Inzego z’umutekano mu karere ka Kayonza zarashe umwe mubajura bari bagabye igico kuri TELECENTRE ya Kayonza, inabatesha mudasobwa esheshatu na televiziyo ya rutura (Flat screen) bari bibye.
Mu gasantere ka Mugu hafatiwe imifuka 13 y’ifumbire mva ruganda ihabwa abahinzi bo mu Rwanda mu rwego rw’inyongeramusaruro yari igiye kugurishwa muri Uganda, mu mukwabo wabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 27/07/2012.
Umuhanzi ukomeye wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Jason Darulo, yaraye ageze mu Rwanda nk’uko byari biteganyijwe, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 27/07/2012.
Umugore witwa Riziki Musabyimana amaze amezi agera kuri 11 atwite inda ariko kugeza uyu munsi umwana ataravukira amezi icyenda nk’abandi. Akavuga ko atazi n’icyateye uko gutinda.
Ba rwiyemezamirimo bo mu ntara y’Amajyepfo, bemerewe kuzahabwa inguzanyo muri gahunda ya Hanga umurimo, barinubira uburyo amabanki akomeje gutinza ibikorwa byo kubaha inguzanyo basaba, nk’uko gahunda ibibemerera.
Umufasha wa Prezida wa Repubulika, Nyakubahwa Jeannette Kagame yasabye abagore bahuguriwe gucunga neza imishinga yabo gutanga imirimo ku rubyiruko kugira ngo babarinde ibyago biterwa n’ubukene cyangwa ubushomeri.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, Donald W. Koran aratangaza ko afite icyizere ko ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso (NCBT) kizemerwa n’ishyirahamwe nyamerika ryo gutanga amaraso American Association for Blood Banks (AABB).
Irambona Eric, umugabo w’imyaka 25, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu karere ka Huye akurikiranyweho kwiyita umukozi muri Komisio y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside akanaka abanyeshuri amafaranga ababeshya ko azabashakira buruse yo kwiga muri kaminuza.
Urubyiruko rw’amatorero atandukanye ruturutse mu bihugu bitandatu by’Afrika ruteraniye mu mahugurwa y’ibijyanye n’imiyoborere myiza mu karere ka Rusizi ku cyicaro cy’itorero angirikani ari naryo ryayateguye.
Kugira ngo umenye ko umukobwa agukunda hari ibimenyetso akora byerekana ko agukunda. Ibimenyetso bikurikira ni ibyo abantu besnhi bakunda guhurizaho.
Umukwabo wakorewe mu gasentere ka Mugu kari mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera wafashe forode z’ibinyobwa bitandukanye bituruka muri Uganda ndetse n’ifumbire mvaruganda ihabwa abahinzi bo mu Rwanda, yari kuzajya gucuruzwa muri Uganda.
Ikamyo yari itwaye risansi ivuye muri Uganda yakoze impanuka igeze ahitwa mu Kigoma urenze gato mu gasantere ka Rukomo igonga umukingo maze icikamo kabiri ihita ikongoka imodoka zibura uko zitambuka.
Hagiye gushyirwaho imirongo ngenderwaho igamije kwerekana uburyo Ihuriro ry’Abana rishyirwaho, imiterere n’imikorere yaryo hakurikijwe inzego z’imiyoborere y’igihugu kuva ku mudugudu kugera ku karere.
Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Uganda nibo bayobozi basubiza cyane ababandikiye ku rubuga rwa Twitter nk’uko bigaragara mu cyegeranyo kigaragaza uko abayobozi ku isi bakoresha Twitter.
Kubera ubwinshi bw’imirimo yo gucukura amabuye ikorerwa mu karere ka Ngororero ndetse n’igihe kirekire gishize ikorwa, mu mirenge icurwamo ayo mabuye usanga hari ibyobo byinshi kandi binini harimo ibikoreshwa n’ibitagikoreshwa bigaragara ko bibangamira ibidukikije.
Abakora umwuga wo gutwara imodoka bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi barinubira ko iyo bajyanye abagenzi mu Burundi babasoresha kandi iyo Abarundi babazanye abagenzi mu Rwanda batabasoresha.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yabonanye n’impuguke zakoze raporo ku ntambara ibera muri Congo kuri uyu wa gatanu tariki 27/07/2012 aziha ibisobanuro bifatika binyomoza ibyo izo mpuguke zari zashinje u Rwanda.
