Komisiyo ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’imari ya Leta mu nteko (PAC), yasanze Ministeri y’uburezi (MINEDUC) n’amwe mu mashuri makuru na Kaminuza bitarakoresheje mu buryo bunoze ingengo y’imari byagenewe mu mwaka wa 2010-2011.
Mu myiteguro yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango wa FPR-Inkotanyi umaze ushinzwe, hanateguwe indirimbo zivuga ibigwi by’uwo muryango.
Kuva kera mu Rwanda umukobwa ntiyafatwaga nk’umuhungu niyo mpamvu habagaho imiziririzo myinshi ku bakobwa kurusha abahungu. Iyo tugiye kubagezaho ni iyo twakuye mu gitabo cya Aloys Bigirumwami cyitwa “imiziro n’imiziririzo mu Rwanda rwo hambere”.
Abaturage bo mu kagari ka Mburamazi, umurenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro barasaba ubuyobozi kubafasha gutahura abantu bamaze iminsi binjira mu mazu yabo bagatwara ibikoresho byo mu mazu ndetse n’ibiribwa.
Ku mugoroba wo kuri uyu kane tariki 25/10/2012, Ambasade ya Somalia mu Rwanda yashyikirijwe inkunga yakusanyijwe n’urubyiruko rw’u Rwanda igenewe gufasha Abanyasomaliya bashonje.
Munyankiko Jean Bosco w’imyaka 35 utuye mu Murenge wa Ndera, Akarere ka Gasabo afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo kuva tariki 23/10/2012 akurikiranweho gutema umushumba akoresheje umuhoro amushinja kumwiba ubwatsi.
APR FC, ikipe y’igisirikari cy’u Rwanda irakina umukino wa gicuti na Simba FC, mugenzi wayo w’igisirikari cya Uganda kuri uyu wa gatanu tariki 26/10/2012 kuri stade Amahoro i Remera.
Nsengiyumva Mbarushimana w’imyaka 15 na Innocent Baraka ufite imyaka 11 bageze mu nkambi ya Nyagatare tariki 25/10/2012 baturutse muri Congo ariko bayobewe aho bavuka.
Umuhanzi P. Diddy wo muri Amerika yakoze impanuka tariki 24/10/2012 imodoka ye yo mu bwoko bwa Cadillac Escalade yagonganye n’indi modoka yo mu bwoko bwa Lexus RX irangirika cyane.
Isosiyete izwi mu itumanaho n’ikoranabuhanga Samsung Electronics Ltd yashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye na Leta y’u Rwanda, hagamijwe koroshya uburyo bwo guhanahana amakuru ajyanye n’ikoranabuhanga mu itumanaho.
Ubwo itsinda ry’abaganga b’inzobere mu bizamini byo kwa muganga baturuka mu Budage basuraga Isange One Center tariki 24/10/2012 bashimye intambwe u Rwanda muri rusange na Polisi by’umwihariko bateye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Umujyi wa Kigali ukeneye amazu 340,068, mu myaka 10 iri imbere kugira ngo ukemure ikibazo cy’imiturire iharangwa, nk’uko byatangazwa n’inyigo yashyizwe ahagaragara kuwa kane tariki 25/10/2012.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) gifatanyije na Sosiyete ikora filimi y’Abanayamerika (Pixel Corps), kiratangiza kuri uyu wa gatanu tariki 26/10/2012, ishuri ryitwa ADMA ryigisha gukora filimi, ry’intangarugero muri Afurika.
Uturere tune tw’u Rwanda dukora ku gihugu cya Uganda ngo turi mu dushobora kwibasirwa n’icyorezo cya Marburg gikomeje kuvugwa muri Uganda.
Mukabatanga Emiliyana w’imyaka 53, wari utuye mu kagali ka Kirwa umurenge wa Kinihira akarere ka Ruhango, yatewe n’abagizi ba nabi mu ijoro rya tariki 23/10/2012 bamuteragura ibyuma mu mutwe ahita yitaba Imana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwashyizeho ibihano ku binyabiziga bizajya bifatwa byikoreye forode y’ifumbire mva ruganda kuburyo ba nyir’ibyo binyabiziga bazajya bacibwa amafaranga hiyongereho no kubifatira.
Niyomugabo Vincent utuye mu mudugudu wa Gishike, akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yubikiriye uwitwa Gatabazi Cyriaque amumena umutwe akoresheje ibuye tariki 25/10/2012 bashatse kumufata yiruka ibirometero bitanu atarafatwa.
