Kugeza ubu, La Masia, ishuri ryigisha umupira ry’ikipe ya FC Barcelona, rifatwa nk’irya mbere ku isi mu gutanga abakinnyi benshi kandi beza. Nibura abakinnyi icyenda bariciyemo batwaye igikombe cy’isi ndetse Messi atwara igihembo cy’umukinnyi mwiza ku isi (ballon d’or) inshuro eshatu.
Cyusa Eric, umusore uvuga ko ari umunyeshuri mu ishami ry’amategeko muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Gasaka azira kwiyita umupolisi ufite inyenyeri eshatu (Chief Inspector of Police).
Imiryango itatu: HDI, ARBEF na CRR iravuga ko umushinga w’itegeko rijyanye no gukuramo inda ntacyo ukemurira abemerewe kuzikuramo, kuko ngo uzabananiza mu gihe waba ubaye itegeko.
Umubyeyi witwa Jeanne Yandereye wo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga yahetse umwana we mu gitondo cya tariki 03/06/2012 amwururukije asanga yashizemo umwuka.
Manirafasha Theoneste, umunyeshuri mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza ku kigo cya Bushara kiri mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare yakubise abarimu babiri atoroka ishuri none ubuyobozi bw’ikigo bufatanyije n’ushinzwe uburezi mu murenge baramwingingira kugaruka mu ishuri agakomeza amasomo.
Abaturage bagera kuri 30% bemeza ko abayobozi b’imidugudu babasaba ko bahurira mu kabari mu gihe bashaka ibyangombwa; nk’uko ubushakashatsi bwakozwe na Trasperency Rwanda bubitangaza.
Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Nyangezi Bonane yeguye ku mwanya w’umuyobozi w’Akarere. Yabitangarije abakozi bose b’akarere ndetse n’inzego nyobozi zishinzwe umutekano zikorera muri aka karere ku mugoroba wa tariki 04/6/2012.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza n’impunzi, Gatsinzi Marcel aratangaza ko tariki 10/06/2012 inkambi ya Kigeme izatangira kwakira impunzi z’Abanyekongo zikomeje guhunga intambara mu burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Ku bufatanye na Kaminuza yo mu Bushinwa yigisha Ubumenyi, Ishuri Rikuru ryigenga ry’Abarayiki b’Abadivantisti rya Kigali (INILAK) rigiye gutangiza gahunda yo kwigisha no gukora ubushakashatsi bujyanye n’iterambere rirambye rishingiye ku bidukikije.
Nyuma yo gutsindwa imikino itatu mu kwezi kwa gatanu, ikipe y’igihugu Amavubi ishobora gusubira inyuma ku rutonde ngaruka kwezi rwa FIFA ruzasohoka tariki 6/6/2012.
Ibiyobyabwenge bitandukanye bifite agaciro kagera ku mafaranga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 675 n’amafaranga 200 byamenewe mu murenge wa Cyanika wo mu karere ka Burera tariki 04/06/2012 ubwo hakomezaga ibikorwa bya “Police Week” mu rwego rw’igihugu.
Umuryango udaharanira inyungu z’amafaranga, Net Hope, urimo guhugura abize ibijyanye n’isakazamakuru mu ikoranabuhanga (ICT) binyuze mu kubohereza mu bigo binyuranye bikorera mu Rwanda mu rwego rwo kubahuza n’abakozi.
Ndahimana Claude w’imyaka 24 afungiye kuri station ya police ya Nyamagana guhera tariki 02/06/2012 azira kuba yaribye ihene agakomeratsa ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Kanyete akagari ka Kayenzi umurenge wa Ntongwe akarere ka Ruhango.
Kugira ngo itegeko rishya ryo kwambara agakingirizo igihe cy’imibonano mpuzabitsina muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rishyirwe mu bikorwa, abapolsi bategetswe kureba filimi z’urukozasoni zizwi ku izina rya porno igihe bari mu kazi.
Byishimo Daniel na Gatete Abdoulikarim bakorera Horizon Express barwaniye aho iyi sosiyete ikorera mu mujyi wa Nyanza ku mugoroba wa tariki 03/06/2012 umwe arakomereka ajyanwa mu bitaro undi arafungwa.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Albert NSengiyumva, aremeza ko Leta ifite uruhare runini mu gushyiraho uburyo bworohereza abaturage kugira ngo gahunda yihaye yo gufasha buri Munyarwanda kubona icumbi rimukwiriye igerweho.
