Abanyarwanda baba muri Amerika y’amajyaruguru no ku yindi migabane bagiye kwizihiza Rwanda Day igiye kuba ku nshuro ya kabiri nyuma y’iyabereye Chicago umwaka ushize.
Abagize Komisiyo zigenzura imikoreshereze y’imari ya Leta (PAC) mu nteko z’ibihugu by’Afurika, bari mu nama y’iminsi itanu i Kigali guhera tariki 17/9/2012, batangaje ko bazashyiraho ingamba zo kurushaho gukumira inyerezwa ry’umutungo w’ibihugu bakoreramo.
Leon Mugesra akomeje gutsimbarara ku cyifuzo cye cyo gusaba urukiko kumuha igihe gihagje agategura dosiye ye, kuko ngo ko hari byinshi bitaratungana, mu gihe ubushinjacyaha bwo buvuga ko agomba kuburana kuko ibyo yari akeneye byose bwabimuhaye.
Gahunda yo gutera umuti wica imibu mu mazu itangiye mu mu karere ka Bugesera yari imaze iminsi ibiri yahagaze ku buryo butunguranye.
Umusore w’imyaka 14 ukomoka ku mubyeyi w’Umunyarwanda n’Umunya-Uganda yiciwe mu Bwongereza tariki 15/09/2012 atewe ibyuma, yicirwa ahaterewe ibyuma undi mwana w’imyaka 16 muri 2008.
Inyeshyamba umunani z’umutwe witwara gisirikare wa FDLR na Mai-Mai Nyatura, tariki 16/09/2012, zafatiwe mu nkambi ya Kanyarushinya iri mu birometero birindwi uvuye mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Minisitiri w’Intebe wa Zimbabwe, Morgan Tsivangirai, yaserezanye kuzabana akaramata n’umukunzi we imbere y’amategeko gakondo yemera gushaka abagore barenze umwe. Ibi yabikoze nyuma y’uko urukiko ruhagaritse ubukwe bwe imbere y’amategeko ashyiraho iteka ryo gutunga umugore umwe.
Ku nshuro ya kabiri, abana baturutse mu mashuli mato hirya no hino muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bateguriwe ibiganiro bigamije kurwanya ubugizi bwa nabi n’urwango byibasira isi.
Roger Lumbala wahungiye mu Bufaransa atinya gutabwa muri yombi na Leta ya Congo imushinja gushyigikira M23, yatangaje ko nta mishikirano yari asanganywe agirana na Leta y’u Rwanda cyangwa umutwe wa M23 urwanya Leta ya Congo.
Imbwa yo mu Budage izwi ku izina rya Captain imaze imyaka igera kuri itandatu ijya kuryama mu irimbi iruhande rw’imva ya shebuja kuva yapfa.
Abanyeshuri bo kuri kaminuza ya Western University yo muri Canada bagiye kuza gukora ubushakashatsi bugamije guteza imbere ubuzima bw’ababyeyi n’abana muri Afurika y’Iburasirazuba.
Ikigo cy’amashuri yisumbuye Groupe Scolaire Notre Dame de Lourdes cyo mu Byimana nicyo cyatsindiye guhagararira intara y’amajyepfo mu biganiro mpaka bigamije gushishikariza urubyiruko rwo mu mashuri makuru na za kaminuza kwihangira umurimo.
Ku bitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro harwariye umugabo witwa Namuhanga Ferederiko biturutse ku rukwavu yariye, nyuma y’uko na rwo rwari rwapfuye rwishwe n’umuti bari bategesheje imbeba.
Mu itangizwa ry’igihembwe cy’ihinga cya 2013 A mu karere ka Nyabihu, umuyobozi wungirije w’inkeragutabara, General Ngendahimana Jerome, yabwiye abitabiriye icyo gikorwa ko intambara y’amasasu yarangiye isigaye ari iyo kwikura mu bukene no guharanira kwiteza imbere.
Uwayezu Pélagie wo mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro arwariye mu bitaro bya Murunda muri ako karere nyuma yo gukubitwa n’umugabo we bapfuye ko umugore yahaye ingurube ubwatsi bwinshi harimo n’imyumbati.
Inama y’inteko rusange y’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) yateranye tariki 09/09/2012, yemeje ko ari nta kipe izemererwa kurenza abakinnyi b’abanyamahanga babiri mu kibuga igihe cya shampiyona y’u Rwanda.
