Hifashishishijwe umushinga électrification rurale, akarere ka Gatsibo karateganya ko abantu 10800 bazaba bamaze bamaze kubona amashanyarazi mu mirenge yose igize aka karere mbere y’uko umwaka wa 2012 urangira
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) buratangaza ko kubera gahunda yo gukumira indwara zishobora gufata amatungo, guhera tariki 09/09/20110, buzatangiza gahunda yo kurwanya isazi ya Tsetse n’indwara ya Tripanosomiase ikwirakwiza n’iyo sazi mu duce twegereye Pariki y’Akagera.
Mu rwego rwo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund, kuri uyu wa kane tariki 06/09/2012, Abanyagakenke bakusanyije inkunga ingana na miliyoni 414 n’ibihumbi 238 n’amafaranga 434.
Nyuma yuko hagiyeho komite nyobozi eshanu zose zinyereza umutungo wa koperative “AMIZERO” y’abanyonzi ba Kibungo mu karere ka Ngoma, abanyamuryango b’iyi koperative bahisemo guhindura izina kubera amateka mabi yayiranze.
Manirarora Pacifique, umwana w’umukobwa ufite imyaka umunani y’amavuko wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza akaba azwi ku kabyiniriro ka Mutuel, yagabiye Perezida Kagame inuma amushimira ko yazanye gahunda y’ubwisungane mu kwivuza.
Ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amaguru rushyirwa ahagarara buri kwezi na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 120, rukaba rwazamutseho imyaka 5 ugereranyije n’uko twari ruhagaze mu kwezi gushize.
Ndayisaba Anuwari wigaga mu mwaka wa gatatu mu mashuri yisumbuye i Mutendeli yasanzwe mu cyumba cye aho yabaga mu murenge wa Remera tariki 06/09/2012 saa mbili z’ijoro yitabye Imana.
Kuri uyu wa gatanu tariki 07/09/2012, Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, aramurikira Abanyarwanda ibyo Guverinoma y’u Rwanda yagezeho mu gikorwa cyiswe “Umunsi Murikabikorwa”.
Intara y’Uburasirazuba yahembye uturere dutatu twabaye utwa mbere mu mihigo y’umwaka 2011-2012 mu turere turindwi tugize iyo ntara.
Abahagarariye ubuhinzi mu bihugu 28 bya Afurika na Aziya bivuye mu ntambara, baje mu Rwanda kubaza uburyo inzego zishinzwe ubuhinzi zitwaye mu gukemura ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa nyuma ya Jenoside.
Mu mahugurwa agamije guhugura abaturage ku kubungabunga ibidukikije arimo kubera ku karere ka Kihere, Amini Mutaganda, umushakashatsi mu kigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buhinzi n’ubworozi (RAB) yasobanuye ko buri muntu akwiye gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe.
Dusingizimana Mortdecal w’imyaka 13 wari utuye mu kagari ka Nyarurama umurenge wa Ntongwe, mu karere ka Ruhango, yitabye Imana azize grenade yakinishirizaga iwabo mu ijoro rishyira tariki 06/09/2012.
Komiseri Andris Pielbags ushinzwe iterambere mu Muryango w’ibihugu by’Uburayi (EU) aremeza ko uyu muryango uzakomeza gutera u Rwanda inkunga ndetse ngo aho bishoboka inkunga zikiyongera.
Umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera wakusanyije amafaranga miliyoni 17 n’ibihumbi 955 yo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund, yaturutse mu baturage bahatuye ndetse no mu bindi bikorwa bihakorerwa.
Ubwo yashyiraga ibuye ry’ifatizo ahazubakwa ikigo cy’imyuga mu ntara y’Amajyaruguru kuri uyu wa kane tariki 06/09/2012, Minisitiri w’uburezi yavuze ko abantu badakwiye gukomeza gutekereza ko bazabeshwaho n’ubuhinzi gusa, ahubwo bakitabira kwiga imyuga itandukanye.
Mu rwego rwo guhashya indwara ziterwa n’imirire, Caritas ya Diyosezi Gaturika ya Nyundo ku bufatanye n’umurenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero biyemeje kwigisha ababyeyi uko barwanya izo ndwara bakoresheje ibiribwa babona aho batuye.
