Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 10/08/2012 iyobowe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yemeje ko hajyaho ikigega Agaciro Development Fund ihita igishyiramo umusanzu ungana n’amafaranga miliyoni 33 n’ibihumbi 500.
Nyuma y’iminsi ine ari mu bitaro bya Remera Rukoma kubera gutwikwa n’umugabo we, kuri uyu wa gatanu tariki 10/8/2012, umuryango Good Neighbors wafashije Budensiyana kujya kuvurirwa mu bitaro byitiriwe Umwami Faysal i Kigali.
Umuhanzi Lil P ubarizwa mu gihugu cy’Ubwongereza azitabira igitaramo cyo kumurika alubumu “Miss President” ya Paccy kizaba tariki 24/08/2012.
Ishyirahamwe ry’urubyiruko ruharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu (AJPRODHO) ryasoje amahugurwa y’iminsi ine yari agenewe ingo bagiye kuzajya bafatanya mu gufasha izindi ngo kubana neza, bakarwanya amakimbirane atuma abashakanye bahohoterana.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko abantu batagomba gukeka ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23 urwanira mu burasirazuba bwa Kongo, kuko abo bakuraho amakuru ari abantu bamwe, kandi nabo batayafitiye ibimenyetso.
Umunyabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Cyrille Turatsinze wari umaze ibyumweru bitatu mu maboko y’ubutabera kubera gukekwaho kwakira ruswa, yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 10/08/2012.
Mu karere ka Ngororero kimwe n’ahandi hirya no hino mu byaro byo mu turere tw’u Rwanda usanga abaturage batuye kure y’amasoko cyangwa imijyi bagurira inyama ahantu hadasukuye kuko nta mabagiro bagira.
Impunzi z’Abanyekongo zisaga 2200 ziri mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira zigiye kwimurirwa mu nkambi ya Kigeme aho zigiye gusanga izindi mpunzi zisaga 11000 zihacumbitse.
Hamwe na hamwe mu karere ka Ngororero haracyari abaturage biganjemo abagabo ndetse rimwe na rimwe ugasanga bari kumwe n’abagore baramukira mu bubari bucuruza inzoga aho kujya ku kazi. Ibi binyuranye n’ingamba z’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage aka karere kiyemeje.
Umugabo witwa Seth Horvitz wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatumije televiziyo (éclat téléviseur) akoresheje internet kuri sosiyete yitwa Amazon maze atungurwa no kubona bamwoherereje imbunda yo mu bwoko bwa SIG Sauer SIG716.
Abizeye Oscar w’imyaka 35 afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango azira gutunga uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga (permit de conduire) mpimbano.
Imyanzuro y’urubanza rw’umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, Gatera Stanley, izasomwa tariki 13/08/2012 kubera ko habaye imanza nyinshi. Byari biteganyijwe ko iyo myanzuro isomwa kuri uyu wa gatanu tariki 10/08/2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo.
Ba nyiri imishinga yasabwe muri gahunda ya Hanga Umurimo n’amabanki azabaha inguzanyo bateraniye mu nama yo kwiga uburyo izo nguzanyo zakwihutishwa. Mu mishinga 600 yatoranyijwe, 27 niyo imaze kwemererwa guterwa inkunga.
Ranking Trevor, wari umuhanzi akaba n’umudije (Dj), ukomoka muri Jamaica yitabye Imana, kuwa Kabiri w’iki cyumweru tariki 07/08/2012, azize impanuka y’imodoka yakoreye i Kingston mu murwa mukuru wa Jamaica.
Umukecuru witwa Consolate Mukangwije ari mu maboko y’inzego za Polisi, nyuma yo gukubita isuka umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (RNIS) witwa Berthilde Uwimana akamukomeretsa.
Umurambo w’umugabo witwa Theogene Barakagira ukomoka mu karere ka Ngororero, watoraguwe mu mugezi wa Ururumanza, mu murenge wa Mbuye akarere ka Ruhango ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 09/08/2012.
Prezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye itangazamakuru ryo mu bihugu bigize umuryango wa Afrika y’uburasirazuba (EAC), kuzuzanya n’inzego za Reta kugira ngo intego z’umuryango zigerweho mu buryo byihuse.
