Ihuriro ry’Abanyarwanda baba mu Bubiligi (DRB-Rugari asbl) rirategura imyigaragambyo mu mutuzo izaba kuri uyu wa gatandatu tariki 18/08/2012 igamijwe kwamagana ibikorwa bya kinyamaswa bakomeje gukorerwa n’Abanyekongo batuye icyo gihugu.
Abashakashatsi b’Abanyamerika ngo bavumbuye umuti ushobora guhagarika ikorwa ry’intanga ngabo. Uyu muti utanga icyizere ko wabafasha kuvumbura ibinini abagabo bakwifashisha mu kuringaniza urubyaro bitabaye ngombwa ko ruhagarikwa burundu.
Imanza zitiriwe Abanyabutare ziburanishirizwa mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) zimaze igihe kirenga imyaka 10 ziburanishwa zitararangizwa kubera ikibazo cyo guhindurwa mu rurimi rw’igifaransa abaregwa bumva.
Abaminisitiri b’ingabo hamwe n’izindi nzego z’umutekano z’ibihugu bihuriye mu karere k’ibiyaga bigari bari mu nama yiga ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Kongo basabye ko hakoreshwa ingabo zo mu bihugu by’Afurika mu kurinda umupaka w’u Rwanda na Kongo.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage avuga ko amazu yerekana filimi zisobanuye mu Kinyarwanda na yo ari ibiyobyabwenge abantu badaha agaciro ngo batekereze ku ngaruka mbi bifite ku bana b’u Rwanda.
Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda, Kunio Hatanaka, arasaba ko inyigo y’inzu abagenzi bazajya baruhukiramo (road site station) yakwihutishwa kugira ngo amafaranga yo kuyubaka azaboneke vuba.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Amajyaruguru, kuwa kane tariki 16/08/2012 bashinze ishyirahamwe banahita batora abagize komite nyobozi y’iri shyirahamwe.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yakoze impanuka ku wa kane tariki 16/08/2012 saa cyenda n’igice z’igicamunsi igarama mu muhanda mu ikoni riri mu metero nkeya uvuye ku gasentere ka Base, umurenge wa Gashenyi umushoferi na kigingi barimo basohokamo ari bazima.
Abayobozi ba polisi y’u Rwanda n’iya Uganda bateraniye mu karere ka Musanze mu rwego rwo gushakira umuti urambye ibyaha ndengamipaka nk’ubujura bw’amamodoka, iyinjizwa rya kanyanga mu Rwanda, ubucuruzi bw’abantu n’ibindi.
Nyuma yo kubona ko ibihangano byinshi ku isi bituruka muri Afurika, u Rwanda rufite gahunda yo gushyiraho uburyo ibihangano bikomoka muri iki gihugu bizajya birindwa bikagirira ba nyirabyo akamaro.
Ikigega Leta y’u Rwanda yatangije cyiswe “Agaciro Development Fund” kigamije gufasha Abanyrwanda kwishakamo ibisubizo mu gihe abaterankunga batubahirije amasezerano y’ubufatanye; nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, John Rwangombwa.
Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Gatera James, yasuye abakiriya b’ishami ryayo rya Nyamasheke kuri uyu wa kane tariki 16/08/2012, mu rwego rwo kuganira nabo no kungurana ibitekerezo.
Niyomufasha Clarisse w’imyaka 18 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kaziba, akagali ka Gahombo, umurenge wa Kigoma, akarere ka Nyanza mu ijoro rya tariki 15/08/2012 yakubiswe umuhini na nyina umubyara amuziza kuba yatashye atinze.
Niyokwizerwa Solange w’imyaka 30 afungiye kuri station ya Polisi ya Kanjongo mu murenge wa Macuba akekwaho kuba yaragize uruhare mu rupfu rw’umugabo we witwa Gahamanyi Uziya w’imyaka 45 y’amavuko rwabaye tariki 15/08/2012 saa sita z’ijoro.
Bizimana Sehinja w’imyaka 22 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera nyuma yo gutabwa muri yombi yatorotse uburoko.
Mu gihe umuryango FPR-Inkotanyi usigaje iminsi mike ngo wizihize isabukuru y’imyaka 25 umaze ushinzwe, abagore n’abakobwa bo mu karere ka Karongi barishimira ko bahawe ijambo kandi bakanatera imbere muri byinshi.
