Ndikumana Hamad (Katauti) na Patrick Mutesa Mafisango bahamagawe mu ikipe y’abakinnyi 32 bazakina imikino wa Algeria na Benin mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2014 naho Kalisa Mao ntiyahamagawe kubera imyitozo mike.
Inama ya 26 y’umushinga Global Fund yateraniye i Geneve mu Busuwisi tariki 10-11/05/2012 yashyizeho abantu batandatu barimo Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda bazahitamo uzasimbura umuyobozi mukuru wa Global Fund.
Abaturage bo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye bifashisha ibimina bagamije kugera ku mafaranga ya mituweri bageze kure begeranya ay’umwaka utaha uzatangirana n’ukwezi kwa Nyakanga 2012.
Ababyeyi b’umwana w’umukobwa umaze umwaka umwe n’amezi atandatu abonye urumuri rw’iyi si witwa Riyanna babujijwe kugenda mu ndenge ku kibuga cy’indege cya Fort Lauderdale muri Leta ya Floride nyuma y’aho abashinzwe umutekano basangiye amazina y’uyu mwana ku rutonde rw’ibyihebe.
Akanama k’Inteko Ishinga Amategeko gashinzwe gukurikirana uburenganzira bwa muntu n’ikoreshwa ry’umutungo wa Leta (PAC) kongeye gutumiza Minisitiri w’Ibikorwa Remezo kamubaza ku kibazo cy’itinda ry’umushinga w’urugemero rw’amashanyarazi rwa Rukarara.
Iminota 5 y’inyongera yongewe ku mukino wahuzaga Manchester City na Queens Park Rangers (QPR) tariki 13/05/2012, yatumye Manchester City ibona ibitego 2 byatumye itwara igikombe, nyuma y’aho Manchester United zarwaniraha igikombe yizeraga kugitwara kuko yo yari yatsinze Sunderland igitego kimwe ku busa.
Nyuma yo kubyinana n’umukobwa bugacya, umuhanzi w’Umunyarwanda witwa TK uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aherutse gushyira ahagaragara indirimbo ye nshya yise ‘I am in Love’.
Smart Motel iherereye ku Muhima mu mujyi wa Kigali yateguye amarushanywa yo kunywa inzoga mu gihe gito. Muri ayo marusanywa yabaye tariki 13/04/2012 uwitwa Jean Elysé Byiringiro ni we wegukanye igikombe agitwaye Sibomana Callixte.
Mu rwego rwo gukomeza gutegura imikino yo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014, u Rwanda rurateganya gukina umukino wa gicuti na Irak, uwo mukino ukazabera mu gihugu cya Turukiya.
Polisi yo mu karere ka Gasabo yataye muri yombi umusore witwa Mbarushimana Janvier w’imyaka 24, tariki 13/05/2012, akurikiranyweho gukoresha amafaranga y’amahimbano.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, ari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye, tariki 12/05/2012, basuye bimwe mu bishanga byo mu karere ka Bugesera byibasiwe n’imyuzure ikomoka ku migezi ya Nyabugogo, Nyabarongo n’Akagera.
Imodoka itwara abagenzi yo bwoko bwa Hiace yagonze umukecuru witwa Nyirazigama ahagana saa tanu n’igice zo ku cyumweru tariki 13/5/2012 nayo ihita igwa mu mukingo. Uwo mukecuru n’umugenzi umwe mubo yari itwaye bakomeretse bikabije.
Umunsi wa 24 wa shampiyona wasigiye APR FC icyizere cyo gutwara igikombe nyuma y’uko Police FC itsindiwe kuri stade Umuganda na Marines FC 1-0 nubwo iyi igifite imikino ibiri.
Ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri mu Rwanda (RAF), kuri iki cyumweru tariki 13/05/2012, ryabonye ubuyobozi bushya nyuma y’amezi asaga 10 riyoborwa by’agateganyo.
Impunzi z’Abanyekongo zigera kuri 21 zari zicumbikiwe ku murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 13/05/2012 zajyanwe mu nkambi ya Nkamira iri mu karere ka Rubavu.