Ikigega cya kigenewe gutera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye (FARG), kiratangaza ko guhera mu mwaka w’amashuri utaha, abanyeshuri bose bifuza gukomeza amashuri n’abari baracikanywe bazafashwa gukomeza amashuri yabo.
Kuva kuwa kane tariki 26/07/2012, uruganda rukora ibinyobwa mu Burundi (BRARUDI) rwazamuye ibiciro by’ibinyobwa.
Umusaza wo mu gihugu cy’Ubushinwa ufite imyaka 57 y’amavuko yakoze urugendo rw’ibirometero ibihumbi 60 mu gihe cy’imyaka ibiri anyuze mu bihugu 16 kugira ngo arebe imikino Olympique irimo kubera i Londres mu Bwongereza.
Amakuru aturuka muri minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Rwanda MINALOC aravuga ko abayobozi b’uturere twose tw’u Rwanda bari mu mwiherero ukomeye wahejwemo itangazamakuru.
Umwe mu Banyarwanda bakomeye mu mukino wo gusiganwa ku magare, Niyonshuti Adrien niwe uraza gutwara ibendera ry’u Rwanda mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro imikino Olempike iri kubera mu mujyi London mu gihugu cy’Ubwongereza.
Abantu babiri bafungiye mu karere ka Gasabo guhera tariki 26/07/2012 bakekwaho kwiba ifumbire hamwe n’umuti wica udukoko mu myaka biba byaragenewe abaturage kugira ngo ubuhinzi bwabo burusheho kugenda neza mu murenge wa Nduba mu kagari ka Shango.
Urubura rutwikiriye imisozi yo mu kirwa cya Groenland kiri hagati y’Uburayi na Amerika kuva mu kwezi kwa Nyakanga kwatangira rwagaragaje gushonga gukabije ku kigero cya 97%.
Nyuma y’uko rwiyemezamirimo ugaburira amazi umujyi wa Kayonza atayatanze kuva tariki 25/07/2012, umunsi wakurikiyeho ijerekani y’amazi yaguze amafaranga ari hagati ya 200 na 250; nk’uko abamwe mu baturage babitangaje.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba ubufatanye hagati y’abaturage, abacuruzi n’ubuyobozi kugira ngo hakumirwe indwara y’uburenge yibasiye tumwe duce tw’igihugu cy’Ubugande duhana imbibe n’Akarere ka Nyagatare.
Tuyisingize Ariette w’imyaka 15 yaguye mu rusengero rushya rwitwa “Rednmieed” abandi bita “Orebu” arimo gusengerwa n’umupasiteri witwa Mukamurenzi Francoise ukomoka mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
Urugendo rwa APR FC muri ‘CECAFA Kagame Cup’ y’uyu mwaka rwarangiriye muri ½ cy’irangiza ku wa kane tariki 26/07/2012, ubwo yatsindwaga na Yanga igitego 1- 0.
Abaturage b’umurenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke bishimiye igikombe begukanye ku nshuro ya kabiri nyuma yo kuza ku mwanya wa mbere mu kwesa imihigo ku rwego rw’akarere mu mwaka wa 2011-2012.
Umubare w’abagore bari mu nzego z’ubuyobozi ntuhagije kwemeza ko ireme ry’uburinganire ryubahirizwa mu gihe abo bagore badahabwa ibindi bikenerwa mu kazi; nk’uko Depite Aphonsine Mukarugema ukuriye Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga amategeko (FFRP), abitangaza.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Minisiteri y’Ubuzima y’u Rwanda byiyemeje gukorana mu gufasha u Rwanda kurinda no kuvura indwara z’ibikatu zirimo na kanseri.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) n’Ikigega kigamije gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye (FARG) bisobanuye imbere y’inteko ishingamategeko ku iyubakwa ry’amazu agera ku bihumbi 11 bubakiye abatishoboye, amwe muri yo akaza kugaragaza ibibazo.
Umusore witwa Nkundumukiza Jean Bosco uvuka mu murenge wa Kinyababa mu karere ka Burera yiyemeje guteza imbere ikoranabuhanga mu cyaro mu rwego rwo kurwanya ubushomeri anakangurira abandi kuryitabira.
