Kuri uyu wa kane James Kimonyo uhagarariye u Rwanda muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, arasura Kaminuza ya Arkansas aho ari bwitabire ibirori bijyanye n’umuco wo kurambagiza no gusaba mu Rwanda rwo hambere byateguwe n’abanyeshuli b’abanyarwanda bahiga.
Nyuma y’uko umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, ashyize ahagaragara abakinnyi 18 bazakina umukino uzabahuza na Eritrea, ku isaha ya saa mbiri n’igice z’iki gitondo nibwo Amavubi yahagurutse I Kigali yerekeza muri Eritereya.
Igihugu cya Irani cyanenze ku mugaragaro raporo yakozwe n’ikigo mpuzamahanga gishinzwe kugenzura ingufu za nikereyeri (AIEA). Iyo rapport yashyizwe ahagaragara ku munsi w’ejo ivuga ko Iran yagerageje gukora intwaro za kirimbuzi mu ngufu za nikereyeri.
Muri tombola yabereye i Dar es Salaam muri Tanzania kuri uyu wa gatatu, u Rwanda rwashyizwe mu itsinda rimwe na Tanzania mu mikino yo guhatanira igikombe cya CECAFA izatangira tariki 25 ugushyingo kugeza 10 ukuboza uyu mwaka.
Inama yari iteraniye i Kigali yigiraga k’u Rwanda mu kwiteza imbere nyuma y’ibihe rwanyuzemo yasoje abayitabiriye biyemeje gukurikiza zimwe muri gahunda u Rwanda rwakoresheje kugira ngo rube icyitegererezo.
Nyuma yo kubona ko abantu banyura mu karere ka Ngororero bagira ikibazo cyo kubona aho barara, ubuyobozi bw’ako karere bwafashe icyemezo cyo kubaka ahantu hagari (centre d’acuiel) hazajya hacumbikwa n’abashaka kukarara ku bushake bwabo cyangwa biturutse ku mpamvu z’akazi n’ingendo.
Umuhanzi Nshimiyimana Naason uzwi cyane ku izina rya Naason aravuga ko yakoranye indirimbo n’itsinda Dream Boyz mu rwego rwo gusimbura indirimbo bigeze gukorana ikabura itararangira.
Ejo nibwo minisitiri w’intebe w’Ubutariyani, Silvio Berlusconi, yatangaje ko azegura ku mwanya we igihe ingamba zo gukemura ibibazo by’ubukungu muri icyo gihugu zizaba zemejwe.
u Rwanda guhera ku itariki 7/11 kugera tariki 19 /11 rurakira amarushanwa mpuzamahanga y’umukino wa Tennis (ITF Men’s future), aya marushanwa arimo kubera ku bibuga bya Celcle sportif de Kigali (CSK).
Perezida w’u Bufaransa Nicolas Sarkozy n’uwa Leta Zunze Ubumwe z’America Barack Obama mbere yo kwinjira mu nama y’ibihugu 20 bikize kurusha ibindi ku isi G20 yabereye mu Bufaransa mu cyumeru gishize babanje mu nama y’umuhezo.
Nyuma y’imyaka 17 ruvuye mu bwicanyi ndenga kamere, u Rwanda ni intangarugero hirya no hino. Kuri iyi nshuro politiki zarwo zabaye irebero mu bihugu byinshi nk’uko byagaragaye mu nama yiga ku buryo bwo kubaka amahoro n’igihugu nyuma y’amakimbirane yiswe “Peace & State building: The Rwandan experience” iteraniye i (...)
Nyuma yo kubona ko igihingwa cy’ibireti kigenda kirushaho gucika mu turere gihingwamo, kigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku byoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) n’ishyirahamwe SOPYRWA biyemeje kongera guteza imbere iki gihingwa mu Rwanda.
Umutegatugori Sirleaf wari usanzwe ayobora Liberiya ubu niwe mukandida rukumbi mu cyiciro cya 2 cy’amatora kiba kuri uyu wa kabiri tariki ya 8/11/2011; nyuma y’aho uwo bari bahanganye mu matora, Winston Tubman, akuyeho kandidatire ye akanahamagarira Abanyariberiya kutitabira amatora.
Muganga wa Michael Jackson,Conrad Murray, yahamwe n’icyaha cyo kwica nyakwigendera atabigambiriye.