Urugo rwa Prezida wa Repubulika, Paul Kagame, ruri mu rwibarujwe kuri uyu wa kane tariki ya 16/08/2012 ubwo igikorwa cy’ibarura rusange rya kane cyatangiraga mu gihugu hose, mu rwego rwo gutanga urugero ku bandi Banyarwanda bose.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Urubyiruko rikora ku Buhinzi (AJEMAC) mu murenge wa Rubengera, akarere ka Karongi, bwatangiye guteza imbere ubuhinzi bw’urutoki binyuze muri gahunda bise macro propagation.
Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto bakorera mu karere ka Kamonyi babangamirwa n’abagakora badafite ibyangombwa bita “inyeshyamba”. Batunga agatoki abayobozi ba koperative yabo ko babakingira ikibaba ngo badafatwa na polisi ikabahana.
Igikorwa cy’ibarura rya kane ry’abaturage batuye u Rwanda ryatangiye tariki 16/08/2012 ku rwego rw’akarere ka Nyanza ryahereye mu rugo rwa Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari.
Abakozi b’akarere ka Rwamagana bakorera mu tugari barinubira ko ubuyobozi bw’akarere butabafata kimwe n’abakozi bagenzi babo bakorera mu mirenge no ku cyicaro cy’akarere.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Adolphe Bagabo uzwi ku izina rya Kamichi, kuri uyu wa kane tariki 16/08/2012 arashyira hanze indirimbo nshya yise “Byacitse” yakorewe muri Bridge Records.
Kuri uyu munsi ibarura rya kane ry’abaturage n’imiturire ryatangiye, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba madamu Uwamariya Odette arizeza abakarani b’ibarura ko bazabasha gusohoza inshingano zabo muri iyo Ntara nta nkomyi.
Abakorera imirimo itandukanye muri gare ya Musanze babangamiwe n’ivumbi ryinshi rihari muri iki gihe cy’impeshyi ribahuma amaso ari nako ribinjira mu myanya y’ubuhumekero.
Umuhanzi wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Antoine Christophe Agbepa Mumba uzwi ku izina rya Koffi Olomide yatawe muri yombi tariki 15/08/2012 nyuma yo gukubita no gukomeretsa umutunganyiriza indirimbo (producer).
José Mourinho utoza Real Madrid, asanga atagikwiye gukomeza kwitwa akazina “the special one” bivuze umuntu udasanzwe, ahubwo ko akwiye kwitwa “the only one” bisobanuye umuntu wihariye bitewe n’uko amateka yakoze nta wundi urayageraho.
Nyuma y’ubujura bwo gucukura inzu z’ubucuruzi bumaze iminsi bwibasiye abacuruzi, umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Nemba, Niyitegeka Prosper, yibwe ipikipiki yo mu bwoko bwa Yamaha AG 100 ubwo yari mu nama ku biro by’akarere ka Gakenke.
Uwamariya Vestine utuye mu murenge wa Kibungo mu akarere ka Ngoma ufite imyaka 28 n’abana batatu avuga ko kuba yarasanze ataranduye SIDA kandi yari amaze imyaka 12 akora umwuga w’uburaya agomba guhita abireka.
Radiyo Huguka ikorera mu karere ka Muhanga yatewe n’abantu bataramenyekana saa munani z’ijoro rishyira tariki 15/08/2012.
Abana bari mu cyigero cy’imyaka irindwi kugeza kuri 15 bagiye kwitoramo abazabahagararira mu nama y’igihugu y’abana mu gihe cy’imyaka itatu, mu matora ateganyijwe gutangira tariki 16 kugeza kuri 22/08/2012.
Umukecuru witwa Mukamusoni Tasiyana utuye mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi amaze imyaka ibiri mu manza n’umugabo we bapha ububuharike.
Abagenzacyaha n’abashinjacyaha bo mu ifasi y’ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Rusizi na Nyamasheke basanga hari byinshi igitabo gishya cy’amategeko ahana mu Rwanda kije gukemura kuko hari ibyaha byakorwaga hakabura itegeko ribihana.
Ibikorwa byo gushishikariza abantu umunsi wahariwe ubutabazi ku isi (World Humanitarian Day Campaign) bimaze kugera ku bantu barenga miliyoni 100 bari biyemejwe. Kugera tariki 19/08/2012 ngo bazaba bageze kuri miliyari imwe.