Bigirimana Pascal w’imyaka 14 wari utuye mu kagari ka Munini, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yaguye mu musarane ahita yitaba imana mu gitondo cyo kuwa gatandatu tariki 15 Nzeri 2012.
Kuri icyi cyumweru tariki 16/09/2012, Rayon Sport yegukanye igikombe cy’Agaciro Development Fund nyuma yo gutsinda Mukura igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro i Remera.
Kuri uyu wa mbere tariki 17/09/2012 kuva saa kumi n’imwe kugera saa moya z’umugoroba, Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binangwaho, azasubiza ibibazo bijyanye na service z’ubuzima mu Rwanda mu kiganiro yishe MinisterMondays.
Roger Lumbala wari usanzwe mu nteko ishingamategeko ya Congo yahungiye mu gihugu cy’u Bufaransa kuwa gatandatu tariki 15/09/2012 nyuma yo gushinjwa ubugambanyi kubera ko bivugwa ko ashyigikiye umutwe wa M23.
Ubwo yakirwaga muri Peking University mu Bushinwa, Perezida Kagame yakiriwe nk’umuyobozi wo muri Afurika washoboye kubaka amateka yo guteza imbere igihugu cye n’abagituye ashimangira imiyoborere myiza no korohereza ishoramari.
Nyuma yuko ikigo ngororamuco cyashyiriweho urubyiruko rw’abahungu kigaragarije umusaruro, hagiye gushingwa ikigo ngorora muco cyagenewe abakobwa. Igororwa rikorerwa abahungu rigomba gukorerwa abakobwa kandi uyu mwaka ukarangira ikigo cyigorora abakobwa kimaze kujyaho; nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe.
Inama y’Igihugu y’Abagore mu karere ka Gisagara yakusanyije amafaranga ibihumbi 118 yo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund (AgDF); nk’uko bitangazwa na Clémence Gasengayire ukuriye CNF mu karere ka Gisagara.
Amafaranga miliyoni 83, ibihumbi 575 niyo nkunga yakusanyijwe n’abahinzi b’umuceri bo kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi kuri uyu wa gatandatu tariki 15/09/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abaturage bagejejweho amashanyarazi, kuyakoresha uko bikwiye kugira ngo abongerere umusaruro mu byo bakora kuko ari ingirakamaro mu bintu bitandukanye.
Minisitiri w’Intebe arasaba ababyeyi kwita ku nshingano yabo yo kurera neza abana, maze ikigo ngororamucyo no guteza imbere imyuga cy’i Wawa kigakoreshwa mu gutanga ubumenyi ngiro kurusha uko kigorora.
Abasore n’inkumi 156 basigajwe inyuma n’amateka baturuka mu gihugu hose bashyikirijwe impamyabushobozi zibemerera gutangira ibikorwa byabateza imbere, bakanateza imbere igihugu.
Mu karere ka Gisagara kimwe no mu tundi turere tw’intara y’amajyepfo hagiye guterwa ubwoko bw’ubwatsi bugaburirwa amatungo bwera vuba kandi bugatubuka kurusha urubingo rwari rumnyerewe, muri iki gihembwe cy’ihinga.
Umunyamerika Jonah Falcon w’imyaka 41 wemejwe ko afite igitsina kinini kurusha abandi bagabo, yemeye kuvugana n’itangazamakuru no kuritangariza ko ashimishwa no kuba afite icyo arusha abandi bagabo bo kwisi, nyuma y’aho atari yishimiye kuba ahora asakwa kubibuga by’indege bamukekaho gutwara intwaro mu ipantaro.
Umubyeyi witwa Maniraguha Patrisiya utuye mu mudugudu wa kabuye akagari ka gako, umurenge wa Rusiga, mu karere ka Rulindo, ashinja umuyobozi w’umudugudu w’aho atuye kwihakana umwana babyaranye no gushaka kumunaniza mu kubona inkunga y’abatishoboye.
Akarere Kayonza kahize guhinga soya ku buso bwa hegitari 3200, kugira ngo uruganda rwa Mount Meru Soyco ruzajya rutunganya soya rukayibyaza amavuta rutazagira ikibazo cyo kubura iyo gukoresha.
umugore witwa Furaha Uzayisenga w’imyaka 31 yafatanwe udupfunyika 100 tw’urumogi ari kuducururiza, mu murenge wa Kamembe akagari ka Gihundwe ho mu mudugudu wa Kabeza arinaho atuye.
Bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko biyemeje gutanga ikirego ku ihuriro mpuzamahanga ry’inteko zishinga amategeko ku isi (IPU), ku mpamvu hari ibihugu byahagarikiye u Rwanda inkunga nta nteguza.
Abanyamuryango ba Sacco “Abahizi Dukire” ya Mwendo bafatanyije n’ubuyobozi bw’iyi Sacco, bashoboye kwiyubakira inyubako bazajya abakoreramo ifite agaciro k’amafaranga angana miliyoni 25 n’ibihumbi 536, aho abanyamuryango batanze angana na miliyoni 15.
Ikipe y’umupira w’amaguru yo mu ntara y’Amajyaruguru mu karere ka Gicumbi, yari isanzwe imenyerewe nka “Zebres FC” yahinduriwe izina yitwa “Gicumbi FC” kubera ko igisobanuro cyayo kitakibarizwa mu karere irimo ubu.
Abategarugori bo mu karere ka Gisagara umurenge wa Mukindo, baravuga ko bari kwitabira gahunda yo kugabanya imirimo ishingiye ku buhinzi bahanga indi ishobora kubateza imbere kandi bakaba banazigamye ubutaka.
Umuhanzi Bruce Itahiwacu uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya “Bruce Melody”, we n’abavandimwe be batatu bapfushije Mama wabo ari nawe mubyeyi bari basigaranye azize uburwayi butunguranye, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/09/2012.
Ikibazo cy’imbuto ngo gishobora kuzagora abahinzi b’ibirayi muri iki gihembwe cy’ihinga A, bitewe n’uko ababihinga bataracengerwa n’isimburanyibihingwa rigomba kugenderwaho kugira ngo umusaruro w’ibirayi uboneke umeze neza kandi uhagije.
Umurenge wa Gahunga wo mu karere ka Burera wabaye uwa mbere mu mirenge 17 igize ako karere mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2011-2012, wahawe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150 n’ishimwe rya Certificat, nyuma yo kugira amanota 93,82.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/09/2012 mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ariko abantu babiri bari bayirimo basohokamo ari bazima.
Pelagie Ndacyayisenga ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, mu mbogamizi nyinshi ahura nazo mu kazi ke ntizimuca intege, kuko bimurutira kwirirwa yicaye nka bamwe muri bagenzi be ntacyo akora. Gusa akifuza gutwara moto ye kugira ngo yiteze imbere kurushaho.
Pasiteri Rudoviko Sagatwa wabatijwe bwa mbere mu Rwanda mu itorero rya ADPR tariki 31/12/1943 akanaritangiza ku mugaragaro mu cyahoze ari Cyangugu, aracyari muzima.
Uturere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, ku ikubitiro twakusanyije inkunga ingana na miliyari ebyiri, miliyoni 417, ibihumbi 327 n’amafaranga 690, mu rwego rwo gutera inkunga ikigega Agaciro Development Fund.
Abasirikare bakuru 24 bo mu bihugu bihuriye mu muryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGRL) nibo bemejwe ko bazakora ubugenzuzi ku mipaka ihuza Congo n’ibihugu biyikikije birimo u Rwanda, Uganda n’Uburundi biregwa gutera inkunga abarwanya Leta ya Congo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, kuri uyu wa 14/09/2012 mu karere ka Muhanga, yafunguye ishuri rizajya rifasha abayobozi mu nzego z’ibanze kwigishwa imiyoborere myiza.
Niyomugaba Alphonse utuye mu mujyi wa Kigali acumbikiwe kuri polisi y’u Rwanda i Rwamagana mu Kigabiro akekwaho gukoresha impapuro mpimbano ku cyemezo avuga ko yahawe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere ry’igihugu (RDB).
Nyuma yo guhurira ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, urubyiruko rw’abasore n’inkumi biyemeje guhuza imbaraga mu rwego rwo gufasha abadafite kivurira, bashinga umuryango witwa Wake up Children Foundation ugamije ibikorwa by’urukundo.
Abagize Sosiyete Sivile barasaba abaturage kudatekereza ko ikorera mu kwaha kwa Leta, ahubwo ko ifatanya na Leta mu bikorwa byiza, byaba ngombwa inakayihwitura; nk’uko babitangarije mu mushyikirano bagiranye n’itangazamakuru, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/09/2012.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye tumwe mu duce tw’akarere ka Nyabihu mu rwego rwo kureba ibyakozwe no gusuzuma ibibazo bigiye bihari ngo bizashakirwe umuti.