Umuryango Ibuka urengera inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994 urasaba ibihugu bicumbira Rusesabagina kumuhambiriza kuko ari ‘Umutekamutwe’
Mu gihe Amavubi yitegura kwerekeza muri Eritrea kuri uyu wa kane, umwe mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bari bategerejwe Daddy Birori ntaragaragara mu myitozo
Nyuma yo kwegura Kwa Pierre Munyangabe wari umuyobozi wungirije mu ishirahamwe ry’umukino wa basketball mu Rwanda FERWABA ku wa gatanu ushize, Shema Maboko Didier wari ushinzwe ubujyanama n’amategeko muri iryo shyirahamwe na we kuri uyu wa mbere yareguye.
Benshi mu batuye mu murenge wa Huye mu karere ka Huye, ntibarumva bihagije akamaro ko guhuza ubutaka mu rwego rwo guhinga igihingwa kimwe cyatoranijwe muri ako karere.
Mu karere ka Gakenke habereye inama yateguwe n’umushinga ukorera muri minisiteri y’ibikorwa remezo (PNEAR) ifatanyije na sosiyete West Ingenierie mu rwego rwo gusobanurira abayobozi batandukanye uburyo umushinga wo kugeza amazi meza ku baturage bagera ku 50,000 uzashyirwa mu bikorwa.
Mu Rwanda hatangiye gahunda nshya yo gutera ibiti hagamijwe kugera ku kigero cya 30% by’ubuso bw’igihugu buteye amashyamba nk’uko biteganyijwe mu mushinga w’ikerekezo 2020.
Tariki ya 7/11/2011 bamwe mu batuye mu Karere ka Bugesera biganjemo urubyiruko bazindukiye ku cyibuga cy’umupira cya Nyamata mu gikorwa cyo gukora ikizamini kibahesha uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere Guillaume Soro, minisitiri w’ intebe wa Côte d’Ivoire, yageze mu Rwanda aho aje guhagararira igihugu cye mu nama y’ umuryango w’abibumye UN ku bijyanye n’ubuzima bw’ibihugu nyuma y’amakimbirane ndetse no kubaka amahoro. Iyi nama iratangira kuri uyu wa kabiri tariki 8/11/2011 muri serena hoteli.
Abakozi ba minisiteri y’Afurika y’iburasirazuba bagiye kuzenguruka hirya no hino mu Rwanda basobanurira Abanyarwanda icyo umuryango w’afurika y’uburasirazuba umariye abaturage n’uko ukora. Iki cyumeru cyatangiye tariki ya 4 kizarangira tariki ya 11 ugushyingo 2011.
Afungura ku mugaragaro TUGANE AHEZA UMURENGE SACCO RWIMBOGO mu karere ka Gatsibo, minisitiri ushinzwe imirimo y’abaminisitiri, Musoni Protais, yakanguriye Abanyarwanda muri rusange kwitabira kubitsa mu bigo by’imari iciriritse.
Abakinnyi batanu b’ikipe y’igihugu y’amagare kuri uyu wa mbere berekeje Asmara mu gihugu cya Eritrea mu mikino nyafurika izatangira tariki ya 8 kugeza 11 ugushyingo 2011.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Gishamvu, mu karere ka Huye ruvuga ko kuba umuntu atarize bitatuma atagira uruhare mu kubaka amashuri kuko ayo mashuri azigirwamo n’abazamukomokaho, abavandimwe ndetse n’abandi Banyarwanda muri rusange.
Nyuma y’igihe kitari gito inganda zikora ibikoresho bijyanye n’ikoranabuhanga (Apple na Samsung) zitarebana neza, komisiyo yo mu burayi yafashe icyemezo cyo gukora ubushakashatsi kugira ngo bamenye niba koko ibyo izo nganda zivuga ko zipfa ari byo.
Alpha, Dream Boyz, na Miss Jojo begukanye ibihembo bya PAM (Pearl of Africa Music) Awards ku cyumweru tariki 6/11/2011 mu gihugu cya Uganda.
Mu murwa mukuru w’igihugu cya Burukinafaso, Ouagadougou, ngo hadutse ingeso y’ubujura bw’ibitsina byabagabo.
Mu nama nyungurana bitekerezo bagiranye n’abanyamakuru b’ibitangazamakuru bitandukanye i Kigali, ababana n’ubumuga butandukanye bo mu Rwanda baravuga ko bashima gahunda y’uburezi Leta y’u Rwanda itabaheza.
Theogene Hakorimana na Protais Nyandwi bafungiye kuri sitasiyo ya polisi I Remera bazira kwiba umushoramari w’umuhinde amafaranga y’u Rwanda miliyoni enye n’amadolari 2570.
Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (AERG) wizihije isabukuru y’imyaka 15 umaze ushinzwe ku cyumweru tariki 6/11/2011.
Umutoza mukuru wa Rayon Sport akaba n’uwungirije mu ikipe y’igihugu, Jean Marie Ntagwabira, arifuzwa n’ikipe ya Simba yo mu gihugu cya Tanzania kuko Moses Basena urimo kuyitoza ubu ashobora kwirukanwa.
Muri iki cyumweru abayobozi b’ibihugu n’aba za guverinoma bagera ku 10 bategerejwe i Kigali mu nama y’umuryango w’abibumye iziga ku bijyanye n’ubuzima bw’ibihugu nyuma y’ amakimbirane ndetse no kubaka amahoro. Iyi nama iteganyijwe kuva tariki 08 kugeza tariki 09 Ugushyingo 2011 muri hoteli serena i Kigali.
Urukiko rw’ i La Haye mu gihugu cy’u Buholandi rwategetse ko ibimenyetso bikenewe mu rubanza rwa Ingabire byoherezwa mu Rwanda.
Abadepite b’Abanyarwanda bari mu inteko ishingamategeko y’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EALA) bifatanyije n’abaturage b’akarere ka Kamonyi mu gikorwa cy’umuganda batera ibiti bigera kuri 9600 ku ishuri ribanza rya Gihara ho mu murenge wa Runda.
Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri y’abana bafite ubumuga bwo kutumva ntibanavuge cyo mu karere ka Huye, Furere Jean Claude Munyaneza aratangaza ko abarezi bo mu mashuri abanza bakwiye kugira amahugurwa kw’ikoreshwa rya za mudasobwa ahoraho kugirango bahore bajyana n’igihe mu kwigisha abana bashinzwe kurera.
Umuvugizi w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Roland Amoussouga, yatangaje ko igihe urukiko ruzaba rufunze imiryango muri nyakanga 2012 hazabaho ikibazo cyo kubona ibihugu bizakira abazaba bagizwe abere.
Intara y’uburasirazuba n’iy’uburengerazuba kuri uyu wa gatanu zasinye amasezerano y’ubufatanye n’ubuhahirane. Aya masezerano azibanda cyane ku guteza imbere ubuhinzi, ubukerarugendo ndetse n’ubuhahirane.
Indirimbo « Udasimburwa » y’abaririmbyi bo mu Rwanda bagize itsinda J-Kid yabashije gukomeza mu irushanwa « couleurs talent » ritegurwa na Radio RFI (Radio France International) mu kiganiro couleurs tropicales.
Uyu munsi kuwa gatandatu tariki 05 Ugushyingo kuri petit stade harimo kubera imikino yo kwishyura (umunsi wa kabiri) ya shampiyona y’igihugu ya basketball APR BC 95-51 UGB, umukino wahuje Espoir BC na Kigali BC urangiye Espoir BC 73-83 Kigali BC
Muri gahunda yo gushyira mu bikorwa amasezerano agamije guca ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere k’ibiyaga bigari, ku ishuri rya gisirikari rya Gako, kuwa gatanu tariki 4/11/2011 hasenywe toni icumi z’intwaro zarangije igihe.
Mu mezi umunani ya mbere y’uyu mwaka wa 2011 ubukerarugendo mu Rwanda bwinjije amadevize asumbye ay’umwaka ushize ku kigero cya 32%.
Gahunda yo gukwirakwiza udukingirizo mu mashuri yisumbuye niyemezwa hazabaho ubushakashatsi bw’ingano y’udukingirizo twihariye ku banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye tujyanye n’ingano y’igitsina cyabo.
Nyuma yo kwemerwa kwa Palesitina mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ushinzwe ubumenyi, uburezi n’umuco (UNESCO) leta ya Isiraheli yatangaje ko itazongera gutanga umusanzu yatangaga muri uwo muryango.
Nyuma y’imyaka 17 Jenoside ibaye muri kaminuza nkuru y’u Rwanda habonetse imibiri y’abaguye muri iyi kaminunza mu gihe cya Jenoside yakozwe mu mwaka w’1994.
Komite nyobozi y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda yateranye kuri uyu wa kane tariki ya 3 ugushyingo 20011 yemeje ko Gasingwa Michel ariwe munyamabanga mukuru w’iri shyirahamwe.
Nyuma yo kuvugurura isoko, inyubako ya banki y’abaturage n’andi mazu atandukanye, ibikorwa byo kuvugurura umujyi wa Huye birakomeje.