Ikigo gikurikirana ikoreshwa ry’umutungo kamere ku isi (Global Footprint Network) kivuga ko tariki 22/08/2012 umutungo kamere wagombaga gukoreshwa mu mwaka wa 2012 wari urangiye, iminsi isigaye abantu bagiye kuyibaho mu mwenda.
Inama nkuru y’urubyirko (NYC), yahamagariye urubyiruko kwitabira amarushanwa azatorwamo babiri bazajya kuvuganira abandi mu muryango w’abibumbye (UN) mu gihe cy’imyaka itatu.
Umuyobozi w’ishuli ryisumbuye rya Lycée de Nyanza riri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza arihakana umwana mu gihe umugore babanaga nk’abashakanye ahamya ko umwana wese uvutse aba ari uw’umugabo wo muri urwo rugo.
Bitewe n’uburyo bwo kwakira ububabare butandukanye hagati y’abagabo n’abagore, ubushakatsi bwakorewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwerekanye ko abagore baba bazahazwa no kubabara umutwe kurusha abagabo.
Abakora umwuga w’uburaya bakorera mu mujyi wa Kibungo bibumbiye muri koperative “Twisubireho” bafunguje compte mu murenge Sacco wa Kibungo bagamije gushyira hamwe amafaranga yafasha bamwe muribo kuva muri uwo mwuga.
Ikigo gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA) cyahaye ibyemezo by’ishimwe abasoreshwa buzuza inshingano zabo neza bo mu Ntara y’Uburengerazuba bagera kuri 14.
Abana bose baturuka mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rulindo kuri ubu bafite abazabahagararira kugeza ku rwego rw’akarere. By’umwihariko ababana n’ubumuga bavuga ko batazatenguha bagenzi babo babagiriye ikizere bakabatora.
Janny Oorebeek ukuriye itsinda ry’Abaholandi basengera mu itorero ry’Abapresibiteriyene bari mu runzinduko mu Rwanda yatangaje ko inkunga Abakristu b’iwabo bagenera abo mu Rwanda itazahagarara.
Umwe mu bajura bamaze iminsi biba amatungo bakayabaga nyuma bakajya kugurisha inyama kure y’aho bakoreye ubwo bujura yafatiwe mu kagali ka Rususa mu murenge wa Ngororero mu rukerera rwa tariki 22/08/2012.
Abandi banyamahirwe batsindiye amahirwe yo gutombora ibikoresho bitandukanye muri tombola ya MTN yise “SHARAMA”, bashyikirijwe ibihembo batsindiye, kuri uyu wa Gatatu, tariki 22/08/2012.
Inzego za Leta zinyuranye zirimo Ministeri y’ubutabera, zasinyanye amasezerano n’undi rwiyemezamirimo (sosiyete yitwa B&B) wasimbuye sosiyete yitwa DN International, yafashe imyenda muri banki yo kubaka amazu, ariko ikagenda itayishyure.
Kuwa kane tariki 23/08/2012, nibwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame azayobora umuhango wo gutangiza ku mugaragaro ikigega cyiswe Agaciro Development Fund mu rwego rw’igihugu.
Abahagarariye amadini akorera mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, kuri uyu wagatatu tariki 22/08/2012 bakoze igiterane cy’ivugabutumwa kigamije gushishikariza abacuruza n’abakoresha ibiyobyabwenge kubireka burundu.
Umugabo umwe n’abagore batatu bafungiye kuri polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 20/08/2012, bakurikiranyweho kwanga kwibaruza, kudafata ikarita y’ubwisingune mu kwivuza, kudakora umuganda, n’ibindi bitandukanye bireba buri munyarwanda.
Kuva aho uburobyi buhagaritswe by’agateganyo mu kiyaga cya Kivu, amwe mu maresitora yo mu mujyi wa Karongi yagize igihombo, kubera ko nta sambaza zikiboneka mu igaburo rya buri munsi, kandi abakiliya benshi ari zo bakunda.
Bitandukanye n’ibyo abenshi bibwiraga ko ubwonko buhagarara gukura mu gihe cy’ubugimbi, ubushakashatsi bwagaragaje ko ubwonko bw’umuntu bukomeza gukura kugeza mu myaka 30 y’amavuko.