Amazu agera kuri 13 atari yujuje ibyangombwa byo kubaka mu mujyi w’akarere ka Ngoma yarasenywe, kuri uyu wa Kane tariki 09/08/2012, hanafatwa babiri mu bagerageje kwitambika abakozi.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi, Antoine Ruvebana, yijeje impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme ko Leta y’u Rwanda izazihora hafi ikazifasha uko ishoboye.
Mu myaka 5 umushinga wo guhinga icyayi ukorana n’imirenge 7 y’akarere ka Karongi umaze ukorana n’abahinzi b’icyayi, umaze kubagezaho ibikorwa byinshi byo kwiteza imbere, ku buryo bemeza ko umushinga nurangira bazakomeza gutera imbere nta nkomyi.
Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe kugenzura ibikorwa bya kimuntu n’ubutabazi bw’ibanze, Valerie Amos, yasuye impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu nkambi ya Kigeme.
Umugabo witwa Gatarayiha Venuste yitabyimana akubiswe n’inkuba ubwo yari aryamanye n’umugore we tariki 08/08/2012 ahagana saa munani n’iminota 40 z’amanywa.
Umukinnyi w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, Tibingana Charles Mwesigye, ukina muri Uganda, yavuye muri Proline Academy yerekeza mu SC Victoria University.
Itegeko ryo kumviriza telefoni z’abaturage rimaze iminsi ritowe n’Inteko ishinga amategeko, rigamije gukumira kumviriza umuntu bitajyanye n’umutekano w’igihigu. Ibi bitandukanye n’uko abantu bari babyumvise bakekaga ko umudendezo wabo ugiye gusagarirwa.
Dogiteri Wilson Rubanzana ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi muri police y’igihugu asanga umugabo nyawe wiyubaha adashobora gusambanya umugore cyangwa umukobwa ku ngufu, kandi imibonano mpuzabitsina yose igomba kuba mu buryo bwumvikanywaho burinda ingaruka mbi.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside (IBUKA) wandikiye Umuryango w’Abibumbye ibaruwa ifunguye werekana ko Steve Hege ukuriye itsinda ry’Umuryango w’Abibumbye ryakoze iperereza muri Kongo ari umwambari wa FDLR.
Perezida wa Ghana mushya, John Mahama wagiyeho asimbura Atta Mills witabye Imana mu kwezi gushize yashyizeho visi Perezida witwa Amissah-Arthur wari guverineri wa Banki Nkuru y’igihugu ya Ghana.
Inama njyanama y’akarere ka Rulindo irishimira ko nta mukozi n’umwe w’akarere wagiye munsi y’amanota 60% mu isuzumamikorere riheruka; nk’uko byatajwe na Gatabazi Pascal, perezida wa njyanama y’ako karere.
Abaturage bo mu murenge wa Gikundamvura mu karere ka Rusizi bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kutabona amazi meza. Bavoma amazi asa n’ibiziba kandi mu kuyavoma nabyo ntibyoroshye kuko kugira ngo bavome bagomba kwifashisha amakoma y’urutoki
Umuryango utegamiye kuri Leta World Vision wamuritse ku mugaragaro ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro wubatse mu karere ka nyaruguru mu rwego rwo kurushaho guteza imbere uburezi bw’umwana w’umunyarwanda kandi akiga agamije kwihangira imirimo.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, Richard Tardy, yanejejwe no guhurira na Nirisarike Salomon i Bamako, aho ikipe y’u Rwanda igiye gukina umukino wo kwishyura na Mali, mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika umwaka utaha.
Ibyaha 1005 bishingiye ku ihohoterwa rikorerwa abana byabaye mu mezi arindwi ashize mu gihugu cyose. Ibyo bifitanye isano no kwangiza abana, gushaka abana bakiri batoya, gukoreshwa imirimo isaba ingufu no guta abana.
Abaturage bo mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke bakoreye umushoramari NTF wagombaga gushyira mu bikorwa umushinga w’icyayi wa Gatare ubwo yatereshaga icyayi, ariko bamaze umwaka n’igice batarahembwa.
