Twagirayezu Casius w’imyaka 54 utuye mu mudugudu wa Muyenzi, Akagali ka Katarara, Umurenge wa Ntyazo, Akarere ka Nyanza yikubise hasi arimo guhinga ahita apfa tariki 14/08/2012 ahagana saa 11h30 z’amanywa.
Ababyeyi hafi 70 bo mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bandikishije abana babo mu buyobozi ku buntu ku buntu tariki 14/08/2012, ndetse n’imiryango irenga 100 irasezerana imbere y’amategeko.
Abakirisitu basaga 3000 bategerejwe kujya i Kibeho kwizihirizaho umunsi abakirisitu b’idini Gatolika by’umwihariko bizihirizaho kujyanwa mu ijuru kwa Bikiramariya (Asomusiyo).
Mu gihugu cya Irlande (mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umugabane w’Uburayi), mu marimbi y’umujyi wa Belfast, hagaragaye ishusho bavuga ko ari iya Yezu Christu.
Abaturage bo mu karere ka Rusizi bafite imirimo bakorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barasabwa kuzajya bambuka imipaka babanje kwimenyekanisha kugira ngo nihagira uhura n’ikibazo cyo guhohoterwa ajye akurikiranwa.
Ku cyumweru tariki 12/08/2012, Diyosezi Gaturika ya Cyangugu yungutse Paruwasi nshya ya Tyazo. Ibaye paruwasi ya gatanu ibyawe na Paruwasi ya Nyamasheke nyuma y’iya Shangi, Mubuga, Hanika na Yove.
Abantu basaga 120 basoje amahugurwa ku ikoranabuhanga ku bufatanye na DOT Rwanda, umushinga wigisha abaturage gukoresha ikoranabuhanga mu iterambere, muri gahunda yayo yitwa Reach Up.
Abavuzi gakondo bo mu karere ka Huye bahuriye mu nama tariki 10/08/2012 basabwe kugira impuhwe ntibace abagana ibya mirenge.
Nkurikiyimana Vincent, umugabo w’idini ryitwa ‘Abizera b’Abadiventisiti’ ari mu maboko ya polisi mu karere ka Nyamagabe azira kwanga ko abakarani b’ibarura bashyira nomero ku nzu ye kuko ngo yizera ko ibarura rusange rya 2012 ariryo mperuka y’isi.
Binyuze ku rubuga rwa twitter, kuva saa kumi zo kuri uyu wa kabiri, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) ifatanije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Amakoperative (RCA) baratanga ibisobanuro ku bafite ibibazo ku mikorere y’amakoperative na SACCO mu Rwanda.
Bamwe mu banyakabera bagitsimbaraye ku myemerere yabo yo kutitabira gahunda za Leta zirimo ibarura rusange rizatangira tariki 16/08/2012 kubera imyemerere yabo n’umurimo w’Imana bakora, bacumbikiwe n’inzego z’umutekano.
Itsinda rishinzwe gusubiranya ikiyaga cya Karago kiri mu karere ka Nyabihu cyari kirimo gukama biturutse ku isuri, rivuga ko imirimo yo kukibungabunga igeze ku kigero cya 60%.
Mu ibarura rusange rizatangira mu gihugu hose kuri uyu wa kane tariki 16/8/2012, buri rugo ruzajya rutanga ibisubizo bijyanye n’imiterere ya buri muntu urutuyemo, harimo irangamimerere n’urubyaro afite, umurimo we, uko imibereho yifashe, ndetse n’umutungo uri mu rugo.
Umurambo wa Mukashema Therese, umukobwa w’imyaka 19 wari utuye mu kagari ka Nyarurambi ko mu murenge wa Musebeya wo mu karere ka Nyamagabe wabonetse mu ishyamba ryo muri aka kagari tariki 08/08/2012 watemeguye.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) iramagana abayobozi b’inzego z’ibanze bafatirana abaturage bakabaca amafaranga y’umurengera mu gihe baje kwaka serivisi ku rwego rw’akagali n’umurenge.
Abakinnyi bane mu bakinnyi b’Abanyekongo bitabiriye imikino olympique yasojwe ku cyumweru tariki 12/08/2012 baburiwe irengero.
Televiziyo yo mu Bwongereza yitwa Bsky B yavuze ko tariki 05/10/2012 izashyiraho televiziyo ishinzwe kwerekana urukurikirane rwa firimi zose zakinwe na James Bond mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 amaze akina filimi.