Umuntu utazwi yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter amafoto bavuga ko ari aya nyina wa Obama, Ann Dunham, yambaye umwenda w’Adamu.
Bamwe mu banjyanama bemeza ko batoroherwa no guhuza inshingano z’ubujyanama n’izo kwiteza imbere mu buzima busanzwe.
Abakora umwuga wo gutwara abantu ku magare mu mujyi wa Kibungo baratangaza ko komite eshanu zimaze kuayobora zanyereje amafaranga miliyoni umunani, bikaba byaratumye bazinukwa koperative “Amizero” ndetse no kwambara umwambaro wayo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwashyizeho komisiyo yo kugenzura no guca akarengane kagaragaye mu isaranganywa ry’imirima mu Gishanga cya Bugarama.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Emmanuel K. Gasana, aratangaza ko Polisi z’ibihugu bigize akarere ka Afurika y’Uburasirazuba zirajwe ishinga n’uko buri muturage uhatuye yagira amahoro n’umutekano bisesuye.
Abaturage bo mu mudugudu wa Gikuyu, akagari ka Nyamikamba, umurenge wa Gatunda barasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kubaha ibisobanuro by’aho amafaranga y’umusanzu w’amazi yagiye.
Nyuma y’imyaka ibiri habaye amabarura y’abaturage bagombaga kwimurwa ku musozi wa Rubavu hakagaragaramo abatarabaruwe kandi bacyeneye ibibanza, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwongeye gusubira mu bikorwa byo gushaka amakuru y’abaturage bacikanywe ntibabarurwe kandi bari bahafite inyubako.
Abarobyi bo mu kiyaga cya Kivu baratunga agatoki uruganda rwa Bralirwa kugira uruhare mu igabanuka ry’umusaruro w’amafi n’isambaza nyuma yo guhagarika ibisigazwa by’inzoga yashyiraga mu Kivu bigatuma amafi aza abikurikiye.
Ubushize nabasangije bimwe mu biba ngo indwara ya kanseri yibasire umubiri. Muri iyi nyandiko ndabagezaho bumwe mu buryo bukoreshwa mu gusuzuma, kuvura no kwirinda kanseri.
Ihuriro ry’abavuzi gakondo mu Rwanda (AGA Rwanda Network) rirazenguruka mu turere twose tugize Intara y’Uburengerazuba mu rwego rwo kubaha ibyangombwa biranga abavuzi gakondo bemewe n’iryo huriro.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yoherereje Guverinoma n’abaturage ba Ethiopia, ndetse n’umuryango wa Meles Zenawi, ubutumwa bwo kwifatanya na bo mu kababaro kubera Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia witabye Imana.
Umuhanzi nyarwanda akaba yaranarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, Jean Bosco Bakunzi, yerekanye ibihangano (ibishushanyo) bye bwa mbere muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuwa kabiri tariki 21/08/2012.
Nyuma y’ubujura no gutobora amazu byari byibasiye akagali ka Kimicanga, umurenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo, kuwa kabiri tariki 21/08/2012 Polisi y’igihugu yabyukiye mu mukwabu ita muri yombi abajura 27 n’inzererezi 30 zitagira irangamuntu.
Kuri iki cyumweru tariki 26/08/2012 hateguwe igitaramo cyo gushima Imana ku rwego rw’igihugu cyiswe “Rwanda Shima Imana”.
Bizimana Barthazar utuye mu kagari ka Mageragere, umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yashyikirijwe inzego zishinzwe umutekano mu karere, nyuma yo gutema ukuboko umukecuru witwa Kabagina Mariyana.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) ryamaze gutangaza ko imikino ya gicuti izahuza u Rwanda na Nigeria mu baterengeje imyaka 17 izabera mu mujyi wa Calabar uherereye mu Majyepfo ya Nigeria.
Nyuma y’aho uwari umutoza wa APR FC, Ernie Brandts, arangirije amasezerano ye, iyo kipe yafashe icyemezo cyo kugarura Eric Nshimiyimana wahoze ari umutoza wayo wungirije akaza kwirukanwa muri 2011 ashinjwa gukoresha uburozi.
Mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 21/08/2012 mu kagari ka Karumuna, umurenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera mu ruzi rw’akagera hatoraguwe umurambo w’umuntu utaramenyekana amazina ye.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda, Tigo, yatangije umushinga witwa “reach for change” wo gutera inkunga imishinga ibiri buri mwaka, y’abantu bafite hagati y’imyaka 18 na 30 bazagaragazamo ibitekerezo birusha iby’abandi ireme.
Polisi y’u Rwanda icumbikiye abantu batandatu mu karere ka Rwamagana bakekwaho gusakaza amafaranga y’amiganano mu baturage mu buryo bunyuranye kandi bwihishe. Abafashwe barimo abafatanywe ayo mafaranga n’abakekwa kumenya aho akomoka kuko bari mu bayasakaza mu baturage.
Nyuma y’amezi abiri akarere ka Gicumbi kamaze kayoborwa mu nzibacyuho ubu kabonye umuyobozi mushya ariwe Mvuyekure Alexandre.
Ubwo Manchester United yakinaga ikanatsindwa na Everton mu mukino wabaye ku wa mbere tariki 20/8/2012, abari ku kibuga batangajwe no kubona izina ry’umukinnyi Anderson ryanditse ku mwenda we ryanditse nabi.
Abasore 14 bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe bazira guteza umutekano muke aho batuye mu kagari ka Muganza mu murenge wa Gatore. Aba basore biyita abamoke kubera ko babibonye muri filime.
Kuri Station ya Police i Karongi hacumbikiwe abagore bane banze kwibaruza kubera imyemerere yabo ngo itabemerera kugira ahandi bibaruza hatari mu ijuru.
Umuyobozi wa Gereza ya Ruhengeri, Ntirushwa Francois, yemeza ko bimwe mubyo umugororwa akwiye kuvana muri gereza harimo n’amagara mazima, kugirango nagera hanze azabashe kwiteza imbere ndetse anateze imbere igihugu cye.
Umuryango w’ivugabutumwa wa Anglican mu Rwanda (EAR) wasuye impunzi z’Abanyekongo bari mu nkambi ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe, ubashyikiriza inkunga y’ibyo kurya n’imyambaro bifite agaciro ka miliyoni zisaga eshatu.
Abakozi b’akarere ka Muhanga ku rwego rw’akagari bo baratangaza ko bagabanirijwe umushahara kandi bigakorwa batabanje kubiteguzwa mu gihe abandi bakozi ba Leta bakomeje kugenda bongezwa imishahara.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Mpanda mu murenge wa Byimana acumbikiwe kuri station ya polisi ya Nyamagana guhera tariki 20/08/2012 azira gusebya umupolisi imbere y’abaturage.
Mukiza Kazungu uzwi nk’umukarasi muri gare ya Ruhango na Albert ushinzwe gushakira abagenzi sosiyete itwara abantu ya KBS mu mujyi wa Ruhango, bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana guhera tariki 20/08/2012 bazira kurwanira umugenzi.
Bamwe mu bana bari mu biruhuko batuye mu mujyi wa Nyanza barashinjwa n’ababyeyi babo kuba hari imikino imwe n’imwe yatangiye kubararura kugeza n’ubwo biba amafaranga y’iwabo.
Abaturarwanda barakangurirwa kwitabira gukoresha uburyo bwa Visa Card, bufasha umuntu kwishyura akoresheje ikarita atiriwe agendana amafaranga. Bigaragara ko ubu buryo bukiri bushya kuri benshi bataramenyera imikorere y’ikoranabuhanga.
Hategekimana Emmanuel, umuturage wo mu karere ka Rubavu, yihangiye umurimo akora irangi akoresheje itaka ibyatsi n’amazi ku buryo byatumye atanga akazi ku bandi bakozi 15 ahemba buri munsi. Buri mukozi ahembwa amafaranga 1300 ku munsi.
Karamuka Damaseni utuye mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana yaraye yishe umwana we mukuru witwaga Mudahoranwa Jean Bosco w’imyaka 18 amuziza ko yajyaga amubuza gukubita umugore we (nyina w’uwo mwana).