Mu muhango wo kwankira impamyabumenyi y’ikirenga yashyikirijwe na kaminuza ya William Penn University wabaye mu ijoro rya tariki 12/05/2012, Perezida Kagame yatangaje ko imiyoborere myiza igaragara mu Rwanda atari iy’umuntu umwe ahubwo ari umusaruro w’uruhare abantu bose babigiramo.
Abahagarariye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur muri Sudani bakomeje kwishimira ibikorwa byazo n’uburyo zihagararira neza u Rwanda muri ubwo butumwa.
Imodoka ya FUSO ifite puraki RAA 554S yaguye mu mukingo ahagana mu masaa kumi n’ebyeri z’igitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 13/5/2012, maze umushoferi wayo ahita ahunga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwishingizi (Rwanda Social Security Board) kirashaka ko imyaka y’ikiruhuko cy’izabukuru mu Rwanda yongerwa igashyirwa kuri 60.
Ababyeyi bafite abana biga mu ishuri ribanza rya Cyamburara mu kagari ka Cyamburara mu murenge wa Murundi wo mu karere ka Kayonza, baratabariza abana ba bo bavuga ko bari kudindira mu masomo kubera ko bamaze icyumweru kirenga batiga.
Irushanwa ryo kuzamura ubumenyi n’ubushobozi bw’abakinnyi b’amagare bakorera mu makipe (Ascension de milles collines) rizaba tariki 19/05/2012. Iri siganwa rizitabirwa n’amakipe yose akorera mu Rwanda n’abanyonzi basagana 30.
Umukino wa 24 wa shampiyona wagombaga guhuza Kiyovu Sport na Mukura VS tariki 12/05/2012 ntiwabaye kuko Kiyovu itabonetse ku kibuga cya Kamena kandi nta mpamvu zatumye Kiyovu itaboneka ku kibuga zamenyekanye.
Musanze FC na AS Muhanga zizakina shampiyona y’icyiro cya mbere mu mwaka w’imikino utaha, nyuma yo gutsinda amakipe zari zihanganye muri ½ cy’irangiza mu mikino yo mu cyiciro cya kabiri yabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 12/5/2012.
Umwana w’imyaka itanu y’amavuko witwa Dieudonne Mugiraneza yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana tariki 11/05/2012 mu masaha y’igicamunsi mu murenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke.
Ubwo abahanzi 9 basigaye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star Season 2 biyamamazaga mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, tariki 12/05/2012, Abanyakarongi batagira ingano bagaragarije umuhanzi Jay Polly ko bamushyigikiye byimazeyo.
Ndungutse Valens wo mu kagari ka Tabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza yatewe gerenade n’abantu bataramenyekana mu ijoro rya tariki 12/05/2012 yitaba Imana.
Twahirwa Alikaab na Gasana Omar barwaniye mu mudugudu wa Akirabo mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ku mugoroba wa tariki 11/05/2012 bapfa umugore w’umupfakazi binjiye bombi.
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira zigiye kwimurirwa mu nkambi ya Kigeme iri mu karere ka Nyamagabe mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umutekano wazo.
Minisitiri ushinzwe ubumenyi n’ikoranabuhanga mu gihugu cya Nigeria, Okon Bassey Ewa, yakiriye Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu , Joseph Habineza, tariki 10/05/2012, amutangariza ko ashaka ko igihugu cye gishaka kubaka umubano n’u Rwanda mu bijyanye n’ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe na Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Alexandre Luba Tambo, basinye amasezerano y’ubufatanye mu kugarura umutekano muri Kongo.
Mu Rwanda hateraniye inama yiga ku buryo bwo gukoresha indege mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, no kureba ko ibibuga by’indege byujuje ibyangombwa mpuzamahanga.
Umugabo witwa Athnase Nangwanuwe ukomoka mu karere ka Musanze, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iherereye mu karere ka Burera, kubera gufatanwa ijerekani ya litoro 20 yuzuye Kanyanga.
Umugabo w’Umushinwa witwa YangGuanghe yakuruye imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes ifite uburemere bwa toni 1.6, akoresheje ibigohegohe(paupieres), tariki ya 28/04/2012.