Minisiteri ishinzwe gucunga ibiza n’impunzi (MIDIMAR) irasaba buri Munyarwanda kumva ko akwiye kugira uruhare mu gucunga no gukumira ibiza, ntibumve ko bikwiye guharirwa iyi minisiteri gusa.
Pasitori w’Umunyekongo witwa Kimanuka Juvenal yatawe muri yombi tariki 04/05/2012 azira gutera imvururu n’imidugararo mu baturage akoresheje imvugo zisebya ubuyobozi bw’igihugu. ubu afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe.
Imirambo ibiri y’abagabo bataramenyekana aho baturuka yabonetse mu mugezi wa Rusizi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo tariki 05/09/2012 mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi.
Mu rwego rwo kumvisha abaturage ububi bw’ibiyobyabwenge, urumogi, litiro 180 z’inzoga y’inkorano ndetse n’ibindi byafatanwe abaturage byatwikiwe ku mugaragaro mu murenge wa Ndora ho mu karere ka Gisagara, tariki 05/09/2012.
Mu nama yo kunoza imikoranire y’inkeragutabara n’abayobozi b’ibanze, abayobozi b’imidugudu n’abahagarariye inkeragutabara muri imwe mu mirenge igize akarere ka Huye bibukijwe ko nta muntu wemerewe gufunga umuturage uretse polisi yonyine.
Umukino wahuje umurenge wa Cyanika na Rugarama mu rwego rw’amarusanwa yo kwizihiza imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe wagaragayemo kwigusha k’umunyezamu afite umupira mu ntoki avuga ko atabona neza maze umukino uhita urangirira aho.
Abaturage bagize Community Policing mu karere ka Nyagatare bahawe ikiganiro ku gukumira ikwirakwizwa ry’intwaro ntoya n’ihohoterwa banahabwa telefone ngendanwa 70 bazajya bifashisha mu gutanga raporo mu gukumira ihohoterwa no kumenyekanisha abatunze intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.
Nzamwita Emmanuel bakunze kwita Kazungu, w’imyaka 23 , amaze imyaka 2 n’amezi 7 mu bitaro bya Remera Rukoma, yarabuze amikoro yo kwivuza, ngo amenye gahunda z’ubuzima bwe.
Abakozi ba Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) hamwe n’ab’ibigo biyishamikiyeho, batanze umusanzu ugera kuri miliyari imwe na miliyoni umunani mu kugega ‘Agaciro Development Fund’.
Muri rusange, miliyari eshatu, miliyoni 84 n’ibihumbi 180 n’amafaranga 551 niyo yabonetse mu Ntara y’Uburasirazuba mu gikorwa cyo gushigikira ikigega Agaciro Development Fund.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnes Kalibata yatsindiye igihembo cy’umuryango Yara International ASA cy’umwaka wa 2012 kubera politiki n’udushya yahanze mu buhinzi bituma u Rwanda ruzamura umusaruro uva ku buhinzi.
Karibushi Protais w’imyaka 38 acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke nyuma yo gufatanwa litiro 20 za kanyanga. Uyu mugabo yatawe muri yombi mu gitondo cyo ku wa 04/09/2012 yikoreye kanyanga kandi bigaragara ko yasinze.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 08/09/2012, kuri stade nto i Remera, urubyiruko rugize FPR-Inkotanyi mu karere ka Gasabo, ruzishimira ibyo rumaze kugeraho, mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ishinzwe.
Umukobwa witwa Dina Nyirabanyiginya niwe wegukanye imodoka muri tombola ya SHARAMA ku nshuro ya kabiri, mu modoka eshatu zigomba gutomborwa muri tombola yashyizweho na MTN.
Abasirikare bakuru biga mu ishuri rikuru rya Gisirikare ryo muri Tanzania kuri uyu wa gatatu tariki 05/09/2012 basuye umupaka uhuza u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu, uruganda rwa Gaz methane hamwe n’uruganda rukora inzoga rwa Buralirwa.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi n’intumwa ayoboye, batangiye uruzinduko mu mujyi wa Speyer mu ntara ya Rhenanie-Palatinat, mu Budage mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 y’umubano uri hagati y’u Rwanda n’iyo ntara n’imyaka 10 y’umubano wihariye hagati y’akarere ka Rusizi n’umujyi wa Speyer.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu hamwe n’abahakorera, tariki 05/09/2012, bakusanyije miliyoni 521 n’imisago zo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund kandi abaturage biyemeje guteza imbere iki gikorwa.