Perezida Kagame aza ku isonga mu baperezida bo ku mugabane wa Afurika bakoresha urubuga mpuzambaga rwa Twitter. Amaze kurwandikaho ubutumwa 2034 kandi akurikirwa n’abantu 63350 kuri Twitter.
Mukabandora Jeannette w’imyaka 30 yatawe muri yombi azira umwana yibye abaturanyi agira ngo abeshye umugabo we ko yabyaye.
Akimana Jean Claude wo mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi akekwaho gufasha umukobwa w’umunyeshuri wo mu ishuri ryisumbuye gukuramo inda. Akimana avuga ko atamukuyemo inda ngo ahubwo yamuvuraga indwara yo kuva amaraso.
Inzego z’ibanze mu mudugudu wa Adomboshova mu gihugu cya Zimbabwe ziri gushakisha uwitwa Simon Matsvara na nyina witwa Ethel Vhangare ngo bahanirwe ko uyu Ethel Vhangare atwite inda ya kabiri yatewe n’uriya muhungu we Matsvara.
Icyegeranyo cya banki y’isi kirerekana ko Somalia itatanze ibisobanuro bikwiye ku ikoreshwa ry’imfashanyo igera kuri miliyoni 130 z’amadolari yahawe mu myaka ya 2009 na 2010.
Umuhanzikazi Buzindu Aline uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Allioni aranyomoza amakuru amaze iminsi amuvugwaho ko yaba yarasimbuye Knowless mu gukundana na Safi.
Mu muhango wo gusoza amahugurwa y’ibyumweru bibiri y’abakozi b’umuryango w’abibumbye yaberaga i Kigali, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda rurajwe ishinga no gushaka amahoro aho atari.
Mu gikorwa cy’ihererekanya bubasha cyabaye tariki 03/06/2012, Ministiri ufite imikino mu nshingano ze, Mitali Protais, yasabye abahawe ubuyobozi bw’ishyirahamwe ngororamubiri (RAF) gukorana ubushake, gukorera hamwe no kurangwa n’ubuyobozi bwiza.
Umuhanzi Gatsinzi Emery uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman amaze iminsi arwaye indwara y’umusonga ariko ntibyamubujije kwitabira ibitaramo bya PGGSS2 byo kwiyereka abafana i Nyamagabe na Huye byabaye mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 03/06/2012.
Nyuma yo kunyagirwa na Algeria ibitego 4 ku busa mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi, umutoza w’Amavubi, Milutin Micho, yavuze ko agiye kongera gutangirira kuri zeru kugirango yongere yubake ikipe bundi bushya.
Ishuli ryisumbuye rya EAV-Mayaga riri mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza ryugarijwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside ishingiye ku bikorwa n’inyandiko zisesereza bamwe mu banyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside biga muri icyo kigo.
Gilbert Nzeyimana ucururiza i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali ari mu maboko ya polisi azira gutera urubwa polisi y’igihugu ayibeshyera ibintu bitari byo.
Bamwe mu rubyiruko rwaretse ibiyobyabwenge bemeza ko kuva babiretse abantu basigaye babaha icyizere bakabaha akazi; ariko ngo hari bagenzi babo bakirunywa kando ngo ntibatinyuka kubabwira ngo barureke.
Abasore n’inkumi 78 biga mu mashuri anyuranye mu Ntara y’Uburasirazuba batsindiye kuzahagararira Intara y’Uburasirazuba mu irushanwa rizahuza amashuri yisumbuye yose mu Rwanda mu mikino ngororamubiri izaba mu mpera z’icyumweru kizarangita tariki 10/06/2012 mu karere ka Nyanza.
Nyuma yo gufunguza amakonti muri Equity Bank, abanyamuryango bayo barasaba ko bafungurirwa ishami kugira ngo babone aho babitsa amafaranga kuko bashaka imikoranire myiza n’iyo banki, bityo babone inguzanyo zo kwiteza imbere.
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kibungo kuva kuwa gatanu tariki 01/06/2012 bakekwaho kwiba ipikipiki y’uwitwa Bonaventure Karuranga.
Mu nama rusange yahuje ababyeyi barerera mu ishuri St François d’Assise de Shangi, ubuyobozi bw’iki kigo bwavuze ko nyuma yo kutishimira uko abana batsinze kuko abagiye muri kaminuza ari bake n’ubwo babonye impamyabumenyi bose.