Abaturage bo mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Shyogwe mu kakarere ka Muhanga bari bamaze igihe barambuwe amazi bari baragenewe bamaze kwemererwa kuyagezwaho kuko abari bayabambuye bemeye kuyasaranganya.
Abagize orchestre yitwa The Rolling Stones yo mu Bwongereza kuri uyu wa kane tariki 25/10/2012 barakora igitaramo kigufi gitegura isabukuru y’imyaka 50 bamaze bari kumwe. Igitaramo cyirabera i Paris mu bufaransa, kwinjira ni amadolari 19 y’amerika.
Kuva 30/10 kugeza 02/11/2012, i Kigali hateganyijwe inama mpuzamahanga (African Economic Conference 2012) iziga ku mizamukire y’ubukungu muri Africa, n’uruhare rwayo mu guhangana n’ikibazo cy’ubukungu bwifashe nabi ku isi .
Umuhanda Gasaka-Musange wari imbogamizi zatumaga abaturage b’umurenge wa Musange batagera mu mugi wa Nyamagabe ku buryo bworoshye ngo ugiye gukorwa, abaturage b’uyu murenge bakurwe mu bwiyunge.
Gilberto Araújo, Umunya-Brazil w’imyaka 41 yatunguye abantu ubwo yagaragaraga ku kiriyo umuryango we wamukoreraga. Icyo kiriyo cyabaye tariki 21/10/2012 nyuma yo gushyingura undi muntu bagirango ni Gilberto bashyinguye.
Abakora umwuga wo kuvujya amafaranga mu mujyi wa karere ka Rusizi babangamiwe na bamwe muri bo babavuyemo bakajya gukorera mu bwihisho rimwe na rimwe bakambura abakiriya bakiruka cyangwa babahenda.
Ubugenzuzi bwakozwe ku mvura yaguye mu mpera z’icyumweru gishize mu karere ka Rutsiro, bugaragaza ko yangije ibintu bitandukanye birimo amazu 22 n’imyaka yari ihinze kuri hegitari 384.
Abana benshi biga mu mwaka wa mbere mu rwunge rw’amashuri rwitiriwe Mutagatifu Bruno Gihundwe mu karere ka Rusizi bahungabanye bivuye ku mvura yiganjemo inkubi y’umuyaga, inkuba n’imirabyo saa tanu z’amanywa tariki 25/10/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye guhagurukira abakoresha abana bakiri munsi y’imyaka 18 ndetse n’ababyeyi babo, kugirango bajye babihanirwa.
Ubuyobozi bwa Minisiteri ya Afurika y’Uburasirazuba mu Rwanda, buributsa ko ibicuruzwa biherekejwe n’ibyangombwa byemeza ko byakorewe muri uyu muryango, ari byo byonyine byemerewe kwinjira mu bihugu bigize uyu muryango bitishyuye imisoro.
Nyuma yo kubona ko umugabo we afite ibibazo by’ihungabana yakuye mu ntambara muri Iraque, umugore witwa Ashley Wise yifotoje yambaye ubusa ndetse yiyanditseho amagambo atanga ubutumwa burebana n’ibyo abagabo babo bahura nabyo muri iyo ntambara.
Umusaza witwa Ramjit Raghav w’imyaka 96 y’amavuko ukomoka mu gihugu cy’u Buhinde yibarutse umwana we wa kabiri.
Umubiri w’umunyarwanda wigeze kuyobora banki nyarwanda itsura amajyambere (BRD) Theogene Turatsinze, wiciwe mu gihugu cya Mozambike uribuze gushyingurwa kuri uyu wa kane tariki 25/10/2012.
Abanyeshuri n’abarezi barerera mu ishuri ryisumbuye rya Ecole Secondaire Sainte Trinite Ruhango (ESSR) baravuga ko ubuyobozi bw’iri shuri buha agaciro amafaranga aho guteza imbere ireme ry’uburezi.
Nyuma y’ibyumweru bibiri, abanyeshuri babiri biga ku ishuri ryisumbuye rya Nemba ya Kabiri mu Karere ka Gakenke bakubise umwarimu wabo, abandi banyeshuri babari bafatanwe urumogi mu ishuri tariki 23/10/2012 .
Cote d’Ivoire, igihugu cya mbere muri Afurika mu mupira w’amaguru cyashyizwe mu itsinda rimwe na Algeria na Tuniziya muri Tombola y’uko amakipe azahura mu gikombe cya Afurika cy’ibihugu (CAN) kizabera muri Afurika y’Epfo muri Mutarama 2013.