Giraso Joe Christa wabaye Nyampinga wa KIST mu mwaka wa 2011 niwe wegukanye ikamba rya Nyampinga w’umujyi wa Kigali. Johali Nsengiyumva yegukanye umwanya wa kabiri naho Vanessa Ingabire yegukana umwanya wa gatatu.
Nyuma y’ubugenzuzi bw’isuku bwakozwe na komisiyo ibishinzwe mu karere ka Rusizi, amaresitora n’utubari icyenda byo mu mujyi wa Rusizi bitujuje ibisabwa byahagaritswe gukora by’agateganyo.
Ikamyo ya sosiyete y’abashinwa iri gukora umuhanda Buhinga-Tyazo yagonze umuntu wari uri kuri moto maze ahita yitaba Imana tariki 13/08/2012 saa tanu z’amanywa mu karere ka nyamasheke, umurenge wa Bushekeri.
Umuturage utatangajwe amazina aherutse kujya mu kabari mu murenge wa Musha mu Karere ka Rwamagana, atinda afata ku gacupa bigeza mu gicuku igihe atari akibasha kubona no kwibuka aho ataha.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwahaye agaciro icyifuzo cy’ubushinjacyaha bwasabaga ko umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, Gatera Stanley, afungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe ategereje kuburana mu mizi.
Ku bitaro bikuru bya Kibungo hamaze kugezwa abarwayi 26 bazira kurya ibiryo byahumanye muri restaurant ahitwa mu Rugabano mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma. Ibiryo byateje ikibazo byariwe tariki 07/08/2012.
Umukecuru w’imyaka isaga 80 wibanaga mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara yishwe mu ijoro rishyira tariki 13/08/2012 n’abagizi ba nabi bataramenyekana. Umuntu umwe ukekwaho icyo cyaha yafashwe kandi inzego za polisi zikomeje iperereza.
Intumwa ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika(USA) ishinzwe gukumira ibyaha mpuzamahanga, Stephen Rapp, yijeje ko igihugu cye kizakomeza ubufatanye n’u Rwanda, mu kuburanisha imanza z’abakoze Jenoside, ndetse no gukomeza gushakisha abatarafatwa.
Amarushanwa yo gutoranya abazajya mu itorero ry’igihugu (Ballet National) yatangiye kuri uyu wa mbere tariki 13/08/2012 agamije kuzana amaraso mashya muri iri torero mu rwego rwo kuryongerera imbaraga ngo rirusheho kwiharira ibikombe mu ruhando mpuzamahanga.
Umutwe wa FDLR wafashe bugwate ubwato butandatu bwari butwaye abantu 18 bumwe bumwe bambukaga ikigobe cya Tchondo kiri mu kiyaga cya Edouard. Barasaba amadorali y’Amerika 50 kuri buri muntu kugira ngo babarekure.
Hitimana Noheli w’imyaka 21 yitabye Imana mu bitaro bya Ruhengeri kuri uyu wa mbere tariki 13/08/2012 nyuma y’uko we na mugenzi we witwa Niyigena Jean D’amour bakubiswe ku mugoroba wo ku wa gatandatu.
Niyonshuti Adrien na Jean Pierre Mvuyekure bananiwe kwitwara neza mu gihe aribo Banyarwanda bari bitezweho kwegukana umudari ku munsi wa nyuma w’imikino Olympique yasojwe i Londres mu Bwongereza ku cyumweru tariki 12/8/2012.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda bo mu idini y’isilamu mu murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, hamwe na bagenzi babo bo mu mujyi wa Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biyemeje kubana neza bakirinda ibibateramo amakimbirane.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe kurwanya ibyaha byibasira inyoko muntu, Stephen Rapp, yongeye gutangaza ko atigeze asaba ko abayobozi bakuru b’u Rwanda bakurikiranywa kubera intambara ibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Uwase Uhoraningoga Christine bakunze kwita Bigudi, wari usanzwe ukora restora, yasubiye mu ishuri ku myaka 47, kugira ngo agire ubumenyi buhagije mu mwuga w’ubutetsi.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Karere ka Huye biyemeje gukora ibikorwa bifitiye Abanyarwanda inyungu, mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe. Iyi sabukuru iteganyijwe kuzizihizwa tariki 15/12/2012.