Abagize inama y’igihugu y’urubyiruko yo mu Karere ka Huye bahuriye muri kongere ya 5, tariki 02/06/2012, bigira hamwe ibyagezweho banarebera hamwe ibyo bateganya kuzakora mu minsi iri imbere.
Irushanwa Primus Guma Guma Super Star ryakomereje i Nyamagambe kuri uyu wa gatandatu tariki 02/06/2012 aho abahanzi basigaye muri irushanwa biyeretse abafana babo muri gahunda isanzwe izwi ku zina rya ‘Road Shows.’
Diane Umutesi w’imyaka 20 niwe wegukanye ikamba rya Nyampinga naho Yves Muvunyi w’imyaka 21 yegukana irya Rudasumbwa muri Kigali Institute of Management (KIM) mu matora yabaye tariki 01/06/2012 kuri Sport View Hotel.
Kwizihiza ku nshuro ya 18 umunsi wo kwibohora bizaba tariki 01/07/2012 (umunsi usanzwe wibukwaho igihe u Rwanda rwaboneye ubwigenge) mu rwego rwo kwisuzuma aho u Rwanda rugeze rukosora ibibi rwanyuzemo guhera mu mwaka wa 1962 ubwo rwabonaga Ubwigenge.
Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinzwe na Algeria ibitego bine ku busa mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi wabereye i Blida muri Algeria ku wa gatandatu tariki 2/6/2012.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi i Kabgayi, mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, bahangayikishijwe n’uburyo igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kigenda giteshwa agaciro, kandi aha ari ahantu hafite amateka mabi yagize ingaruka mbi ku gihugu cyose.
Umusore w’imyaka 28 witwa Chadil Deffy, wo mu gihugu cya Thaïlande, yashyingiranywe n’umurambo w’uwari umukunzi we Sarinya Kamsook w’imyaka 29, witabye Imana azize impanuka y’imodoka mbere y’ibyumweru bike ngo bakore ubukwe.
Umutoza w’ikipe ya Algeria aratangaza ko nta bwoba u Rwanda rumuteye ariko yihanangirije abakinnyi be kudasuzugura Amavubi, ubwo baza gucakirana mu mukino w’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, kizabera muri Brezil mu 2014 muri Brazil.
Imiryango 489 ikomoka mu gace ka Bukomerwa mu karere ka Lubero muri Kivu y’Amajyepfo, kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, yavuye mu byayo kubera ibyo inyeshyambo za FDLR zikorera abaye muri ako gace.
Abanyeshuri batatu biga ku ishuri ryisumbuye rya APERWA, riri mu kagali ka Nyagahinga umurenge wa Rusororo, akarere ka Gasabo, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo kuva kuwa Gatanu tariki 01/06/2012 bakekwaho ingengabiterezo ya Jenoside.
Bayibayi agatadowa ni gahunda y’umwihariko akarere ka Ngororero katangije, aho ubuyobozi buvuga ko abaturage bakwiye kugera ku iterambere ryo kubona urumuri rutari uruturuka ku matara ya gakondo yitwa “Agatadowa” kacyishwa na petelori cyangwa mazutu.
Mminisitiri w’Ubuzima, Agnes Binagwaho, yagiriye uruzinduko mu bitaro bya Kinazi ku mugoraba wo kuwa Kane, nyuma yaho ibitaro bya Ruhango byubatse mu murenge wa Kinazi bitangiriye imirimo yabyo tariki ya 28/05/2012.
Ikibazo cy’amazi meza akiri macye mu karere ka Ngororero gikomeje kuza imbere mu biganiro byinshi bitangwa mu nama z’akarere ariko ntikibonerwe umuti, bitewe n’imterere y’akarere kagizwe ahanini n’imisozi ihanamye.
U Rwanda rwiyemeje gushyira mu bikorwa byose byabungabunga amahoro no kuyagarura aho Atari, nk’uko byemejzwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, mu gikorwa cyo gusoza amahugurwa yahuzaga abayobozi b’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, kuri uyu wa Gatanu tariki 01/06/2012.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burimo gutegura igishushanyombonera cyo kuyoborera amazi y’imvura n’akoreshwa mu bishanga, nyuma y’uko ayo mazi agaragaje kuba yangiza byinshi birimo ibikorwaremezo n’imitungo y’abantu.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba ko umushinga wa Rukarara wo kubaka urugomero rw’amazi azajya atanga ingufu z’amashanyarazi ushyirwamo imbaraga ukarangira kuko amashanyarazi akenewe.