Abaturage babitsa muri Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) barinubira ko iyo Banki imaze iminsi ibaha service mbi, ndetse hakaba n’abavuga ko itakibaha inguzanyo; ubuyobozi bw’iyi banki buvuga ko habayeho impinduka zigamije gukosora ibitagenda neza, kandi ngo amakuru amwe n’amwe usanga ari ibihuha.
Amakipe yari yitezweho intsinzi muri ‘UEFA Champions League’ nka Arsenal, Manchester City, Real Madrid na Milan AC yatunguwe kuri uyu wa gatatu tariki 24/10/2012, ubwo yose yatsindwaga n’amakipe atahabwaga amahirwe mbere y’umukino.
Police FC yatsinze Kiyovu Sport ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri stade Amahoro i Remera kuwa gatatu tariki 24/10/2012, naho Mukura Voctory Sport itsindirwa Rayon Sport kuri Stade Kamena i Huye ibitego 2-1.
Abaturage bo mu karere ka Burera bamaze gutuzwa mu midugudu batangaza ko gutuzwa mu midugudu byabagiriye akamaro kuko amajyambere abageraho vuba kandi bigatuma bataba mu bwigunge.
Imodoka yo mu bwoko bwa jipe ifite purake RAA 266 T yahirimye imbere y’akarere ka Rulindo, mu ma saa saba tariki 24/10/2012 ariko nta muntu witabye Imana cyangwa ngo akomereke.
Umucuruzi witwa Vedaste Banguwiha ukomoka mu cyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu wari ku rutonde rw’abantu bashakishwa na Interpol yafatiwe mu Ntara ya Katanga muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo tariki 24/10/2012.
Kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru (tariki 27-28/10/2012), umuhanzi Kamichi aramurikira abakunzi be indirimbo ye “Byacitse” mu gitaramo cyiswe “Byacitse Concert”.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard, yagiranye ibiganiro n’abarezi bo mu murenge wa Mukura tariki 23/10/2012 abemerera ko mu bizamini bya Leta bisoza umwaka nibatsindisha nibura ku kigereranyo cya 85% azabasengerera.
Mu gihe ubushakashatsi bwagaragajwe na Transparancy International Rwanda (TIR) bwagaragaje ko mu Rwanda hari ikibazo cya ruswa ishingiye ku gitsina mu kazi, hari ababona ko iyi ruswa ihera mu mashuri bagura amanota.
Komisiyo y’Inteko ishinga amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta (PAC), ryasabye Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gusubiramo amasezerano cyagiranye n’uwashoye imari muri Pariki y’Akagera, kuko kugeza ubu nta nyungu irazanira u Rwanda kandi hari amafaranga agishyirwamo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 23/10/2012 mu masaha ya saa moya z’igitondo, abaturage babiri bataburuye imbunda ebyiri hamwe n’amasasu ubwo bari bari guhinga mu mudugudu wa Nyamigina mu kagari Gakoma ko mu murenge wa Tare.
Abahinzi b’urutoki bo mu murenge wa Shyira mu karere ka Nyabihu barasaba ikigo cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB) kubagezaho imbuto y’insina ya kijyambere cyabemereye kubaha.
Mu karere ka Gicumbi hateguwe igikorwa cyo gupima indwara y’igituntu mu bigo by’amashuri y’isumbuye yose abarizwa muri ako karere kubera ko iyo ndwara ishobora kwandura ku buryo bworoheje mu gihe ubana, wirirwanna cyangwa w’igana n’umuntu uyirwaye.
Ba mu kerarugegendo bagera kuri 80% by’abasura igihugu bose bagera mu karere ka Musanze, bitewe n’ibikorwa bikurura ba mukerarugendo ku rwego rwo hejuru biboneka muri Musanze.
Ikigo kitwa Gazella Safaris kiyemeje gukundisha Abanyarwanda ubukerarugendo cyane cyane urubyiruko, ibyo bikorwa bikaba byaratangirijwe mu karere ka Bugesera.
Hagamijwe kongera kuzamura imyumvire mu bijyanye n’uburere mboneragihugu, abagize komite mpuzabikorwa z’ubureremboneragihugu z’uturere twa Rusizi na Nyamasheke bagenewe amahugurwa kugira ngo nabo bazahugure abandi.