Ku cyumweru tariki 12/8/2012, abayoboke b’iterero ry’Abangirikani bo muri diyosezi ya Kigeme bari mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 iyi diyosezi imaze ishinzwe.
Mu muhango wo gutangiza ibikorwa byo gutegura isabukuru y’imyaka 25 y’umuryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’i Burengerazuba, tariki 11/08/2012, mu karere ka Karongi harahiye abanyamuryango bashya 36.
Umuryango w’abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 biga mu ishuli rikuru rya INILAK, ishami rya Nyanza (AERG IMANZI) bavuga ko bikojeje isoni kurushwa n’umunyamahanga kumenya ibyiza byo mu gihugu cyawe cyane cyane mu birebana n’amateka n’umuco bikiranga.
Brazil ikomeje kubabara kubera kubura umudari wa zahabu mu mupira w’amaguru mu mikino Olympique, nyuma yo gutungurwa na Mexique ikayitsinda ibitego 2 kuri 1 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Wembley mu Bwongereza tariki 11/08/2012.
Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa n’indwara zimwe na zimwe zikunze kwibasira benshi nka malariya uretse ko hafashwe ingamba ikaba imaze gukendera. Muri iyi minsi ariko haravugwa izindi ndwara zigoranye kuzivumbura no kuzivura harimo na kanseri.
Adrien Niyinshuti wabigize umwuga mu gusigwanwa ku magare, bwa mbere mu mateka ye, arahatana mu mikino Olympique ubwo aza kuba asiganwa mu muzamuka imisozi (Mountain Bike) ku Cyumweru tariki 12/08/2012.
Bashabe Kate niwe ubahiga mu bwiza nyuma yo kwgukana ikamba rya Nyampinga wa Nyarugenge, mu birori byo gutora Miss Nyarugenge byabaye kuwa Gatanu tariki 10/08/2012.
Ikipe y’u Rwanda y’abaterengeje imyaka 20 yasezerewe na Mali, mu rugamba rwo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, itsinzwe ibitego 3-0 mu mukino wo kwishyura wabereye i Bamako ku wa Gatandatu tariki 11/8/2012.
Akarere ka Rusuzi karashimirwa uburyo kashoboye gushyingura mu cyubahiro imibiri y’inzirakarengane zigera ku bihumbi birindwi zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Celestin Kabahizi, agasanga ari ukubasubza agaciro kabo.
Visi-Perezida w’umuryango wa FPR-Inkotanyi, Hon .Christophe Bazivamo yasabye ko isabukuru ry’imyaka 25 umuryango wa FPR uvutse ritazarangwa n’amagambo ahubwo rizajyane n’ibikorwa birimo amarushanwa mu byiciro bitandukanye n’ibiganiro.
Umugore witwa Margarita Mukandinda afungiye ku biro bya Polisi ya Kinazi mu karere ka Ruhango, akekwaho kubyara umwana agahita amuniga, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11/08/2012.
Abanyarwanda bakorera ingendo zabo bambuka umupaka w’u Rwanda na Bukavu, nabo batangiye guhohoterwa n’Abakongomani. Abagera kuri batandatu nibo bamaze guhohoterwa, nyuma y’Abandi bagera kuri 11 bahohotewe i Goma.
Itsinda Kidz Voice rigizwe n’abana bava inda imwe rimenyerewe mu njyana ya Reggae rizamurika alubumu yabo ya mbere bise “African Children” kuwa gatandatu tariki 18/08/2012 kuri One Love hazwi nko kwa Rasta ku Kinamba hafi ya Cadillac.
Abahinzi bibumbiye mu mpuzamakoperative y’abahinzi borozi IMPUYABO, baratangaza ko umusaruro w’ibigori w’igihembwe cy’ihinga cya 2012B, wabaye muke bitewe n’ikibazo cy’imvura yatinze kugwa, n’aho igwiriye igacika vuba.
Ikigo gishinzwe ubuzima mu Rwanda (RBC) kirasaba abuturage kumenya ko imibonano mpuzabitsina idakingiye itanduza SIDA gusa, ahubwo ko igiteye ubwoba kurushaho, ari ubwandu b’indwara y’umwijima, ivugwa ko yica cyangwa igatera kanseri kandi ikaba idapfa gukira.
Mu cyumweru gishize FDLR yashimuse abantu 18 barimo abagore bane n’abana batanu bakoraga mu mirima yabo mu nkengero y’ishyamba rya Byonga mu karere ka Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo.