impunzi z’Abanyekongo zo mu nkambi ya Kiziba guhaguruka bagahashya bivuye inyuma ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikomeje kuvugwa muri iyo nkambi.
Mu rwego rwo korohereza abaturage kubona imiti, farumasi z’uturere twose mu gihugu zahawe imodoka zabugenewe zizajya zigemura imiti mu yandi ma farumasi muri utwo turere.
Urukiko rw’ibanze rwa Bugesera rwafashe icyemezo cyo kurekura by’agateganyo umukozi w’akarere ka Bugesera ushinzwe imiturire, Ir. Ntukanyagwe Eric, wari umaze iminsi 6 afunzwe.
Abaturage batuye mu mudugudu w’Ubwiza, akagali ka Bugoyi mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu baratabariza inzego z’ubutabera kubasubiza uburenganzira ku butaka bahawe mu 1996 n’akarere ka Rubavu nyuma bugatezwa cyamunara.
Abanyeshuli 10 b’abakobwa biga mu ishuli ryisumbuye rya Kamasha riri mu murenge wa Kageyo mu karere ka Ngorororero barimo kuvurirwa mu bitaro bya Muhororo kuva tariki 06/05/2012 kubera ihungabana batewe no gukubitwa k’umwe muri bo.
Nsengumukiza Theogene w’imyaka 25 y’amavuko, kuwa kabiri tariki 08/05/2012, yahawe ku mugaragaro miliyoni ye y’amafaranga y’u Rwanda yatsindiye muri tombola.
Umurambo w’umwana w’umwaka umwe n’amezi arindwi watoraguwe ku mugezi wa Giseke uri hagati y’akagari ka Zivu n’aka Cyamukuza umurenge wa Save mu karere ka Gisagara tariki 05/05/2012.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Mercedes Actros yafunze umuhanda imodoka nini zinanirwa gutambuka kuva saa cyenda z’igicamunsi tariki 08/05/2012 kugeza nojoro. Iyo kamyo yaranyereye inanirwa kuzamuka ahitwa mu Kamiranzovu.
Umunyeshuri witwa Niyigaba Eric w’imyaka 8 wigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza ku kigo cy’amashuri cya Kigina yagonzwe n’imodoka tariki 07/05/2012, mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba ubwo yavaga ku ishuri ajyanwa ku bitaro bya Kirehe yitaba Imana bakihamugeza.
Umwana w’imyaka 12 n’undi w’imyaka 10 bo mu karere ka Ngororero, umurenge wa Sovu mu kagali ka Rutovu bahitanywe n’inkangu yatewe n’imvura yarituye umusozi ugakubita igikuta cy’inzu bari baryamyemo mu rukerera rwa tariki 08/05/2012. Mushiki wabo bari kumwe we yarakomeretse akaba arimo kuvurwa.
Abagize inteko ishinga amategeko n’abaganga baturutse mu gihugu cya Haiti bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, bashimye imikorere ya Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV).
Minisitiri ufite impunzi mu nshingano ze, Gatsinzi Marcel, kuwa kabili tariki 08/05/2012, yakinguye ku mugaragaro ubwiherero 14 bwa kijyambere bwubakiwe impunzi z’Ababanyekongo ziba mu nkambi ya Kiziba iri mu karere ka Karongi, Intara y’Uburengerazuba.
Mu gitondo cya tariki 08/05/2012 impunzi 2816 z’Abanyekongo zituye mu gace ka Kibumba zahungiye mu Rwanda zinyuze ku mupaka muto wa Gasizi mu karere ka Rubavu ariko mu masaha ya saa cyenda zitangira gusubira iwabo.
Nigeria, igihugu kiri kurangwamo amakimbirane aganisha ku ntambara, kugeza ubu ntiremeza niba ikibuga kizaberaho umukino wo kwishyura ikipe y’igihugu “Amavubi” izakinamo n’iya “Nigeria Super Eagles” tariki 14/06/2012 cyahinduwe, nk’uko bisanzwe bigenda ahandi.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ni umwe mu bayobozi bakuru 700 bazitabira ihuriro rya 22 rizaganira ku bukungu bw’isi muri Afurika, rizateranira i Addis Abeba muri Ethiopia, guhera tariki 09 kugeza 11/05/2012.
Urukiko rw’Arusha Urugereko rw’ubujurire rwagabanyije igihano cy’igifungo cya burundu rwari rwaraciriye Major Aloys Ntabakuze kigera ku myaka 35, naho igihano cya burundu cyahawe Lieutenant Ildephonse Hategekimana n’igihano cy’imyaka 30 cyahawe umucuruzi Gaspard Kanyarukiga bigumaho.