Inzabya ebyiri bategura nk’umutako (vase) zifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 30, zaguzwe amafaranga ibihumbi 500 mu cyamunara tariki 04/09/2012. Izo nzabya zatanzwe n’umugore wahejejwe inyuma n’amateka nk’umusanzu we wo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’uburezi, Dr Mathias Harebamungu, yemeza ko u Rwanda rumaze kuba ubukombe mu bijyanye n’ireme ry’uburezi, ugeraranyije n’imyaka 18 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bishop John Rucyahana, Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, arabeshyuza abavuga ko u Rwanda rwakuyeho amoko; avuga ko ahubwo rwafashe ingamba zo gukumira Abanyarwanda mu kuyakoresha kugira ngo abatandukanye.
Abambutsa abantu mu mazi mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera barifuza ko mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru hashyirwa ubwato bushya bukabafasha guhahirana n’abatuye indi mirenge, kuko ubwakoreshwaga bwahagaritswe.
Minisiteri yo gucyura impunzi no guhangana n’ibiza (MIDIMAR) iratangza ko ku fatanye n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) barangije kwimurira impunzi z’Abanyekongo babaga mu nkambi ya Nkamira bazijyana mu nkambi ya Kigeme.
Muri gahunda yayo yo kwiyubaka ngo izabashe kuba ikipe ishinze imizi mu kiciro cya mbere, ikipe Musanze FC yamaze gusinyisha myugariro wa APR FC, Bebeto Lwamba.
Kuva aho umutwe udasanzwe w’ingabo z’u Rwanda zari kumwe n’iza Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) zitahiye, uduce zari zirimo ubu twamaze kwigabanywa n’imitwe yitwaje intwaro ariyo M23, FDLR na Mai mai.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Abanyamerika bwagaragaje ko kugabanya imyuka mibi yangiza ikirere bikiri ku kigero cyo hasi nubwo nubwo hari ibitekerezo n’ubushake bwo kubigabanya.
Umugabo w’umwongereza witwa Scott Brown aherutse gutsindira amapawundi ibihumbi 50 (asaga miliyoni 48 ubaze mu mafaranga y’u Rwanda) maze ahitamo gushaka uburyo bwose ayatagaguza kugira ngo atazayagabana n’umugorewe bari hafi gutandukana.
Umugore witwa Pamela Frazer w’imyaka 30 y’amavuko wo mu gihugu cy’u Bubiligi yibarutse abana babiri b’impanga ariko badahuje uruhu, kuko umwe ni umuzungu undi ni umwirabura.
Mu gihe Leta ya Congo irega u Rwanda kuyivogerera ubutaka rwohereza ingabo muri icyo gihugu, umuryango w’abibumbye (UN) uremeza ko wari usanzwe uzi ko u Rwanda rufiteyo ingabo zigera kuri 350 mu kurwanya umutwe wa FDLR.
Umugore w’imyaka 42 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhima mu Mujyi wa Kigali kuva tariki 03/09/2012 nyuma yo gufatanwa imisongo 41 y’urumogi.
Urupfu rwa Ngendahayo Gaspard w’imyaka 41 wo mu kagari ka Shara, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi rwateje urujijo ubwo umurambo we wabonekaga mu cyumba cye kuri uyu wa mbere mu gitondo.
Abanyamakuru Ally Soudy na Dj Adams bazwi mu myidagaduro (showbiz) ntibarebana neza aho umwe ashinja undi ko yamuvuze ko afata ruswa y’abahanzi mu rwego rwo kugira ngo abamenyekanishe.
Kuri uyu wa kabiri tariki 04/09/2012, inzego n’ibigo bitandukanye ndetse n’abaturage ku giti cyabo bo mu karere ka Rutsiro bakusanyije umusanzu wabo urengaho gato miliyoni 349 wo gushyira mu kigega Agaciro Development Fund.
Mu rwego rwo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund, kuri uyu wa 04/09/2012 Akarere ka Gicumbi kakusanyije inkunga ingana na miliyoni 401 n’ibihumbi 762 n’amafaranga 633.
Abatuye umujyi wa Kibungo bavuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bw’ibikoresho byo mu rugo buri gukorwa n’inzererezi ziri muri uyu mujyi.