Abahinzi b’ingano bo mu mirenge ya Mukura mu karere ka Rutsiro, na Rugabano mu karere ka Karongi barateganya gusarura toni 276 z’ingano. Ikilo kimwe cy’ingano bakazakigurisha amafaranga 480.
Ku munsi wa Asomusiyo, Abakiristu Gatorika batuye Imana amasengesho yo gusabira abakobwa batarakora imibonano mpuzabitsina, kurinda ubusugi kugeza bubatse ingo zabo, ndetse n’ababyeyi bakabyara abana bameze nk’umukiza Yezu wabyawe na Bikira Mariya.
Mu gihugu cya Arabiya Sowudite ngo bagiye kubaka umujyi uzaba ari uw’abagore gusa mu rwego rwo guteza imbere imyuga y’abagore n’amategeko ya sharia.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, asanga ikipe ya Rayon Sports niramuka ije kuba mu karere ka Nyanza bizatuma iyi kipe igira imibereho myiza iturutse ku nkunga akarere kazayigenera.
Ibitaro Bikuru bya Polisi bya Kacyiru byashyikirije abapfakazi 58 ba Jenoside batuye mu Murenge wa Rutunga, Akarere ka Gasabo ihene 33 za kijyambere kuwa kabiri tariki 14/08/2012.
Abahanga mu bijyanye n’imyitwarire ya muntu batangaza ko kuba umwana yatangira kwiga gukoresha ibintu bitandukanye akoresha imoso nta kibazo bishobora kumutera mu bihe bizaza. Ahubwo ibibazo ashobora kubiterwa no kumuhatira gukoresha indyo.
Nyuma y’iminsi ibiri yaraburiwe irengero, Nsengiyumva bakunda kwita Mahuku wari utuye mu Mudugudu wa Nkongi, Akagari ka Gakirage mu Murenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare watoraguwe mu kiyaga gihimbano cya Cyabayaga tariki 14/08/2012.
Mu kagari ka Kigenge, umurenge wa Giheke, akarere ka Rusizi havumbiwe amabuye ya gaciro yo mu bwoko bwa SAPHIR. Aya mabuye agiye gucukurwa na Societe SAPHIR MINERS yo mu gihugu cya Tailande.
Abasore bane batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa kabiri tariki 14/08/2012 mu mukwabu Polisi yakoze kuri Base mu Murenge wa Gashenyi ugamije gufata abantu bacuruza n’abanywa urumogi.
Ngiramahirwe Valens w’imyaka 20 ucururiza mu Gasentere ka Gakenke, mu Murenge wa Gakenke yibwe ibintu bifite agaciro k’amafaranga ibihumbi birenga 150, abajura bacukuye inzu acururizamo mu ijoro rishyira tariki 11/08/2012.
Ikipe ya Machester United yamaze kugura rutahizamu w’Umunya-Chili, Angelo Henriquez. Kuwa kabiri tariki 14/8/2012 yakoze ibizamini by’ubuzima mu bitaro bya Bridgewater Hospital biherere mu mujyi wa Manchester.
Indege zo mu bwoko bwa kajugujugu z’igisirikare cya Uganda zari zazimiye zabonetse tariki 14/08/2012 ku musozi wa Mount Kenya muri Kenya. Abatabazi bo muri icyo gihugu batangaje ko babonye imibiri ibiri y’abazize iyo mpanuka.
Ethan Muhire umaze ibyumweru bitatu avutse kuri Bahati Grace, Miss Rwanda 2009 na K8 Kavuyo yaraye ateruwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama.
Twagirayezu Casius w’imyaka 54 utuye mu mudugudu wa Muyenzi, Akagali ka Katarara, Umurenge wa Ntyazo, Akarere ka Nyanza yikubise hasi arimo guhinga ahita apfa tariki 14/08/2012 ahagana saa 11h30 z’amanywa.
Ababyeyi hafi 70 bo mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bandikishije abana babo mu buyobozi ku buntu ku buntu tariki 14/08/2012, ndetse n’imiryango irenga 100 irasezerana imbere y’amategeko.
Abakirisitu basaga 3000 bategerejwe kujya i Kibeho kwizihirizaho umunsi abakirisitu b’idini Gatolika by’umwihariko bizihirizaho kujyanwa mu ijuru kwa Bikiramariya (Asomusiyo).