Ku rutonde rushyirwa ahagaragara buri kwezi n’Iishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku isi (FIFA), u Rwanda rwagumye ku mwanya wa 125 rwari ruriho mu kwezi gushize.
Guhera tariki 01/08/2012 ikigo nderabuzima cya Ruli kimaze kwakira abarwayi 15 bafite indwara y’impiswi bo mu mirenge wa Ruli, Muhondo na Kayenzi. Imuyobozi w’icyo kigo akeka ko icyo cyorezo cyatewe n’ibura ry’amazi mu Murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke.
Abatsindiye ibihembo bitandukanye muri Tombola ya SHARAMA na MTN, muri iki cyumweru cya kabiri, babishyikirijwe kuri uyu wa gatatu tariki 08/08/2012.
Imiryango y’impunzi z’Abanyarwanda igizwe n’abantu 26 zabaga mu nkambi ya Nakivale muri Uganda, kuri uyu wa kane tariki 09/08/2012, zirakirwa ku mupaka wa Gatuna, nyuma yo kwemera gutahuka ku bushake.
Ministiri w’ubuzima, Dr.Agnes Binagwaho, yihanangirije abakozi bose bo kwa muganga ko bagomba gusekera ababagana, nka bumwe mu buryo bwo gutanga servisi nziza.
Umuyobozi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe gukumira ibyaha mpuzamahanga yahakanye ko atigeze avuga ko abayobozi bakuru b’u Rwanda bashobora gukurikiranwa mu nkiko, bitewe n’uko u Rwanda rwashinjwa gufasha umutwe wa M23, urwanira mu burasirazuba bwa Kongo.
Nyuma y’amazi atandatu u Rwanda rwanze kwemera Hélène Le Gal nka ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, icyo gihugu cyongeye gutanga irindi zina: Michel Flesh.
Mu gace ko mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera kegereye ikirunga cya Muhabura bigoye kubona itaka ndetse n’amazi, ibyo bikaba aribyo bidindiza hahunda yo guhoma amazu y’abavuye muri nyakatsi (Post Nyakatsi).
Nyuma y’Igitambo cya Misa yaturiye muri Kiliziya ya Paruwasi Nyamasheke, tariki 08/08/2012, Umushumba wa Kiliziya Diyosezi Gatulika ya Cyangugu, yatashye ishuri ry’inshuke ku rwunge rw’amashuri rwa Mutagatifu Nikola i Nyamasheke.
Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda riratangaza ko abakinnyi basaga 90 baturutse mu bihugu bitandukanye aribo bazitabira irushanwa rya Tour of Rwanda uyu mwaka wa 2012.
Imibiri igera kuri 40 y’abantu biganjemo abana n’abagore yatahuwe mu myobo ibikwamo amazi agenewe kuhira ubusitani bw’imboga n’imbuto mu kigo Home de la Vierge des Pauvres cyubatse mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.
Imodoka y’ivatiri yakonkobotse mu muhanda wa kaburimbo iramenengana ijya muri saro y’inzu y’umuturage mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo kuwa kabiri tariki 07/08/2012.
Dusabumuremyi Budensiyana w’imyaka 27, utuye mu mudugudu wa Mbari, akagari ka Karengera, umurenge wa Musambira, yakubiswe anamenwaho amavuta ashyushye n’umugabo we witwa Bizimungu Joseph, ahita atoroka.
Knowless, umwe mu bakobwa bake mu Rwanda bakora umuziki akaba yari n’umwe mu bahanzi 10 bari bitabiriye amarushanwa ya PGGSS 2, azataramira abakunzi be kuri uyu wa gatandatu tariki 11/08/2012 kuri Olympiade i Remera imbere ya stade Amahoro.
Nyuma y’imyaka 18 bari bamaze mu mashyamba ya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, abasirikare batandatu bo mu mutwe wa FDLR n’imuryango ibiri basesekaye mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi tariki 07/08/2012.
Umuhanzikazi uzwi cyane mu njyana ya Hip Hop aho benshi banemeza ko ariwe mwamikazi w’iyo njyana Paccy, yahamije ko azamurika alubumu ye tariki 24/08/2012.