Uyu munsi tariki 13/05/2012, Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, ashyikirizwa impamyabumenyi y’ikirenga yagenewe na kaminuza ya William Penn yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Polisi y’igihugu yafashe ibiyobyabwenge bigizwe n’imisongo igera ku 2.300 y’urumogi na litiro 1.280 z’inzoga z’inkorano, mu mukwabo yakoze mu turere dutandukanye muri iki cyumweru dusoza.
Umuhanda uhuza umurenge wa Mwogo n’uwa Nyamata kubera ko igishanga unyuramo cyarengewe n’umwuzure, mu rwego rwo gukumira impanuka z’amazi zatwara ubuzima bw’abaturage bambukira muri uwo muhanda.
Minisitiri w’Umutungo Kamere (MINIRENA), Stanislas Kamanzi, aratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bukigaragaramo akajagari mu mikorere yabwo, aho hari abakitwikira ijoro bikabaviramo no kuhasiga ubuzima.
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira ziratangaza ko zishimiye uko zakiriwe na Leta y’u Rwanda, ariko zigasaba Leta y’u Rwanda gukomeza kuzikemurira ibibazo byinshi zifite.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, kuri uyu wa gatanu tariki 11/05/2012, yatangaije ku mugaragaro ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga ku Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize Intara y’Iburengerazuba barangizaga Itorero bari bamazemo iminsi 13 ku Kigo cy’Amahoro n’Imiyoborere Myiza cya Nkumba mu karere mu karere ka Burera.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zakiriye neza ibihano byakatiwe Abanyarwanda batatu bakoze Jenoside mu Rwanda, ndetse zikanagaya kuba hari abantu benshi bagize uruhare muri Jenoside bakidegembya hirya no hino ku isi.
Hashyizweho igice cy’Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kizakomeza gufasha u Rwanda gukurikirana amadosiye y’abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, ubwo uru rukiko ruzaba rusoje imirimo yarwo mu mpera z’uyu mwaka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe amagereza (RCS) cyahakanye ibivugwa n’umwunganizi wa Deo Mushayidi ko afungiye mu kato ndetse ngo akaba yabujijwe gusurwa.
Akanama ngishwanama mu ikigo cya Leta y’Amerika cyita ku miti n’ibiribwa (FDA) karasaba ko umuti witwa Truvada wakwemezwa nk’umuti urinda ubwandu bw’agakoko ka SIDA ku bantu bafite ibyago byinshi byo kuyandura.
Amazi y’imvura yinjira mu butaka yangije umuhanda wa kaburimbo, amazu 6 ndetse n’imyaka y’abaturage mu murenge wa Bushoki akarere ka Rulindo, mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.
Ubuyobozi bwa Polisi iri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye i Darfur (UNAMIS) burashima ibikorwa by’abapolisi b’u Rwanda bari muri Sudani, bukanasaba ko bishobotse umubare wabo wakongerwa.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali burasaba abagenzi batega imodoka mu mujyi wa Kigali, kujya bahwitura abashoferi batinda ku byapa bashyiramo cyangwa bakuramo abagenzi, kuko binyuranyije n’amabwiriza agenda ingendo mu Mujyi.
Abagabo bakoraga akazi k’ubwubatsi ku nzu y’ubucuruzi mu gasanteri ka Nkambi mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi bagwiriwe n’iyo nzu bubakaga, ku gicamunsi cya tariki 10/5/2012, umwe witwa Hagenimana Gaspard ahita yitaba Imana.
Sudani y’Amajyepfo yemerewe kuba umunyamuryango wa CECAFA, ikaba nayo igiye gutangira kwitwabira amarushwanwa atandukanye aba buri mwaka nk’igikombe cy’abatarengeje imyaka 17, igikombe cya CECAFA cy’abakuru ndetse na CECAFA Kagame Cup.
Mu gihe amakipe menshi yo muri shampiyona y’u Rwanda asigaje gukina imikino ibiri, APR FC yo isigaje gukina umukino umwe izakina na Nyanza FC kuri uyu wa gatandatu tariki 12/05/2012 kuri Stade Mumena ariko ntabwo irizera gutwara igikombe.