Raporo y’umugenzuzi w’imari mu karere ka Kayonza yagaragaje ko amafaranga y’u Rwanda angana na miriyoni 16 y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) yo mu murenge wa Rwinkwavu yanyerejwe mu mwaka wa 2011/2012.
Liam Corcoran, umwana w’imyaka 11 wo mu gihugu cy’ubwongereza ari kwibazwaho byinshi nyuma yo guca mu rihumye abashinzwe umutekano ku kibuga cy’indege ku kibuga cya Manchester tariki 24/07/2012 akigira i Roma aho yahagarikiwe akagarurwa mu Bwongereza.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) imaze kurekura imishahara y’abakozi 110 b’akarere ka Rwamagana yari yarafatiriye, bakaba bashobora kuyihabwa ku makonti yabo ari muri Banque Populaire kuko abari bafatiriwe imishahara ari ab’iyi banki gusa.
Mu rugo rw’uwitwa Munyaneza Faustin mu kagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango hatoraguwe umurambo w’umugabo utazwi tariki 25/07/2012.
Ubwo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, yasuraga abaturage bo mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza tariki 25/07/2012 bamupfunyikiye agaseke bise ko ari ako kumuha umuganuro ku musaruro w’ibyo bejeje muri uyu mwaka wa 2012.
Abiga gutunganya ubwiza bw’umuburi mu ishuri ryitwa Belasi bavuga ko uretse kwigira kumenya umwuga uzababeshaho, banaganira ku buryo bwo kubana neza mu miryango nko kurangwa n’imyitwarire myiza, bigereranywa n’icyo abakurambere bitaga “Urubohero.”
Bamwe mu bitabiriye imurikagurisha ribera mu Rwanda ku nshuro ya 15 barasaba ko hakwiye gushakishwa uko hajyaho gahunda y’imodoka zerekeza mu mayira ajya ahabera iri murikagurisha i Gikondo ngo kuko akavuyo k’imodoka nyinshi kabangamira abaryitabira.
Imbuto ya pomme yajyaga iribwa ari uko itumijwe mu gihugu cy’Afurika y’Epfo ubu igiye kujya gihingwa mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza; nk’uko Nkurunziza Philbert umuhuzabikorwa mu mushinga LWH mu Ntara y’Amajyepfo abivuga.
Umuterankunga Cooperate Out Of Poverty –Rwanda (COOP-RWANDA) aravugwaho imikorere mibi mu karere ka Nyabihu ubwo yatangaga ihene mu murenge wa Bigogwe ubuyobozi butari bwashimye.
Umwana w’umukobwa w’imyaka itatu witwa Sofya Dickson amaze kuba icyamamare kubera amashusho yamugarageje yurira ku rukuta rw’inzu mu buryo budasanzwe bwatangaje abantu benshi.
Abantu ntibavuga rumwe ku ibonekerwa umugore witwa Carmen Lopez avuga yaboneye mu gace gahana imbibe n’umujyi wa Manhattan muri Leta zunze ubumwe za Amerika tariki 10/07/2012.
Ku gasongero k’umusozi wa Kinyamakara uri mu murenge wa Kigoma mu karere ka Huye ngo hashobora kuba ari ahantu hatagatifu kuko abashaka gusenga ariho bihererera maze bakabwira Imana ibibari ku mutima byose, kandi ngo barasubizwa.
Ndege Jackson, umucuruzi mu murenge wa Kazo ahitwa ku giturusu ari mu bitaro bikuru bya Kibungo nyuma yo gukumeretswa no kwamburwa amafaranga 61700 ku cyumweru tariki 22/07/2012 n’abantu bagishakishwa.
Mu rukerera rwo kuwa kabiri tariki 24/07/ 2012 ku isoko ryo ku Giturusu mu kagali ka Karama, umurenge wa Kazo mu karere ka Ngoma hatoraguwe umurambo w’uruhinja.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buzajuririra icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi Lt.Col. Rugigana Rugemangabo yakuriweho n’Urukiko rukuru rwa gisirikare tariki 25/7/2012.
Biteganyijwe ko tariki 28/07/2012 umuhanzi wo muri Amerika, Jason Joel Desrouleaux uzwi ku izina rya Jason Derülo, azataramira Abanyarwanda kuri sitade Amahoro i Remera ubwo bazaba basoza irushanwa rya PGGSS II (Primus Guma Guma Super Star 2).